Ku munsi wa Kane wa Shampiyona ikipe ya Kiyovu Sports ibashije gutsinda APR 1-0, ibintu byaherukaga mu 2005.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) yagejeje ubusabe bwayo kuri Sena busaba ko yakwegurirwa inyandiko zose zirebana na Jenoside yakorewe Abatutsi ziri mu nkiko zo mu gihugu.
King Bayo, umuhanzi w’Umunyarwanda uba muri Mali avuga ko Abanya-Mali batangiye gukunda umuziki w’u Rwanda nyuma yo kubona Abanyarwanda bahatuye bawubyina.
Ambasade ya Misiri mu Rwanda yashyikirije ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe impano y’ibikoresho bizajya byifashishwa mu kuvura hifashishijwe umuhanga utari mu Rwanda (a distance).
Abaminisitiri bashinzwe ingufu mu bihugu bigize umuryango w’ibihugu byo mu biyaga bigari (CEPGL) bemeje ko urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusizi II rusanwa.
Urubyiruko rukunze kugaragara ari rwinshi mu bikorwa bitandukanye byo kwidagadura no kwishimisha, ugereranije n’uko rwitabira izindi gahunda za Leta cyane cyane Umuganda.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) gitangaza ko icyiciro cya gatatu cy’ahahariwe inganda (SEZ) kizaba kihariye kuko kizubakwamo ibikorwa byo kunganira ibyiciro bibiri bya mbere.
Mu gihe kigera ku mwaka abanyeshuri ba mbere bize umuziki mu ishuri rya Muzika ryo ku Nyundo barangije amasomo batangaza ko batangiye kwinjiza amafaranga.
Aturage bo mu Karere ka Rubavu bakunda umuziki ntibazicwa n’irungu mu mpera z’iki cyumweru kuko bazataramirwa na bamwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda.
Ikipe y’igihugu ya Volley Ball yamaze gusezererwa na Misiri muri ¼ mu mikino y’igikombe cy’Afurika, ihita ibura amahirwe yo kuzitabira igikombe cy’isi.
Abaturage bo mu Kagari ka Gihumuza mu midugudu ya Kajevuba na Mataba mu Karere ka Rwamagana baracyategereje umuriro w’amashanyarazi bizejwe kuva mu 2008.
Ababyeyi bavuga ko inzu nshya y’ibyariro (Materinite) y’Ibitaro bya Gahini izaborohereza ingendo bakoraga bajya konsa impinja zavutse zitagejeje igihe,kuko byabagoraga cyane dore ko baba batarakomera umugongo.
Mu myaka irindwi iri imbere u Rwanda ruzaba rufite ishuri ryigisha imiyoborere aho abazaryigamo bazajya berekwa uburyo u Rwanda rwiyubatse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu baturage batangiye gushora imari mu bworozi bw’amafi bibabyarira inyungu, ku buryo na leta yatangiye kugira inama ba rwiyemezamirimo kubushoramo imari.
Abafite amafaranga muri Cogebanque biyongereye ku babitsa mu zindi banki icumi mu Rwanda, bagiye kujya bagendana amafaranga yabo muri telefoni igihe bazaba bari ku murongo wa MTN.
Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Kane yakoreye imyitozo ku kibuga cya Ferwafa nyuma yo kwimwa Stade Mumena
Abanyakenya baba mu Rwanda nabo bitabiriye igikorwa cy’amatora y’umukuru w’igihugu, aho batoreye ku biro by’uhagarariye icyo gihugu mu Rwanda biherereye ku Kacyiru.
Abadepite basanga komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu (PAC) ikwiye kongererwa ububasha bw’ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha, kurusha gutanga inama mu myanzuro.
Umusifuzi Hakizimana Ambroise wasifuye umukino APR Fc yatsinzemo AS Kigali 2-1 yahanishijwe imikino ine adasifura.
Kalisa Parfait wo mu Karere ka Bugesera yiyemeje kurengera ibidukikije afata amapine ashaje y’imodoka akayakoramo intebe zo kwicaraho mu ruganiriro.
Ikigega gitera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye (FARG) kirahumuriza abari baracikirije amashuri barihirwaga nacyo basabye gusubizwa mu ishuri,abayobozi b’icyo kigega bavuga ko hari gushakwa inkunga kandi izaboneka vuba.
Ikipe ya Rayon Sports iracyashakisha ikibuga cyo gukoreraho imyitozo nyuma yo kwirukanwa ku kibuga cya Skol yitorezagaho, ni nyuma y’aho yifuje gusubira ku kibuga cyo ku Mumena yakoreragaho mbere ariko ba nyiracyo bakayangira.Ubu noneho igiye ku kibuga cya Ferwafa.
Abataragira amahirwe yo gutembera u Rwanda mu ndege, Kigali Today yabateguriye amafoto y’inkengero z’ikiyaga cya Kivu n’imisozi bigaragaza ubwiza bw’Uburengerazuba bw’u Rwanda.
