Mu myaka itatu ishize inka mu Rwanda yatangaga inyama, amata, uruhu n’ifumbire(rimwe rimwe na rimwe), ndetse yanagurishwa igatanga amafaranga kandi abantu bakumva ko ibyo bihagije.
Mu Kagari ka Mburabuturo, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze ubwanikiro bwubakiwe kwanikwamo umusaruro w’ibigori, bumaze igihe bubumbirwamo amatafari ya rukarakara.
Urugaga rw’abavuzi b’amatungo(abaveterineri) rufitanye ibiganiro n’inzego zitandukanye kuva tariki 04-06/12/2019, kubera ikibazo cy’ubuzima bw’amatungo kinafite ingaruka ku buzima bw’abantu.
Abahinzi n’abatubuzi b’imbuto y’ibirayi babikora mu buryo bw’umwuga bo mu turere duhinga ibirayi mu ntara y’Amajyaruguru, bahangayikishijwe n’ababitubura mu buryo butujuje amabwiriza (bakunze kwitwa abamamyi).
Nyuma yo gushyiraho ihuriro ry’abafatanyabikorwa bakora kandi bagateza imbere ubuhinzi bw’umwimerere, mu kwezi kwa Kanama muri uyu mwaka, mu kwezi gushize k’Ugushyingo mu Rwanda hateraniye inama ya mbere igamije kurebera hamwe urwego ubuhinzi bw’umwimerere buhagazeho mu Rwanda ndetse no muri Afurika.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinoni mu Karere ka Burera, barimo abavuga ko mu ngo zabo hatazongera kurangwamo ikibazo cy’imirire mibi, bitewe n’imbuto ziribwa bajyaga babona bibasabye kuzigura ku masoko kandi bahenzwe.
Abahinzi ba kawa mu Rwanda bungutse uburyo bushya bwo kubyaza umusaruro ibishishwa bya kawa.
Abajyanama mu by’ubuhinzi bo mu turere tweza umusaruro mwinshi w’ibigori mu bice bitandukanye by’igihugu bavuga ko nyuma y’aho batangiriye kwifashisha imitego yica ibinyugunyugu bivamo nkongwa byabafashije kugabanya izari zugarije ibihingwa mu buryo bukomeye, bituma bongera umusaruro.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI) hamwe n’Urugaga nyarwanda rw’Abikorera(PSF), baravuga ko Ihuriro mpuzamahanga riteza imbere ubuhinzi muri Afurika(AGRF), rigiye kuba umusanzu ukomeye mu kurwanya imirire mibi.
Hailemariam Desalegn wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, ubu akaba ari we muyobozi mushya w’ishyirahamwe Alliance for a Green Revolution in Africa, yavuze ko u Rwanda rwatoranyijwe gushyirwamo icyicaro cy’ihuriro rya African Green Revolution Forum (AGRF), mu myaka itanu iri imbere kubera imbaraga rwashyize mu (…)
Amakoperative 14 y’abahinzi yahawe inkunga ya miliyoni 70 z’Amafaranga y’u Rwanda azayafasha gukora ubushakashatsi bwitezweho gukemura bimwe mu bibazo abahinzi bahuraga na byo hagamijwe kugera ku musaruro mwiza.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere RGB muri uyu mwaka, bugaragaza ko abaturage 52.3 % batuye mu ntara y’Uburasirazuba batishimiye serivisi z’ubuhinzi bahabwa.
Miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda agiye gushorwa mu kubaka ubwanikiro bwa kijyambere n’uruganda bitunganya kandi bikongerera agaciro igihingwa cya tungurusumu mu Rwanda.
Aborozi b’ingurube mu Rwanda bashima ubu bworozi bukiza ababukora ku buryo bwihuse ariko bakanenga igiciro bahabwa kuko kidahura n’ibyo batanga mu kuzitunga.
Kayinamura Alex Safari wiyitaga umuvuzi w’amatungo yakingiye ihene n’intama bya Sheikh Uwase Abdul Aziz 110 zirapfa.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Géraldine Mukeshimana, yasabye abayobozi ba koperative ihinga icyayi yo mu karere ka Nyaruguru, Coothemuki, guhagarika kwishyuza abahinzi inguzanyo ya banki yakoreshejwe nabi na bamwe muri abo bayobozi.
N’ubwo muri rusange abakiri batoya badakunda ibijyanye no guhinga, hari bamwe muri bagenzi babo basanze guhinga na wo ari umwuga wabatunga, ukoranywe intego.
U Rwanda rwizihije umunsi mpuzamahanga wahariwe ibiribwa ku isi, rutangiza gahunda yo gutera ibiti bitatu by’imbuto kuri buri rugo mu rwego rwo kurwanya imirire mibi ku bana.
Kigali Today yigeze gusura imirima y’imboga y’uwitwa Randy Long ku gishanga cyitwa Ingwiti mu mudugudu wa Nyiramatuntu uri i Nyamata mu Karere ka Bugesera, aho bahunika umusaruro ukamara icyumweru kirenga utarangirika.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (RAB), kiratangaza ko mu myaka itanu iri imbere Abanyarwanda bazaba bakoresha amafumbire n’imbuto bikorerwa mu Rwanda.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa(FAO) rikorera mu Rwanda, ryiyemeje ko gahunda nshya y’imyaka itanu kuva 2019-2023, izaca ikibazo cy’imirire mibi mu bana.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase yasabye aborozi bo mu turere twa Kayonza, Gatsibo na Nyagatare kwirinda kuragira inka zabo mu kigo cya gisirikare cya Gabiro, kuko ifatiwemo izajya itezwa cyamunara nta yandi mananiza.
Murenzi Jean Claude uyobora Akarere ka Kayonza avuga ko bateje inka cyamunara barenze ku cyemezo cy’urukiko bagamije kwirinda ko zashirira aho zafatiwe.
Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente avuga ko guhinga neza ukeza ntugaburire umuryango uko bikwiye ntacyo byaba bimaze kuko abana batakura neza ahubwo bakarwara indwara zijyanye n’imirire mibi zirimo no kugwingira.
Abagize Koperative yitwa CEPTL (Cooperative des Eleveurs pour la Production du Lait) ikusanya umukamo w’amata y’inka ava mu borozi bo mu Murenge wa Cyanika mu karere ka Burera baravuga ko batakibona uko bagurisha umukamo mwinshi kubera ko imirimo y’uruganda Burera Daily yahagaze kugeza ubu.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, avuga ko muri iki gihe abahinzi bagomba guhinga bashyizemo ubwenge.
Uwizeyimana Charles, umuhinzi w’urusenda mu cyanya cya Kagitumba avuga ko yinjiza miliyoni imwe n’ibihumbi magana abiri mu mezi atatu kubera urusenda.
Abayobozi bakuru mu Kigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) basabwe gutanga ibindi bisobanuro, nyuma yo kunanirwa gusobanurira Komisiyo y’inteko ishinga amategeko ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) hamwe n’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, aho miliyari 14.2 z’amafaranga y’u Rwanda zari (…)
Abanyamuryango ba koperative KABOKU y’abahinzi mu cyanya cya Kagitumba bavuga ko biteze umusaruro mwinshi kuko basigaye bicururiza inyongeramusaruro.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba burasaba aborozi baturiye ikigo cya gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo, gucika ku kuragiramo inka zabo birinda igihombo kuko izifatiwemo zitezwa cyamunara.