Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu basanga ibyiciro by’ubudehe bashyirwamo bidakwiye gushingirwaho na Minisiteri zose igihe zifata ibyemezo.
Muri uyu mwaka ibyumba by’amashuri abanza 34 nibyo bizubakwa mu rwego rwo kuvugurura amashuri ashaje, kimwe no kongera ibyumba aho bitari.
Abakobwa bo mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Musanze bari mu cyiciro cy’urubyiruko bavuga ko batakoresha agakingirizo kuko ari icyaha, ndetse ngo bagira impungenge ko bashobora kugakoresha kakabaheramo bakaba bapfa.
Bamwe mu barobyi bo mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko bizeye impinduka mu mikorere yabo ya buri munsi no mu musaruro nyuma y’aho bitoreye ubuyobozi bushya.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Burera bavuga ko muri iki gihe umuntu waba intwari ari uwakora ibikorwa bigirira akamaro Abanyarwanda muri rusange birimo gusigasira umutekano ndetse no gukura abantu batandukanye mu bushomeri.
Umuhanzikazi Young Grace nyuma yo kugaragaza ko afite impano yo kudoda no guhanga imideli yatangiye kuyiteza imbere no kuyibyaza inyungu.
Mu rwego rwo gukomeza gushishikariza abaturage gukoresha ifumbire no kubereka uko hakorwa ifumbire y’imborera ikozwe nk’ikirundo, umuganda usoza ukwezi kwa Mutarama 2015 mu Karere ka Ngororero wibanze cyane cyane ku gukora iyo fumbire hifashishijwe ababifitemo ubumenyi hamwe n’abaturage ubwabo.
Abaturage b’Akagari ka Mukomacara mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara baravuga ko ivuriro riciriritse (poste de Santé) bagiye kwegerezwa rizabaruhura imvune bagiraga bajya gushaka serivisi z’ubuvuzi.
Rumwe mu rubyiruko rw’abasore bo mu Murenge wa Cyabingo mu Karere ka Gakenke bavuga ko bidashoboka ko umusore ashobora kubona umugeni atabanje kubaka inzu, nyamara ngo ubushobozi bwo kubaka inzu bubona umugabo bugasiba undi.
Bamwe mu batuye Akarere ka Gisagara barahamya ko gukurungira cyangwa gusiga inzu ingwa ari kimwe mu bifasha abaturage b’amikoro make kugira isuku z’inzu zabo, kuko birinda kuba banarwara imbaragasa, kandi n’aho batuye hakagira isura nziza.
Bamwe mu baturage bahawe akazi mu bikorwa byo guca imirwanyasuri no gutera ibiti ku nkengero z’umugezi w’Akanyaru mu Murenge wa Mamba ho mu Karere ka Gisagara bavuga ko iki ari igikorwa cyiza, kuko ngo uretse kubungabunga ubutaka bwabo baburinda isuri ngo bizanabafasha mu iterambere ryabo.
Umunyamabanga Mukuru mushya w’Ikigo Mpuzamahanga cy’Itumanaho (ITU), Houlin Zhao yageze mu Rwanda kuri iki cyumweru tariki ya 01/02/2015 mu ruzinduko azasoza tariki ya 04/02/2015.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe bibukijwe ko ubutwari ari ikintu cyose umuntu akoze cyagirira rubanda nyamwinshi akamaro kandi bushobora kugaragarira mu buzima bwose bw’igihugu.
Inka ihaka yari yibwe mu Karere ka Kisoro, muri Uganda igafatirwa mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, yashubijwe nyirayo ku cyumweru tariki ya 01/02/2014, mu muhango wabereye mu Murenge wa Cyanika.
Umutoza w’ikipe ya Police FC Cassa Mbungo Andre asanga bigoranye kugirango umupira w’amaguru w’u Rwanda uzatere imbere, kuko ubu ukorerwamo byinshi biwushyira ku rwego rwo hasi.
Ikipe ya APR FC ni yo yegukanye irushanwa ryateguwe na Society for Family Health mu rwego rwo kumenyekanisha agakingirizo ka Prudence, aho iyi kipe y’ingabo z’igihugu yashoboye gutsinda Police ibitego 2-1 ku mukino wnayuma w’iri rushanwa wabaga kuri iki cyumweru.
Abanyarwanda barakangurirwa kurangwa n’ubutwari mu byo bakora umunsi ku w’undi, kuko intwari yibukwa ari izibera Abanyarwanda bose urugero, nk’uko byagarutsweho ubwo hizihizwaga umunsi w’intwari z’u Rwanda, kuri iki cyumweru tariki 1/2/2015.
Umuganda wakozwe n’abaturage b’akarere ka Gasabo ku rwego rw’akarere ukabera mu murenge wa Kimihurura, aho abaturage bacukuye imirwanyasuri ahahoze hitwa Kimicanga mu Kagali ka Kamukina, wahawe agaciro ka miliyoni ebyiri n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza barasabwa kwizihiza umunsi w’intwari bagera ikirenge mu cyazo, kandi bigakorwa mu ngeri zose z’imibereho y’abantu n’iy’igihugu muri rusange.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma burasaba abagura ibibanza mu mujyi wa Ngoma kwitonda bakabanza bakabaza mu biro by’ubutaka igiteganyirijwe aho bashaka kugura, kugira ngo bahagure bazi ikihateganirijwe mu gishushanyo mbonera cy’umujyi giherutse kwemezwa.
Abaturage b’imidugudu ya Rwarucura na Ryabega akagali ka Mbare umurenge wa Karangazi bemeza ko ubutaka bwa hegitari ebyiri bwari bwaragenewe isoko bwahawe abantu bishoboye nyuma yo kubeshya bari abatuye mu manegeka.
Akarere ka Nyanza niko kaza ku isonga mu turere 8 tugize Intara y’Amajyepfo mu micungire idahwitse y’imali ya Leta, n’amakosa 89 yo mu buryo butandukanye mu ngengo y’imali ya 2012-2013.
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi yabwiye abaturage ko agaye ku mugaragaro bamwe mu bayobozi batekinika bagahimba imibare minini y’abaturage bafite ubwishingizi mu kwivuza, aho usanga iyo mibare itajyana n’amafaranga yatanzwe kugira ngo kwivuza ndetse n’imiti iboneke mu bitaro no mu bigo nderabuzima.
Bamwe mu bakirisitu basengera mu itorero Pantekoti mu Rwanda, bakunze kwita abarokore, batuye ku Kirwa cya Bugarura giherereye mu Murenge wa Boneza ho mu Karere ka Rutsiro batangaza ko kuboneza urubyaro ari icyaha bityo bakaba batabikozwa.
Uwanyirigira Chantal utuye mu Mudugudu wa Rugwiro, Akagari ka Kidahwe, Umurenge wa Nyamiyaga mu Karere ka kamonyi yinjiye mu mwuga wo gufotora abitewe n’uko icyaro atuyemo bakeneraga amafoto bakabura ubafotora.
Abagana Kantine y’akarere batangaza ko babangamiwe no kutabona ubwiherero bakoresha igihe bibaye ngombwa kuko bufunze.
Umwana w’imyaka 17 usanzwe ari umukozi wo mu rugo mu Kagari ka Ruhanga, Umurenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka ibiri n’igice ku mugoroba wo kuwa kane tariki 29/01/2015.
Abapolisi babiri bakorera mu Karere ka Bugesera bakoze ibikorwa by’indashyikirwa banga kwakira amafaranga bagenewe ya ruswa kugira ngo bafungure abantu cyangwa ibintu bashimiwe ku mugaragaro n’ubuyobozi bwa polisi ku rwego rw’igihugu.
Gushyira mu bikorwa itegeko rihana abatitabiriye umuganda nibyo bizatuma abaturage b’Akagari ka Nyagatare barushaho kuwitabira.
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi arasaba abaturage kunganira Leta mu bikorwa by’iterambere binyuze mu muganda.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo ushinzwe gutwara abantu n’ibintu, Nzahabwanimana Alexis, kuwa 30/01/2015, yatangije ku mugaragaro imirimo yo gusana ikibuga cy’indege cya Kamembe giherereye mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi.
Minisitiri w’intebe, Murekezi Anastase yatangaje ko yanyuzwe n’ibikorwa by’amajyambere biri kugera mu Karere ka Nyamasheke birimo umuhanda wa kaburimbo uri kubakwa, ashima uburyo urubyiruko ruri kwitabira gukora imyuga mu gakiriro ndetse ashima intera ibitaro bya Bushenge bigezeho mu guha serivisi nziza ababigana.
Mukangarambe Asinath wo mu Murenge wa Kigina, Akarere ka Kirehe yiyahuye anyweye umuti wa tiyoda bamugejeje mu bitaro ahita apfa.
Amakipe ya APR FC na Police ni yo azakina umukino wanyuma w’irushanwa ryitiriwe Prudence nyuma yo gusezerera As Kigali na Rayon Sports yahuraga na yo kuri uyu wa gatandatu.
