Abahinzi b’umuceri basabye Minisitiri w’Intebe kubakemurira ikibazo cy’isoko

Ku munsi wa kabiri w’uruzindiko rwe mu Ntara y’Iburengerazuba, Minisitiri w’intebe Dr Ngirente Edouard, yageze mu Karere ka Nyamasheke. Bamwe mu bo yasuye muri ako karere ni abahinzi b’umuceri bibumbiye muri Koperative Dufatanye Kagano ibyaza umusaruro igishanga cya Kamiranzovu.

Abayobozi batandukanye bari kwiga ku bibazo abahinzi babatuye
Abayobozi batandukanye bari kwiga ku bibazo abahinzi babatuye

Abo bahinzi bagaragaje ko mu gihe ubuyobozi bubasaba guhinga bagasagurira amasoko, bo nk’abahinzi babigeraho ariko nyamara umusaruro wabo ukabura isoko, ryanaboneka rikaboneka bitinze, umusaruro warangiritse cyangwa warataye agaciro.

Urugero ni ibiciro bavuga ko biri hasi barimo gutangiraho umuceri, aho ikilo cy’umuceri muremure ari amafaranga 275 n’amafaranga 255 ku muceri mugufi. Abo bahinzi bavuga ko ari make nubwo bemeye kuyafata kuko nta kundi bari kubigira. Icyakora na n’ubu ngo baracyafite toni 42 mu bubiko bwabo zitarabonerwa isoko.

Rukeribuga Jacques ati “Dufite ikibazo cy’uko duhinga umusaruro ukabura isoko tugahomba, ibiciro batubwira twumva biri hasi uko tubibara urabona gusarura ikaro (agace gato ko mu murima) ni ibihumbi umunani, gutera ibihumbi 10 guhinga ibihumbi umunani, gucunga inyoni zona ibihumbi 10, ifumbire ibihumbi umunani ugasanga umuhinzi nta kintu ari kubona. Turifuza isoko bakatuzamura umuhinzi akagira ikintu abona.”

Toni 42 z'umuceri ntizirabona isoko mu gihe barimo gusarura undi
Toni 42 z’umuceri ntizirabona isoko mu gihe barimo gusarura undi

Aba bahinzi bakomeza kuvuga ko abaza kurambagiza umuceri wabo bawunenga kubera ko ari mugufi, abahinzi na bo bagatunga agatoki ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi kutabaha imbuto zijyanye n’igihe cyane ko bo basobanura ko batigeze babona imbuto ndende ngo bananirwe kuyihinga, bakifuza ko bajya bagezwaho imbuto zifuzwa ku isoko akaba ari zo bahinga.

Dr Karangwa Patrick, Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi (RAB) wari uhibereye yavuze ko ku kibazo cy’isoko nawe adahakana ko gihari.

Yagize ati “Ikibazo cy’amasoko y’umuceri kimaze iminsi inzego zikiganiraho ariko ubukana iki kibazo cyari gifite buragenda bugabanuka. Hashyizwemo imbaraga kugira ngo umuceri ugaburirwe abanyeshuri, ku buryo hagabanywa umuceri uturuka hanze, inganda zirimo kongera uwo zafataga. Aho izi mbaraga zishyiriwemo ubona ko ikibazo kigenda kigabanuka.”

Igishanga cya Kamiranzovu gihingwamo umuceri n'abantu 1000 ku buso bwa Hegitari 115
Igishanga cya Kamiranzovu gihingwamo umuceri n’abantu 1000 ku buso bwa Hegitari 115

Naho ku birebana n’ikibazo cy’imbuto ndende yasubije ko barimo gutegura imbuto ku buryo mu bihe bitarambiranye bazabazanira imbuto nshya cyane ko mu moko y’umuceri uhingwa mu Rwanda agera kuri 37, abahinga igishanga cya Kamiranzovu hari amoko menshi badahinga kuko bahinga amoko abiri gusa.

Ati “Mu gihugu duhinga amoko y’umuceri 37 harimo 29 y’umuceri muremure andi 8 akaba umuceri mugufi ariko abahinga muri Kamiranzomvu bahinga abiri gusa ni yo bazi, gahunda turimo ni ukugira ngo amoko ari ahandi ataragera hariya na ho ahagere ku buryo hari amoko mashya tuzabazanira.”

Hegitari 115 ni zo aba bahinzi bo muri koperative Dufatanye Kagano babyaza umusaruro mu gishanga cya Kamiranzovu. Gihingwa n’abarenga 1000, bakaba bifuza ko nibura ikilo cy’umuceri cyajya ku mafaranga 295 kuko abawubagurira bagurisha ikilo kuri 700 nyamara kandi ngo bataba bavunitse cyane nk’abahinzi.
Muri izi ngendo Minisitiri w’Intebe yagiriye mu turere twa Karongi na Nyamasheke ku matariki ya 11 na 12 Gashyantare 2019, nta byinshi yatangaje byafatwa nk’imyanzuro, ahubwo icy’ingenzi kwabaga ari ugukusanya amakuru ashobora kuvamo imyanzuro izatangazwa mu minsi iri imbere.

Abahinzi mu gishanga cya Kamiranzovu barasarura umuceri mu gihe n'undi utarabona isoko
Abahinzi mu gishanga cya Kamiranzovu barasarura umuceri mu gihe n’undi utarabona isoko
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka