Aborozi b’ingurube mu Rwanda bashima ubu bworozi bukiza ababukora ku buryo bwihuse ariko bakanenga igiciro bahabwa kuko kidahura n’ibyo batanga mu kuzitunga.
Kayinamura Alex Safari wiyitaga umuvuzi w’amatungo yakingiye ihene n’intama bya Sheikh Uwase Abdul Aziz 110 zirapfa.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Géraldine Mukeshimana, yasabye abayobozi ba koperative ihinga icyayi yo mu karere ka Nyaruguru, Coothemuki, guhagarika kwishyuza abahinzi inguzanyo ya banki yakoreshejwe nabi na bamwe muri abo bayobozi.
N’ubwo muri rusange abakiri batoya badakunda ibijyanye no guhinga, hari bamwe muri bagenzi babo basanze guhinga na wo ari umwuga wabatunga, ukoranywe intego.
U Rwanda rwizihije umunsi mpuzamahanga wahariwe ibiribwa ku isi, rutangiza gahunda yo gutera ibiti bitatu by’imbuto kuri buri rugo mu rwego rwo kurwanya imirire mibi ku bana.
Kigali Today yigeze gusura imirima y’imboga y’uwitwa Randy Long ku gishanga cyitwa Ingwiti mu mudugudu wa Nyiramatuntu uri i Nyamata mu Karere ka Bugesera, aho bahunika umusaruro ukamara icyumweru kirenga utarangirika.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (RAB), kiratangaza ko mu myaka itanu iri imbere Abanyarwanda bazaba bakoresha amafumbire n’imbuto bikorerwa mu Rwanda.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa(FAO) rikorera mu Rwanda, ryiyemeje ko gahunda nshya y’imyaka itanu kuva 2019-2023, izaca ikibazo cy’imirire mibi mu bana.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase yasabye aborozi bo mu turere twa Kayonza, Gatsibo na Nyagatare kwirinda kuragira inka zabo mu kigo cya gisirikare cya Gabiro, kuko ifatiwemo izajya itezwa cyamunara nta yandi mananiza.
Murenzi Jean Claude uyobora Akarere ka Kayonza avuga ko bateje inka cyamunara barenze ku cyemezo cy’urukiko bagamije kwirinda ko zashirira aho zafatiwe.
Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente avuga ko guhinga neza ukeza ntugaburire umuryango uko bikwiye ntacyo byaba bimaze kuko abana batakura neza ahubwo bakarwara indwara zijyanye n’imirire mibi zirimo no kugwingira.
Abagize Koperative yitwa CEPTL (Cooperative des Eleveurs pour la Production du Lait) ikusanya umukamo w’amata y’inka ava mu borozi bo mu Murenge wa Cyanika mu karere ka Burera baravuga ko batakibona uko bagurisha umukamo mwinshi kubera ko imirimo y’uruganda Burera Daily yahagaze kugeza ubu.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, avuga ko muri iki gihe abahinzi bagomba guhinga bashyizemo ubwenge.
Uwizeyimana Charles, umuhinzi w’urusenda mu cyanya cya Kagitumba avuga ko yinjiza miliyoni imwe n’ibihumbi magana abiri mu mezi atatu kubera urusenda.
Abayobozi bakuru mu Kigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) basabwe gutanga ibindi bisobanuro, nyuma yo kunanirwa gusobanurira Komisiyo y’inteko ishinga amategeko ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) hamwe n’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, aho miliyari 14.2 z’amafaranga y’u Rwanda zari (…)
Abanyamuryango ba koperative KABOKU y’abahinzi mu cyanya cya Kagitumba bavuga ko biteze umusaruro mwinshi kuko basigaye bicururiza inyongeramusaruro.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba burasaba aborozi baturiye ikigo cya gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo, gucika ku kuragiramo inka zabo birinda igihombo kuko izifatiwemo zitezwa cyamunara.
Abarokotse Jenoside 10 bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, kuwa gatandatu tariki 7/9/2019 baremewe inka n’abakozi b’ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), bahita biyemeza kuzakora ikimina cyo kuzivuza.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatere, Ingabire Jenny, avuga ko guhinga imyaka miremire mujyi bikurura abajura bikimakaza isuku nke.
Abatuye mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko icyayi bakigereranya n’inka ihora ikamwa (idateka), cyangwa peterori, ku buryo bituma abagihinga bagenda biyongera uko umwaka utashye.
Imboga n’imbuto u Rwanda rwohereza hanze byariyongereye mu myaka 13 ishize bituma n’amadovize zinjiza mu gihugu yiyongera ava kuri miliyoni eshanu z’amadolari ya Amerika agera kuri miliyoni 26 z’Amadorari ya Amerika ubu.
Imvura yaguye ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 1 Nzeri 2019, mu Karere ka Huye hari aho yangije imirima inasenyera bamwe, ariko Vincent Twizeyimana we yamwiciye inkoko 1000.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Mata mu karere ka Nyaruguru burishimira ko kuva muri Mata kugera muri Nyakanga 2019, bwari bumaze kwishyura abahinzi b’icyayi miliyari imwe na miliyoni 56 z’amafaranga y’u Rwanda.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Huye yangije byinshi birimo inkoko 1000 z’uwitwa Twizeyimana Vincent.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr Géraldine Mukeshimana, yasabye Ikigega cy’ingwate (BDF) kuba ari cyo kivugana n’amabanki kugira ngo byorohere urubyiruko kubona inguzanyo kuko ubusanzwe atari ko byakorwaga.
Leta irimo kwimurira mu midugudu y’icyitegererezo abari batuye mu manegeka ku misozi ihanamye kandi ifite ubutaka busharira, kugira ngo hahingwe icyayi kivamo amadolari.
Abahinzi b’ibijumba bya kijyambere bifite imbere hafite ibara rya ‘orange’ bikungahaye kuri vitamine A, bavuga ko ibyo bijumba bikunzwe ndetse ko batangiye kubibonera n’amasoko ku buryo babyitezeho ubukire.
Igihugu cy’u Budage kigiye gufatanya n’u Rwanda ngo hageragezwe igihingwa cy’umuzabibu bityo divayi iwengwamo yaturukaga hanze ihenze ibe yakwengerwa mu Rwanda.
Mu cyaro cy’akarere ka Gatsibo i Burasirazuba, umupfakazi w’imyaka 60 utuye i Kageyo mu kagari ka Kintu, ari muri bake boroye amatungo y’ubwoko butandukanye, banatunze televiziyo muri ako gace n’ubwo nta muriro w’amashanyarazi uhagera.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi, RAB, gitangaza ko Leta yashyize miliyari 11 z’Amafaranga y’u Rwanda mu gutunganya umusaruro muri rusange kuko kugeza ubu ngo hakiri mwinshi wangirika.