Muri gereza ya Rubavu abagororwa batangiye kwandika igitabo kigaragaza amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bavuga ko bizagamburuza abayipfobya.
Abari bagize Komite y’ikipe ya Kirehe bose bamaze gukurwaho n’ubuyobozi bw’akarere nyuma y’aho ikipe itari gutanga umusaruro.
Abahoze bacururiza mu mihanda bazwi ku izina ry’abazunguzayi bagasiye bakorera mu masoko bubakiwe muri Nyarugenge bifuza kongererwa igishoro kugira ngo bakore bakunguka ntibazongere gusubira mu muhanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA (Rwanda Revenue Authority) kirasaba FERWAFA ko amakipe ataratanga imisoro yayitanga bitarenze mu kwezi k’Ukwakira 2017.
Abatuye mu tugari twa Kimisagara, Katabaro na Kamuhoza mu Murenge wa Kimisagara bamaze amezi atanu nta mazi bafite kubera itiyo yayazanaga yacitse.
Abiga n’abakorera iruhande rwa Kaminuza ya Kigali babangamiwe n’umunuko w’amazi mabi aturuka mu nyubako ya Kigali Heights mu masaha y’ijoro.
Umwuka mubi uvugwa mu itsinda rya muzika rya Urban Boys si uwa vuba kuko abazi iri tsinda bahamya ko kuva ryashingwa wumvikanagamo.
Nshuti Allegra ufite imyaka 14 ni umwe mu banyeshuri batanu batsindiye kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa yo kwandika inkuru azabera muri Tanzania.
Iyo witegereje hirya no hino ku isi, usanga hari abantu bakora ibikorwa bibangamira abandi babyita uburenganzira bwabo, cyangwa se abandi bakamburwa uburenganzira bwabo ntibabimenye.
Bamwe mu bakora ubucuruzi buciriritse mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko batizigama, kuko batizera ko ibigo by’imari byabaguriza kubera ubuke bw’amafaranga bakorera.
Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta igaragaza ko mu mitangire y’ibizamini by’akazi hakigaragaramo uburiganya ku buryo hari n’abemererwa gukora ibizamini by’akazi batujuje ibyangombwa.
Abanyarwanda babiri bahinga Ikawa bari mu bahembwe kubera ubwiza bw’Ikawa bahinga bakanatunganya, ni umuhango wabereye ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye i New York.
Ababyeyi bo muri Nyagatare babuza abana kujya ku ishuri bagiye guhagurukirwa ku buryo uzafatwa azajya acibwa amande kandi asubize umwana ku ishuri.
Umuvunyi mukuru, Anastase Murekezi atangaza ko adashira amakenga zimwe mu nkiko zigira bamwe mu bashinjwa ibyaha bya ruswa abere kandi haba hari ibimenyetso byayo bifatika.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu iherutse kugaragaza ibinyoma bikubiye muri Raporo y’Umuryango Human Rights Watch ishinja inzego z’umutekano z’u Rwanda kwica abashinjwa ubujura.
Nubwo nta mibare izwi y’abarwayi banga guhabwa amaraso, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko bene abo barwayi bakomeje kugaragara mu bitaro.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA buratangaza ko amakipe y’abari n’abategarugori nayo agiye kujya akinira igikombe cy’amahoro.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Epfo bateguye ibirori bise “Rwanda Cultural Day” byo kwerekana ibyiza by’umuco Nyarwanda ku banyamahanga.
Kuri uyu wa mbere mu Rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, hasubukuwe urubanza ku ifungwa n’ifungurwa rwa Diane Rwigara na bamwe mu bagize umuryango we.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita k’ubuzima (WHO) rigaragaza ko buri mwaka Abanyarwanda bagera ku 8200 bafatwa na kanseri buri mwaka, hakivuza abagera ku 2500 gusa.
Hari kubakwa ikigo kizajya gitanga serivisi nk’izitangirwa ku cyambu aho ibyinjizwa mu gihugu binyuze mu nyanja ari ho bizajya bihita byohoherezwa nta handi bihagaze.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Kiyovu ibitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa kabiri wa Shampiyona wabereye i Nyamirambo.
Kubera ibyifuzo by’abasomyi b’ urubuga rwa Kigali Today rwandika mu Cyongereza, (www.ktpress.rw), uru rubuga rwaravuguruwe, rukaba ruri bugaragare mu isura nshya kuri uyu wa mbere.
Jean Bosco Nzirabatinyi yishimira imyumvire mishya akesha kureka guhohotera umugore we, ariko akicuza igihe yataye kuko byakenesheje umuryango wose kandi yari afite ubushobozi.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankwano Marie Rose arasaba abahinzi gushyira imbaraga mu guhinga no gutera imbuto, kugira ngo badacikanwa n’igihembwe 2018 A.
Minisiteri y’Ubuzima na Imbuto Foundation batangije uburyo byo guha ubutumwa bugufi (SMS) kuri terefone urubyiruko ku buzima bw’imyororokere burufasha kwirinda inda zitateganyijwe.
Abantu umunani bo mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Muhanga Akagari ka Nyamirama bitabye Imana abandi bane barakomereka bagwiriwe n’ikorombe gicukurwamo amabuye y’agaciro.
Mu mikino y’umunsi wa kabiri ya SHampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, APR Fc yanganyirije i Rubavu na Marines
Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo wamuritse imodoka yumutekano ifite agaciro ka miliyoni 21Frw yavuye mu misanzu abaturage bateranyije bakayigura.
Amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda arashinja Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) kutayaha ubufasha buhagije.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kimihurura, burashimangira ko imikoranire myiza ibaranga ariyo yatumye begukana umwanya wa mbere mu Karere ka Gasabo.
Perezida Paul Kagame, yifashishije ingero zifatika, yasobanuye ko ubuyobozi bwa mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bwatoranyaga uwiga n’utiga.
Nteziryayo Olivier ahamya ko inzozi yari afite akiri umwana zo gukora indege yatangiye kuzikabya kuko yabonye ubumenyi buzamufasha kuyikora.
Akarere ka Nyarugenge ni kamwe mu turere dutatu tugize Umujyi wa Kigali, gafite iterambere ryihuta mu bikorwa remezo cyane cyane imyubakire ijyanye n’icyerekezo igihugu gifite.
Ubuyobozi bwa polisi ya Nyamagabe, buvuga ko iyo hagize abafungwa barwarira aho babafungira bategereje kuburana batabasha kubavuza.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yagaragaje ibinyoma biri muri Raporo y’Umuryango Human Rights Watch ishinja inzego z’umutekano z’u Rwanda kwica abashinjwa ubujura.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika ku nshuro ya Kane Urubanza rwa Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara Mukangemanyi, aho bari kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Nk’uko bigaragara kuri iyi foto iheruka gushyirwa ahagaragara n’umuryango mpuzamahanga witwa "Human Right Watch (HRW)" uharanira uburenganzira bwa muntu, ngo abo bantu bishwe n’inzego z’umutekano w’igihugu abandi baburirwa irengero.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko 1% by’abantu barengeje imyaka 50 y’amavuko,bafite uburwayi bw’amaso.
Muhawenimana ufite imyaka 30 y’amavuko,ashimishijwe n’uko atazongera gutegereza abamuterura kugira ngo agere aho ashaka kujya.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) cyahawe intego yo kuzinjiza imisoro ingana na miliyari 1215 Frw mu isanduku ya Leta, ndetse no kuzinjiriza uturere imisoro isaga miliyari 51.5 Frw.
Iteganyagihe mu Rwanda riracyabangamiwe n’uko guhanahana amakuru hagati y’Ikigo gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) na Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) bitaranoga.
Nubwo umuhanzi Andy Bumuntu atangiye kumenyekana muri iki gihe kubera indirimbo ze zikundwa n’abatari bake ngo ibyo kuririmba yabitangiye akiri muto.
Ubuyobozi bw’umuryango wa Africa y’Iburasirazuba butangaza ko mu myaka itanu iri imbere ubumenyi, ikoranabuhanga n’ubushakashatsi bizaba biri ku rwego rushimishije mu bihugu biwugize.
Umukinnyi wa Tennis,Havugimana Olivier usanzwe ari kapiteni w’ikipe y’igihugu agaragaza imvune abakinnyi ba Tennis mu Rwanda bahura na zo kubera amikoro make.
Seninga Innocent utoza ikipe ya Police Fc yiteguye kwitwara neza imbere y’ikipe ya Mukura bazakina kuri uyu wa Gatanu i Huye
Polisi y’igihugu ivuga ko nibura kuva muri Mutarama 2017 abantu 20 bahitanwa n’impanuka buri kwezi, bivuze ko bose hamwe ubu bageze ku 180.