Munyakayanza Donasiyani watomboye imodoka ya miliyoni 38Frw muri tombora ya Banki ya Kigali yiswe ‘Bigereho na BK’ ngo igiye kumufasha mu bucuruzi bwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RSB) cyahawe icyemezo mpuzamahanga cy’uko gishobora gutanga ikirango cy’Ubuziranenge ku biribwa byoherezwa mu mahanga.
Ikigo cy’igihugu giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) cyasinyanye amasezerano y’inkunga n’uruganda HEMA Garments, azatuma ruhugura abantu 500 bazarukorera.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ivuga ko yaciye abamamyi mu bucuruzi bw’ibirayi, mu rwego rwo kurenganura abahinzi no kugabanya izamuka ry’ibiciro byabyo.
Polisi y’u Rwanda yerekanye ibicuruzwa bitujujwe ubuziranenge n’ibyarengeje igihe bifite agaciro ka miriyoni 33 byafashwe mu gihe cy’iminsi ibiri gusa.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) itangaza ko mu mpera za 2017 no mu ntangiriro za 2018 ibiciro by’ibiribwa bitazigera bizamuka kuko ubukungu bw’u Rwanda bwifashe neza.
Umwaka wa 2017 urangiye ubukungu bw’u Rwanda buri ku kigero cya 5.2%, bitewe ahanini n’amapfa yabaye mu mwaka wa 2016 na nkongwa yibasiye ibigori, bigatuma umusaruro ugabanuka.
Mu minsi mikuru mu Rwanda no ku isi hose niho abantu bafata umwanya wo kwishima no kwishimana n’ababo babaha impano. Usanga urujya n’uruza mu masoko bamwe bahaha abandi basurana n’inshuti zabo.
Mu rwego rwo kongera umubare w’abapilote b’Abanyarwanda, mu Rwanda hagiye gutangira ishuri ryigisha gutwara indege nini kuburyo mu myaka itanu hazaba habonetse abapilote 200.
Perezida Paul Kagame avuga ko kuba ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika bukigoranye, biri mu bikomeje kudindiza uyu mugabane kugira ngo ugere ku iterambere rirambye.
Abageze mu zabukuru bo mu Karere ka Rwamagana bavuga ko inkunga y’ingoboka y’abageze mu zabuku bahabwa yabafashije kugira amasaziro meza.
Abagenzi batega moto mu mugi wa Kigali baravuga ko uburyo bwa “Yego Moto” ari bwiza ariko bukirimo ibibazo mu myishyurire.
Abagize koperative ‘Urukundo’ bacururiza mu gikari cya Haji Enterprise i Mugandamure mu karere ka Nyanza bemeza ko iterambere bagezeho barikesha Haji wabakuye mu muhanda.
Rwiyemezamirimo Jaures Habineza utuye muri Canada asaba urubyiruko kureba kure, agahamya ko ari byo byamuhaye amahirwe yo kwihangira umurimo uzamubeshaho mu minsi iri imbere.
Perezida Paul Kagame avuga ko ashima uburyo abashoramari b’Abanyarwanda bakomeje kwitabira gushora imari mu gihugu cyabo, akavuga ko ibikorwa nk’ibyo ari byo byunga Abanyarwanda.
Nyarutarama Sports Trust Club, izwi nka Tennis Club iherereye mu murenge wa Remera akagari ka Nyarutarama mu karere ka Gasabo, yemeza ko ubunararibonye ifite mu gutanga serivisi nziza, butuma abayigana biyongera umunsi ku munsi.
Ikompanyi nyarwanda itwara abagenzi mu ndege, RwandAir yahawe uruhushya rwo gutangira gukorera ingendo mu mujyi wa Abuja, umurwa mukuru wa Nigeria.
Abatwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, ntibiyumvisha impamvu bishyuzwa amafaranga 50Frw bya mubazi bahawe kandi mu masezerano bagiranye bitarimo.
Havugimana Said uzwi ku izina rya ‘Haji’ ucururiza amata mu Karere ka Nyanza, yaretse ubwarimu yinjira mu bucuruzi none bumugejeje ku mutungo wa Miliyoni 500Frw.
Bamwe mu batumva n’ababafasha mu bikorwa by’iterambere bifuza ko ururimi rw’amarenga rwakwigishwa hose, kugira ngo haveho imbogamizi zo kutumvikana hagati y’abatavuga n’abo bakorana.
Ishyirahamwe ry’abafasha abacuruzi gutumiza no kohereza ibintu mu mahanga (RWAFFA), ririfuza Itegeko ririgenga kugira ngo rihanishe abateza ibihombo Leta n’abikorera.
Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ngo buragenda bwongera umusaruro kubera ikoranabuhanga ryashyizwemo ku buryo muri 2024 umusaruro wabwo uzagera kuri Miliyari 1260RWf.
Grand Legacy Hotel, imwe mu ma hoteri y’inyenyeri enye, mu Mpera z’iki cyumweru yasangiye Noheli n’abafatanyabikorwa bayo inabizeza igabanya ry’ibiciro kuri serivisi itanga, muri ibi bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani Abanyarwanda bagiye kwinjiramo.
Abaturage b’Umurenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu, bamaze kwiyuzuriza ibiro bishya by’umurenge bizatuma barushaho guhabwa serivisi zinoze.
Abanyeshuri batatu biga muri Musanze Polytechnic bakora intebe zo munzu no mu busitani bakoresheje isima n’ibyuma, zishobora kugeza ku myaka 150 zitarasaza.
Mu 2006, Umuhoza Rwabukumba ari mu Banyamabanga nshingwabikorwa ba mbere bashyizweho ubwo Guverinoma yashyiragaho uburyo bushya bw’imiyoborere mu nzego z’ibanze.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rutangaza ko kugeza ubu kugura imyenda n’ibikoresho by’ubwubatsi mu mahanga bitakiri ngombwa kuko inganda zibikorera mu Rwanda.
Abagore n’abakobwa b’impunzi z’Abarundi baba mu nkambi ya Mahama iri mu Karere ka Kirehe baboha ibikapu n’ibiseke bakabibika kuko batabona aho babigurisha ngo babone amafaranga.
Banki y’Igihugu (BNR) irakangurira abaturage kwitabira ikoranabuhanga mu guhererekanya amafaranga, kugira ngo Leta irengere Miliyari 17Frw zikoreshwa buri mwaka mu gusimbuza inoti n’ibiceri bishya.
Abashoramari 41 baturutse muri Turkiya bari mu Rwanda, aho baje kureba uko bashora imari mu bice bitandukanye bijyanye n’inganda.