Abahanga mu by’ubuhinzi bavuga ko gukoresha ikoranabuhanga muri uwo mwuga ari byo bizagabanya ibibazo biwurimo, cyane ko ryoroshya ihererekanyamakuru bityo ibikenewe bigakorwa ku gihe.
Imiryango 12 y’Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi yorojwe ihene iragaya abazihabwa bakazigurisha cyangwa bakazirya zitarororoka.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko bakomeje guhomba, imyaka yabo ikarumba bitewe n’ibura ndetse n’itinda ry’inyongeramusaruro, harimo imbuto z’indobanure n’ishwagara bakoresha bafumbira imyaka yabo.
Abatuye mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Nyabikiri mu Kagari ka Nyabikiri mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo bashima ko bahawe inka ariko na none bagasaba ubutaka bwo kuzihingiraho ubwatsi.
Aborozi bagemura amata ku ikusanyirizo rya Kibondo riherereye mu Karere ka Gatsibo barasaba kugabanyirizwa igiciro cy’umuriro w’amashanyarazi kuko bituma badatera imbere.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Géraldine Mukeshimana, avuga ko gahunda y’Ikofi yo gufasha abahinzi kongera umusaruro yatangijwe na Banki ya Kigali (BK) izafasha mu gukemura ikibazo cy’itinda ry’imbuto n’ifumbire abahinzi bahora bavuga.
Col. Albert Rugambwa, Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Rwamagana arashimira aborozi ba Nyagatare kuba batakiragira mu kigo cya gisirikare cya Gabiro kuko bigaragaraza ko bumvira.
Abaturage b’umurenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare bafite ubutaka ahazakorera umushinga w’ubuhinzi bwuhirwa I musozi, bemeranijwe na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kuyikodesha ubutaka mu myaka 49.
Bamwe mu baturage batujwe mu mudugudu w’ikitegererezo wa Nyabikiri bahimbye Yeruzalemu barasaba ubuyobozi kushakira ubutaka bwo guhingaho kugira ngo barusheho kwiteza imbere.
Mu Karere ka Musanze harimo kubera igerageza ryo gukoresha utudege duto (drones) mu buhinzi. Bamwe mu baturage iryo koranabuhanga ryagezeho baremeza ko bamaze kubona impinduka mu iterambere ry’ubuhinzi mu gihe gito bamaze bakoresha utwo tudege.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi hamwe n’iy’ubucuruzi n’inganda, zirasaba abahinzi b’ingano b’i Nyamagabe n’i Nyaruguru guhinga ingano cyane kuko batazongera kuziburira isoko.
Abahinzi b’icyayi bo mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke baravuga ko bahangayikishijwe n’imvune zitanjyanye n’umusaruro w’amafaranga babona kuko kugeza ubu ngo basanga bakorera mu gihombo, bagasaba ubuyobozi kuzamura igiciro cy’amafaranga bagurirwaho icyayi ku ruganda rwa Gatare bakigemuraho.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ikangurira abahinzi nyarwanda kugira umuco wo kuhira, aho kwiringira ko imyaka yezwa iteka n’imvura, cyane ko n’ibihe byahindutse.
Ba Veterineri bigenga iyo bagiye kuvura amatungo y’aborozi ngo baca amafaranga bishakiye kandi hari iteka rigena ibiciro by’ubuvuzi bw’amatungo, bakaba bahagurukiwe kugira ngo ryubahizwe harengerwa inyungu z’umworozi.
Banki ya Kigali (BK) yasinyanye amasezerano n’Ikigo nyafurika cyita ku buhinzi n’ubworozi (AGRA), azatuma abahinzi bahabwa inguzanyo n’iyo Banki badasabwe ingwate.
Ibijumba ni igihingwa gikomoka muri Amerika y’Amajyepfo. Byageze i Burayi bijyanywe n’Abanya-Portugal ndetse n’Abanya-Espagne, nyuma bigera muri Aziya no muri Afurika bizanywe n’Abanyaburayi.
Abahinzi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko gahunda ya Ejo Heza izatuma batagurisha imitungo yabo igihe bahuye n’ibyago.
Ikigo mpuzamahanga gikora ubushakashatsi kuri politiki zo kongera ibiribwa (IFPRI), kirasaba ibihugu birimo u Rwanda guteza imbere imibereho y’abatuye icyaro kugira ngo rwirinde inzara.
Ihuriro ry’amakoperative y’abarobyi mu kiyaga cya Kivu rikorera mu karere ka Nyamasheke riravuga ko hamwe no guhindura imikorere ngo rigiye gushaka uko ryabyaza umusaruro iki kiyanga mu nyungu z’abanyamuryango n’Abanyarwanda muri rusange, nyuma y’aho ryari ryarazahajwe na barushimusi ubu bakaba bagiye guhagurukirwa (…)
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, kuri uyu wa 23 Mata 2019 yatangije ku mugaragaro gahunda y’igihugu y’ubwishingizi mu buhinzi n’ubworozi.
Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere igihingwa cya kawa mu Karere ka Nyamasheke, abahinzi 20 b’intangarugero batoranyijwe bashyikirijwe ishimwe ry’uko bafashe neza kawa bigatuma iza mu za mbere mu buryohe mu gihugu.
Abaveterineri b’imirenge 14 bahawe ibikoresho byifashishwa mu gutera intanga no kuzibika biyemeza kwegera aborozi no kubafasha kuvugurura amatungo.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije, u Rwanda rwafashe gahunda yo gutera imigano hirya no hino aho ishobora gukura, cyane cyane ku nkengero z’imigezi.
Bamwe mu bahinzi bo mu turere twa Huye, Nyamagabe na Bugesera baravuga ko umushinga wa International Alert usize basobanukiwe byinshi mu bijyanye no kunoza ubuhinzi, barwanya inzara, bongera umusaruro kandi bihaza mu biribwa.
N’ubwo abahinzi bashishikarizwa kwifashisha inyongeramusaruro igihe bahinga, kugeza ubu hari abazikoresha nabi, bigatuma batagera ku musaruro mwiza.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri amwe mu makoperative awuhinga bavuga ko ubuhinzi bwawo bubavuna cyane, ndetse bakagwa mu gihombo bitewe n’uko umusaruro wabo ugurwa ku giciro kitajyanye n’ibyo baba bashoye.
Mu gihe bamwe mu bahinzi bagaragaza ko uko iterambere rigenda ryihuta ari nako hakenerwa ubundi bumenyi bushya haba mu gufata neza umusaruro w’ubuhinzi no gukoresha ikoranabuhanga, bamwe mu badepite bagize inteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EALA) basanga hagakwiye kuzamura ingengo y’imari ku (…)
Nubwo hari byinshi bikorwa mu guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi nka kimwe mu byagirira akamaro abaturage n’igihugu muri rusange, abahinzi bakomeje kugaragaza ko hari imbogamizi bahura na zo mu mikorere yabo zigatuma iterambere bifuza ritagerwaho.
Amasaka ni igihingwa kimaze imyaka irenga 1000, ariko ibyiza byacyo ku buzima bw’umuntu ni byinshi ku buryo ari byiza ko abantu bazajya bayashyira ku mafunguro yabo ya buri munsi.
Abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite bongeye kugaragaza ko batanyuzwe n’ibikubiye muri raporo ya minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) ku buryo ubuhinzi bw’u Rwanda butera imbere, hagamijwe kwihaza mu biribwa bituma bashyiraho akanama kihariye ko gucukumbura ibibazo biri mu buhinzi n’ubworozi.