Uwimana Jeaninne wabazwe ikibyimba ku gahanga yasezerewe mu bitaro

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 6 Werurwe, Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe byasezereye Uwimana Jeaninne uherutse kubagwa ikibyimba kinini yari afite ku gahanga.

Uwimana Jeaninne uri iburyo yamaze gusezererwa mu bitaro
Uwimana Jeaninne uri iburyo yamaze gusezererwa mu bitaro

Uyu mubyeyi wari umaranye iki kibyimba imyaka igera kuri itandatu bikamuviramo guhabwa akato n’umuryango we, ubu ameze neza nyuma yo kwitabwaho n’ibitaro, ndetse yanafashijwe gusubira imuhira mu Karere ka Musanze.

Ibitaro bya gisirikare bya Kanombe bibicishije ku rubuga rwa Twitter byagize biti “Muri iki gitondo Uwimana Jeaninne yasezerewe mu bitaro, anafashwa kugera iwabo mu Karere ka Musanze. Twanejejwe no kumufasha kugera ku buvuzi yari akeneye”.

Uburwayi bwa Uwimana bwamenyekanye nyuma y’inkuru yanditswe na Kigali Today imutabariza, ibitaro bya Kanombe biyisomye bimwemerera ubufasha.

We n'umurwaza we wambaye agakoti gatukura bamaze gusezererwa n'ibitaro
We n’umurwaza we wambaye agakoti gatukura bamaze gusezererwa n’ibitaro

Dr Cpt Shumbusho Jean Paul wamubaze yatangarije Kigali Today ko ibikorwa byo kumuvura kugera uyu munsi asezerewe bifite agaciro ka Miliyoni zisaga eshatu, Ibitaro bikaba byarabimukoreye ku buntu.

Uyu mubyeyi wari warahawe akato n’umuryango we, Umuryango w’abanyarwandakazi baba mu mahanga watangiye kumukusanyiriza ubufasha buzamufasha gusubira mu buzima busanzwe.

Yahawe imodoka imuherekeza i Musanze
Yahawe imodoka imuherekeza i Musanze

Alice Kabagire Cyusa Umunyarwandakazi uba muri Leta zunze ubumwe za Amerika, akaba n’umwe mu bagize umuryango w’Abanyarwandakazi baba mu mahanga bari gushakira ubufasha uyu mubyeyi, avuga ko bamuboneye Miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda yo kumufasha gusubira mu buzima busanzwe.

Ati” Ubu twatangiye no kumukusanyiriza inkunga yo kumubonera aho atura, tukaba dusaba ko buri munyarwanda wese ufite ubushobozi yabigiramo uruhare.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Inzira z’ Imana zirenga igihumbi!! Mwarakoze ibitaro bya kanombe kumwitaho kugeza asubiye murugo nigikorwa cyubutwari ndetse nabo baterankunga barikumushakira imibereho Imana ibashoboze!!

Louise yanditse ku itariki ya: 6-03-2018  →  Musubize

Mwarakoze cyane kuramira uwo mubyeyi ! Imana y’ i Rwanda ihorana na mwe, izabakubire inshuro ibihumbi iyo neza mwamugiriye !

teos yanditse ku itariki ya: 6-03-2018  →  Musubize

imana ibahe umugisha mwese mwabiginzemo uruhare mukomeze urwo rukundo

Margret m yanditse ku itariki ya: 6-03-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka