Eminante wari umaze umwaka urenga muri gereza yarekuwe kubera uburwayi

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, Urukiko rw’Ibanze rwa Rusororo rwafashe umwanzuro wo kurekura by’agateganyo umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal uzwi cyane nka Eminante, wari umaze igihe kirenga umwaka muri Gereza, kubera impamvu z’uburwayi amaranye igihe.

Yarekuwe kubera uburwayi yari amaranye iminsi
Yarekuwe kubera uburwayi yari amaranye iminsi

Eminante wari ufite uburwayi bwamurembeje bw’akaguru, umwanzuro wo kumurekura wafashwe n’uru rukiko, ruvuga ko azajya akurikirwa ari hanze.

Tariki 12 Gicurasi 2017, ni bwo Eminante yakatiwe n’urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru imyaka itatu n’amezi abiri hiyongeraho no gutanga ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni eshatu, nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’ubwambuzi bushukana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Nukuri mwagize nezaguha Emminante umwanya wo kubanza Kwivuza !!!

Nkurunziza Eugene yanditse ku itariki ya: 23-02-2018  →  Musubize

Ese twagiye tugerageza guha agaciro ikinyarwanda cyacu koko!? nkiyo wanditse munyandiko nkiyi Nuko utazi kwandikaa cyangwa nukubisuzugura? twisubireho pe mumyandikire yacu dukoresha byibuze umuntu ajye yandika Mu rurimi azi umunsi mwiza

gisa yanditse ku itariki ya: 26-02-2018  →  Musubize

Urakazaneza mubawe ndimubakunzibawe nichimiye ko wagarumutse .murugo. kandi turagusegera ucyire. Imana ikurinde

Ndagijimana Robert yanditse ku itariki ya: 23-02-2018  →  Musubize

Mbega inkurunziza. Birandenze peeeeee! !!!!!!!!!

Ndagijimana Robert yanditse ku itariki ya: 22-02-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka