Impuzamashyirahamwe y’umukino wa Volleyball muri Afurika yashimye aho u Rwanda rugeze rwitegura igikombe cya Afurika kizabera mu Rwanda mu byumweru bibiri biri imbere.
Mu kwezi gushize, Banki ya Kigali yatangaje ko yavuguruye imikorere ya serivisi ya ’Internet Banking’, cyangwa se ikoranabuhanga rifasha abakiriya b’iyi banki kubona serivisi zitandukanye bitabasabye kubanza kujya kuri banki ahubwo bakazibona bifashishije telefoni cyangwa se mudasobwa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 22 Kanama 2021 mu Rwanda abantu 11 bitabye Imana bazize Covid-19, abanduye bashya ni 393 babonetse mu bipimo 12,650. Abitabye Imana ni abagore 8 n’abagabo 3. Iyo Minisiteri yatangaje kandi ko abantu 36,609 bahawe doze ya mbere y’urukingo rwa Covid-19. (…)
Bizimungu Dieudonnée yavukiye ku Mukamira mu Karere ka Nyabihu mu 1959 atabaruka mu 1994 azize Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yari atuye mu mujyi wa Kigali n’umugore we Uwimbabazi Agnès.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ntovi, Umurenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma, Burakeba Thierry n’umukuru w’umudugudu wa Ntovi, Kamali Remy hamwe n’abaturage bane, bakubiswe n’abashumba barabakomeretsa.
Nyuma y’aho bigaragariye ko Umurenge wa Kagogo, ari wo uza imbere y’indi Mirenge igize Akarere ka Burera mu kurangwamo ubwiganze bw’ibyaha birimo n’ibibyara impfu za hato na hato, abaturage bo muri uwo Murenge, baratangaza ko bagiye kurushaho gufatanya n’Ubuyobozi mu gukaza ingamba zizafasha guhashya ababikora, kuko bakomeje (…)
Ntirushwa Fidele, umushoferi w’imodoka itwara abanyeshuri bo ku kigo cy’amashuri abanza cya Lively Stones Academy, afungiye kuri sitation ya polisi ya Rwezamenyo akurikiranweho gutwara abanyeshuri yasinze.
Prof Pacifique Malonga usobanukiwe iby’ayo mateka aremeza ko n’ubwo imvugo “Ni nde ukinishije Pasitoro w’i Kirinda”, yakomeje kwitirirwa abantu benshi, ngo ni umubyeyi we wari Pasitoro wabivuze bwa mbere, ubwo yarambikaga isakoshi ye ku muhanda agiye kwihagarika bakayiba bashakamo amafaranga.
Abapolisi b’u Rwanda bo mu ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU) n’abo mu ishami rishinzwe umutekano wo ku mipaka (BSU), ku wa Gatanu tariki ya 20 Kanama 2021, bafashe uwitwa Ndayizeye Pierre Céléstin w’imyaka 37, bamufatiye mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi mu Kagari ka Bugoye ku mupaka wa La Corniche, (…)
Umurinzi w’Igihango, Joseph Habineza wo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi, yatunguwe n’inkuru y’uko bazina we, Joseph Habineza, wigeze kuba Minsitiri yitabye Imana maze yihanganisha umuryango we.
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu “AMAVUBI” na APR FC, Jacques Tuyisenge, yaraye asezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Musiime Recheal Jordin.
Hashize iminsi humvikana inkuru nyinshi zimenyekanisha impfu zitandukanye z’abiyahuye, bigatera urujijo benshi, gusa inzobere zo zivuga ko hari ubwo kwiyahura bijyana no kwigana.
Ababyeyi benshi banezezwa n’uko abana babo b’abakobwa bakora ubukwe bagashinga umuryango ndetse bakabyara n’abana. Ariko igitangaje ni uko bababazwa n’uko abakobwa babo bateretwa ndetse bamwe bagakora ibishoboka byose ngo babikumire.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo buvuga ko mu bakobwa barenga 420 batewe inda mu mwaka wa 2020-2021, benshi ngo baziterewe mu ngo n’abo bafitanye isano, abandi baziterwa bagiye gusura abahungu mu macumbi (ghetto), icyo bita ’kurya show’.
Ku wa Gatandatu tariki 21 Kanama 2021, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kwirukana ku butaka bwarwo Umubiligi Vincent Lurquin, wagaragaye mu itsinda ry’ababuranira Paul Rusesabagina mu rukiko, nta burenganzira abifitiye.
1. Akureshya atiriwe akoresha amagambo Iyo umukobwa yagukunze, hari igihe ushobora kubyitiranya no kubura ibyicaro, nyamara umukobwa ashobora gukoresha ibimenyetso bidasanzwe ngo abikwereke wowe ukaba wabifata ukundi. Hari umukobwa ukunda umuhungu akabigaragaza yizengurutsa imbere ye, mu buryo ubona ko ashaka kukwiyereka (…)
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Basketball Dr Cheikh Sarr yatangaje urutonde rwa nyuma rw’abakinnyi 12 azifashisha mu mikino ya AfroBasket, batarimo usanzwe ari kapiteni wayo Mugabe Aristide
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 21 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 415, babonetse mu bipimo 16,143. Iyo Minisiteri yatangaje kandi ko abantu 5 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1,010. Abitabye Imana ni bagore 4 n’umugabo (…)
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Kanama 2021, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kwirukana ku butaka bwarwo Umubirigi Vincent Lurquin, wagaragaye mu itsinda ry’ababuranira Paul Rusesabagina mu rukiko, nta burenganzira abifitiye.
Ikigo cy’igihugu cy’igihugu cyita ku Buzima (RBC) kiratangaza ko guhera ku wa Mbere tariki 23 Kanama 2021, abafite guhera ku myaka 18 mu Mujyi wa Kigali batangira guhabwa urukingo rwa Covid-19.
Ku wa Gatanu tariki 20 Kanama 2021, Intara y’Iburasirazuba yashyikirije imiryango 131 yo mu Murenge wa Karama, imirasire y’izuba hagamijwe kubashimira uruhare bagize mu bikorwa bijyanye no kugira umudugudu utarangwamo icyaha.
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Gicumbi, rwishyize hamwe mu bushobozi rufite, rukusanya inkunga y’Amafaranga y’u Rwanda agera ku bihumbi 380, rworoza umuturage utishoboye inka ihaka.
Niyobuhungiro Félix utuye mu Murenge wa Musasa mu Karere ka Rutsiro, yatawe muri yombi agiye kwandikisha uruhinja rwavutse, nyuma y’uko bimenyekanye ko uwo babyaranye atari yujuje imyaka y’ubukure.
Ishuri ry’umupira w’amaguru rya The Winners Football Training Center ryo mu Karere ka Muhanga rigiye gukina bwa mbere shampiyona y’u Rwanda, ryamuritse umwambaro mushya bazakinana
Abayobozi bo muri Afghanistani bemeje amakuru y’uko Zaki Anwari, wakiniraga ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Afghanistani, yahanutse ku ndege agapfa ubwo yageragezaga kurira ku ndege ya gisirikare y’Abanyamerika yari ihagurutse ku Kibuga i Kabul.
Umunyezamu w’ikipe y’igihugu, Kimenyi Yves, n’abo bafatanywe bane baricuza amakosa bakoze yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 bikabaviramo gufungwa.
Kurya inzara kugeza ku rwego umuntu yica ibisebe ni ikibazo ndetse gifitanye isano n’ibibazo byo mu mutwe, nk’uko bisobanurwa n’impuguke.
Hakurya y’Umujyi rwagati wa Kigali muri kilometero zitarenga enye ntibatunzwe no kwicara mu biro cyangwa mu modoka, ahubwo bibereyeho nk’abatuye i Shangasha muri Gicumbi, Kinyamakara muri Nyamagabe, Gishyita muri Karongi cyangwa Juru mu Bugesera.
Abaturage b’Umurenge wa Mushishiro babonye amashanyarazi aturuka ku rugomero rwa Nyabarongo ya mbere, baravuga ko yabakuye mu bwigunge ariko bakanifuza ko yakongererwa ingufu kugira ngo babashe kongera umuvuduko mu kwiteza imbere.
Minisitiri wa Siporo mu Rwanda yatangaje ko ubu abakunzi b’umupira w’amaguru bemerewe kugaruka ku kibuga ariko hubahirjwe ingamba zo kwirinda Coronavirus
Mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 20 Kanama 2021, Umuyobozi w’abapolisi bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga amahoro muri Santrafurika, CP Christophe Bizimungu n’intumwa ayoboye basuye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bashinzwe kurinda abayobozi bakuru muri kiriya gihugu n’abandi banyacyubahiro (…)
Ku wa Gatanu tariki ya 20 Kanama 2021, mu Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riri mu Karere ka Musanze, hasojwe amasomo yari amaze amezi ane yahabwaga ba ofisiye bato 39 biganjemo abo muri Polisi y’u Rwanda, abo mu rwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) n’abo mu rwego rw’Igihugu rushinzwe (…)
Abakoresha umuhanda by’umwihariko abatwara ibinyabiziga barasabwa kurushaho kwitwararika no kubahiriza amategeko y’umuhanda kugira ngo birinde amakosa akunze gukorwa agateza impanuka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 20 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 380, babonetse mu bipimo 12,772. MINISANTE yatangaje kandi ko abantu 9 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1,005. Abitabye Imana ni bagore 3 n’abagabo 6.
Umuryango Interpeace ku bufatanye n’Akarere ka Bugesera batanze moto zizafasha mu kugera ku baturage bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe.
Abantu 29 bafatiwe mu bice bitandukanye n’amasaha atandukanye mu Mujyi wa Kigali, bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Rwezamenyo bakurikiranyweho gutwara imodoka basinze.
Urukiko rw’ibanze rwa Gatumba rwafunze abanyeshuri batandatu bigaga ku kigo cya ESECOM Rucano, mu gihe cy’iminsi 30 y’agateganyo mu rubanza baburanaga ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Abaturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu, bakusanyije ubushobozi bwo gushimira ubwitange bw’Ingabo z’u Rwanda, by’umwihariko abamugariye ku rugamba, bityo boroza inka icyenda abatuye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro.
Leta y’u Rwanda yashyikirije u Burundi abagabo babiri bafite ubwenegihugu bw’u Burundi bakekwaho kwiba amafaranga bagahungira mu Rwanda. Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwabashyikirije u Burundi ku mupaka wa Ruhwa mu Karere ka Rusizi butangaza ko bafatiwe ku butaka bw’u Rwanda bafite akayabo k’amafaranga.
Joseph Habineza wigeze kuba Minisitiri w’umuco na Siporo yitabye Imana ku myaka 57, amakuru atangwa n’abo mu muryango we aravuga ko yaguye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa 20 Kanama 2021, aho yari amaze igihe gito kuko yari mu nzira yerekeza i Burayi.
Abafundi n’abayede bakorera mu Mujyi wa Kigali baravuga ko bahangayikishijwe n’igihombo baterwa n’ubucuruzi bukorerwa ahakorerwa ibikorwa by’ubwubatsi (chantier) buzwi nka “Pourcent”.
Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali yerekanye abagabo batatu n’umugore umwe batawe muri yombi bakurikiranyweho gukoresha ibisubizo by’ibihimbano bya Covid-19.
Nsabimana Jean Damascène wo mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi, avuga ko hashize imyaka irindwi umugore bashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko, amutanye abana bane babyaranye amuziza ubumuga nyamara barashakanye abufite.
Umuhanzi nyarwanda Turatsinze Prosper wamamaye ku izina rya Mico The Best n’umukunzi we Clarisse, basezeranye imbere y’amategeko tariki 19 Kanama 2021 biyemeza kubana nk’umugabo n’umugore.