AS Muhanga yabonye ubuyobozi bushya

Kuri uyu wa Gatandatu, Nzayisenga Desire uyobora MFP itunganya ibinyampeke yatorewe kuyobora AS Muhanga asimbuye Kimonyo Juvenal.

AS Muhanga yabonye ubuyobozi bushya
AS Muhanga yabonye ubuyobozi bushya

Uyu muyobozi mushya wa w’iyi kipe iheruka kuzamuka mu cyiciro cya mbere yatorewe mu nama y’Inteko Rusange aho yatowe kubwiganze bw’amajwi y’abari bitabiriye iyi nama 30/30.Nzayisenga Desire asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Uruganda rwa MFPI Ltd (Muhanga Food Processing Industries Ltd), uruganda rutunganya ibikomoka kuri Soya n’ibigoli rwatangiye ari COCOF yari Umuryango wari ushyize imbere iterambere ry’abagore n’abakobwa watangiye mu mwaka wa 2004 ariko igahinduka uruganda mu 2014 ubwo yahindukaga uruganda rukorera mu Kagari ka Ruli, Umurenge wa Shyogwe.

Nzayisenga Desire yatorewe kuyobora AS Muhanga
Nzayisenga Desire yatorewe kuyobora AS Muhanga

Uretse Perezida kandi hanatowe Visi Perezida wabaye Barahira Bertin, Mukasangwa Pélagie atorerwa kuba ushinzwe umutungo mu gihe Niyonzima Gustave yakomeje kuba Umunyamabanga wa AS Muhanga. Muri aya matora kandi hashyizweho Komite Ngenzuzi igizwe na Bisangwabagabo Youssuf, CIP Rt. Bertin Habimana hanashyirwaho Komite Nkemurampaka igizwe na Ntivuguruzwa Séverin, Nshizirungu Edmond na Musabyimana Faustin.

Visi Perezida yabaye Barahira Bertin
Visi Perezida yabaye Barahira Bertin

Muragijimana Jean Claude yagizwe umuvugizi mukuru w’abafana aho ihuriro ry’abafaba arihuriyemo na Munyampumdu
Vedaste, Mukarusanga Françoise aho bazagirwa inama n’abajyanama barimo Uwishema Athanase, Pasteur Théoneste na Oswalid.

Niyonzima Gustave yakomeje kuba Umunyamabanga wa AS Muhanga
Niyonzima Gustave yakomeje kuba Umunyamabanga wa AS Muhanga
Bisangabagabo Yusuf yagizwe umugenzuzi
Bisangabagabo Yusuf yagizwe umugenzuzi
CIP Rtd Bertin HABIMANA nawe yagizwe umugenzuzi
CIP Rtd Bertin HABIMANA nawe yagizwe umugenzuzi

National Football League

Ibitekerezo   ( 1 )

BErtin ni umugabo organisateur cyane nibafatanya ikipe izakomera

Habiyaremye François Xavier yanditse ku itariki ya: 13-07-2025  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka