Mu isiganwa ry’amagare ryo mu muhanda ryabaye mu rukerera rw’uyu munsi, Mugisha Moise uhagarariye u Rwanda ntiyabashije gusoza isiganwa.
Ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye haracicikana ibaruwa y’Umupadiri witwa Fidèle de Charles Ntiyamira yandikiye Nyiricyubahiro Musenyeri Servilien Nzakamwita, Umushumba wa Diyosezi ya Byumba, asezera ku muhamagaro w’Ubupadiri, kuko yifuza gushinga urugo.
Bamwe mu batuye mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali baravuga ko bahangayikishijwe n’imyitwarire ya bamwe mu banyerondo bitwaza inshingano bafite bakabahohotera, ku buryo harimo abakubitwa bagakomeretswa, ubuyobozi bukavuga ko ibyo bidakwiye.
Ikipe ya APR FC yagombaga guhagararira u Rwanda muri CECAFA y’amakipe izabera muri Tanzania, yatangaje ko itakitabiriye aya marushanwa
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 23 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 953 babasanzemo Covid-19, muri bo 176 bakaba babonetse i Kigali, ahandi habonetse benshi ni i Musanze bangana na 98, i Nyanza habonetse 70. Abakize ni 815, abantu 14 bitabye Imana, naho abarembye ni 71 nk’uko imibare yatangajwe (…)
Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yifuje intsinzi abakinnyi b’u Rwanda bitabiriye imikino Olempike ya 2021 ibera i Tokyo mu Buyapani.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Nyakanga 2021, mu ishuri rya Polisi riherereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari (PTS-Gishari), hasojwe amahugurwa y’abapolisi 30 bahugurwaga ku bijyanye no gucunga umutekano bifashishije za moto zabugenewe.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko amabwiriza ya Minisiteri y’Ubucuruzi yo kwirinda Covid-19 ntaho yemerera abaranguza z’inzoga (dépôts) gukingura ngo bacuruze, mu gihe ako karere kari muri Guma mu Rugo.
Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu, kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Nyakanga 2021, yafashe uwitwa Muhawenimana Jeannette w’imyaka 25, afatanwa udupfunyika 500 tw’urumogi yaruhishe mu mufuka urimo ibirayi. Yafatiwe mu Murenge wa Kanzenze mu Kagari ka Kiremera, Umudugudu wa Bisesero, afatwa yari ategereje imodoka zitwara (…)
Umugore witwa Nyiramvukiyehe Marie Josée, arashakishwa n’abaturage bo mu Kagari ka Kabeza, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, nyuma yo gutorokana amafaranga yabo angana na miliyoni enye n’ibihumbi magana inani (4,800,000Frw), bajyaga batanga mu kibina nk’imigabane, bakaba bari biteguye kugabana.
Freeman Mbowe n’abandi bayoboke b’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania ryitwa Chadema, ku wa Gatatu tariki 21 Nyakanga 2021 batawe muri yombi, bakaba bahamagajwe ahitwa i Mwanza.
Abayobozi bo muri Madagascar batangaza ko hari abantu benshi barimo “Abanyamahanga n’Abanya-Madagascar” bafashwe bakekwaho kuba bari bafite umugambi wo kwica Perezida w’icyo gihugu Andry Rajoelina.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze, by’umwihariko abo mu Murenge wa Gacaca, bavuga ko ikibazo cy’abatekamutwe bakomeje kubatwara amafaranga n’amaterefone biyitirira inzego runaka kibahangayikishije.
Mu Kagari ka Tetero Umurenge wa Muhima mu mudugudu wa Tetero hafi y’ahahoze isoko rya Nyabugogo, habereye impanuka y’inkongi y’umuriro yangije ibintu birimo inzi zo guturamo, ibikoresho by’ubudozi bwa made in Rwanda n’idepo y’amakara, byose hamwe bifite agaciro kari hejuru ya miliyoni zirenga eshanu z’Amafaranga y’u Rwanda.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Col Ronald Rwivanga, yemereye Kigali Today ko umutwe w’Ingabo z’u Rwanda zatangiye kurwanya umutwe w’iterabwoba ugendera ku mahame ya kiyisilamu muri Mozambique.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangaje ko inyubako za Leta zose zirimo kubarurwa no kwandikwa mu izina rya Minisiteri y’Ibikorwaremezo(MININFRA), nyuma yaho izidakoreshwa zikazajya zihabwa abavuye hanze batagiraga aho bakorera.
