Mu mpera z’iki cyumweru mu Karere ka Huye na Gisagara harabera isiganwa ry’imodoka rigamije kwibuka Gakwaya wahoze asiganwa mu modoka.
Kaminuza yigenga yigisha iby’ikoranabuhanga (STES Rwanda) iherereye mu Murenge wa Kagarama muri Kicukiro yafunzwe burundu kubera kutuzuza ibyo yasabwe.
Umucamanza waburanishaga urubanza ku ifunga n’ ifungurwa ry’agateganyo rya Diane Rwigara, Anne Rwigara na Mukangemanyi Adeline ubabyara rwaberaga mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, yanzuye ko Anne Rwigara arekurwa akazajya akurukiranwa ari hanze.
Umutoza wa Police FC, Seninga Innocent atangaza ko icyo abwiye abakinnyi atoza bagikurikiza akaba ariyo mpamvu bakomeje kubona intsinzi.
Ubuyobozi bw’itorero ry’igihugu burasaba ko abagororwa basoje ibihano byabo bajya banyuzwa mu iterero ry’igihugu bakabanza kwigishwa indagagaciro na kirazira,mbere y’uko basubira mu miryango.
Dr Ngabire Nkunda Filippe uyobora ibitaro bya Nyagatare, avuga ko impfu zitewe na Malariya zagabanutse zikava ku bantu 13 mu mwaka 2016, ubu Malariya ikaba imaze guhitana umuntu umwe gusa muri 2017.
“Rwanda Film Festival” iserukiramuco Nyarwanda rya Sinema rigiye kuba ku nshuro ya 13 rikazahuriramo abakora sinema mu Rwanda no mu mahanga.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2017, Perezida wa Repubulika Paul Kagame arizihiza isabukuru y’imyaka 60 y’amavuko. Kigali Today yabahitiyemo amafoto 25 yo mu mwaka wa 2017, agaragaza Perezida Kagame asabana n’abantu mu bikorwa bitandukanye.
Mu myaka iri imbere abatuye mu Ntara y’Amajyaruguru ntibazongera kugira ikibazo cya sima kuko muri ako gace hagiye kubakwa uruganda ruyikora.
Ikipe ya Police Fc niyo ibashije gutsinda Amagaju yari ataratsindwa aho yayitsinze ibitego bine kuri kimwe.
Kuri iki cyumweru abanyamuryango b’ikipe ya Rayon Sports bateranye batora komite nshya, aho batoye Paul Muvunyi wigeze no kuyobora iyi kipe ku mwanya wa Perezida.
Ku munsi wa kabiri w’isiganwa ryavaga i Rubavu ryerekeza i Musanze, Patrick Byukusenge wa Benediction Club ni we ubaye uwa mbere.
Abamotari bo mu Mujyi wa Kigali baravuga ko uburyo bwo gukoresha ikoranabuhanga mu kwishyuza nta kibazo kidasanzwe buzakemura uretse ko buzabateranya n’abagenzi.
Ibyamamare bitandukanye mu myidagaduro yo mu Rwanda bigaragaza ko byinjiza amafaranga bigura imodoka n’inzu bikora n’ibindi bikorwa bigaragaza ko hari urwego bamaze kugeraho.
Ikipe ya Bugesera FC itsinze Rayon Sports igitego 1-0 bituma Rayon Sports ibura amahirwe yo gusatira mukerab wayo APR FC.
Abanyeshuri 126 basoje amasomo yabo mu bijyanye n’imyubakire mu ishuri rya St Joseph i Nyamirambo baravuga ko biteguye guteza imbere umwuga w’ubwubatsi ukigaragaramo akajagari.
Abarwayi b’impyiko bajya kwivuriza ku bitaro bya bigisirikare bya Kanombe barizezwa ko batazajya boherezwa kuvurirwa ahandi kuko ibyo bitaro bigiye kujya nabyo bibavura.
Igice cya mbere cy’isiganwa ry’amagare ritegura Tour du Rwanda 2017 cyagukanwe n’umukinnyi w’amagare wabigize umwuga ariwe Samuel Mugisha.
Buri wa gatanu wa buri cyumweru mu masaha ya nyuma ya saa sita abatuye intara y’amajyaruguru bazajya bajya muri siporo mu rwego rwo kurinda ubuzima bwabo.
Dr Dushime Dyrckx ukurikiranira hafi ibiza n’imitingito mu Burengerazuba bw’u Rwanda, ahumuriza Abanyarwanda ko Nyiragongo yongereye ibimenyetso itari hafi kuruka.
Abanyeshuri bashya 1400 batangiye kwiga muri kaminuza y’Abadiventisiti (UNILAK), basabwe kudatatira umuco Nyarwanda ngo bakururwe n’indi mico yatuma batakaza indangagaciro.
Nyuma y’uko Akarere ka Nyamagabe kabaye aka 27 mu mwaka w’imihigo wa 2016-2017, Ubuyobozi bwako bwarisuzumye busanga uyu mwanya utari mwiza, ukomoka ku ruhare ruto rw’abaturage mu kugena ibibakorerwa mu mihigo.
Mu Karere ka Kirehe imbaga y’abaturage n’abayobozi bifatanije n’abafite ubumuga bwo kutabona bakoze igikorwa kiswe kwamamaza ’inkoni yera’ kitari kimenyerewe mu Rwanda.
Isomwa ry’urubanza Diane Rwigara areganwamo na bamwe mu bagize umuryango we, Anne Rwigara murumuna we n’umubyeyi we Adeline Mukangemanyi , ryari riteganijwe kuri uyu wa Gatanu rirasubitswe.
Ubuyobozi bwa Koperative itanga serivisi zirimo iy’umutekano w’ibinyabiziga muri parikingi (KVSS), busaba abafite ibirarane by’amahoro ya parikingi kubyishyura badategereje ibihano.
Mu mwaka wa 2016, mu Rwanda habaruwe abakobwa 17.000 baterwa inda bakiri bato. Muri bo abasaga 400 babaruwe mu Ntara y’Amajyaruguru.
Akarere ka Kamonyi kabaye aka mbere mu kwesa imihigo urubyiruko rwahize mu mwaka w’imihigo wa 2016-2017 ku manota 89.29%.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Triathlon mu Rwanda ryasinye amasezerano y’ubufatanye na BRALIRWA agamije guteza imbere uwo mukino mu Rwanda no hanze.
Abacuruzi b’ibiribwa baravuga ko kuzamuka kw’ibiciro bishobora kuba bifitanye isano no gukendera kwabyo, kuko batakirangura nk’uko baranguraga mu myaka yatambutse.
Ikipe ya APR Hc ihagarariye u Rwanda yatsinzwe umukino wa mbere na Esperance Sportive de Tunis yo muri Tunisia mu mukino wa mbere wabaye kuri uyu wa Gatanu.
Nyuma y’ibyumweru bigera kuri bitatu Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda yari amaze mu Burayi amenyekanisha ibikorerwa mu Rwanda,kuri ubu ari mu Bushinwa.
Madame Jeannette Kagame yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatumye Abanyarwanda bamenya agaciro ko kuba umwe nta kureba aho undi aturuka.
Eric Dusingizimana umaze kuba icyamamare ku isi nyuma yo guca agahigo ko kumara amasaha 51 akina Cricket ataruhutse ahamya ko gukina Cricket yabitewe no gukunda imibare.
Abagize inteko ishinga amategeko y’u Rwanda barifuza ko amasezerano u Rwanda rufitanye n’umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW) yaseswa niba utemeye gusaba imbabazi.
Hari abaturage bo mu mirenge 10 igize Akarere ka Bugesera bamaze imyaka 11 basiragira ku mafaranga y’ingurane ku mitungo yabo yangijwe hakorwa imiyoboro y’amazi.
Ikipe ya APR handball Club yamaze kugera i Tunis muri Tunisia aho igiye gukina irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika muri uyu mukino
Umuyobozi wa police mu Ntara y’Iburasirazuba yihanangirije abagurira moto kuzitwaraho ibiyobyabwenge, asaba abamotari kubagaragaza kuko babangiriza umwuga.
Abitabiriye irushanwa ry’ubwiza rya Miss Earth 2017 riri kubera muri Philippines bakoze igikorwa cyo kwiyerekana harebwa ubwiza n’imiterere y’umubiri wabo.
Sosiyete Nakumatt Holdings ifite amasoko ya kijyambere muri Kigali yatangaje ko igiye kwagura ibikorwa byayo, mu gihe ahandi yakoreraga mu karere yatangiye gufunga.
Perezida Paul Kagame yageze i Brazzaville mu Murwa mukuru wa Congo Brazza, aho agiye kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bo mu karere k’ibiyaga bigari.
Abakobwa b’abangavu biga mu mashuri yisumbuye bagiye kujya bahurira hamwe mu matsinda bihuguriramo kandi bigiramo ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.
Perezida Paul Kagame yahawe igihembo gihabwa abantu bakoze ibikorwa by’indashyikirwa, ahishura ko ibyo yagejeje k’u Rwanda byagezweho kubera ubufatanye n’abandi Banyarwanda.
Ubuyobozi bw’ikipe y’umukino w’intoki wa Basketball REG BBC buratangaza ko bwamaze gusezerera abari abatoza b’iyo kipe bwiha intego yo kwegukana igikombe cy’irushanwa ry’akarere ka gatanu.
Hirya no hino ku isi mu mico itandukanye usanga batavuga rumwe ku mwambaro wa “Bikini” wagenewe abagore cyangwa abakobwa bagiye ku mazi koga.
Yiregura mu cyaha akurikiranweho cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano agamije kwemererwa kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, Diane Rwigara yakunze kumvikana avuga ko asaba Perezida Kagame kumurekura n’umuryango we.
Abahinzi bo mu bishanga bya Bishenyi, Kamiranzovu na Rwabashyashya, baguye mu gihombo kubera umwuzure wabatwariye imyaka bari barahinze.
Komisiyo y’abakozi ba leta igaragaza ko ikibazo cy’ubusumbane bw’imishahara ku bakozi ba leta kirimo kuvugutirwa umuti nubwo idatanga igihe nyacyo kizakemukira.