Abapolisi babiri bashinjwa kwica Makonene Gustave wakoreraga umuryango urwanya ruswa Transparency International Rwanda basabiwe gufungwa burundu; ni mu rubanza rwaburanishijwe n’urukiko rwisumbuye rwa Rubavu kuri uyu wa 30/12/2014.
Umurusiya Pablo Kumin ukora akazi ko gusokoza abantu bakunze kwita umukuwaferi (coiffeur), akanaba umuhanzi mu bijyanye no kwambara (mode), yifashisha imisatsi mu gukora amakazu.
N’ubwo Umunyarwanda yemerewe gutura aho ariho hose mu gihugu cye ariko nanone ngo ntakwiye kuba umutwaro aho agiye gutura hashya; nk’uko bisobanurwa na Depite Bwiza Sekamana Conny.
Amakipe y’abana azitabira irushanwa ry’abatarengeje imyaka 15 (U15) yahawe kugeza kuwa gatanu tariki 2/1/2014 ngo abe arangije kwiyandikisha mbere yo gutangira shampiyona mu kwezi kwa kabiri k’umwaka wa 2015.
Kuri uyu wa mbere tariki 29/12/2014 hakinwaga umunsi wa kabiri w’irushanwa risoza umwaka wa 2014 muri Karate ryiswe National Anti Malaria Senior Karate championship, irushanwa ryateguwe n’ishyirahamwe rya’umukino wa karate mu Rwanda (FERWAKA) ku bufatanye n’Imbuto Foundation.
Mu biganiro byahuje abadepite bagize komisiyo y’imibereho myiza n’ubuzima bw’imyororokere n’abafite aho bahuriye n’imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyagatare, tariki 29/30/2014, byagaragaye ko ibibazo abana bahura nabyo biterwa n’ababyeyi bateshutse ku nshingano zabo zo kurera.
Umugabo witwa Rusurabeza Merikuru utuye mu mudugudu wa Mibilizi, akagari ka Kigese, mu murenge wa Rugalika, yishe umugore we Ayinkamiye Francine mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 28/12/2014.
Abakinnyi b’ikipe y’Isonga FC baratangaza ko batiteguye gusubira mu kibuga mu gihe ubuyobozi bw’iyi kipe butabahaye ibyo bwabemereye. Ibi bibaye mu gihe Isonga yitegura umukino na APR FC tariki 6/1/2015.
Bamwe mu bakora muri farumasi mu karere ka Nyamagabe bavuga ko bahura n’imbogamizi z’abaturage baza kugura imiti kandi nta ruhushya rwa muganga bafite, bitewe n’uko nta bwisungane mu kwivuza bishyuye bakiringira kuzagana farumasi igihe barwaye.
Orchestre Ramuka Jazz Band ikorera mu murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke bakaba baririmba indirimbo Gakondo mu birori bitandukanye bemeza ko bahisemo gucuranga mu buryo bw’umwimerere (live) kuko ariyo abantu bakunda kandi n’ibikoresho byibanze bisabwa bakaba babyifitiye.
Ubwo abarwanyi 83 ba FDLR bishyikirizaga MONUSCO muri Kivu y’Amajyaruguru tariki 28/12/2014, abandi barwanyi 67 hamwe n’abo mu miryango yabo 184 bari muri Kivu y’Amajyepfo nabo bashyize intwaro hasi.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harelimana, yibukije urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ko umutekano w’igihugu ushingiye kuri bo kuko bafite inshingano zo kubikumira bitaraba bigisha bagenzi babo ndetse banatanga amakuru hakiri kare.
Ubujura bubera mu ngo bukomeje kwiyongera, nk’uko hirya no hino mu gihugu abaturage babyinubira, ndetse na Perezida wa Repubulika Paul Kagame aherutse gusaba abayobozi b’inzego z’ibanze guhagurukira iki kibazo.
Abanyamahirwe babiri ari bo Kabongo Patrick na Jean Marie Ange Mukakibibi, nibo begukanye amahirwe yo gutemberera mu mijyi itandukanye ku isi, muri tombola ya Heineken yakozwe na Bralirwa kuri uyu wa mbere tariki 29/12/2014.
Umuhanzi Kizito Mihigo hamwe na Ntamuhanga Cassien, ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa burundu naho Dukuzumuremyi Jean Paul asabirwa imyaka 50 mu gihe Agnes Niyibizi we yasabiwe imyaka 25. Bose bashinjwa ibyaha bitandukanye birimo gushaka guhirika ubutegetsi no kugirira nabi umukuru w’igihugu.
Mukaruremesha Annonciatta arashakisha umugabo we Uwineza Boniface babanaga mu karere ka Gisagara mu murenge wa Kibingo mu kagari ka Kavumu avuga ko yamucitse bamaze kugurisha umutungo wabo wose hagasigara inzu gusa.
Umusore witwa Ndayambaje Theodomir wari ufite imyaka 32 biracyekwa ko yiyahuye akijugunya mu kigega cya Biogaz gusa kugeza na n’ubu ntiharamenyekana impamvu yamuteye kwiyahura.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu karere ka Gicumbi biyemeje ko bagiye gukora bashyira imbere inyungu z’umuturage banamufasha guhindura imyumvire kuburyo mu mwaka wa 2015 nta muturage wo muri aka karere uzaba ukiri munsi y’umurongo w’ubukene.
COMFORT INN GUEST HOUSE iherereye mu murenge wa Ndora mu karere ka Gisagara yasangiye Noheli n’ubunani n’abatishoboye biganjemo inshike zarotse Jenoside yo muri mata 1994 batuye muri uyu murenge.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Akimpongo, Akagari ka Mutovu mu Murenge wa Bugeshi wo mu Karere ka Rubavu, mu rucyerera rwo kuri uyu wa mbere tariki ya 29/12/2014 batewe n’Imbogo 3 zibasira imyaka yabo, mu gihe bagize ngo ni inka bagiye kuzirukana zirabakomeretsa.
Ikipe yo mu Misiri ya Zamalek iri mu kiriyo cy’urupfu rw’umukinnyi wayo ukiri muto Yousef Mohi waraye witabye Imana nyuma y’impanuka y’imodoka yabaye kuri iki cyumweru tariki 28/12/2014.
Umukino wo hagati w’ikipe ya APR FC Sibomana Patrick Papy agiye kumara ibyumweru bibiri atajya mu kibuga nyuma yo kuvunikira mu mukino ikipe ya APR FC yanyagiyemo Kiyovu ibitego 5-0 tariki 24/12/2014.
Bamwe mu banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bashimira Leta y’u Rwanda yabakiriye, ariko bakavuga ko bashimira byimazeyo uburyo abaturanyi babo babakiriye.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arakomeza gushishikariza abaturage bo muri ako karere kujya bajya muri Uganda bafite ibyangobwa kandi banyuze ku mupaka ahemewe n’amategeko.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara rurahamagarirwa kwibumbira mu makoperative rugakorera hamwe rukaba rwanaterwa inkunga.
Imiryango itandukanye yo mu Karere ka Gisagara yabanaga itarasezeranye imbere y’amategeko ubu ikaba yarasezeranye, iratangaza ko byahinduye imibereho yari ifite cyane cyane ku bagiranaga amakimbirane.
Abaturage bo mu Murenge wa Kigina n’uwa Nyamugali mu Karere ka Kirehe bahangayikishijwe n’imbwa batazi aho iturutse yinjiye muri iyo mirenge ku mugoroba wo kuwa 27/12/2014 ari nako igenda iruma uwo isanze, abagera kuri 11 bakaba bamaze kugera mu bitaro bya Kirehe.
Abarwayi bagana ikigo nderabuzima cya Kirehe bakomeje kwinubira kuvurwa batinze bamwe bikabaviramo kurara batavuwe.
Ubukangurambaga bucye ku baturage no gucibwa amande mu gihe umubyeyi yarengeje iminsi 15 atandikishije umwana, ni byo biri ku isonga mu gutuma ababyeyi batandikisha abana mu bitabo by’irangamimerere mu karere ka Bugesera.
Abashofeli batwara imodoka na moto baratangaza ko mu masaha ya ninjoro babangamirwa cyane n’abatwara amagare baba badafite ibinyoteri by’inyuma ku magare yabo, akenshi bikabateza impanuka.
Abaturage bo mu murenge wa Ndora mu karere ka Gisagara, baratangaza ko imihigo y’ingo yatumye bagera kuri byinshi mu iterambere muri uyu mwaka turimo gusoza.
FDLR yatangaje ko nyuma ya taliki 2/1/2015 abagize akana k’umuryango w’abibumbye (UN) aribo bazi ikizaba, kuko uyu mutwe wo ukomeje gutsimbarara ko uzataha mu rwanda binyuze mu biganiro wifuza na leta y’u Rwanda.
Ubwo yasuraga urubyiruko rugize umuryango ‘Umumararungu’ w’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi baba mu nzu yubatswe ku nkunga yavuye muri “One Dollar Campaign”, Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yabijeje ko igihugu cyabo kibashyigikiye kandi kizakomeza kubarinda gusubira mu icuraburindi ryabagize impfubyi.