Ikigo cy’ubuzima mu Rwanda (RBC), ku nshuro ya kabiri kirateganya gupima Covid-19 mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, kuri iyi nshuro intego ikaba ari ugupima abaturage basaga 100.000, ni igikorwa giteganyijwe ku itariki 23 na 24 Nyakanga 2021.
Indirimbo ‘My Vow’ y’umuhanzi w’Umunyarwanda, Ngabo Medard, umenyerewe ku izina ry’ubuhanzi rya Meddy, yahimbiye umugore we, yasohotse benshi bayitegereje bihutira kuyireba, kuko mu gihe cy’amasaha icumi gusa yari imaze kurebwa n’ibihumbi birenze 113.
Bamwe mu bahinzi mu Karere ka Nyagatare bahinga mu mirenge badatuyemo bavuga ko n’ubwo ibikorwa by’uhinzi byemewe no mu gihe cya Guma mu Rugo, ariko babuze uko bajya gusarura kubera ko amabwiriza ajyanye n’iyo gahunda atemerera ibinyabiziga bakoresha kujya mu muhanda.
Impuzamashyirahamwe y’ibihugu byo mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba no hagati (CECAFA) mu mupira w’amaguru, yamaze gutangaza amakipe yemeye kwitabira CECAFA izabera i Dar es Salaam muri Tanzania.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko icyorezo cya Covid-19 cyahungabanyije ubuzima bwose bw’igihugu n’uburezi budasigaye ku bana bose, ariko by’umwihariko ku bana b’abakobwa.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishizwe Ubuzima (RBC), Dr. Sabin Nsanzimana, yatangaje ko ibyavuye mu bushakashatsi bigaragaza ko inkingo za Pfizer na AstraZeneca zifite ubushobozi bwo ku rwego rwo hejuru mu guhangana na Covid-19 yihinduranya izwi nka Delta.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Kane tariki 22 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 1,309 babasanzemo Covid-19, muri bo 189 bakaba babonetse i Kigali, ahandi habonetse benshi ni i Rubavu bangana na 79. Abakize ni 869, abantu 11 bitabye Imana, naho abarembye ni 78 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) yashyize ahagaragara ibyavuye mu gikorwa cyo gupima COVID-19 mu buryo bwagutse abatuye mu Mujyi wa Kigali ku matariki ya 17 na 18 Nyakanga 2021.
Mukandutiye Angelina, umugore rukumbi uregwa mu rubanza rwa Paul Rusesabagina n’abo bareganwa, yasabye kugabanyirizwa ibihano kubera ko ashaje cyangwa akababarirwa nawe akamenya ko ubutabera bw’u Rwanda butanga imbabazi.
Nyuma y’uko urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Huye rwiyemeje gushyiraho abahwitura abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, ubu rwabashyizeho no mu isoko rya Huye, icyakora hari abavuga ko batari ngombwa, kuko baje basanga hari abandi bashyizweho n’ubuyobozi bw’isoko.
Polisi y’u Rwanda mu bikorwa byayo bya buri munsi byo kurwanya no gufata abakora bakanacuruza inzoga zitemewe ndetse n’ibiyobyabwenge, ku wa Gatatu tariki ya 21 Nyakanga 2021 yafashe litiro 1,350 z’inzoga zitemewe n’ibiro 2 by’urumogi, byose bikaba byafatiwe mu Karere ka Huye, Nyamasheke na Rubavu.
Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali barasaba ko gahunda yo gutwika imurambo hagashyingurwa ivu yakwihutiswa kuko basanga hari byinshi izabafasha, nko kurengera ubutaka bwashyingurwagaho bugakoreshwa ibindi ndetse n’amafaranga yabigendagaho agafasha umuryango wagize ibyago.
Umwana wavutse mu mwaka wa 2004 (bivuze ko afite imyaka 17) wari ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku cyaha cy’ubwicanyi, icyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake byateye urupfu, ndetse n’icyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake umwana, yahamwe n’ibyo byaha tariki 21/07/2021 akatirwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 10.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko umuhanzi Nemeye Platini n’umugore we Ingabire Olivia bibarutse imfura yabo y’umuhungu mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane tariki 22 Nyakanga 2021.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yatangarije Inteko ko Guverinoma igiye kwikubita agashyi, ikamenya aho urubyiruko rufite impano zo gukora udushya ruherereye, kugira ngo rufashwe kunoza iyo mishinga no kuyigeza ku isoko.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko kurwanya COVID-19 bitareba umuyobozi gusa ahubwo ari uruhare rwa buri muturage guha agaciro ubuzima bwe kuko kurangaraho gato ari uguha icyuho urupfu.
