CEPGL igiye gukora imihanda ihuza imijyi y’u Rwanda, u Burundi na Congo

Umuryango ugamije ubukungu bw’ibihugu bigize ibiyaga bigari CEPGL ubitewemo inkunga n’Umuryango w’ibihugu by’Iburayi EU urateganya gukora imihanda ihuza imipaka y’ibihugu bihuriye muri uyu muryango kugira ngo bishobore korohereza imihahirane y’ababituye.

Umunyamabanga wa CEPGL wungirije ushinzwe imiyoborere n’ubukungu, Madamu Liliane Gashumba, yabwiye Kigali Today ko kubaka iyi mihanda bizatangira kuwa mbere tariki ya 05/03/2013, bikazamara amezi 15 ubwo imihanda ifite uburebure bwa kilometero 36 ihuza imijyi yo mu bihugu bya CEPGL izaba yuzuye.

Ahenshi imihanda izakorwa na CEPGL yari yarangiritse cyane nka hano ku ifoto mu karere ka Rubavu.
Ahenshi imihanda izakorwa na CEPGL yari yarangiritse cyane nka hano ku ifoto mu karere ka Rubavu.

Iyi mihanda izakorwa irimo uzahuza umujyi wa Gisenyi na Goma ufite uburebure bwa kilometero 9, uhuza Kamembe na Bukavu ufite uburebure bwa kilometero 4 n’igice ndetse n’umuhanda uzahuza Bujumbura na Uvira ureshya na kilometero 22 nk’uko Madamu Liliane Gashumba abivuga.

Imishinga yo kubaka iyi mihanda biteganyijwe ko izarangira itwaye miliyoni 45 z’amafaranga akoreshwa ku mugabane w’Uburayi bita Euro, angana na miliyari 37 na miliyoni 800 z’amafaranga y’u Rwanda. Umushinga wo kubaka iyi mihanda wari waremejwe mu mwaka wa 2010.

 Madamu Liliane Gashumba, umunyamabanga wungirije ushinzwe imiyoborere n'ubukungu muri CEPGL.
Madamu Liliane Gashumba, umunyamabanga wungirije ushinzwe imiyoborere n’ubukungu muri CEPGL.

Uyu Munyamabanga wa CEPGL ushinzwe imiyoborere n’ubukungu avuga ko iyi mihanda izafasha cyane abatuye ibi bihugu guhahirana kandi ngo CEPGL izakora ibishoboka byose imihanda ikorwe neza kandi vuba cyane cyane mu korohereza abakozi n’ibikoresho kwambuka imipaka hatabaye gukererwa no gusoreshwa kuko ari igikorwa cy’ibihugu bihuje umuryango.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka