Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice arahamagarira abaturage kubyaza umusaruro gahunda Leta yabashyiriyeho ya Tekana Urishingiwe Muhinzi Mworozi, aho abona ko mu Ntara y’Amajyaruguru ayoboye itaritabirwa uko bikwiye, kandi ari ahantu hafatwa nk’igicumbi cy’ubuhinzi n’ubworozi mu gihugu.
Abahinzi b’ibireti bibumbiye muri KOAIKA bo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu, barishimira uburyo bakomeje kongera umusaruro w’ubwo buhinzi, aho n’ubwasisi bagenerwa bwazamutse bugera kuri Miliyoni 24,052,000Frw buvuye kuri Miliyoni 17Frw.
Abahinzi n’aborozi bisunze gahunda y’ubwishingizi ku bihingwa no ku matungo yabo, bakomeje kwishimira uburyo bashumbushwa mu gihe bahuye n’ibibazo ntihabeho guhomba, aho bamaze guhabwa angana na 6,448,769,162Frw kuva iyo gahunda itangiye muri 2019.
Ishuri rikuru ry’u Rwanda ryigisha Ubuhinzi butangiza Ubutaka (Rwanda Institute for Conservation Agriculture - RICA), na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), bahurije hamwe abafatanyabikorwa, bashyiraho uburyo bw’imihingire ibungabunga ubutaka, aho bushobora gutanga umusaruro hatabayeho kubuhindura intabire.
Umushinga ugamije kongera umusaruro w’ubuhinzi, kuwushakira amasoko no kwihaza mu biribwa, ’Sustainable Agriculture Intensification and Food Security Project(SAIP) n’abagenerwabikorwa bawo, baratanga icyizere cy’uko ibiribwa (cyane cyane Iburasirazuba) bitazabura n’ubwo imvura itagwira igihe.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagaragaje ko gucunga neza umusaruro w’Ibihingwa ari umusingi utuma intego zo kubahiriza no gushyira mu bikorwa gahunda za Leta zigamije kuzamura iterambere ry’umuryango zigerwaho.
Abahinzi mu gishanga cya Kanyonyomba ya kabiri bibumbiye muri koperative, CAPRORE, barishimira ko umusaruro w’ibigori wazamutse ukava kuri toni 1.7 ugera kuri toni 4.6 kuri hegitari, ahanini kubera amahugurwa bahawe n’ingendoshuri mu bihugu bifite ubuhinzi bwateye imbere.
Mu gihe hari abumva ko iby’iteganyagihe bitabareba, hari abahinzi basanze ari ngombwa kurikurikirana no kuryifashisha mu kugena ibyo bazahinga, mu rwego rwo kugira ngo babashe kweza uko bikwiye.
Hari abaturage bo mu turere 15 tw’Intara y’Amajyepfo, Amajyaruguru n’Iburengerazuba bavuga ko barwanyije imirire mibi ndetse n’imibereho muri rusange irahinduka byihuse, babikesheje umushinga wiswe PRISM wa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI), wo korora amatungo magufi, kuyacuruza, kuyabagira ahemewe no kurya (…)
Muri Kamena 2024, u Rwanda rwari rugeze ku musaruro w’amafi wa toni 48,133 ku rwego rw’Igihugu, aho toni 9,000 muri zo arizo ziva mu bworozi bwayo andi akava mu burobyi busanzwe, gusa uwo musaruro ngo uracyari hasi, intego ikaba ari ukuwuzamura.
Ubushakashatsi bwakorewe mu kigo cyo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) bwagaragaje ko guhingana imivumburankwavu (desmodium) n’ibigori hanyuma umurima ugakikizwa urubingo cyangwa ibyatsi byitwa ivubwe birwanya nkongwa ku rugero rwa 80%.
Aborozi b’ingurube mu Rwanda batangaje ko mu gihe cy’amezi arindwi, bazaba batangije gahunda yo guha ibibwana by’ingurube amata yo kunywa byakorewe, kugira ngo za nyina zororoke vuba.
Bamwe mu borozi b’inka mu Karere ka Nyagatare barifuza ko igiciro cy’amata cyashyirwa ku mafaranga 500 kuri litiro imwe, kuko 400 bahabwa bavuga ko ari macye ugereranyije n’ibyo baba bashoye mu kugura ibiryo by’amatungo.
Bamwe mu bahinzi b’ibigori mu Ntara y’Iburasirazuba, bavuga ko imvura iramutse itongeye kugwa, umusaruro wagabanukaho nibura 30% kuko ibyinshi aribwo bigitangira kuzana intete.
