Abaturiye urugomero rwa Mukungwa ruherereye mu Mudugudu wa Mukungwa, Akagari ka Kabirizi Umurenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, bafite ibyishimo batewe no kuba bahawe umuriro w’amashanyarazi bari bamaze igihe bifuza.
Abarokotse Jenoside batuye mu Mudugudu wa Shuni uherereye mu Kagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bavuga ko muri bo hari abiyandikishijeho amasambu y’imfubyi none kuyabandikaho bikaba byarabananiye kuko bisaba amafaranga menshi.
Martin Vizcarra wahoze ari Perezida wa Peru yahagaritswe mu kazi ka Leta mu gihe cy’imyaka 10, ashinjwa ko yarenze umurongo wari uteganyijwe wo guhabwa inkingo za Covid-19.
Nyuma yo kwegura kwa Amb. Munyabagisha Valens wayoboraga Komite Olempike, amatora y’uzamusimbura yashyizwe mu ntangiriro za Gicurasi 2021.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko kuva saa kumi n’ebyiri z’igitondo (6:00) cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Mata 2021 kuzagera mu ijoro ryo ku wa mbere tariki 19 Mata 2021 (saa sita z’igicuku), mu turere tumwe tw’u Rwanda hateganijwe umuyaga ushobora kwangiza imitungo y’abantu.
Ikipe ya APR FC yatangiye imyitozo kuri uyu wa Gatanu ku kibuga cya Shyorongi aho isanzwe initoreza, mu rwego rwo gutegura shampiyona izatangira tariki 01/05/2021
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ifite icyizere cy’uko ibyumba by’amashuri byubakwa mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi bitangira kwakira abana muri Nzeri uyu mwaka, ibyo bikazagabanya ubucucike mu mashuri binafasha abana bajyaga biga bakoze ingendo ndende.
Kaminuza ya Cambridge yo mu Bwongereza yokejwe igitutu gikomeye cyo guhagarika umuhakanyi wa Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 Judi Rever mu itsinda ryashyizweho kugira ngo baganire ku bibazo byo mu karere k’ibiyaga bigari.
Mu ndirimbo za Mariya Yohana, Umuhanzi w’Umunyarwakazi uririmba indirimbo zitandukanye harimo izikoreshwa mu gihe cyo Kwibuka abazize Jenoside, hari indirimbo imwe irimo amagambo agira ati “Ndacyabunamiye sindata igiti”.
Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) gitangaza ko ubukungu bw’ibihugu bya Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara n’u Rwanda rurimo, bufite amahirwe yo kuzahuka muri 2021 n’ubwo bukomeje gukomwa mu nkokora n’icyorezo cya COVID-19, icyo kigega kigatanga inama yo gushakira iki gice cy’umugabane w’Afurika inkingo za Covid-19 (…)
Isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe amahoro rigiye kuba ku nshuro ya 16, rizakinwa mu buryo budasanzwe hubahirizwa ingamba zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus
Padiri Marcel Hitayezu uba mu Bufaransa yatawe muri yombi acyekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibyaha byibasiye inyoko muntu mu Rwanda muri Mata 1994.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Munyenyezi Beatrice woherejwe mu Rwanda tariki ya 15 Mata 2021 akuwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo kurangiza igihano cy’imyaka 10 yari yarakatiwe n’urukiko rwasanze yarabeshye ko nta ruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yihanganishije umuryango w’umwana w’umukobwa w’amezi 5 witabye Imana mu Karere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kwiyandikisha gukorera uruhushya rw’agateganyo n’urwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga bisubukurwa ku wa Mbere tariki ya 19 Mata 2021.
Akarere ka Kicukiro kabifashijwemo n’abashakashakatsi Prof Mbonyinkebe Deogratias na Frank Cyiza, kamuritse ibyavuye mu buhamya bw’abantu batandukanye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Leta zunze ubumwe za Amerika zohereje Béatrice Munyenyezi mu Rwanda, akaba ageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Mata 2021 n’Indege ya KLM. Akigera ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kanombe, yahise ashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Mata 2021, kizatangira gutanga urukingo rwa Pfizer ku bantu bibereye mu modoka zabo.
Hari abavuga ko iyo bagiye guhaha inyama bagasanga nta nyama z’umwijima zihari, bahita bazihorera kuko ngo nta zindi zibaryohera nk’inyama z’umwijima, uretse ko hari n’abavuga ko bumva zibamerera nk’ibintu bidafite icyanga, ku buryo batanazihaha cyangwa se ngo baziteke mu ngo zabo.
Abatoza 18 b’Abanyarwanda batangiye amahugurwa bakoreshwa n’ikipe ya Paris Saint-Germain, hazavamo bane bazatoza mu ishuri ry’umupira w’amaguru rya Paris Saint-Germain rizatangira mu Rwanda
Umuyobozi w’Umuryango uhuriyemo abayobozi b’amadini n’amatorero mu Rwanda (Rwanda Religious Leaders Initiative) Bishop John Rucyahana avuga ko abanyamadini bakwiye kwihana kuko barebera ihohoterwa rikorerwa abana.
Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatangaje ibihano cyafatiye u Burusiya kubera ibyo cyise ibitero byo mu buryo bw’ikoranabuhanga (cyber-attacks) n’ibindi bikorwa by’ubushotoranyi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu Polisi yeretse Itangazamakuru abagabo icyenda bacuraga Perimi z’impimbano bakanazigurisha mu baturage bo mu karere ka Gicumbi.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel K. Gasana, avuga ko guhera ku wa Mbere tariki ya 19 Mata 2021, ingo zose mu Ntara y’Iburasirazuba zigiye gusinya imihigo yo kurwanya imirimo mibi ikoreshwa abana, ihohoterwa ribakorerwa ariko by’umwihariko isambanywa ryabo.
Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda RBC, Dr Sabin Nsanzimana, avuga ko kuba ahantu h’imfungane (mu nzu no mu modoka) mu gihe abantu baba bahunga ubukonje n’imvura, ngo bishobora kongera ibyago byo kwanduzanya Covid-19.
Mu gihe abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda bitegura kuzatangira amasomo ku wa Mbere tariki 19 Mata 2021, abize Football bo ngo bazaba baretse kuko bazemererwa gukomeza ari uko bamaze kwiga siyansi.
Tariki 15 Mata 1994 ni umunsi utazibagirana ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bafite ababo biciwe mu nyubako yahoze ari Cour d’Appel Ruhengeri.
Abayobozi b’ikipe ya APR FC baganirije abakinnyi mbere yo gutangira umwiherero, aho zimwe mu ntego bihaye zirimo gutwara igikombe no kugira umubare munini mu ikipe y’igihugu “Aamavubi”
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 15 Mata 2021, mu Rwanda abantu bane bishwe na Covid-19. Abayikize ni 211 bituma umubare w’abamaze gukira bose hamwe baba 21,805. Abanduye bashya ni 72, abakirwaye bose hamwe ari 1,618.
Irushanwa rifungura umwaka w’imikino 2021 muri ‘Basketball BK Preseason tournament’ rizatangira tariki ya 23 Mata 2021, amakipe 12 mu bagabo n’amakipe 5 mu bagore ni yo yakoze Tombola. Ni Tombola yabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Mata 2021 muri Kigali Arena.
Nyuma y’aho bari bamaze iminsi bahakana ibyo gutandukana kwabo, umuririmbyi akaba n’umukinnyi wa filime, Jennifer Lopez na Alex Rodriguez, wamenyekanye cyane mu mukino wa Base Ball, bamaze kwemeza ko umubano wabo babanaga nk’umugore n’umugabo, n’ubwo bari batarasezeranye (fiancé couple) bawushyizeho akadomo.
Ubuyobozi bw’Akarere n’ubw’inzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu bwasabye abaturage bo mu Murenge wa Cyanzarwe baturiye umupaka, kwirinda kunyura mu nzira zitemewe zambukiranya umupaka, cyane cyane mu masaha y’ijoro kugira ngo batazitiranywa n’umwanzi.
Munyankindi François w’imyaka 44 y’amavuko, utuye mu Karere ka Kayonza, Umurenge wa Ndego, Akagari ka Kiyovu, Umudugudu wa Nyamugari, yatawe muri yombi n’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku itariki ya 12 Mata 2021, akurikiranyweho guhoza ku nkeke umugore we.
Ku itariki ya 12/04/2021, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko Nsabimana Ephron w’imyaka 29 afunzwe, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha umugore ufite ubumuga bwo mu mutwe imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Nyuma y’igihe kirekire bataka kutagira aho kuba, nta n’ubushobozi bwo kwiyubakira bafite, imiryango 10 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 b’i Kigoma, ubu irishimira ko na yo yabonye aho kuba.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga buratangaza ko guhemba abakozi amafaranga menshi buri kwezi bidindiza iterambere ry’ibitaro, icyifuzo kikaba ari uko abakozi bagengwa n’amasezerano bujuje ibisabwa bashyirwa mu myanya y’akazi bagahembwa na Leta.
Umunyarwenya ukomoka mu gihugu cya Uganda ukundwa na benshi, Anne Kansiime, abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, amaze gutangaza ibyishimo afite kuko yasamye.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi Mugire Joseph wahoze ari umuyobozi muri Koperative UMWALIMU SACCO na Nyirarukundo Liliane wari umukozi wa koperative Umwalimu Sacco.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko rumaze kubona ibyaha 83 by’ingengabitekerezo ya Jenoside byakozwe mu cyumweru cy’icyunamo (tariki 07-13 Mata 2021), ababikurikiranyweho 66 bakaba bamaze gufatwa.
Umufaransa Jean-Claude Hérault wayoboye Tour du Rwanda mu gihe cy’imyaka umunani yitabye Imana azize icyorezo cya Coronavirus.
Ubuyobozi bw’ikipe ya REG Volleyball Club buratangaza ko bwihaye intego yo kuza mu makipe ane ya mbere ku mugabane wa Afurika mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAVB Men’s Club Championship 2021) izabera muri Tuniziya.
Umuyobozi Mukuru wa Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame, yasabye abakuru gusigira ababakomokaho umurage w’amateka y’ukuri ku Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe burashimira abatuye Umurenge wa Nyarubuye kuba ku mwanya wa mbere muri gahunda yo kwimakaza Ubumwe n’ubwiyunge, bigahesha ako karere kuza ku isonga muri gahunda y’Ubumwe n’ubwiyunge hagendewe kuri raporo y’umwaka ushize.
Fred Mufulukye uherutse gusimburwa ku buyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba na Emmanuel Gasana, Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Mata 2021 yamugize Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS), uyu mwanya akaba awusimbuyeho Bosenibamwe Aimé witabye Imana muri Gicurasi 2020.