Igitaramo kidasanzwe cyiswe “Nyanza Twataramye” cyabaye ku mugoroba wo kuwa gatanu tariki 26/12/2014 mu Karere ka Nyanza ahazwi nko ku gicumbi cy’umuco Nyarwanda mu Rukali no ku Rwesero cyibukije benshi iby’umuco wabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bufatanije na Polisi y’igihugu ikorera muri ako karere barasaba abaturage ubufatanye mu kurandura burundu ibiyobyabwenge n’ikoreshwa ryabyo, batanga amakuru aho babizi.
Abagore babiri n’abana bane bavuye muri Repuburika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC) bavuga ko nyuma yo kuva muri RDC babuze amikoro yo kubageza aho bakomoka.
Abahinzi b’ibobere bo mu Murenge wa Kibungo mu Kagari ka Mahango baravuga ko icyo batazibagirwa muri uyu mwaka wa 2014 ari igihombo cy’imbuto y’ibobere bari bakomoye.
N’ubwo abantu bahora bashishikarizwa kugira isuku yabo naho batuye usanga hari aho batabikora neza, ku buryo bibaviramo kurwara amavunja ugasanga umuntu ntagishobora kugenda bitewe n’uko ibirenge byose biba byarafashwe n’amavunja.
Nyuma y’ukwezi kumwe gusa mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi hibwe ibendera ry’igihugu, mu gitondo cyo ku wa 26/12/2014, mu Kagari ka Gahinga mu Murenge wa Mururu irindi bendera ryaburiwe irengero
Umukecuru w’imyaka 54 witwa Cyurinyana Theophila utuye mu Mudugudu wa Nyamiyaga, mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Byumba avuga ko kuba ashaje bitazamubuza gukomeza kuba umuhwituzi w’umurimo.
Ikigo cy’urubyiruko cy’i Kayonza “Kayonza Youth Friendly Center” kiri kwigisha imyuga urubyiruko 480 muri gahunda cyihaye yo gufasha urubyiruko kwivana mu bushomeri.
Abasore babiri bari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatanwa ibiro 42 by’urumogi ubwo bashakaga kurucikana barugemuye i Kigali mu gitondo cyo kuwa 27/12/2014.
Abanyamusanze banywa igipende bavuga ko bakunda kukinywa kuko ngo kibafata mu nda nk’abafashe amafunguro ya saa sita kandi gihendutse ugereranyije ibindi binyobwa, bityo bikabafasha gucunga amafaranga make binjiza bakuye mu biraka bakagira icyo basagurira imiryango yabo.
Kamaliza Florance, umworozi w’inkwavu wo mu Karere ka Kamonyi aravuga ko ubworozi bw’inkwavu butavuna kandi umuntu abukoze neza bwabashaka kumuteza imbere.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga butangaza ko mu mwaka wa 2014 abantu babarirwa muri 30 bafatiwe muri iyo pariki bari gukora ibikorwa bitewe biyangiza byatuma urusobe rw’ibinyabuzima biyituyemo bihura n’ingorane.
Umuyobozi wungirije w’inama njyanama y’Akarere ka Gatsibo, Kapiteni Atari Eliazal aravuga ko kwegura kw’abayobozi b’Akarere bidakwiye guca intege abaturage kuko nta gikuba cyacitse.
Abaturage batuye mu Karere ka Gicumbi baravuga ko muri uyu mwaka wa 2014 barangije bahuye n’ikibazo cy’inzara kubera ko imvura yabangirije imyaka.
Mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, polisi y’igihugu yafashe litiro 2700 z’ibiyobyabwenge bikoze mu biyoga by’ibikorano bifite agaciro ka miriyoni 2 n’ibihumbi 700 by’amafaranga y’u Rwanda, ahagana mu ma saa tanu z’amanywa zo ku wa 25/12/2014.
Nyuma y’iminsi ubuyobozi bw’isoko rya Kimironko na rwiyemezamirimo wapatanye gukora isuku muri iri soko banengwa isuku nke yagaragaraga mu bimoteri byaryo, baravuga ko bafashe ingamba zo gutuma akazi kongera kugenda neza nka mbere.