Abahinzi b’icyayi bo mu Mirenge ya Uwinkingi na Kitabi bataka ko icyayi cyabo kiri kuma, biturutse ku bishorobwa bikirya imizi.
Abahinzi bishimira gahunda ya ‘Tekana urishingiwe Muhinzi-Mworozi’ bashyiriweho, yo gushinganisha ibihingwa n’amatungo kuko ibafasha, ariko muri bo hari abifuza kwigishwa uko babarirwa igihe ibihingwa byangiritse kugira ngo bajye bamenya niba ibyo bagenewe bijyanye n’ibihombo bagize.
Intara y’Iburasizuba niyo ibarizwamo inzuri nyinshi zirenga 10,000 ikaba ari nayo ifite inka nyinshi ahanini ziba mu nzuri, zikagera ku mazi zikoze ingendo ndende. Ibi byiyongera ku kibazo cy’izuba gikunze kuharangwa, kigatera inka gusonza.
Aborozi bo mu karere ka Rubavu mu mirenge ya Bugeshi, Busasamana, Mudende na Kanzenze baravuga ko amakusanyirizo y’amata amaze iminsi yanga kwakira amata y’inka zabo, kuko ngo arimo impumuro itari nziza ituruka ku bwatsi bwanduye.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko abahinzi b’umuceri, ibigori, ingano, ibishyimbo, ibirayi n’imyumbati, bazajya bakoresha ifumbire babanje kureba mu ikoranabuhanga ryitwa RwaSIS (Rwanda Digital Soil Information System), ribamenyesha imiterere y’ubutaka n’ifumbire ikwiranye na bwo.
Aborozi bo mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko babangamiwe n’isazi ya Tsetse ikomeje kwibasira inka zabo, bikaviramo bamwe kugira igihombo gitewe n’uko amata y’inka yariwe n’iyo sazi atemererwa kugera ku makusanyirizo.
Ubuyobozi bwa Koperative KABOKU, burasaba inzego zireberera ubuhinzi kubafasha bakabona imashini yumisha umusaruro w’ibigori kuko ubwanikiro bafite bwumisha nibura 15% by’umusaruro uba wabonetse.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko mu rwego rwo gufasha abavumvu kongera umusaruro w’ubuki uboneka imbere mu gihugu, bagiye kongera kwemererwa kubukorera mu mashyamba akomye arimo na Pariki.
Mu rwego kwirinda kubura k’umusaruro cyangwa se kurengera uwangirikira mu murima kubera imihidagurikire y’ikirere, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), yatangaje ko harimo gutekerezwa uko habaho ikigo cyihariye cy’iteganyagihe ry’ubuhinzi.
Umukozi wa Banki ya Kigali mu ishami ry’Ubuhinzi n’Ubworozi ushinzwe Intara y’Iburasirazuba, Hakwiyimana Theophile, yijeje aborozi mu Ntara y’Iburasirazuba ko ubu umworozi ku giti cye ashobora guhabwa amafaranga miliyoni eshanu na BK nta ngwate asabwe ndetse akishyura ku nyungu ya 1.5% ku kwezi, akaba yayishyura mu gihe (…)
Banki ya Kigali yasezeranyije abahinzi b’Ibigori mu Ntara y’Iburasirazuba, ubufatanye mu kuzamura umusaruro no kuwufata neza ibaha inguzanyo ku nyungu ntoya ya 8% yishyurwa mu mezi 12 n’iyishyurwa nyuma y’igihembwe cy’ihinga.
Abahinga icyayi b’i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru barishimira ko kibaha amafaranga, ariko ngo ubuzima bwarushaho kugenda neza baramutse bahawe uburyo n’ubumenyi bibafasha gukora n’ibindi bikorwa bibinjiriza amafaranga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kiratangaza ko gikomeje gahunda yo kongera ibyuma bikora Azote, ifasha abashinzwe ubworozi mu Turere kubika intanga z’inka.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyaruguru bifashisha inguzanyo za SCON mu kugihinga, barishimira kuba barakuriweho kwishyura izo nguzanyo hafatiwe ku gaciro kazo mu madolari.
Abahinzi bibumbiye mu makoperative atatu ahinga umuceri mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko urugomero rw’amazi rwa Karungeri bafatiraho amazi bifashisha mu kuhira umuceri rudakozwe byihuse, barumbya kubera ko imirima yabo itakibona amazi.