Bamwe mu bahinzi b’umuceri bahinze imbuto ngufi baratabaza nyuma yo kubwirwa ko umushoramari azafata umuremure gusa kuko umugufi wamuhombeye.
Kugira ngo bafashe Abanyarwanda kugira ubuzima bwiza no gutera imbere, aborozi n’abacuruza amata biyemeje kuyabakundisha.
Nyuma yo kubona inka za ‘Jersey’ zitanga umukamo mwinshi kandi zishobora kororwa n’abatagira amikoro menshi, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yiyemeje kongera umubare wazo.
Bamwe mu bahinzi b’umuceri mu Karere ka Nyagatare baracyanika umuceri mu gisambu ku mahema kubera imbuga nkeya.
Abahinzi b’imboga bo mu karere ka Rubavu baravuga ko umusaruro w’imboga wabuze isoko kugera aho amashu bayaha amatungo.
Ubuyobozi bw’urugaga rw’abahinzi n’aborozi mu Rwanda “Imbaraga” buravuga ko abahinzi bugarijwe n’ikibazo cyo kubura amasoko y’umusaruro wabo.
Mu kibaya cya Bugarama ho mu karere ka Rusizi, igiciro ku kilo cy’umuceri udatonoye cyamaze kwemezwa ko ari 295Frw kikaba cyemejwe nyuma y’impaka ndende hagati y’abanyenganda ziwutonora n’abahagarariye abahinzi.
Amoko atanu mashya y’ibirayi yamurikiwe abahinzi mu gikorwa cyabereye mu karere ka Musanze nyuma y’igihe ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi RAB ku bufatanye n’ikigo mpuzamahanga cyita ku gihingwa cy’ibirayi International Potato Center (CIP) bikora ubushakashatsi bwimbitse mbere y’uko ayo moko yabyo agezwa mu bahinzi.
Abagabo icumi bamaze amezi atanu mu kigo ngororamuco cya Iwawa, nyuma yo gufatwa bacuruza ibiyobyabwenge bihaye intego yo gushinga koperative itubura imbuto y’ibirayi.
Mu gihe abahinzi b’umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi bifuza ko inganda ziwutunganya zabagurira ku mafaranga nibura 310 ku kiro, ba nyir’izi nganda bo baravuga ko badashobora kurenza 290 nyuma y’aho mu bihe byashize izi nganda zivuga ko zaguye mu gihombo kubera amafaranga bavuga ko yari menshi baguriragaho (…)
Imiryango itishoboye 113 yo mu mirenge itatu yo muri Nyagatare yahawe inka. Kamugundu Nasson umuturage wo mu kagari ka Nsheke, umwe mu bahawe inka, ashimira perezida wa Repubulika wamuhaye inka nyuma y’imyaka irenga 20 ize zinyazwe.
Mporanyabanzi Simeon utuye mu kagari ka Rugari, umurenge wa Katabagemu yabujijwe n’umurenge gusarura ibigori bitaruma kuko ngo byamutera amapfa, akarere kakavuga ko ari ukubangamira inyungu ze.
Mu gihe abahinzi b’icyayi bo mu karere ka Nyamasheke bakorana n’uruganda rwa Gisakura mu karere ka Nyamasheke bashishikarizwa kugihinga cyane kugira ngo kirusheho kubateza imbere, aba bahinzi barataka ingemwe zacyo, ikibazo cyatumye imirima bateguye kugihingaho ikomeje gupfa ubusa kuva mu kwezi kwa munani 2018, ndetse (…)
Aborozi bo mu turere dutatu tuzwiho kugira umukamo utubutse ari two Nyagatare, Gatsibo na Gicumbi baravuga ko batewe igihombo kinini n’icyemezo cy’uruganda Inyange Industries cyo kudafata amata yabo iminsi ibiri mu cyumweru.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyaruguru binubira abatashya amashami baba batemeye mu mirima yacyo, n’ababaragirira amatungo mu mirima.
Abahinzi b’icyayi 1937 bakorana n’uruganda rwa Gisakura mu karere ka Nyamasheke barifuza ko uru ruganda rwaborohereza bakajya banywa icyayi cy’umwimerere cya mbere nk’abahinzi bacyo, uruganda rukavuga ko bitarenze intangiriro z’uyu mwaka gitangira kubageraho muri koperative ebyiri bibumbiyemo.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, arasaba abaturiye inganda z’icyayi gukora uko bashoboye bakongera ubuso bw’aho gihingwa.
Abahinzi bakorana n’Ikigo giteza imbere ubuhinzi bw’icyayi (Rwanda Mountain Tea/RMT), baravuga ko uwahombeye mu guhinga indi myaka atahombera mu cyayi.
Ministeri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) isaba buri rugo kutabura imboga n’imbuto kabone n’ubwo bazihinga mu mavaze cyangwa hejuru y’inzu.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko ifite gahunda yo kuvugurura ubworozi bw’ingurube bugakorwa kinyamwuga.
Hari aborozi bashima inka zo mu bwoko bw’Injeresi (Jersey), bavuga ko zibereye kororwa n’Abanyarwanda, kuko ngo zirya bike kandi zigatanga umukamo mwinshi.
Bamwe mu bahinzi bahinga ibihingwa nk’inyanya n’imyumbati mu karere ka Rusizi baravuga ko bahangayikishijwe n’isoko ry’abanyekongo badashoye guhaza, bishobora kuzatera ikibazo y’ibiribwa muri aka karere mu minsi iri imbere.
Abahinzi b’umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi barasaba leta kubafasha kubona ifumbire mu maguru mashya kugira ngo bakomeze kungukira muri ubu buhinzi. Ubuyobozi buravuga ko bugiye kwihutira gukorana n’abo bireba mu gukemura iki kibazo.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare barakangurirwa gukorera inzuri zabo kuko leta yabashyiriyeho uburyo bwo kubafasha buzwi nka "nkunganire", aho ibaha angana na 50%.
Abaturage bibumbiye mu makoperative yo mu Karere ka Musanze bagaragarije abadepite babasuye ko bari mu bihombo batewe n’ibibazo byinshi biri mu makperative.
Abaturage bimuwe bavanywe mu manegeka yo mu bice bitandukanye bagatuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kibangira mu karere ka Rusizi barataka ubukene n’inzara.
Abahinzi bo mu Karere ka Bugesera bavuga ko batagitaka inzara nko mu myaka yashize, kubera basigaye bahinga haba mu zuba no mu mvura.
Abatuye muri Kamonyi bahinga soya ikanera neza ariko bakagira ikibazo cyo kubona imbuto ku gihe, bakaba bakangurirwa kwishakamo abatubuzi b’iyo mbuto ngo bikemurire icyo kibazo.
Minisitiri w’urubyiruko avuga ko leta yifuza ko abafashijwe, bahera ku nkunga bahawe bakiteza imbere aho guhora bategereje kongera gufashwa.