Umuyobozi wa komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside Dr Jean Damascene Bizimana, ku munsi wa kabiri w’inama y’igihugu y’umushyikirano ya 16, yavuze ko hari byinshi byakozwe mu kubaka igihugu nyuma ya Jonoside, harimo no kuba abana bayirokotse barabashije kwiga none mu myaka itarenga itatu bakazaba baramaze kwiga.
Nyuma y’amezi abiri y’ubufatanye hagati ya Sosiyete y’ubwishingizi ya Radiant ndetse na Rayon Sports, umusaruro wa mbere washyikirijwe Rayon Sports
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) butangaza ko abagana Isange One Stop Center basambanyijwe akenshi bahagera basamye kubera gutinda, bityo kubaha ubufasha bwihuse bw’ingoboka ntibikunde.
Abahinzi b’umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi barasaba leta kubafasha kubona ifumbire mu maguru mashya kugira ngo bakomeze kungukira muri ubu buhinzi. Ubuyobozi buravuga ko bugiye kwihutira gukorana n’abo bireba mu gukemura iki kibazo.
Kunywera kanyanga mu gihugu cya Uganda bagataha basinze ni yo mayeri bamwe mu batuye Umurenge wa Bungwe muri Burera basigaye bifashisha binjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare barakangurirwa gukorera inzuri zabo kuko leta yabashyiriyeho uburyo bwo kubafasha buzwi nka "nkunganire", aho ibaha angana na 50%.
Ikipe ya AS Kigali itsinze Bugesera ibitego 3-0, mu mukino usoza imikino y’umunsi wa munani wa Shampiona
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko mbere yo kunenga umuturage ufata inguzanyo ntayishyure cyangwa agatinda kuyishyura, hakwiye kubanza kunengwa imikorere y’abayobozi batuzuza neza inshingano zabo.
Mu mujyi wa Kigali hagiye kubera igitaramo cyo gusetsa n’urwenya, abanyarwenya bemeza ko bagiye guha umwaka mushya muhire na Noheri abanyarwanda.
Umuryango w’umunyarwenya Emmanuel Mugisha uzwi nka “Clapton Kibonke” wibarutse imfura ye nyuma y’amezi abiri gusa ashyingiranywe n’umugore we.
Mukura Victory Sports yageze muri Sudani aho igiye gukina na El Hilal Obeid mu mukino ubanza wa 1/16 muri CAF Confederation Cup, utegerejwe kuri uyu wa Gatandatu saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba kuri Stade Shikan Castle.
Uwamahoro Julienne umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kinoni, akurikiranyweho icyaha cyo gusaba no kwakira ruswa y’amafaranga ibihumbi magana abiri (200,000 Frw) y’u Rwanda.
Muri Werurwe umwaka utaha moto za mbere zikoresha amashanyarazi zizatangira gukoreshwa mu Rwanda, aho zitegerejweho gufasha igihugu guhangana n’ibyuka bihumanya ikirere.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, ubwo yagezaga ku bitabiriye inama y’igihugu y’umushyikirano ya 16, avuze ko imyanzuro y’inama y’igihugu y’umushyikirano ushize yageze ku ntego ku kigero cya 80%.
Perezida Paul Kagame yemeza ko hari uruhare rukomeye u Rwanda rwagize mu kubaka imibanire yarwo n’ibindi bihugu ariko hakaba hakiri bimwe muri ibyo cyane iby’ibituranyi bidahuza imvugo yabyo n’ingiro.
Ishuri ry’ubumenyingiro INES Ruhengeri, riravuga ko rigiye gutangira kwigisha abanyeshuri babo uburyo bwo gufata amafoto uyafata agenda, bikazatuma umurimo wo gufata amafoto hagamijwe ubushakatsi runaka wihuta kandi ugatanga ibisubizo byizewe kurushaho.
Urubyiruko rutuye mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, rurasaba ubuyozi kongera ibikorwaremezo by’imyidagaduro kuko bikiri ku kigero cyo hasi.
Umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sports Bashunga Abouba yaraye atewe n’abantu ataramenya bangiza ibirahure by’inzu ye.
kuva kuri uyu wa kane tariki 13 Ukuboza kugeza kuwa gatanu tariki 14 Ukuboza 2018, haratangira inama y’igihugu y’umushyikirano ku nshuro yayo ya 16, izibanda ku ngamba zigamije guhindura imibereho y’abaturage.
Abaturage bibumbiye mu makoperative yo mu Karere ka Musanze bagaragarije abadepite babasuye ko bari mu bihombo batewe n’ibibazo byinshi biri mu makperative.
Ikipe ya APR FC itsinze Rayon Sports mu mukino wa Shampiona wabereye kuri Stade Amahoro.
Indirimbo Fall y’umuhanzi wo muri Nigeria Davido, yamaze guca agahigo ko kuba ari yo ndirimbo imaze kurebwa inshuro nyinshi kuri Youtube, aho imaze kurebwa izisaga miliyoni 99.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ikibazo cy’amafaranga y’inguzanyo azwi nka “Buruse”, agenerwa abanyeshuri ba za kaminuza, agitinda kubageraho, agiye kukigira icye kugeza gikemutse.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane y’u Rwanda (MINAFET), riravuga ko u Rwanda rutigeze ruhamagaza uruhagarariye muri Afurika y’Epfo nk’uko byagiye byandikwa na bimwe mu bitangazamakuru byo muri icyo gihugu.
Perezida Paul Kagame yasabye urubyiruko kurangwa n’imitekerereze yagutse, batitaye ko batuye mu gihugu gito kuko ari byo bishobora kugeza u Rwanda aho rwifuza kugera.
Ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda mu turere twa Rubavu, Nyabihu na Rutsiro buravuga ko mu barwanyi baheruka gutera mu kagari Rusura mu murenge wa Busasamana abarwanyi icyenda bahasize ubuzima.
Ku nkunga y’Ubuyapani, u Rwanda rurateganya kugira icyogajuru cyarwo mu kirere, ibyo bikazarufasha kwigenga mu bijyanye n’isakazamakuru ku buryo busesuye.
Rutahizamu w’umunya-Brazil Jonathan Rafael da Silva yamaze guhabwa uburenganzira na FERWAFA bwo gutangira gukinira Rayon Sports
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko Itorero ryo ku Mudugudu ryitezweho gukemura ibibazo by’amakimbirane mu miryango no kurwanya guterwa inda kw’abangavu.
Amarushanwa ya Cycling Cup y’uyu mwaka arasozwa kuri iki Cyumweru, hakinwa irushanwa rya nyuma rizatangirira rinasorezwe kuri Stade Amahoro rinyuze i Nyamata.
Umushinjacyaha Mukuru Jean Bosco Mutangana avuze ko ubushinjacyaha buzajurira ku cyemezo cy’urukiko cyo kugira Diane Rwigara na nyina Adeline Rwigara abere, kuko ngo hari ibimenyetso simusiga byirengagijwe mu mikirize y’urubanza rwa mbere.
Igiciro cya sima nyarwanda cyongeye kugabanuka mu buryo bugaragara muri izi mpera z’umwaka, nyuma amezi agera kuri atandatu cyazamutse kikagera ku bihumbi 15Frw ndetse ahandi ikanabura
Abaturage bimuwe bavanywe mu manegeka yo mu bice bitandukanye bagatuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kibangira mu karere ka Rusizi barataka ubukene n’inzara.
Nyuma y’uko urukiko rwo muri Danmark rwemeje ko Twagirayezu Wenceslas ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda, mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Ukuboza 2018 ahagana mu ma 19h30, Polisi ya Danemark yamugejeje ku kibuga cy’Indege cya Kanombe, imushyikiriza urwego rw’igihugu (…)
Mukura Victory Sports itsindiye Espoir FC 3-1 kuri Stade Huye mu mukino wahagaritswe iminota 47 kubera imvura nyinshi.
Minisitiri w’ibikorwa remezo w’u Rwanda Ambasaderi Claver Gatete aratangaza ko gahunda yo kubaka umuhanda wa gari ya moshi uva Isaka muri Tanzania ugera I Kigali mu Rwanda byateganywaga gutangizwa muri uku kwezi bishobora kwigizwa inyuma kuko hari imirimo ibanziriza icyo gikorwa itaratungana.
Perezida Paul Kagame yemeza ko yizeye ubunyamwuga bw’ingabo z’u Rwanda, ku buryo nta mwanzi ushaka kugira aho amenera yagira icyo ageraho.
Nyuma yo gutsindwa na Kiyovu 1-0, umutoza Bekeni wa Gicumbi yatangaje ko gutsindwa abirambiwe ko uwamufasha yamwirukana akaruhuka
Abahinzi bo mu Karere ka Bugesera bavuga ko batagitaka inzara nko mu myaka yashize, kubera basigaye bahinga haba mu zuba no mu mvura.
Filime "Queen Sono" izagaragaramo umunya Africa y’Epfo Pearl Thusi, aho azagaragara nk’intasi. Uyu asanzwe azwi muri filime nka « Quantico, Catching Feelings… »
Perezida Paul Kagame akaba n’umugaba mukuru w’Ikirenga w’ingabo z’igihugu, yitabiriye ibirori byo gusoza imyitozo ya gisirikare yaberaga mu kigo cya gisirikare cya Gabiro.
Urukiko Rukuru rw’i Copenhagen muri Denmark, rwafashe icyemezo cyo kohereza mu Rwanda Twagirayezu Wenceslas, ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Uburezi irategura gukora isuzuma rizerekana kaminuza zihiga izindi mu ireme ry’uburezi n’izicumbagira.
Rutahizamu w’umunya-Brazil Rayon Sports iheruka kugura, yamaze kwemererwa gukina mu Rwanda
Mu Rwanda hatangijwe gahunda y’imyaka itanu yo guhashya indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa C (Hep C), ngo bikazatwara miliyoni 113 USD, angana na miliyari zisaga 100 z’Amafaranga y’u Rwanda.
I Kigali harimo kubera inama y’iminsi ibiri ihuje inzego zinyuranye, irebera hamwe uburyo bwo gukoresha ikoranabuhanga risuzuma utunyangingo twa DNA no mu zindi nzego zirimo ubuhinzi n’ubworozi.
I Gabiro mu ishuri rya gisirikari hagiye gusozwa imyitozo ya gisirikari izwi ku izina rya "Exercise Hard Puch" yari imaze amezi atatu.