Urubyiruko rwororera inkoko mu kibaya cya Bugarama ruravuga ko ruhangayikishijwe n’icyorezo kimaze guhitana inkoko zisaga 2500 mu minsi 18.
Abaturage bahinga ibirayi mu gishanga cya Nyirabirande cyo mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Burera bishimiye ko umusaruro ugiye kwikuba kabiri kubera gahunda yo kuhira.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) kiratangaza ko nta Munyarwanda urafatwa n’indwara ifata amatungo izwi nka “Rift Valley fever.”
Ihuriro ry’urubyiruko rikora imirimo ishingiye ku buhinzi n’ubworozi (RYAF) rigiye kubarura rugenzi rwa rwo ruri mu buhinzi n’ubworozi n’urubifitemo ubumenyi ariko rudakoresha mu rwego rwo kuruhuza n’abafatanyabikorwa no kurufasha kunoza ibyo rukora.
Banki y’isi yahaye u Rwanda inkunga ya miliyoni 100 z’amadolari yo kurufasha mu bikorwa by’ubuhinzi n’ibijyanye na bwo.
Ikigo cya East Africa Commodities Exchange (EAX) cyazanye uburyo bwo gufasha abahinzi b’Icyayi n’Ikawa kubona ku nguzanyo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko ikiraro rusange kizakemura ikibazo cyo kurarana n’amatungo kuko benshi babikora batinya abajura.
Ubutaka bwo guhinga budakoreshwa ku mugabane wa Afrika,ngo ni kimwe mu bituma uwo mugabane utihaza mu biribwa.
Igice kinini cy’ubuhinzi mu Rwanda no muri Afurika muri rusange kihariwe n’abagore ariko ibibazo bahura nabyo bidindiza umusaruro babukuramo.
Ikibazo k’ibihingwa by’imboga zidahagije ku masoko kiri mu byahagurukije ingabo z’igihugu muri aya mezi ziri mu bikorwa bigamije kugirira abaturage akamaro.
Batatu batuye i Kabusanza mu Murenge wa Simbi, Colonel Bahizi Théodomir yabahaye amashashi y’ihene ahaka kubera kumenya intwaro ikomeye u Rwanda rufite.
Hadutse porogaramu ya telefone yiswe AgriGO ikora nk’ikayi y’umuhinzi izajya ifasha abakora mu bikorwa by’ubuhinzi kubukurikirana no kubona ubujyanama ku buntu.
Abagize amakoperative ahinga ibigori akorera hirya no hino mu gihugu, baravuga ko umusaruro wabo ubura isoko bitewe n’ibigo by’imari bibima inguzanyo cyangwa ntibiyibahere igihe.
Abanyamuryango ba Koperative Gisuma Coffee, y’abahinzi ba kawa iherereye mu Murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi, barasaba ko ubuyobozi bwabafasha kubishyuriza umushoramari Habiyambere Giome ufite Campany yitwa HIDDEN WEALTH , wabambuye miriyoni mirongo ine n’ibihumbi magana atandatu. (43,158,600 frw).
Kwiyongera kw’amahoteli n’amaresitora akomeye mu Rwanda byatumye hagaragara ikibazo cy’imboga n’imbuto mu Rwanda, bituma inyinshi mu zikoreshwa mu Rwanda zitumizwa hanze.
Abahinzi bavuga ko iyo basabye inguzanyo y’ubuhinzi mu bigo by’imari bayibona bibagoye kandi bakayibaha ku nyungu iri hejuru bigatuma badatera imbere.
Mu turere twa Rubavu na Nyabihu hagaragaye ibirayi byaboreye mu mirima y’abaturage biturutse ku kubura isoko, bikaza guteza abaturage igihombo.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yakuyeho akato kari karashyiriweho amatungo mu Ntara y’Uburasirazuba, kubera indwara y’Uburenge yari imaze iminsi yarayibasiye.
Dr Cyubahiro Bagabe Marc wari umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’ubworozi (RAB) yirukanywe mu kazi, asimburwa na Dr Patrick Karangwa wari usanzwe ari umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi.
Abarozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagiye kujya bishyurwa 200Frw kuri ritiro imwe, mu gihe bazaba bajyemuye amata ku ikusanyirizo ryayo.
Urugaga rw’urubyiruko rukora mu buhinzi (RIAF) rukangurira urubyiruko rwize ubuhinzi kujyana ubwo bumenyi mu cyaro cy’iwabo kuko ari ho bwagira akamaro.
Kubera umusaruro mwinshi kandi mwiza w’icyayi ukomeje kugaragara mu Karere ka Nyaruguru bitumye hagiye kubakwa urundi ruganda rusanga eshatu zari zihasanzwe.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi, Fulgence Nsengiyumva, avuga ko hari abatangiye gukorana n’abarangije kwiga ubuhinzi muri kaminuza, bikaba byaratangiye gutanga umusaruro.
Abahinzi b’umuceri mu Karere ka Nyagatare barasaba ko mu kugena ibiciro by’umuceri hazongerwaho n’ibisigazwa byawo kuko byungura cyane ba nyi’inganda.
Abavumvu bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaraza ko inzuki boroye iyo zigiye guhova zitagaruka zose kuko hari izipfira mu nzira.
Umuryango One Acre Fund watangije kampanye yo gutera ibiti bisaga miliyoni eshatu muri gahunda yayo yise ‘Tubura’, igenewe gufasha imiryango igera ku bihumbi 270 mu bikorwa by’ubuhinzi.
Abadepite basanga kuba ubuhinzi mu gihugu bukiri ku kigero cyo hasi, bituruka ku rwego rw’ubushakashatsi mu buhinzi budashyirwamo ingufu.
Bamwe mu bagize Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite banenga Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) kudashyira imbaraga mu kubungabunga ubuso bw’ubutaka buhingwaho.
Abahinzi b’icyayi bakorana n’uruganda rwa Shagasha ruherereye mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Giheke bagiye kwegurirwa uruganda rugitunganya ku kigero cya 90%.
Leta iri gushaka uburyo yakemura ikibazo cy’imirire mibi irangwa mu bana batuye mu duce duhingwamo icyayi kuko gihangayikishije.