Abanyeshuri 989 bashyikirijwe impamyabumenyi zo kugororwa no kwiga imyuga nyuma y’umwaka bamaze mu kigo ngororamuco no kwigisha imyuga cya Iwawa, mu muhango wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 31/1/2015.
Abahinzi b’urusenda bibumbiye amatsinda agizwe n’urubyiruko rutagize amahirwe yo gukomeza amashuri rwo mu karere ka Bugesera baratangaza ko bagiye kongera imbaraga mu buhinzi bwarwo kuko basanze ruteza imbere abaruhinga.
Bamwe mu bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe bo mu kagari ka Kidahwe mu murenge wa Nyamiyaga, bibumbiye mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya, maze abafasha kubona igishoro cyo gukora imishinga ibateza imbere muri gahunda bise “nshore nunguke.”
Minisitiri w’umuco na siporo Joseph Habineza yashishikarije abanyeshuri biga mu kaminuza yigenga ya ULK ishami rya Gisenyi ko buri wese ashobora kuba intwari abiharaniye, kuko biharanirwa bitavukanwa.
Kuba intwari y’u Rwanda Fred Gisa Rwigema yaratabarukiye mu murenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare, abatuye uyu murenge bifuza ko umusozi yaguyeho wagirwa ahantu nyaburanga kuko ubitse amateka y’ubutwari.
Nk’uko bisanzwe buri wa gatandatu wa nyuma w’umuganda, Kigali Today ibagezaho uko igikoa cy’umuganda kiba cyagenze hirya no hino mu gihugu. Uyu munsi twabahitiyemo amwe mu mafoto abanyamakuru bacu baherereye mu turere dutandukanye bafashe agaragaza uko umuganda w’uyu munsi tariki 31/1/2015 witabiriwe.
Umuyobozi bw’akarere ka Burera bufatanyije na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) batangaza ko isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika rizatangira kubakwa bidasubirwaho mu kwezi kwa 3/2015, nyuma yuko umushinga wo kuryubaka wasaga nkuwahagaze.
Iyamumpaye Rwaka Marcellin wari usanzwe akorera banki ya Kigali (BK) mu Karere ka Nyamasheke yakatiwe igifungo cy’imyaka irindwi, ihazabu ya miliyoni 10 ndetse na miliyoni esheshatu z’indishyi z’akababaro, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, kunyereza umutungo n’imikoreze mibi yonona umutongo wa BK.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, James Musoni atangaza ko icyererekezo 20-20 u Rwanda rwifuza kugeraho rutakigera Leta ifatanyije gusa n’abikorera, ngo uruhare rw’amatorero ni ngombwa, akaba ashimira umusanzu utangwa n’itorero ry’Abangilikani mu Rwanda (EAR), Diyoseze ya Shyira.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, uri mu ruzinduko mu karere ka Rusizi, atangaza ko uruganda rwa Nyiramugengeri ruri kubakwa nirumara kuzura ruzagira akamaro gakomeye, birimo kuba umutungo kamere w’igihugu uzaba utangiye kubyazwa umusaruro uzakoreshwa mu nganda n’ahandi mu gihugu.
Abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports bahuriye muri Fan Club ya Gikundiro Forever, kuri uyu wa kane basezeye abari abakinnyi babo Sibomana Abuba na Nizigiyimana Karim barangije kwerekeza mu ikpe ya Gor Mahia yo muri Kenya.
Inteko idasanzwe y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa, yaraye yemereye amakipe atandatu kuzakina shampiyona y’icyiciro cya kabiri agasanga ayandi 19 yari asanzwe yaremejwe kuzitabira iyi shampiyona izatangira mu cyumweru gitaha.
Umuyobozi w’ingabo z’ u Rwanda mu ntara y’Iburengerazuba, Maj Gen Mubarakh Muganga avuga ko ibikorwa byo kurwanya FDLR muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ntacyo bizahungabanya ku mutekano w’u Rwanda kuko urinzwe neza.
Ubuyobozi bw’umutwe wa FDLR bwasabye guhabwa iminsi 30 kugira ngo bube bwashyize intwaro hasi mu gihe leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yatangaje ko ibikorwa byo kuyirwanya bitangiye.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Umunyakenyakazi Njoroge Lovini Wanjiru wari ufite ibiro bibiri n’igice by’ikiyobyabwenge cya Cocaine bifite agaciro ka miliyoni zigera kuri 85 z’amafaranga y’u Rwanda, yari avanye mu mujyi wa Sao Paolo muri Brazil yerekeza muri Kenya.
Abatuye mu Murenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke bavuga ko baheze mu bwigunge bitewe no kuba batagira umuhanda ukoze neza ubahuza n’iyindi mirenge baturanye.