Dore imihanda wakwifashisha nyuma y’ikamyo yafunze uwa Kigali-Musanze

Ikamyo yazamukaga umusozi wa Buranga uherereye mu Karere ka Gakenke yacitse imbaraga isubira inyuma yitura hasi ihita ifunga umuhanda.

Ni gutya iyi kamyo yafunze umuhanda
Ni gutya iyi kamyo yafunze umuhanda

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nemba, Hakizimana Venuste yabwiye Kigali Today ko iyi modoka y’inya-Tanzaniya yaguye muri uyu muhanda usanzwe ukoreshwa cyane n’abava Rubavu na Musanze bagana i Kigali, ahagana Saa Munani zo kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Gashyantare 2018.

Yagize ati "Ikiri gukorwa ni uko imodoka ziri kugenda zihinduranya abagenzi ivuye i Musanze ikagurana abagenzi n’ivuye i Kigali."

Iyi modoka nta muntu yahitanye ndetse n’uwayi uyitwaye akaba yavuyemo ari muzima.

Hagati aho Polisi y’igihugu yasohoye itangazo ryihanganisha abagenzi, ariko ibasaba gukoresha indi mihanda mu gihe iki kibazo kigikemurwa.

Imihanda ishobora kwifashishwa ni uwa:

 Kigali -Muhanga-Ngororero-Kabaya-Mukamira
 Base-Burera-Gahunga-Musanze
 Mukamira-Kabaya-Ngororero-Muhanga-Kigali

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka