Gatunda: Yatemye umugabo we ibitsi akoresheje isuka

Umugore witwa Nyirabucyangenda Elevanie w’imyaka 43 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Gatunda akekwaho gutema umugabo we akoresheje isuka.

Iki cyaha Nyirabucyangenda wo mu Mudugudu wa Bugarama, Akagari ka Nyangara, Umurenge wa Gatunda wo mu Karere ka Nyagatare akekwaho yagikoze ku mugoroba wo ku wa 11/02/2015.

Intandaro y’uru rugomo ngo ni amakimbirane ashingiye ku mitungo. Nyuma yo kweza imyaka, umugabo we Kwatiromunda Simon yajyaga kuyigurisha amafaranga akuyemo akayanywera ntibishimishe umugore.

Uretse aya makimbirane kandi ngo aba bombi bari banasomye ku nzoga, maze batangiye gutongana umugore ahita afata isuka atema ku gitsi cy’ukuguru n’ukuboko.

Nyirabucyangenda yatawe muri yombi akurikiranyweho gutemesha umugabo we isuka.
Nyirabucyangenda yatawe muri yombi akurikiranyweho gutemesha umugabo we isuka.

Abaturanyi bahise batabaza polisi y’igihugu umugabo ajyanwa kwa muganga.

Umuvugizi wungirije Polisi y’igihugu mu ntara y’iburasirazuba akaba n’umugenzacyaha wungirije, Inspector of Police Emmanuel Kayigi, asaba abaturage guhindura imyumvire mu gihe bafite ibibazo bakabigeza ku buyobozi aho kumva byakemurwa no kurwana.

Ati “Ni byiza ko mu gihe abantu babana ari babiri ko mu gihe bejeje imyaka bajya inama yo gucunga uwo mutungo nta gusahuranwa kubayeho. Gusa iyo babibaye nabwo ntabwo bikwiye gukemurwa no kurwana. Ubuyobozi burahari n’inteko z’abaturage. Aha hose bakagejejeyo ikibazo cyabo kigakemurwa aho kurwana”.

IP Kayigi kandi akomeza asaba abaturage kwirinda kunywa ibiyobyabwenge kuko bituma badatekereza ibyo bagiye gukora n’ingaruka zabyo. Ibi abishingira ku kuba aba bombi bari babanje kunywa inzoga bikekwa ko ari iyo mu mashashi ya Chief waragi cyangwa Kanyanga.

Kuri ubu Kwatiromunda ari mu kigo nderabuzima cya Nyarurema aho avurwa ibikomere ndetse bikaba binashoboka ko yataha vuba, mu gihe umugore we afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gatunda akazagezwa imbere y’ubutabera.

SEBASAZA Gasana Emmanuel

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Bamufunge byibuze amezi 6

UWABABYEYI EMILE yanditse ku itariki ya: 13-02-2015  →  Musubize

Uwo mugore yahubutse ntiyagombaga gutema umugabo, ahubwo yali kubibwira ubuyobozi. twese bitubaho abagabo bumva ko aribyabo, nje maze imyaka 5 yose ntakwinjira mwiduka ryumugabo niyo yasinze ndamwihisha bwacy ubuzima bugakomeza. nta terambere ryabantu bataganiye! so, twafashwa no kwihangana tukareba ku Mana ikatugabanyiriza umujinya. uwo mudamu azaze muhugure naba nawe ntabuharikwe afite.

nyaciana yanditse ku itariki ya: 13-02-2015  →  Musubize

oya birumvikana
nimba yakoze
amakosa
ubushinja cyaha
bugomba gukora
akazi kabwo

butitayekuba yanyoye
kamwe.

nizeyimana evariste yanditse ku itariki ya: 12-02-2015  →  Musubize

NUKURI BIRAKWIRIYE KO ABASHAKANYE BAKAGOMBYE KUBA INTANGARUGERO MUMIDUGUDU BATUYEMO AHO KUBA ICIRO RYIMIGANI.

NSABIYERA Theogene yanditse ku itariki ya: 12-02-2015  →  Musubize

BURYA UMWIRYANE UZA CYANE IYO MUGITURAGE HARI INZARA

Muteteri yanditse ku itariki ya: 12-02-2015  →  Musubize

Narumiwe!ubwo se arategekwa iki? nzaba mbarirwa.

GISINGERI yanditse ku itariki ya: 12-02-2015  →  Musubize

ABAGORE BANYWA INZOGA BARASAZE

NDATSIKIRA JEAN PIERRE yanditse ku itariki ya: 12-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka