Lisansi ikoreshwa mu Rwanda ntigitumizwa muri Kenya kubera ko itacyujuje ubuziranenge, nk’uko byatangajwe n’umwe mu banyapolitiki bakomeye muri iki gihugu.
Perezida Paul Kagame atangaza ko ubwinshi bw’urubyiruko muri Afurika buzagira uruhare rukomeye mu bukungu bwayo mu minsi iri imbere, ariko ngo bikazasaba n’ingamba ingamba zishyigikira urubyiruko.
Abakorera ubucuzi bo mu Murenge wa Rwamiko mu Karere ka Gicumbi, barasaba Leta ibikoresho ngo barusheho kunoza ibishyirwa ku isoko muri gahunda ya “Made in Rwanda.”
Abanyamuryango ba Sacco y’Umurenge wa Nyagatare baracyahabwa serivisi mbi kubera ko iyo sacco itaragira ubushobozi biturutse ku mafaranga macye akibitswamo.
Nyuma y’uko urwari uruganda rw’ibibiriti, Sorwal rwashyizwe ku isoko, muri cyamunara yo kuwa kabiri w’icyumweru gishize hakabura upiganwa, noneho ruguzwe n’umushoramari w’umwarabu witwa Osman Rafik kuri miriyoni 168 z’amafaranga y’u Rwanda.
Nyuma y’uko Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda yagendereye Akarere ka Huye agasaba ko urwari uruganda rw’ibibiriti rugurishwa hagakurwa ikigunda mu mujyi, rwashyizwe ku isoko ariko ntiruragurwa.
Benshi mu bafunguye ubucuruzi bakurikiye icyashara bahabwaga n’abanyeshuri bigaga mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) ubu bararirira mu myotsi.
Perezida Paul Kagame yemeza ko imishinga y’ibikorwaremezo, ubukerarugendo, n’ishoramari mu buhinzi byakwihutisha iterambere mu bihugu bigize Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Abatuye mu Mujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi bahangayikishijwe n’izamuka ry’ibiciro, ku buryo bemeza ko bihanitse ugereranije n’ahandi hose mu gihugu.
Uruganda rwitwa GABI rwenga urwagwa rwo mu Karere ka Gisagara rwatanze umuti udasanzwe ku kibazo cy’abahinzi b’urutoki batabonera isoko umusaruro beza.
Urubyiruko rwirirwa mu mikino y’amahirwe no mu biyobyabwenge ruteye impungenge bamwe mu baturage, kuko ngo rutagira umurimo rukora iwabo.
Ikigo gikora ibijyanye n’ikoranabuhanga "Exuus" cyatangije uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha abaturage bizigamira binyuze mu matsinda, gukurikirana uko imisanzu yabo icungwa bifashishije telefone.
Abatuye ku kirwa cya Nkombo baravuga ko ikiguzi cy’urugendo cya Rusizi-Rubavu kikubye inshuro zirenga ebyiri, nyuma y’aho ubwato bari bahawe n’umukuru w’igihugu butagikora.
Munyakaragwe Félicien, wo mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, arashimira FPR-Inkotanyi yamugaruriye icyizere cy’ubuzima, nyuma yo kwamburwa agaciro yirukanwa no mu ishuri azira ubumuga afite.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yasabye Abahuzabikorwa b’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko (NYC) mu turere na ba Visi Meya bashinzwe imibereho myiza y’Abaturage ubufatanye no guhiga imihigo itanga ibisubizo ku imibereho mibi y’abaturage n’urubyiruko by’umwihariko.
Banki y’u Rwanda y’Iterambere, BRD, yahawe inguzanyo ya miliyoni 5 y’Amadolari ya Amerika na Banki y’Amajyambere y’ibihugu by’ibiyaga bigari (BDEGL) izishyurwa mu gihe cy’imyaka itanu.
U Rwanda rugeze kure imyiteguro yo kwinjira mu muryango w’ibihugu byateye imbere ku isi (OECD), kuko rwatangiye kwegeranya ibyangombwa byo gusaba kuba umunyamuryango.
Banki ya Kigali (BK) itangaza ko yungutse Miliyari 13.4Frw mu mezi atandatu ashize y’umwaka wa 2018 ngo ikabikesha ingufu abakozi bayo bashyizemo.
Minisiteri y’Imari n’igenamigambi (MINECOFIN) iravuga ko Abanyarwanda bakomeje guteza imbere urwego rw’abikorera, mu gihe kitari kire kire igihugu cyakwihaza 100% by’ingengo y’imari gikoresha.
Mu gice cyahariwe inganda giherereye mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, hatangiye kubakwa uruganda ruzatunganya sima, kurwubaka bikazaha akazi abaturage bagera muri 2000.
Abikorera b’i Huye bifuza kwemererwa kuba bavuguruye amazu y’ubucuruzi yafunzwe, kugira ngo babashe kwegeranya ubushobozi bwazabafasha kubaka ay’amagorofa basabwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, arasaba abo ayobora gufatira urugero ku kudatsimburwa kw’Inkotanyi, kuko bizabafasha kwesa imihigo neza.
Abatuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye bishimiye imihanda ya kaburimbo yatunganijwe, aho batuye kuko yabakuriyeho icyondo cyababangamiraga mu gihe cy’imvura.
Bakunzibake Jean de Dieu utuye mu Karere ka Huye yarangije mu ishami ryo gukurikirana imyaka yabaturage (Agronomie), ariko ubu ni umunyonzi kuko ari byo byamukuye mu bushomeri.
Mu gihe Abanyarwanda bishimira ko Tour du Rwanda irangiye Maillot jaune igumye mu rwa Gasabo, COGEBANQUE, umuterankunga wa Tour du Rwanda yishimira ko Abanyarwanda barushijeho gusobanukirwa ibikorwa byayo.
Abagore bo mu murenge wa Muko mu Karere ka Musanze bahangayikishijwe n’abagabo babaturaho abana babyaye ku nshoreke, bikavamo gusenya ingo zabo.
Ishimwe Yvette ukora ibikoresho byo mu nzu bitandukanye n’imitako yifashishije umugano ahamya ko byamurinze ubushomeri, akaba yibonera icyo akeneye ntawe asabye.
Perezida Paul Kagame ntiyemeranya n’abavuga ko Afurika itakwiteza imbere nta nkunga ihawe, akemeza ko umutungo utikirira mu nzira zitemewe ari wo mwinshi kandi ukwiye kugaruzwa.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, atangaza ko icyerekezo cy’u Rwanda ari uko ibyoherezwa mu mahanga biziyongeraho 17% buri mwaka kugeza muri 2024.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rutangaza ko gukoresha amakarita ya Tap&Go mu kwinjira muri Expo, bizakumira abanyerezaga amafaranga, bitume yose yinjira muri PSF.