Mu Muhanda Rugunga -Nyamirambo habereye impanuka ikomeretsa bikomeye babiri

Muri iki gitondo , mu muhanda Rugunga- Nyamirambo habereye Impanuka ikomeye aho Imodoka Suzuki Grand Vitara ifite Purake RAD543Q, igonze Scropion RAC452A, inakomeretsa bikomeye abanyeshuri babiri bajyaga kwiga.

Iyi ni Scropion yagonzwe imanuka ihita igwa
Iyi ni Scropion yagonzwe imanuka ihita igwa

Umusore wabonye iyi mpanuka abwiye kigali Today ko iyi Suzuki yarimo abantu babiri n’umushoferi, yaturukaga mu Rugunga igana Nyamirambo, yinjira mu muhanda w’imodoka zimanuka ihita igonga Scropion yamanukaga irimo umuntu umwe waruyitwaye, iranakomeza igonga abana bajyaga kwiga barakomereka bikomeye.

Uyu musore avuze ko ingabo zari hafi zatabaye zihamagara imbakukiragutabara ihita ijyana aba bana kwa muganga mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK, bahita banashyikiriza uyu mushoferi wa Vitara Polisi kuko yanagaragaragaho ubusinzi bukabije.

Suzuki yataye umuhanda wayo ikagonga amamodoka yamanukaga agana Rugunga
Suzuki yataye umuhanda wayo ikagonga amamodoka yamanukaga agana Rugunga

Abari muri izi modoka zagonganye ntawagize ikibazo kidasanzwe kuko zari zifite imifuka itabara abantu bakoze impanuka (Air Bag). Polisi ikaba yahise ihagera igakura aya mamodoka yari yafunze amayira mu nzira, kugira ngo ingendo zari zabangamiwe zikomeze.

Yatangiriwe n'igipangu imaze kugonga abanyeshuri babiri bajyaga kwiga
Yatangiriwe n’igipangu imaze kugonga abanyeshuri babiri bajyaga kwiga
Uyu musore yabonye iyi mpanuka iba avuga ko Umushoferi wa Suzuki yari yasinze
Uyu musore yabonye iyi mpanuka iba avuga ko Umushoferi wa Suzuki yari yasinze
Air Bag nizo zabatabaye
Air Bag nizo zabatabaye
Izi modoka zari zafunze imihanda zikimara kugongana
Izi modoka zari zafunze imihanda zikimara kugongana
Polise yahamagaye amamodoka yabugenewe akura mu nzira imodoka zagize impanuka
Polise yahamagaye amamodoka yabugenewe akura mu nzira imodoka zagize impanuka
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ntibyemewe gutwara ikinyabiziga wasinze.

HABIMANA yanditse ku itariki ya: 5-03-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka