N’ubwo intara y’Amajyaruguru ari yo iza ku isonga mu kugira ingomero zitanga amashanyarazi nyinshi mu Rwanda, ibipimo biragaragaza ko abafite amashanyarazi muri iyo ntara ari 15% gusa by’abayituye bose.
Abadepite mu Nteko ishinga amategeko barasaba abayobozi b’imirenge, utugari n’imidugudu mu Karere ka Muhanga kwiminjiramo agafu bagasanga abaturage bakabakemurira ibibazo ku gihe, kuko ngo iyo umuturage atibona mu muyobozi gahunda za Leta zihadindirira.
Polisi y’u Rwanda yatangiye kwiga uburyo yashyiraho ishami ryihariye rya Polisi rishinzwe kurwanya iyinjizwa mu Rwanda ry’imiti y’imyiganano n’indi ya forode, mu buryo bwo gukumira ikwirakwizwa ryayo mu Rwanda.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero cyane cyane abaharokokeye n’abandi bafite ababo bahiciwe muri jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 bahiritsweho kiliziya, bakomeje kubabazwa n’uko hatarubakwa urwibutso rutunganye rwo gushinguramo imibiri iharuhukiye ndetse no kubika amateka y’ibyahabaye.
Karangwa Hussein bita Mahungu ari mu maboko ya Polisi, sitasiyo ya Nyagatare akekwaho kwiba imiti yifashishwa mu kuvura abantu n’imifariso bifite agaciro k’ibihumbi 372.
Umusore Kamana Jean François Regis utuye mu Mudugudu wa Mubumbano mu Kagari ka Mikingo mu Murenge wa Kagano,mu Karere ka Nyamasheke avuga ko yakuranye ipfunwe rikomeye ryo kuvukira mu muryango ukennye byatumaga aho yanyuraga hose haba we n’abavandimwe be babinuba ndetse bakabanena, nyamara nyuma yo gutekereza no gufata (…)
Mu rugendo bamwe mu basirikari bakuru biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama bagiriye mu Karere ka Rwamagana kuwa Gatatu, tariki ya 4/02/2015, bishimiye ko iterambere ry’ingufu z’amashanyarazi rigenda rizamura iterambere ry’abaturage kandi bagaragaza ko amashanyarazi ubwayo yunganira umutekano rusange.
Ku gicamunsi cyo kuwa 04/02/2015, inzego z’umutekano zataye muri yombi abayobozi b’utugari dutanu two mu Murenge wa Nyakarenzo ndetse n’umukozi ushinzwe ubuhinzi n’ushinzwe ubworozi muri uyu murenge, bakekwaho gukoresha nabi amafaranga ya VUP agenewewe gufasha abaturage.
Polisi y’u Rwanda irakangurira abafite imbwa kuzicunga no kuzikingiza kugira ngo hirindwe ibibazo by’umutekano muke zishobora guteza.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri abanza yo mo turere tugize intara y’Amajyepfo turimo utwa Kamonyi, Muhanga, Ruhango na Nyanza ntibavuga rumwe na Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda ku mibare y’abana ivuga ko bataye ishuri mu mwaka ushize wa 2014.
Minisitiri w’Imari n’igenamigambi (MINECOFIN), Ambasaderi Gatete Claver arahamagarira abashoramari b’abanyamahanga kuza gukorera mu Rwanda kubera amahirwe ahari mu kongera ubukungu bw’igihugu n’abagituye.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, rwari rwimuriye imirimo yarwo mu Mudugudu wa Cyenjojo, Akagari ka Cyenjojo, Umurenge wa Rwempasha, ku wa 04/02/2015 rwakatiye Ntambara Jean Damascène w’imyaka 22 y’amavuko igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica atemaguye sebuja yaragiriraga inka.
Polisi y’igihugu yashyikirije ibihembo itorero Twizerane ryo mu Karere ka Rubavu ryatwaye umwanya wa kabiri mu ntara y’Uburengerazuba mu gukora ibihangano bishishikariza abantu gukorana na Polisi y’igihugu mu bikorwa byo kwirindira umutekano.
Pasiteri Rutabangira Elie wo mu itorero ry’abangirikani mu Rwanda (EAR) yapfuye ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 03/02/2015 ubwo yari atwaye moto akagongana n’imodoka itwara abagenzi ya sosiyete ya Matunda.
Abaturage b’abanyafurika batari bake bakomeje guca agahigo mu gukoresha nabi inzitiramibu ugereranyije n’abandi batuye ku yindi migabane igize isi.
Umunyamabanga mukuru w’Ikigo mpuzamahanga ry’Itumanaho (ITU), Zhao Houlin arizeza Abanyarwanda ko uyu muryango uzagira uruhare mu gushyigikira ibigo bito bihanga udushya mu ikoranabuhanga, kugira ngo nabyo bigire uruhare mu bukungu n’iterambere ry’u Rwanda.
Kamanzi Damien bahimba “Murundi” wamamaye cyane mu mujyi wa Nyanza wahoze ari inzererezi izwi ho urugomo n’ibikorwa by’ubujura, ubu aremeza ko avuye mu kigo ngororamuco giteza imbere imyuga cya Iwawa yarahindutse, ndetse atandukanye n’uwo yahoze ari we mbere.
Bamurange Jeanine ukomoka mu Kagari ka Rukoma mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu, mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 04/02/2015 abaturage bamusanze hagati mu ngo ahitwa ku Kibuye, mu Kagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza atazi iyo ari ameze nk’uwapfuye.
Umugabo witwa Ndikuyeze Fabien wari utuye mu Mudugudu wa Gacaca, Akagari ka Rwagihura, Umurenge wa Nyankenke mu Karere ka Gicumbi bamusanze mu nzu amanitse mu mugozi yapfuye.
Ubuyobozi bw’ibitaro by’akarere bya Shyira buratangaza ko ikigero cy’ababyeyi babyarira kwa muganga mu Karere ka Nyabihu cyazamutse kikava kuri 47% cyariho muri 2012 bakagera kuri 87% mu mpera za 2014.
Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Gisirikari rya Nyakinama Brigadier General Charles Karamba aratangaza ko Akarere ka Muhanga gafite umwihariko gashobora kubyaza ingufu z’amashanyarazi ugereranyije n’utundi turere two mu Ntara y’amajyepfo.
Bamwe mu basirikare bakuru bari kwiga mu ishuri rya Nyakinama bavuga ko Akarere ka Nyamasheke kari gutera imbere ku buryo bugaragara mu kubaka no guha abaturage bako ingufu zituruka ku mashanyarazi.
Bamwe mu baturage bo mu mirenge inyuranye igize Akarere ka Ngororero baratakambira akarere basaba ubuyobozi bwako kubarenganura kuko hari abayobozi bababuza kwivuza ku buryo bwa gakondo kandi ubundi buvuzi bwarananiwe indwara bafite bavuga ko zikomoka ku marozi.
Uruzinduko rw’iminsi 10 itsinda ry’abagize inteko ishinga amategeko ryari ryagiriye mu Karere ka Rutsiro rwasojwe kuwa kabiri tariki ya 03/02/2015, rusize hari ingamba zifashwe harimo no kugarura mu kazi abakozi b’ibigo nderabuzima bari barirukanywe.
Urubuga rwa Internet rw’ikipe ya Rayon Sports rumaze iminsi ibiri rwarahagaritswe nyuma yaho ubuyobozi bw’iyi kipe butashyiriye mu bikorwa amasezerano bari bumvikanye n’abarukoze.
Abanyeshuri b’abasirikari bakuru biga mu ishuri rikuru rya Girisirikari iri i Nyakinama, mu Karere ka Musanze, barasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Burera gushyira imbaraga mu kwegereza abaturage umuriro w’amashanyarazi, kuko abayafite bakiri bake kandi ariho hari urugomero rw’amashanyarazi rutanga amashanyarazi hirya no hino mu (…)
Mu gihe abatuye Akarere ka Ngoma batungwa agatoki mu kutihutisha iterambere ryako bashyiramo ibikorwa remezo nk’amazu n’ibindi, ubuyobozi bw’aka karere burabasaba kuhashora imari byabananira ab’ahandi bakabatwara amahirwe.
Abarobyi barobera mu kiyaga cya Kivu basaba ubuyobozi bwabo cyangwa ubuyobozi bwite bwa Leta kubafasha kubona ibikoresho bijyanye n’igihe bazajya bifashisha igihe bashatse kwiherera bari mu kivu, dore ko bamaramo ijoro ryose baroba amafi n’isambaza.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, Ngabo James aratangaza ko hakozwe ivugurura mu bakozi b’akarere, bamwe bakaba bahinduriwe imyanya n’aho abandi barashyirwa mu myanya mishya.
Amakuru atangwa n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero aravuga ko umuntu umwe yamaze kwitaba Imana naho abandi 9 harimo 3 barembye bakaba bari mu bitaro kubera impanuka y’modoka itwara abagenzi (minibus), yabaye kuwa 02/02/2015.
Umubyeyi witwa Nayino Genaroza acumbitse mu Karere ka Muhanga, Umurenge wa Nyamabuye, Akagari ka Gitarama, aho yaje gutura ahungutse ava muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) agasanga umutungo we yari afite mu mujyi wa Kigali warabohojwe (waratwawe n’abandi bantu ku ngufu) kuva muw’1994.
Umusaza witwa Masikini Michel w’imyaka 68 y’amavuko yafatanywe igiti kimwe cy’urumogi yahinganye n’imyaka ye yitagaho ndetse akaba yari yaranatangiye kugisarura.
Urukiko rukuru, urugereko rwa Rusizi rwanze ubujurire bwa Nzeyimana Oscar wahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Rusizi na bagenzi be ku cyemezo cyo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo bafatiwe n’urukiko rwisumbuye rwa Rusizi.