Abaturage bo mu murenge wa Burega n’uwa Buyoga barishimire iyubakwa ry’ikiraro kigiye kubakwa hagati y’iyi mirenge, kuko bazabasha guhahirana neza ubusanzwe byabagoraga kubera umugezi wacaga hagati y’iyi mirage ihana imbibe.
Abatuye umurenge wa Murama ho mu karere ka Ngoma,barasaba ko ishuri ryahoze ricumbikira abanyeshuri rya ES.Rukira,ryahindurwa ishuri ry’imyuga kuko inyubako ziri shuri ziri kononekara kubera amashuri atagikoreshwa yose kandi yaratwaye ingufu ababyeyi na leta yubakwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burasaba ibigo nderabuzima n’ibitaro bya Gihundwe na Mibirizi kugaragaza uruhare bagize mu micungire y’amafaranga y’ubwisungane mu buvuzi buzwi nka mitiweli no kwishyuza ibyo batakoze, nyuma ya raporo yakozwe n’ubugenzuzi bw’intara y’uburengerazuba ku micungire mibi y’amafaranga y’ubu bwishingizi.
Gufata neza ibikorwa remezo begerezwa cyane imihanda no kongera ibyumba by’amashuli y’uburezi bw’ibanze niyo ntego abaturage b’akagali ka Nyagatare bafite mu bikorwa by’umuganda w’umwaka utaha.
Mbere y’iminsi ine kugira ngo itariki ntarengwa FDLR yahawe ngo ibe yashyize intwaro hasi, uyu mutwe uratangaza ko ko witeguye kuba washyizw intwaro hasi ku bushake.
Nkundimana Valens, utuye mu kagari ka Migendezo, umurenge wa Cyinzuzi, akarere ka Rulindo, umunyeshuri urangije amashuri yisumbuye, akaba avuga ko we na bagenzi be bafite ibyo bakora ariko nta bushobozi bafite.
Ibibanza bikora ku muhanda nibyo bifite agaciro mu murenge wa Runda kuko aribyo bihabwa icyangombwa cyo kubyubakamo. Ku bw’iyo mpamvu abaturage bafite amasambu adakora ku muhanda, bemerera ubuyobozi gucishamo umuhanda ku buntu kugira ngo nayo agire agaciro.
Ku biro bya Polisi ya Murambi mu murenge wa Murambi mu karere ka Rulindo, hafungiye umusore w’imyaka 32, wo mu murenge wa Masoro, akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya ku gahato umwana wo mu muryango we ku ijoro rya Noheri tariki 24/12/2014.
Umuyobozi w’akarere ka Huye, Eugène Kayiranga Muzuka, aratangaza ko aka karere kafashe ingamba z’uko abarimu bazajya bakarabya abana baje ku ishuri basa nabi, nyuma y’aho inama y’umushyikirano iherutse yemereje ko isuku ikwiye kwitabwaho.
Amakuru aturuka mu gihugu cy’Ubuhinde atangaza ko uwari umutoza w’ikipe y’igihugu cy’u Rwanda Stephen Constantine yarangije kwemerera iki gihugu kugitoza mu myaka iri imbere.
Abaturage batuye mu kagali ka Congo-Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, batangaza ko bahinduye imyumvire yo gusesagura amafaranga mu minsi mikuru yabarangaga mu minsi yashize, aho wasangaga abantu bizihiza iminsi mikuru ku buryo budasanzwe.
Umuyobozi mushya w’akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Stephen, yatangiranye imirimo ye igikorwa cy’umuganda yakoreye mu murenge wa Jali, aho afatanyije n’abaturage bakoze imirwanyasuri ifite uburebure bwa bwa hegitari 5,5 mu ishyamba rya Jali riherereye mu kagali ka Nyaburiba umudugudu wa Nyarurembo.
Abahinzi bo mu Karere ka Ruhango cyane cyane abahuye n’indwara ya Kabore yibasiye imyumbati yabo yose igakurirwa hasi, barahamya ko ikibazo bahuye nacyo gishobora kubonerwa umuti.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba ko Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yabakorera ubuvugizi ku kibazo cy’ibura ry’ishwagara muri ako karere.
Umugabo witwa Uwimana Augustin w’imyaka 38 utuye mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro yatewe uruguma n’umuturanyi we ubwo yageragezaga kujya gukiza umwana we yakubitaga, kuwa kane Tariki ya 25/12/2014.