Amahoteli atatu yonyine mu Rwanda niyo yashyizwe ku rwego rw’inyenyeri eshanu bigaragaza ko ayo mahoteli ari ku rwego mpuzamahanga ruhanitse mu by’amahoteli.
Abantu basaga 1500 ni bo bateganyijwe mu birori byo gutaha Stade mpuzamahanga ya Cricket yubatse i Gahanga mu Karere ka Kicukiro.
Mbere y’irushanwa ry’akarere ka kane k’Afurika muri Triathlon rizabera i Rubavu kuri uyu wa gatandatu, abatoza n’abasifuzi 30 b’uyu mukino mu Rwanda batangiye guhugurwa.
Umuyobozi wa Christian University of Rwanda (CUR), DR. Habumuremye Damien, aravuga ko gufungwa kwa za kaminuza,kwabayeho mu minsi ishize, ba nyirazo ari bo babifitemo uruhare.
Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda ari mu gihugu cy’Ubushinwa aho yitabiriye irushanwa ry’ubwiza rya Miss World rimwe mu marushanwa y’ubwiza akomeye ku isi.
Umutoza Antoine Hey utoza Amavubi yandikiwe ibaruwa na Ferwafa imusaba gutanga ibisobanuro byo kuba yarataye akazi atabimenyesheje abakoresha be
Ubusabe bwa bamwe mu bagize inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite, basaba ko icyaha cy’iyezandonke cyashyirwa mu byaha bidasaza bwanze kwemerwa.
Abagenzi banyura hafi ya Hotel Okapi iherereye ku Muhima mu Karere ka Nyarugenge, ntibarimo kwihanganira gutambuka badahagaze ngo bafate umwanya wo kureba amashusho ayishushanijeho afite ubwiza bukurura amaso ku buryo budasanzwe.
Umuvunyi mukuru Murekezi Anastase avuga ko umuyobozi urya ruswa aba ahemukiye igihugu akanatukisha abandi bayobozi bayobora neza.
Abagenzi bakora ingendo zitandukanye yaba mu modoka cyangwa no kuri moto baravuga ko bishimira cyane gutwarwa n’abagore kurusha uko batwarwa n’abagabo.
Ikipe y’Isonga FC yamaze gutangaza abakinnyi 23 bagomba gutangira umwiherero bitegura irushanwa mpuzamahanga yatumiwemo muri Cote D’ivoire.
Guhera ku itariki ya 24 Ukwakira 2017 ikipe ya Rayon Sports ntiyemerewe gukorera imyitozo ku kibuga cyubatswe n’umuterankunga wayo Skol.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 15 bagize amakipe atatu azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2017.
Tariki ya 23 Ukwakira ni umunsi udasanzwe ku Banyarwanda n’inshuti z’u Rwanda kuko bawizihizaho isabukuru y’amavuko ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Umushinga w’itegeko ryerekeye gukumira, kurwanya no guhana icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu mu bandi ryashyiriyeho ibihano abagura indaya n’abashora abandi mu buraya.
Chinese Academy of Sciences yashyikirije Kaminuza y’Abalayiki b’Abadiventiste UNILAK impano y’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umukinnyi w’umunyarwanda Jacques Tuyisenge byavugwaga ko azaza muri APR Fc mu kwa mbere, yasinye imyaka ibiri muri Gor Mahia
Icyamamare Cobra wamenyekanye kubera akabyiniro ke ka Cadillac kabaga mu mujyi wa Kigali ahamya ko yanyuze mu nzira zikomeye ngo agere aho ageze ubu.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Volley Ball imaze gutsindwa na Algeria mu gikombe cy’Africa bituma izahura na Misiri ya mbere muri Africa.
Mu Rwanda abasaga 250 bamaze gusoza amasomo ya Kaminuza mu ishami rya Siporo, ndetse benshi banabarizwa mu bikorwa bitandukanye bya Siporo hano mu Rwanda ndetse no hanze.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya Collège St Bernard riherereye i Kansi mu Karere ka Gisagara batangiye gutekereza kwihangira imirimo bagendeye ku masomo biga.
Ihuriro ry’abaganga batera ikinya mu Rwanda (Rwanda Association of Anesthetists) ryashyize ahagaragara igitabo kigenga uwo mwuga hagamijwe gukumira amakosa awugaragaramo.
Ubuyobozi bw’ibitaro byita ku barwayi barwaye indwara zo mu mutwe bya Ndera (Caraes) butangaza ko inkunga bahabwa n’abagiraneza ibafasha kwita ku barwayi badafite kirengera.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Ruramba mu Murenge wa Rugarika bavuga ko babonye amazi meza nyuma y’imyaka isaga 47 bavoma Nyabarongo.