Abanyeshuri bo mu ishuri rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama batangariye iterambere abaturage b’Akarere ka Bugesera bamaze kugeraho barikesha umuriro w’amashanyarazi ndetse no gukoresha biogas mu ngo zabo.
Nyampinga w’u Rwanda wa 2014, Miss Akiwacu Colombe, afatanyije n’Umuryango “Unity Family” w’urubyiruko rwo mu Karere ka Rwamagana rwarokotse jenoside yakorewe Abatutsi, kuwa Kabiri tariki ya 03/02/2015 yatangije ku mugaragaro igikorwa cyo kubaka inzu izatuzwamo abakecuru b’incike 4 basizwe iheruheru na jenoside yakorewe (…)
Minisitiri w’ingabo wungirije muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), René Nsibu, kuva tariki ya 02/02/2015 ari mu Rwanda aciye mu Karere ka Rubavu kugira ngo akurikirane ikibazo cy’abarwanyi ba M23 bahungiye mu Rwanda mu mwaka w’2013.
Itsinda ry’intumwa za rubanda ryari riri gusuzuma uko gahunda za Leta zigera ku baturage zigenerwa mu Karere ka Nyabihu rirasaba ko umwanda ukigaragara hirya no hino wahagurukirwa.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke bararana n’amatungo mu nzu baravuga ko batayobewe ko ari bibi, ariko ngo nta kundi babigenza kugira ngo bacunge umutekano wayo.
Mu ruzinduko bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko bamazemo iminsi mu Karere ka Nyaruguru basanze abagatuye hari intambwe bamaze gutera mu iterambere, gusa bavuga ko hakiri ikibazo cy’umwanda ukabije kugeza n’ubwo bamwe mu baturage bakirarana n’amatungo mu nzu.
Abatuye Akarere ka Gisagara barahamya ko ari ngombwa ko nabo bagira ingengo y’imari mu ngo igamije kubafasha gucunga umutungo wabo.
Umuyobozi wa East African Promoters (EAP), Mushyoma Joseph uzwi ku izina rya Boubou, avuga ko nta muhanzi nyarwanda n’umwe bafitanye ikibazo ku buryo byatuma abuzwa kwitabira irushanwa rya Primus Guma Guma Superstar [PGGSS] rigiye kuba muri uyu mwaka ku nshuro ya ryo ya gatanu kuva ritangijwe mu Rwanda.
Umuhanzi Alpha Rwirangira arasaba umukunzi we gutekereza ku buzima bwe buri imbere. Ibi uyu muhanzi abivuze nyuma y’iminsi ishize havugwa amakuru y’itandukana rye n’umukobwa Uwingabire Estherbakundanaga uri hafi no kubyara, inda Alpha Rwirangira yemeza ko ari iye.
Abarobyi bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bafatiwe mu kiyaga cya Kivu ku ruhande rw’u Rwanda bakoresha imitego itemewe kurobeshwa mu Rwanda izwi ku izina rya Kaningini.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), Rosemary Mbabazi atangaza ko ingengo y’imari y’umwaka wa 2014-2015 izarangira hakozwe inyigo y’ikigo kigorora abana b’abakobwa b’inzererezi n’abakoresha ibiyobyabwenge, kuko byagaragaye ko hari abakobwa nibura 300 buri mwaka bafatwa kubera gukoresha (…)
Umuyobozi ushinzwe iyubahirizwa ry’ uburinganire mu gihugu cya Senegal, Fatou Diop, aratangaza ko ibihugu byinshi bifite icyo byakwigira ku bunararibonye bw’u Rwanda mu kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina, irikorerwa mu ngo ndetse n’irikorerwa abana.
Abasore bo mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Musanze bahamya ko hari abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 14 na 18 bishoye mu ngeso z’uburaya bahabwa amafaranga ari hagati ya 200 na 500 kugira ngo babasambanye.
Ubwo intumwa za Rubanda mu nteko ishinga amategeko zasuraga Umurenge wa Gikundavura wo mu Karere ka Rusizi zatunguwe n’ibiro uwo murenge ukoreramo, kuko bakihagera bakubitswe n’icyuka cy’impumuro mbi yavaga muri ibyo biro.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu mu Rwanda aratangaza ko ibyiciro by’ubudehe abaturage bari gushyirwamo iki gihe ntaho bihuriye na zimwe muri gahunda za leta zirimo ubwisungane mu kwivuza bita Mituweli (MUSA) ndetse na bourse, inguzanyo leta igenera abanyeshuri batsindiye kwiga muri kaminuza.
Umuyobozi w’ikipe ya Rayon Sports Ntampaka Theogene ndetse n’uw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Nzamwita Vincent De Gaulle, baraye bagiranye ibiganiro bigamije gushakira ubufasha ikipe ya Rayon Sports ngo ibe yakwishyura umwenda ifitiye uwari umutoza wayo Raoul Shungu.