Perezida w’u Rwanda, Kagame Paul, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 18 Gicurasi 2021 yagiranye ibiganiro na bamwe mu bahoze ari abasirikare bakuru bari mu ngabo z’u Bufaransa zari mu Rwanda hagati y’imyaka ya 1990 na 1994.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, yihanganishije umuryango w’umugore w’imyaka 20 witabye Imana i Kigali azize Covid-19. Iyo Minisiteri yanatangaje ko ku wa Kabiri tariki 18 Gicurasi 2021, mu Rwanda abantu 44 bakize Covid-19. Abayanduye ni 129 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 26,344. Akarere (…)
Ikipe ya Petro de Louanda yo muri Angola yatangiye irushanwa rya BAL itsinda As Police yo muri Mali amanota 84 kuri 66.
Kuva amabombe yatangira kugwa hafi y’urugo rwe muri Gaza, umubyeyi witwa Najwa Sheikh-Ahmad, ufite abana batanu (5) avuga ko yagize ubwoba ku buryo ubu bitamukundira gusinzira, kubera kwihangayikira ubwe, ariko agahangayikira n’umuryango we muri rusange.
Imiryango itishoboye 365 ibarizwa mu Karere ka Musanze ikeneye kubakirwa amacumbi mu buryo bwihuse, kugira ngo abayigize batandukane n’ingorane zo kutagira aho baba hameze neza.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Gicurasi 2021, Umuvugizi wungirije w’Itorero ADEPR, Rutagama Eugene, ari kumwe n’abandi bayobozi barimo Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, bunamiye kandi bashyira indabo ahari ikimenyetso cy’urwibutso rw’abiciwe ku rusengero rwa ADEPR i Kayenzi, bigizwemo uruhare na Pasiteri (…)
Ubwo Jay Polly umuhanzi w’icyamamare mu Rwanda yagezwaga imbere y’ubutabera kubera ko iwe hafatiwe urumogi, umushinjacyaha yagaragaje ko abaganga bapimye uyu muhanzi n’abandi bari kumwe basanzwemo urumogi rwinshi ku buryo budasanzwe.
Niyitegeka Idrissa yagizwe Kapiteni mushya wa Musanze FC nyuma y’uko uwari Kapiteni w’iyo kipe Onesme Twizerimana, asezeye ku nshingano ze.
Ishami rivura amaso ry’ibitaro bya Kabgayi ku bufatanye n’Ikigo cyita ku bafite ubumuga (CBM), ryatangije umushinga w’ubuvuzi bw’amaso budaheza, uzibanda ahanini ku bafite intege nke.
Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Munini, Dr. Philippe Nteziryayo, avuga ko hatagize igihinduka ibitaro bya Munini bimaze iminsi byubakwa mu Karere ka Nyaruguru bemerewe na Perezida Kagame, byazaba byaratashywe mu mezi abiri ari imbere bigatangira gukora.
Abakozi babarirwa muri 250 bakora mu ruganda rw’icyayi rwa Pfunda bahagaritse imirimo mu buryo busa n’imyigaragambyo bashinja ubuyobozi kutabitaho no kutubahiriza amategeko agenga umurimo mu Rwanda.
Mu minsi ishize abacuruzi batandukanye bacururiza mu Mujyi wa Kigali rwagati ahazwi ku izina rya “Quartier Commercial” binubiraga umuriro bahabwaga ucikagurika. Uwo muriro utameze neza ukaba cyane cyane waraterwaga n’imvura nyinshi imaze iminsi igwa ikangiza imiyoboro y’amashanyarazi, imyinshi yari iri mu butaka.
Umuhanzi umenyerewe mu gusubiramo indirimbo zacuranzwe n’abandi (Cover), Etienne Guitar, yasohoye indirimbo “Tabara isi” agamije gutabariza isi ngo ihinduke.
Ibikorwa bya gisirikare bya Leta ya Israel byo kurwanya abarwanyi ba Hamas bo muri Palesitine muri Gaza bizakomeza hifashishijwe imbaraga zose, nk’uko Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu yabitangaje.
Ku Cyumweru tariki ya 16 Gicurasi 2021, abapolisi batesheje uwitwa Saidi udupfunyika 992 tw’urumogi yari akuye muri Repubulika ihanira Demokarasi ya Congo (RDC) aruzanye mu Rwanda.
Bamwe mu bamotari b’i Kigali ubu bashobora guhinduza moto zabo zanywaga lisansi (essence) zikavanwaho moteri, zigashyirwaho batiri z’amashanyarazi ubundi bagaca ukubiri no gutumura imyuka ihumanya ikirere cyangwa gusakuza biterwa no guhinda kwa moteri.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 17 Gicurasi 2021, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, na madamu Jeannette Kagame, bakiriwe ku meza na Perezida w’icyo gihugu cy’u Bufaransa, Emmanuel Macron ari kumwe na madamu we Brigitte Macron.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, yihanganishije umuryango w’umugabo w’imyaka 78 witabye Imana i Huye azize Covid-19.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko raporo za Duclert (y’u Bufaransa) na Muse (y’u Rwanda) zihuza byinshi by’ingenzi byashingirwaho biteza imbere umubano w’ibihugu byombi.
Uretse kuba umuneke ari urubuto ruryoha ku bantu barukunda, burya ngo ni n’ingirakamaro cyane ku buzima bw’umuntu mu buryo butandukanye, bitewe n’intungamubiri wifitemo. rubisobanura.
Ikipe ya As Douanes yatangiye irushanwa itsinda GS Petroliers yo muri Algeria amanota 95 kuri 76, mu gihe Zamalek yihanije Feroviario de Maputo ku intsinzi y’amanota 71 kuri 55.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yagaragaje ko ibihugu bituranye na RDC biyifuriza ituze n’iterambere.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Gasogi United mu mukino wa nyuma w’amatsinda, bituma Kiyovu na Gasogi zijya mu makipe arwana no kutamanuka
Uwari kapiteni w’ikipe ya APR Basketball Club mu bagabo, Niyonsaba Bienvenue, yamaze kwandika ubutumwa busezera muri iyo kipe yari amazemo imyaka igera kuri itatu.
Nirora Marcel alias Lt Col. Bama Nicolas, asobanura ko kwihuza kw’ishyaka rya PDR Ihumure rya Paul Rusesabagina, CNLD Ubwiyunge na RLM, Rusesabagina yashakaga ingabo zikora ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda kuko we ntazo yari afite.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 16 wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye muri Wisdom School witwa Ufitinema Uwase Gisèle, avuga ko ubumenyingiro amaze kunguka bumuhesha ubushobozi bwo guhatana na Rwiyemezamirimo Sina Gerard (Nyirangarama) mu myaka iri imbere.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, yasobanuye ko umupolisi ashobora gukora akazi ke yambaye umwambaro wa gisivile, ndetse agakoresha n’imodoka itari iya gipolisi mu gihe abiherewe uburenganzira n’abamukuriye.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rurongera kuburira abaturarwanda kutajya mu bucuruzi bw’amafaranga y’uruhererekane (Pyramid Scheme) burimo gukorerwa kuri murandasi (Internet) kuko butemewe n’amategeko.
Ibi ni bimwe umuntu yagombye kwirinda mu buzima kugira ngo abane n’abandi, badahora bamwibazaho kubera imyitwarire ye.
Komisiyo ishinzwe amatora muri Ethiopia yagiranye inama n’amwe mu mashyaka ya Politike akorera muri icyo gihugu, itangaza ko amatora yari ateganyijwe ku itariki 5 Kamena 2021 yigijwe inyuma.
Virginie Mukashyaka warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yahawe inka na IPRC-Huye, arayishimira ayita Imararungu, kandi ngo yatangiye kuyibonamo igisubizo ku bibazo afite byose, byaba iby’ubukungu ndetse n’iby’uburwayi.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe abantu 80 bari mu bikorwa bitubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 harimo n’abagore bari mu birori bitegura ubukwe. Polisi y’u Rwanda itangaza ko aba bantu bafashwe tariki 16 Gicurasi 2021 mu Karere ka Rusizi ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze n’abaturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi buratangaza ko mu gihe gito kiri imbere, Ikigo nderabuzima cya Mulindi kizimukira mu nyubako nshya kandi zagutse kugira ngo kibashe gutanga serivisi zinoze.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, uri mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa aho yitabira inama mpuzamahanga yiga ku gihugu cya Sudani n’indi iziga ku gutera inkunga ubukungu bwa Afurika, yanahuye n’Umuyobozi mukuru w’ikigega cya IMF, Madame Kristalina Georgieva.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buremeza ko kimwe mu bibangamira imitangire ya Servisi ari abakozi bake mu bigo binyuranye bya Leta muri ako karere, aho hari imyanya 195 imaze igihe itagira abakozi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, yihanganishije umuryango w’umugore w’imyaka 81 witabye Imana i Kigali azize Covid-19. Iyo Minisiteri yanatangaje ko ku Cyumweru tariki 16 Gicurasi 2021, mu Rwanda abantu 70 bakize Covid-19. Abayanduye ni 42 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 26,141. Abarembye (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri iki Cyumweru tariki 16 Gicurasi 2021, yageze i Paris mu gihugu cy’u Bufaransa, aho yagiye kwitabira Inama mpuzamahanga yiga ku gihugu cya Sudan ndetse n’iyo kwiga ku gutera inkunga ubukungu bwa Afurika.
Ikipe ya Patriots BBC yatangiye irushanwa rya Basketball Africa League itsinda Rivers Hoopers amanota 83 kuri 60.
Ikipe ya Musanze FC yatsinze As Kigali ibitego bibiri kuri kimwe isoza ku mwanya wa Gatatu, mu gihe Espoir yanganyije na Sunrise ikomeza mu makipe umunani azahatanira igikombe.
Senateri Espérance Nyirasafari avuga ko kuba Pauline Nyiramasuhuko wari Minisitiri w’umuryango, aho gushyigikira iterambere ryawo agashyigikira ubwicanyi akanabushoramo umuhungu we n’umukazana we, ari igisebo ku babyeyi.
Ikipe ya APR FC yirukanye mu mwiherero umukinnyi Bukuru Christophe ashinjwa imyitwarire mibi, bikaba bibaye nyuma y’aho yari yigeze guhagarikwa nyuma akaza kubabarirwa
"Nta mukobwa w’isugi wabona i Kigali". Iyi ni imvugo ikunda kugarukwaho n’abantu batari bake bashaka kugaragaza ko abakobwa bose babaye abasambanyi, njyewe mfata nk’ikinyoma kuko abakobwa b’amasugi barahari ndetse benshi.
Iyo bavuze ko hari amadini n’amatorero yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, usanga abayobozi bayo bavuga ko nta muyoboke n’umwe w’idini wigeze atumwa na ryo cyangwa itorero rye ngo ajye kwica, uwabikoze wese ngo yabikoze ku giti cye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke, buremeza ko ibyumba bishya by’amashuri biherutse kubakwa byose byatangiye gukoreshwa, bikaba byakemuye ikibazo cy’ubucucike mu mashuri binarinda abana ingendo ndende mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi.
Ikipe ya Leicester City yegukanye igikombe cy’irushanwa ry’igihugu mu Bwongereza (FA CUP), nyuma yo gutsinda Chelsea FC igitego kimwe ku busa.
Perezida w’Umuryango IBUKA, uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Egide Nkuranga, yavuze ko ababajwe no kuba benshi mu bari abanyeshuri bishyuriwe n’Ikigega FARG ari abashomeri.
Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi bayo batanu ibashinja imyitwarire idahwitse mu bihe bibi irimo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gtandatu tariki 15 Gicurasi 2021, mu Rwanda abantu 102 bakize Covid-19. Abayanduye ni 66 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 26,099. Abakirwaye bose hamwe ni 1,062 mu gihe abarembye ari babiri (2). Akarere ka Karongi ni ko gafite abanduye benshi, ni 24.