Abanyamakuru n’abayobozi b’akarere ka Muhanga baravuga ko muri uyu mwaka wa 2014 hagaragaye impunduka nziza mu mikoranire y’impande zombi.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie ndetse n’Umuyobozi wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Mutiganda Francisca bamaze kwegura ku mirimo yabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Uhagaze François aravugwaho kugira ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Muhanga acukuramo ku nyungu ze bwite bikabangamira imikorere y’abandi bacukuzi.
Amakuru agera kuri Kigali today aravuga ko umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Ruboneza Ambroise n’umwungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Habarurema Isaie ndetse n’umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie two mu ntara y’i Burasirazuba baba beguye ku mirimo yabo nk’abayobozi b’uturere.
Kuva mu kwezi kwa Nzeri kugeza mu kuboza 2014, igiciro cy’ibirayi ku masoko hirya no hino mu Rwanda cyagaragaye nk’icyari kiri hasi ugereranije no mu myaka yabanje, ibi bikaba biterwa n’ingamba zafashwe mu kuzamura umusaruro w’ibirayi.
Abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Gisagara biganjemo abacuruzi baravuga ko bakurikije uburyo nta mafaranga yagaragaye mu munsi mukuru wa Noheri, wagirango uyu mwaka nta yabaye.
Umuhanzi Niyonkuru Albert uzwi ku izina rya Dig Dog niwe wegukanye irushanwa ryari rihuje abahanzi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke ryiswe Kinyaga Award, ryasorejwe mu nzu mberabyombi y’akarere ka Nyamasheke kuri Noheri ya 2014.
Ubwo hizihizwaga umunsi mukuru wa Noheri, Kigali Today yanyarukiye hirya no hino mu mujyi wa Kigali yumva uko abatuye umurwa mukuru bakiriye uyu munsi ndetse n’uko biteguye gusoza umwaka wa 2014.
Icyegeranyo cyakozwe mu Karere ka Nyanza kiragaragaza ko mu ijoro rishyira tariki 25/12/2014 nta kibazo cy’umutekano muke cyigeze kigaragara, haba urugomo ruturuka ku businzi, impanuka cyangwa indi impamvu y’imirwano.
Bamwe mu batuye Akarere ka Ngoma bavuga ko isura y’iminsi mikuru ya Noheri ndetse n’indi nka pasika igenda ihinduka ugereranije na mbere, kubera uburyo ibyo kwinezeza cyane mu tubari bigenda bigabanuka kwitabira insengero bikiyongera.
Inama yahuje abayobozi bashinzwe uburezi n’umuyobozi w’akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage ku wa 24/12/2014, yibanze ku isuku nkeya igaragara mu bigo by’amashuri harimo ibiheri byateye abanyeshuri aho barara.
Abaturage bo mu Karere ka Rulindo barasabwa kugira isuku mu byo bakora byose kugira ngo bagire ubuzima bwiza butarangwamo amavunja, ndetse bakanirinda amakimbirane yo mu miryango kuko biri mu bidindiza iterambere ryabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera mu Rwanda burasaba ubw’Akarere ka Kisoro muri Uganda ubufatanye mu kurwanya abantu baza mu Karere ka Burera bagashuka urubyiruko bakarujyana muri Uganda ngo bagiye kuruha akazi.
Abatuye umurenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara baravuga ko ikibazo cyo kutagira amazi gikomeje kuba ingorabahizi kuko bamaze igihe kinini bayategereje n’ubu bakaba bakivoma mu mibande.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yahaye abayobozi bo mu Karere ka Gicumbi iminsi 7 bakaba barangije gukemura ikibazo cy’umwanda ari nawo ahanini ukurura kurwara amavunja.
Kamuhanda Emmanuel utuye mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe avuga ko nyuma y’imyaka 10 amenye ko afite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA yiyakiriye, ubu akaba amaze kwiteza imbere muri byinshi.
Imirenge 8 kuri 13 yo mu karere ka Ngororero ifite inyubako ziva cyangwa zangiritse ibisenge, nyamara yose ifite amazu yasanwe cyangwa yubatswe mu gihe kitarenze imyaka itatu.
Bamwe mu bakora imirmo y’ubucuruzi ku dusanteri twa Kamuhanda na Ruyenzi two mu Murenge wa Runda, baratangaza ko mu kwizihiza umunsi wa Noheri batabonye abaguzi nk’uko byari bisanzwe mu birori by’imyaka yatambutse.
