Abakorera imyuga itandukanye mu gakiriro ka Nyamasheke yiganjemo ububaji n’ubukorikori, baravuga ko babangamiwe no gukorera ahataba imirindankuba kuko isaha iyariyo yose bashobora guhura n’impanuka yo gukubitwa n’inkuba cyangwa kwangirizwa, ibyabo bikaba byashya cyane ko ibikoresho bifashisha mu kazi birimo amashanyarazi (…)
Kuri uyu wa mbere tariki 11 Gashyantare 2019, umwitozo wo gutanga ubutabazi bw’uburyo butandukanye, bakora nk’aho ikibazo cyavutse uratangira ku kibuga cy’indege cya Kigali.
Ubuyobozi bw’uruganda rwa Kinazi (Kinazi Cassava Plant) bwemeza ko rutazongera kubura imyumbati nk’uko byigeze kubaho, cyane ko n’Ikigo cy’igihuyu gitsura ubuziranenge (RSB) cyabihagurukiye.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu John Rwangombwa, aravuga ko mu cyumweru gitaha BNR ishyira hanze inoti nshya z’amafaranga 500 ndetse n’1000 zije gusimbura izisanzwe.
Abafite inganda zenga urwagwa rw’ibitoki i Huye bavuga ko kuba hari n’abafite ikirango S benga inzoga zitujuje ubuziranenge bituma izabo zitagurwa uko bikwiye.
Mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi hatangiye kubakwa umuyoboro w’amazi ungana n’ibilometero icumi by’uburebure uje gukemura ikibazo cy’ibura ry’amazi cyari kibangamiye abaturage 9,000 babarirwa mu ngo 260 bo mu tugari dutatu kuri dutanu tugize uyu murenge.
Ubusanzwe amabanki y’ubucuruzi mu Rwanda agura cyangwa agurizwa amafaranga na Banki Nkuru y’Igihugu(BNR), habanje gukurwaho inyungu ya 5.5% by’ayo yasabye.
Mu rwego rwo kugabanya amafaranga igihugu gitanga mu kugura gaze, Goverinoma y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, peterori na gaze n’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), yasinyanye amasezerano na sosiyete yitwa “Gasmeth Energy Limited”, ikazacukura gaz methane mu Kiyaga cya (…)
Abamotari bose bakora akazi kabo bambaye imyambaro ibaranga bita ‘amajire’ ariho ibirango n’ubutumwa bw’ibigo by’itumanaho bamamaza. Ibyo bigo biha amafaranga impuzamashyirahamwe yabo ariko bo ntihagire na rimwe bahabwa, bakifuza ko na bo hagira ayo bagenerwa.
Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare avuga ko Gihengeri bashobora kuzabona isoko mu ngengo y’imari ya 2019-2020 nabwo harebwe inyungu ryatanga.
Mu rwego rwo guha ubumenyingiro bufite ireme urubyiruko kandi bakabuhabwa mu gihe gito kuburyo babasha kujya ku isoko ry’umurimo bagakorera amafaranga, ikigo MOPAS Ltd, cyatangije ishuri rigamije gufasha urubyiruko gukarishya ubumenyi mu gutunganya amashusho, amafoto n’amajwi.
Ikigega gifasha imishinga mito n’iciriritse BDF kiratangaza ko muri uyu mwaka wa 2019, kizakuba inshuro ebyiri imishinga cyateye inkunga muri 2018, kandi kikazibanda ku mishinga mitoya.
Ubuyobozi w’urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Muhanga buravuga ko bagiye kwitabaza inguzanyo ya banki kugira ngo babashe kuzuza isoko rya Kijyambere batangiye kubaka.
Abemerewe na BDF inguzanyo z’ibikoresho byo gutangira kwihangira imirimo b’i Huye, batekereza ko hari byinshi byari bikwiye guhinduka mu gutanga bene iyi nguzanyo.
Impuguke mu by’ubukungu ziravuga ko atari igitangaza kuba Leta ihora ihindagura inoti bitewe n’impamvu z’umutekano w’amafaranga (kwirinda abazigana), kuyongeramo ikoranabuhanga, ndetse no gukora inshya kuko inoti zisaza.
Mu bushakashatsi bwa gatanu bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare byagaragaye ko intara y’uburengerazuba ari yo iza ku isonga mu kugira abaturage bakennye ugeraranije n’izindi ntara uko ari enye n’umugi wa Kigali.
Kuri uyu wa gatatu tariki 30 Mutarama 2019, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyizeho ibiciro bishya by’amazi bizatangira gukurikizwa kuva tariki 01 Gashyantare 2019.
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri Moto, mu Karere ka Rusizi bazwi ku izina ry’abamotari, bibumbiye mu makoperative atandukanye, ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’akarere bwabahuje bubasaba kugura imigabane muri Koperative COMORU bahuje akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, kugira ngo ibone uko yishyura umwenda ibereyemo (…)
I Kamwambi mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye, hari abinubira kuba bamaze imyaka ine bakoreye uwitwa Innocent Kanamugire mu gucukura amabuye y’agaciro akaba atarabishyura.
Mutatsineza Rosine umaze imyaka itatu akora akazi ko gukanika imodoka nyuma yo kwiga uwo mwuga ahamya ko bimutunze kandi ko ntacyo yararikira cyatuma bamushuka kuko icya ashatse acyigurira.
Ni ubucuruzi butemewe bukorwa igihe umuntu ukeneye amafaranga asanga uyafite akayamuguriza, bakavugana igihe azayamwishyurira hiyongereyeho inyungu bumvikanye.
Abaturage bagera kuri 46 bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi, baravuga ko bamaze kurambirwa no kwishyuza amafaranga y’ingurane z’imitungo yabo yangijwe mu gihe cyo gukora umuyoboro w’amashanyarazi akomoka ku ruganda rwa nyiramugengeri ruzwi ku izina rya Gishoma peat plant.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye, arasaba abari mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe guharanira kukivamo bakajya mu byisumbuyeho, kuko iki cyiciro atari umurage.
Ikigo gishinzwe ingufu REG kiravuga ko gihomba umuriro w’amashanyarazi ungana na Megawati 44(19%), ukaba uhwanye n’amafaranga asaga miliyari 19 ku mwaka.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe isuku n’isukura WASAC, kiravuga ko kigiye gutangiza uburyo bushya bwo kwakira abafatabuguzi bashya hagamijwe kubaha serivise nziza kandi zihuse.
Mu nama ya 49 y’ihuriro ryiga ku bukungu bw’isi (Wef19) iri kubera i Davos mu Busuwisi, Perezida Kagame unayoboye umuryango w’Ubumwe bwa Afurika yavuze ko kuri ubu benshi bamaze kubona ko hari inyungu nyinshi ku kuba Afurika yaba ikomeye kandi yunze ubumwe.
Ubuyobozi bwa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda bwemeza ko ikibazo cya parikingi za moto muri Kigali kimaze iminsi kivugwa kigiye gukemuka bityo abamotari bareke guhora bavuga ko barengana.
Sultan Ahmed Bin Sulayem Umuyobozi mukuru wa “Dubai Portland World” avuga ko umwanzuro w’iyo sosiyete ahagarariye, wo gufungura ishami mu Rwanda, ugamije gufasha ibihugu bidakora ku nyanja gukora ubucuruzi bwagutse.
Uko iterambere ry’igihugu rizamuka, ni na ko umubare w’abanyarwanda bagenda batekereza gutunga imodoka wiyongera. Kigali Today yabakoreye icyegeranyo cy’imodoka eshanu zikunzwe kurusha izindi mu Rwanda kuri ubu.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere RDB ruvuga ko mu bibazo 209 abashoramari barugejejeho muri 2018, higanjemo icy’ibikorwa remezo bidahagije.