Abahinzi bakorana n’Ikigo giteza imbere ubuhinzi bw’icyayi (Rwanda Mountain Tea/RMT), baravuga ko uwahombeye mu guhinga indi myaka atahombera mu cyayi.
Ministeri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) isaba buri rugo kutabura imboga n’imbuto kabone n’ubwo bazihinga mu mavaze cyangwa hejuru y’inzu.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko ifite gahunda yo kuvugurura ubworozi bw’ingurube bugakorwa kinyamwuga.
Hari aborozi bashima inka zo mu bwoko bw’Injeresi (Jersey), bavuga ko zibereye kororwa n’Abanyarwanda, kuko ngo zirya bike kandi zigatanga umukamo mwinshi.
Bamwe mu bahinzi bahinga ibihingwa nk’inyanya n’imyumbati mu karere ka Rusizi baravuga ko bahangayikishijwe n’isoko ry’abanyekongo badashoye guhaza, bishobora kuzatera ikibazo y’ibiribwa muri aka karere mu minsi iri imbere.
Abahinzi b’umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi barasaba leta kubafasha kubona ifumbire mu maguru mashya kugira ngo bakomeze kungukira muri ubu buhinzi. Ubuyobozi buravuga ko bugiye kwihutira gukorana n’abo bireba mu gukemura iki kibazo.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare barakangurirwa gukorera inzuri zabo kuko leta yabashyiriyeho uburyo bwo kubafasha buzwi nka "nkunganire", aho ibaha angana na 50%.
Abaturage bibumbiye mu makoperative yo mu Karere ka Musanze bagaragarije abadepite babasuye ko bari mu bihombo batewe n’ibibazo byinshi biri mu makperative.
Abaturage bimuwe bavanywe mu manegeka yo mu bice bitandukanye bagatuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kibangira mu karere ka Rusizi barataka ubukene n’inzara.
Abahinzi bo mu Karere ka Bugesera bavuga ko batagitaka inzara nko mu myaka yashize, kubera basigaye bahinga haba mu zuba no mu mvura.
Abatuye muri Kamonyi bahinga soya ikanera neza ariko bakagira ikibazo cyo kubona imbuto ku gihe, bakaba bakangurirwa kwishakamo abatubuzi b’iyo mbuto ngo bikemurire icyo kibazo.
Minisitiri w’urubyiruko avuga ko leta yifuza ko abafashijwe, bahera ku nkunga bahawe bakiteza imbere aho guhora bategereje kongera gufashwa.
Bwa mbere mu Rwanda abavuzi b’amatungo barahiriye kuzuza inshingano zabo, kikaba ari igikorwa giteganywa n’itegeko rigenga urugaga rw’abaveterineri n’ubwo bitakorwaga.
Hashize igihe bamwe mu rubyiruko rwiga ubuhinzi muri za kaminuza rwiyemeje kwegera abahinzi-borozi mu cyaro ngo rubafashe kunoza ibyo bakora, bituma umukamo wiyongera.
Ikigega mpuzamahanga cy’Abanyamerika(USAID) kibinyujije mu muryango ‘Catholic Relief Services (CRS), kigiye kohereza impuguke 200 zigisha abahinzi b’imboga, imbuto n’ibigori kongerera agaciro umusaruro, hagamijwe kugabanya urugero rw’umusaruro wangirikaga kubera kuwutwara nabi cg kuwuburira abaguzi.
Imiryango 40 yo mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe mu mirenge ya Nkombo na Nkanka irashima brigade ya 201 ikorera mu karere ka Rusizi yayoroje amatungo magufi.
Bazubagira Charlotte wo mu murenge wa Kiyombe, akarere ka Nyagatare avuga ko agiye kwiga gutwara igare ku myaka 35 kugira ngo yuzuze inshingano z’ubujyanama mu buhinzi.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi ku bufatanye n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buhinzi n’ibiribwa (FAO) bagiye gutangiza umushinga w’insina zitanga umusaruro mwinshi ugereranije n’izisanzwe.
Niyidukunda Mugeni Euphrosine wo mu karere ka Huye yatangiye gukora amavuta atandukanye muri avoka, azihesha agaciro mbere zarapfaga ubusa none biragenda bimuteza imbere.
Abashoramari mu buhinzi basaba koroherezwa gukorera ubushakashatsi bw’imbuto mu Rwanda, kugira ngo batinyuke gukora ubuhinzi bw’umwuga buvamo ibiribwa bihagije abenegihugu.
Aborozi bo mu Ntara y’Uburasirazuba baravuga ko bashimishijwe cyane no kubona umuti mushya wica uburondwe witwa RABCIDE, ngo kuko kuva aho batangiriye kuwukoresha nta ndwara ziterwa n’uburondwe zikirangwa mu matungo yabo.
Global Civic Sharing ni umuryango w’iterambere wo muri Koreya y’Amajyepfo, wateye inkunga y’ibikoresho by’ubuhinzi abatishoboye bo mu Murenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi.
Abanye-Congo bongeye gukomorerwa kurema isoko ry’inka rya Rugali riherereye mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke nyuma y’umwaka urenga
Nyuma y’ubushakashatsi bwa Sosiyete Sivile, Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM),iy’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), hamwe n’iy’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), ziravuga ko inyungu z’umuhinzi-mworozi zigiye kwitabwaho.
Udukoko twa Nkongwa tumaze kwibasira hegitari zigera kuri 350 z’ubutaka mu Karere ka Nyagatare, nyuma y’umwaka umwe guverinoma ishyize ingufu mu kuzica.
Bamwe mu baturage bo mu mirenge ya Gashaki na Remera mu karere ka Musanze, baravuga ko bagenda barushaho kumenya akamaro ko guhinga imboga z’ubwoko bunyuranye, bikabafasha guhangana n’ikibazo cy’imirie mibi. Ibi bagenda babigeraho babikesha mugenzi wabo ukora umushinga wo gukwirakwiza ingemwe zazo ku masoko aho babasha (…)
Aborozi mu Karere ka Nyagatare basinyanye n’ubuyobozi imihigo yo kubyaza ubutaka umusaruro ukwiye.
Abahinga umuceri mu bishanga bitandukanyo byo mu Karere ka Nyamasheje bahamya ko uburyo basigaye bawuhingamo bitanga umusaruro nyuma y’amahugurwa atandukanye bagiye bahabwa.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi MINAGRI, yakanguriye abahinzi baterwa inkunga n’ umushinga uyishamikiyeho witwa PASP, gutekereza ku mishinga y’ubuhinzi izabagirira akamaro, ikazanakagirira abazabakomokaho.