Umuyobozi w’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza mu Karere ka Rusizi, Bajyinama Athanase yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano kuwa 20/12/2014, akaba afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe.
Nubwo bagomba kwishimisha mu buryo butandukanye abaturage bo mu karere ka Gakenke barasabwa kudasesagura bishinze ko barimo kurya iminsi mikuru ugasanga nyuma yayo bahuye n’ikibazo kandi nta handi baba barabitse kuburyo hashobora kubagoba.
Mu gihe kuri uyu wa 25 Ukuboza Abanyarwanda bizihiza Noheri yibutsa abakirisitu ivuka rya Yezu, Kigali Today yatembereye mu bice binyuranye mu mujyi wa Kigali ibarebera uko umunsi wifashe.
Mu gihe abandi Banyarwanda ndetse n’isi yose bari mu byishimo bya Noheri, imiryango 10 yo mu karere ka Ngoma irizihiza uyu munsi icumbikiwe n’abaturanyi kuko amazu yabo yasambuwe umuyaga uvanze n’imvura nyinshi byaguye ku gicamunsi cya tariki 24/12/2014.
Abakozi 250 bakorera kampani NBC (Now Business Center) yubaka inyubako y’ishuri ry’ubukerarugendo mu Murenge wa Gataraga, Akarere ka Musanze batangaza bamaze amezi atatu badahembwa bikaba bigiye gutuma barya iminsi mikuru isoza umwaka nabi nta mafaranga yo kwifata neza.
Mu gihe kenshi usanga igihe cya Noheri abantu benshi bahitamo kujya mu nsengero ndetse bakanakesha, mu mujyi wa Nyagatare ho abenshi bari mu tubari babyina abandi mu nzu z’urubyiniro zimwe mu nsengero zifunze imiryango.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore mushya, madamu Kamanzi Jackline avuga ko ubunararibonye afite mu rugamba rwo guteza imbere umugore azakomeza kubukoresha ajya inama n’abandi aho ari ho hose bizaba ngombwa.
Inama y’umutekano yaguye yahuje inzego zitandukanye mu karere ka Rutsiro tariki 23/12/2014 yaganiriye ku kibazo cy’uburyo bwo gukaza umutekano muri iyi minsi mikuru ya Noheri n’ubunani hakaba hafashwe ingamba zo gukaza amarondo.
Mu gihe hasigaye iminsi 10 ngo igihe ntarengwa cy’amezi atandatu FDLR yahawe ngo ibe yashyize intwaro hasi ku bushake kirangire, abarwanyi 163 gusa nibo bamaze gushyira itwaro hasi akaba aribyo igihugu cya Angola giheraho gishyigikira ko igihe FDLR yahawe nikirangira izaraswa.
Nk’uko bitangazwa na bamwe mu batuye akarere ka Rulindo ngo babazwa n’uburyo ubuyobozi butareka ngo bahinge amasaka kandi yera mu karere kabo.
Mu ruzinduko Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka yagiriye mu karere ka Nyaruguru kuri uyu wa gatatu tariki 24/12/2014 yasabye ko abayobozi banyunyuza imitsi y’abaturage n’abatita ku nshingano zabo bagomba guhanwa by’intangarugero.
Mu gihe isi yose yizihiza umunsi mukuru wa Noheri kuri uyu wa 25 Ukuboza, mu mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi abaturage baho baravuga ko bimwe mu biribwa bikunze gukoreshwa byazamuye ibiciro cyane cyane umuceri, inyama n’ibirungo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko buzishyura Ndamage Sylvain ibye byasenywe nyuma y’uko kari kamuhaye ibyangombwa byo kubaka hadakurikijwe igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Muhanga, kagahindukira kakamusenyera.
Ikipe ya APR FC ni yo yinjiye mu minsi mikuru n’akanyamuneza nyuma yo kunyagirira Kiyovu Sports kuri stade Amahoro ibitego 5-0 bitumye ishimangira umwanya wayo wa mbere muri shampiyona y’icyiciro cya mbere yakinwaga umunsi wayo wa 11.
U Rwanda nta kibazo rufitanye n’ibindi bihugu, rwiteguye FDLR yaza irwana cyangwa itarwana kandi ntacyo rutwawe n’icyemezo cyo guhagarika inkunga k’u Bubiligi; nk’uko byemezwa n’umuvugizi wa Leta akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo.