Mu guhanga umushinga ugomba gutekereza kure – Minisitiri Mbabazi

Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi, avuga ko iyo umuntu akora umushinga ahanini yitekerezaho atagera kuri byinshi, ahubwo ko agomba gutekereza kure n’ubwo yahera kuri bike.

Abitabiriye icyo gikorwa bafashe ifoto y'urwibutso n'abayobozi
Abitabiriye icyo gikorwa bafashe ifoto y’urwibutso n’abayobozi

Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Ukwakira 2018, ubwo yari yitabiriye igikorwa cy’irushanwa ry’imishinga y’urubyiruko yujuje ibisabwa kurusha iyindi (YouthConnekt Awards 2018) mu turere tw’Umujyi wa Kigali.

Muri icyo gikorwa imishinga itatu ni yo yari yajonjowe mbere yagombaga gutorwamo umwe uhiga iyindi ugahembwa miliyoni.

Mu mishinga itatu yahatanye, umwe wari uw’ubworozi bw’inkoko, undi ukaba uwo kubyaza umusaruro igisura n’uw’ikoranabuhanga mu bijyanye no gutegura abanyeshuri bagiye gukora ibizamini.

Umushinga watsinze ni uwo kubyaza umusaruro igisura wa Ingabire Janvière wo mu karere ka Gasabo, aho agikuramo divayi, umutobe (jus), amajyani n’ibindi, akaba yahembwe miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda.

Ingabire yavuze ko igihembo yahawe kigiye kumufasha kongera ibyo akora cyane ko ngo atarahaza isoko rye.

Yagize ati “Kugeza ubu abakiriya banjye simbasha kubahaza kubera ubushobozi buke, iki gihembo rero kigiye kumfasha kongera ibyo nkora. Isoko ndarifite, ikibazo nagiraga ni ukurihaza, ibi rero binteye imbaraga zo gukora cyane, nagure ibikorwa byanjye niteze imbere n’igihugu cyanjye”.

Ingabire avuga ko icyo gihembo kizamufasha kwagura ibikorwa bye
Ingabire avuga ko icyo gihembo kizamufasha kwagura ibikorwa bye

Uyu mukobwa avuga ko yatekereje uwo mushinga nyuma yo kumenya ko igisura hari indwara kivura, agikoraho ubushakashatsi, none ngo kimwinjiriza ibihumbi 200Frw y’inyungu buri kwezi.

Niyonkuru Regis ufite umushinga w’ubworozi bw’inkoko ariko utabashije gutsinda, avuga ko amarushanwa hari icyo amusigiye.

Ati “Aya marushanwa atuma twongera kwisuzuma, tukongera imbaraga mu mikorere yacu cyane cyane mu ikoranabuhanga ridufasha gucuruza. Biradufasha kandi kongera ingufu mu kugaragaza ibyo dukora bityo n’amasoko yiyongere cyane ko habamo no kungurana ubwenge”.

Minisitiri Mbabazi yavuze ko kugira ngo umuntu agere ku ntego ze agomba gutekereza kure kuko bituma agira umuhate.

Ati “Iyo uhora witekerezaho ntugera kuri byinshi, ni ngombwa ko utekereza kure ariko ibyo ukora ukabihera kuri duke ufite. Murasabwa kwagura ibitekerezo kandi mwarabitangiye, nibaza ko ntawari uzi ko azagera aho guhembwa na Minisiteri cyangwa n’abandi kubera umushinga we”.

Yasabye kandi abarushanijwe gukomeza kunononsora imishinga yabo kugira ngo bazongere bahatane n’abandi batsinze mu zindi ntara, mu irushanwa rizabahuza mu minsi iri imbere, aho igihembo nyamukuru kizaba ari miliyoni eshanu.

Ibishingirwaho mu gutanga amanota muri ayo marushanwa ni umwimerere w’umushinga (agashya), niba umushinga uzatanga imirimo, ugaragaza uko uzaguka, uteza imbere abaturiye aho ukorera no gusobanura neza umushinga.

Minisitiri Mbabazi asaba urubyiruko ruri mu mishinga kudahora rwitekerezaho ahubwo rugatekereza kure
Minisitiri Mbabazi asaba urubyiruko ruri mu mishinga kudahora rwitekerezaho ahubwo rugatekereza kure
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka