Abagore bo mu Karere ka Huye batojwe guhumbika ibiti bivangwa n’imyaka, mu rwego rwo kurengera ibidukikije, barifuza kwigishwa n’uko batunganya ingemwe z’ibiti by’imbuto kugira ngo na zo babashe kuzihinga bongere umusaruro w’ingo zabo.
Ikawa 20 zahize izindi muri 2025, mu marushanwa ngarukamwaka y’ubwiza buhebuje bw’ikawa y’u Rwanda, zigiye kugurishwa binyuze muri cyamunara mpuzamahanga izakorwa hifashishije ikoranabuhanga, nyuma yo kugaragaza ko hari ikawa yo mu Rwanda ifite ubuziranenge ntagereranywa.
Abakorera ibikorwa by’ubuhinzi mu cyanya cyuhirwa cya Nasho mu Karere ka Kirehe, bagaragarije Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, ko cyaziye igihe kuko cyabafashije kongera umusaruro bakawukuba inshuro zigera kuri enye.
Urubyiruko rwo mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba rwateraniye i Kigali mu Rwanda ku matariki ya 17-18 Nyakanga 2025, aho barebera hamwe uko barushaho kugira uruhare mu buhinzi bugezweho bwihanganira ihindagurika ry’ikirere (Climate-Smart Agriculture), ndetse bugamije no gufasha mu kwihaza mu biribwa.
Inteko Rusange Umutwe w’Abadepite, irasaba ko inzego zishinzwe ibikorwa by’iterambere birimo iby’ubuhinzi, ibyo kubaka imihanda, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ibindi byanoza imikorarere n’imikoranire, hagamijwe ko ibibazo biri mu buhinzi bibangamira kwiyongera k’umusaruro byakemuka byihuse.
Imihindarikire y’ibihe mu Rwanda iraganisha abantu ku guhinga mu nzu zitwa ’greenhouse’, aho abatangiye gukora ubu buhinzi barimo gusarura amafaranga abarirwa muri za miliyoni ku mwero umwe gusa, batikanga kwangirizwa n’izuba cyangwa imvura.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, PAC, ntiyanyuzwe n’ibisobanuro yahawe n’abayobozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ku idindira ry’umushinga wo mu Karere ka Kirehe uzwi nka ETI Mpanga, utabashije kugera ku ntego zawo.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe Imibereho myiza, Mukamana Marceline, avuga ko imirima y’imboga ku mashuri amwe n’amwe yamaze gusimbura iy’indabo ku buryo byagabanyije igishoro mu kugaburira abana indyo yuzuye.
Mu gihembwe cy’ihinga cya 2024A na 2024B, Umuryango One Acre Fund Rwanda, ufasha abahinzi kwiteza imbere mu bikorwa bitandukanye, harimo no kongera umusaruro, wafashije abahinzi bato bo mu Turere 27 barenga Miliyoni kunguka arenga Miliyari 165Frw.
Umushinga wa Leta ugamije kongera umusaruro w’Ubuhinzi, kuwushakira amasoko no kwihaza mu biribwa (Sustainable Agriculture Intensification and Food Security Project/SAIP) hamwe n’uturere wakoreyemo tw’Iburasirazuba, bavuga ko imirima y’abahinzi bashoboye gutanga umusaruro igiye kuba amashuri yigishirizwamo guhangana (…)
Abahinga mu gishanga cya Mwogo giherereye mu Murenge wa Kamegeri mu Karere ka Nyamagabe bahangayikishijwe no kuba barahinze ibigori kuri hegitari 28 bimwe bikuma ibindi bikabora, bigiheka.
Abaturage bafashijwe guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe mu mushinga wiswe ‘Green Gicumbi’, bavuga ko urangije imirimo ububakiye uburyo bwo kwibeshaho, aho imirima yabo isigaye irumbuka ku buryo umusaruro wikubye inshuro zigera ku 10 kuri bamwe, nk’uko babyivugira.
U Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu buhinzi, aho ubutaka buhingwa bwiyongereyeho hegitari zasaga 50.000 mu gihembwe cya mbere cy’ihinga cy’uyu mwaka wa 2025, ugereranyije n’uko byari bimeze mu mwaka ushize wa 2024.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko u Rwanda rugiye kuvugurura icyororo cy’inka zitanga umukamo, rushingiye ku buryo bukoreshwa muri Brazil, kugira ngo rukube gatatu ingano y’amata aboneka ku munsi, kugeza ubu angana na litiro Miliyoni eshatu.
Abarenga 500 baturutse ku migabane itandukanye, bateraniye mu Rwanda guhera ku wa Kane tariki 29 Gicurasi 2025, bashakira hamwe ibisubizo by’uko umusaruro w’amata wakwiyongera muri Afurika.
Muri iki gihe urubyiruko ruragenda ruyoboka imirimo y’ubuhinzi n’ubworozi yakunze gufatwa nk’aho ari iy’abantu bakuru. Icyakora umubare w’urubyiruko ruyirimo uracyari muto, iyi ikaba imwe mu mpamvu abamaze kuyoboka iyo mirimo b’urubyiruko bashishikariza n’abandi kuyijyamo kuko yabafasha kwiteza imbere.
Ihuriro ry’imiryango mpuzamahanga 15 ya gikirisitu yitwa Canadian Foodgrains Bank(CFGB), imyinshi muri yo ikaba ifite inkomoko muri Canada, igiye gufasha ibihugu bya Afurika yo hagati n’iy’iburengerazuba harimo n’u Rwanda, kwihaza mu biribwa bahinga mu buryo bubungabunga ubutaka.
Bamwe mu borozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bifuza koroherezwa kwitumiriza hanze intanga z’amatungo, kuko kenshi hari igihe bibagora kuzibona bitewe n’uko zitumizwa na RAB gusa, bigatuma rimwe na rimwe batazibonera igihe bazishakiye.
Abahinzi bo mu Karere ka Nyanza bari barazahajwe n’ingaruka zo guhinga barumbya imyaka kubera ubutaka busharira bayobotse ubuhinzi bwitaweho bwa Avoka bakorera ku butaka buhuje, bakaba bategereje umusaruro uzatuma bihaza mu biribwa bakanasagurira amasoko.
Abahinga mu cyanya cyuhirwa n’urugomero rwa Muyanza bavuga ko kuva batangira kwitabira uburyo bwo kuhira imyaka umusaruro wiyongereye mu bwinshi ndetse no mu ireme.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice arahamagarira abaturage kubyaza umusaruro gahunda Leta yabashyiriyeho ya Tekana Urishingiwe Muhinzi Mworozi, aho abona ko mu Ntara y’Amajyaruguru ayoboye itaritabirwa uko bikwiye, kandi ari ahantu hafatwa nk’igicumbi cy’ubuhinzi n’ubworozi mu gihugu.
Abahinzi b’ibireti bibumbiye muri KOAIKA bo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu, barishimira uburyo bakomeje kongera umusaruro w’ubwo buhinzi, aho n’ubwasisi bagenerwa bwazamutse bugera kuri Miliyoni 24,052,000Frw buvuye kuri Miliyoni 17Frw.
Abahinzi n’aborozi bisunze gahunda y’ubwishingizi ku bihingwa no ku matungo yabo, bakomeje kwishimira uburyo bashumbushwa mu gihe bahuye n’ibibazo ntihabeho guhomba, aho bamaze guhabwa angana na 6,448,769,162Frw kuva iyo gahunda itangiye muri 2019.
Ishuri rikuru ry’u Rwanda ryigisha Ubuhinzi butangiza Ubutaka (Rwanda Institute for Conservation Agriculture - RICA), na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), bahurije hamwe abafatanyabikorwa, bashyiraho uburyo bw’imihingire ibungabunga ubutaka, aho bushobora gutanga umusaruro hatabayeho kubuhindura intabire.
Umushinga ugamije kongera umusaruro w’ubuhinzi, kuwushakira amasoko no kwihaza mu biribwa, ’Sustainable Agriculture Intensification and Food Security Project(SAIP) n’abagenerwabikorwa bawo, baratanga icyizere cy’uko ibiribwa (cyane cyane Iburasirazuba) bitazabura n’ubwo imvura itagwira igihe.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagaragaje ko gucunga neza umusaruro w’Ibihingwa ari umusingi utuma intego zo kubahiriza no gushyira mu bikorwa gahunda za Leta zigamije kuzamura iterambere ry’umuryango zigerwaho.
Abahinzi mu gishanga cya Kanyonyomba ya kabiri bibumbiye muri koperative, CAPRORE, barishimira ko umusaruro w’ibigori wazamutse ukava kuri toni 1.7 ugera kuri toni 4.6 kuri hegitari, ahanini kubera amahugurwa bahawe n’ingendoshuri mu bihugu bifite ubuhinzi bwateye imbere.
Mu gihe hari abumva ko iby’iteganyagihe bitabareba, hari abahinzi basanze ari ngombwa kurikurikirana no kuryifashisha mu kugena ibyo bazahinga, mu rwego rwo kugira ngo babashe kweza uko bikwiye.
Hari abaturage bo mu turere 15 tw’Intara y’Amajyepfo, Amajyaruguru n’Iburengerazuba bavuga ko barwanyije imirire mibi ndetse n’imibereho muri rusange irahinduka byihuse, babikesheje umushinga wiswe PRISM wa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI), wo korora amatungo magufi, kuyacuruza, kuyabagira ahemewe no kurya (…)