Mugheni Kakule Fabrice wakiniraga ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya, yamaze gusinyira ikipe ya AS Kigali amasezerano y’imyaka ibiri.
Nyuma y’uko imibare y’abandura Covid-19 iri hejuru, Guverinoma yashyizeho gahunda yo kureba abarwayi bamwe banduye Covid-19 ariko badafite ibimenyetso bikomeye, bakavurirwa mu rugo bakanahakirira, ibizwi nka ‘Home Based Care’.
Ndagijimana Jean Chretien, umuhungu wa Gen Irategeka Wilson, avuga ko yavukiye mu mitwe y’iterabwoba ayikuriramo bityo ko nta yandi mahitamo yari afite kuko ise yari mu bayobozi bakuru bayo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze burizeza abaturage ko inyubako nshya y’ibiro by’Umurenge wabo wa Kinigi imaze igihe kinini yaradindiye, ibikorwa byo kuyubaka bizasubukurwa muri Kanama 2021.
Akarere ka Rubavu gakomeje igikorwa cyo kugeza ibiribwa ku baturage batishoboye muri iki gihe cya Guma mu Rugo, gusa ngo hari abo byatinze kugeraho ndetse hakaba hari abari batangiye kuvuga ko babayeho nabi badashobora kubahiriza Guma mu Rugo, ariko aho bibagereyeho barabyishimiye.
Ikigo giteza imbere Indangarubuga y’u Rwanda[.rw] kikaba gihagarariye abakoresha Ikoranabuhanga mu Rwanda(RICTA), kiri mu bukangurambaga bwiswe “Zamuka na AkadomoRW”, aho kigaragaza inyungu zo gukoresha izina ry’urubuga rwa murandasi rw’indangarubuga y’u Rwanda.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruratangaza ko mu rwego rwo kurushaho kurwanya Covid-19 muri za gereza, imfungwa n’abagororwa bakurikiranwa cyane kandi bagasabwa kubahiriza ingamba zashyizweho zo kwirinda icyo cyorezo.
Kwizera Olivier usanzwe ufatira ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangaje ko asezeye umupira w’amaguru.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 21 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 925 babasanzemo Covid-19, muri bo 122 bakaba babonetse i Kigali. Abakize ni 1,104 abantu 16 bitabye Imana, naho abarembye ni 74 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Eduard Ngirente watangije Inama ya 41 y’Abayobozi b’Imijyi bibumbiye mu Ishyirahamwe ry’Abayobozi b’Imijyi ikoresha ururimi rw’Igifaransa (AIMF), yagaragaje uburyo ikoranabuhanga ryoroheje gutanga serivisi no kwihutisha iterambere n’imibereho y’umuturage.
Umunyeshuri wigaga ku rwunge rw’amashuri rwa Cyeza mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga ari gufashwa gukora ibizamini bisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye.
Muri iki gihe uturere turimo n’aka Burera turi muri gahunda ya Guma mu Rugo, nyuma yo kuzamuka gukabije kw’imibare y’abandura Covid-19, mu Karere ka Burera iyo gahunda iradindizwa na bimwe mu birori abaturage bakora birimo n’umuhango wiswe Ubuteka.
Abana bane b’abahungu barimo gukora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, bakaba bafungiye muri gereza y’abana iri mu Karere ka Nyagatare.
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC) ku wa Kabiri tariki ya 20 Nyakanga 2021 ryafashe itsinda ry’abantu batanu bacyekwaho kuba bibaga za Moto mu Mujyi wa Kigali. Batatu muri abo ni Dusabimana Claude uzwi ku izina rya Eric w’imyaka 25, Biziyaremye Alphonse bakunze kwita Micheal w’imyaka 37 na (…)
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano, mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 21 Nyakanga 2021 saa cyenda, bafashe babiri mu bari bikoreye magendu y’imyenda ya caguwa abandi babaherekeje bafite imihoro yo kurwana. Abafashwe ni Twahirwa Marcel w’imyaka 24 na Dukuzumuremyi Valens w’imyaka 39, bafatiwe mu Karere (…)