Guhura kwa Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara n’uwo yasimbuye Laurent Gbagbo ni igikorwa cy’amateka cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Nyakanga 2021 nyuma y’imyaka ibarirwa mu icumi abo bagabo bombi baranzwe no guhangana gukomeye badahura imbona nkubone.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko Guma mu Rugo izatangira tariki ya 28 Nyakanga 2021 mu Mirenge itatu yo muri ako karere, atari ukujya ku muhanda cyangwa ku muharuro.
Umuforomo umwe mu ivuriro rito (Poste de santé), mu mavuriro yo mu Karere ka Musanze, ngo ni kimwe mu bikomeje kubangamira imitangire myiza ya serivisi z’ubuvuzi.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emerence, yavuze ko tariki ya 26 Nyakanga 2021 habayeho uburangare mu gutanga ikizamini cya Leta kitari mu bigomba gukorwa kuri uwo munsi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, avuga ko imirenge 50 yashyizwe muri Guma mu Rugo izatangira kubahirizwa guhera ku wa Gatatu tariki ya 28 Nyakanga kugera ku ya 10 Kanama 2021, hafi ya yose irengeje 10% by’ubwandu mu baturage.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryategetswe kwishyura uwahoze ashinzwe itumanaho no kuyishakira amasoko, nyuma yo kubisabwa n’urukiko
Umuryango w’umugabo witwa Mayenga Nigonzala, utuye ahitwa Kidinda, mu Karere ka Bariadi, Intara ya Simiyu, ubu ufite ibibazo byinshi utabonera ibisubizo nyuma y’uko umugore we Zawadi Sayi, abwiwe ko yabyaye umwana umwe nyamara igihe cyose yagiye kwipimisha atwite yarabwirwaga ko atwite impanga z’abana babiri, bagiye no (…)
Zimwe mu nzego z’amadini n’amatorero ziratangaza ko imibanire y’ingo z’ubu ihangayikishije, bitewe n’amakimbirane na za gatanya za hato na hato bikomeje kwiyongera mu muryango nyarwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko gufata umwanzuro wo gushyira imwe mu mirenge igize ako karere muri Guma mu Rugo bidatunguranye, kubera kuzamuka kw’imibare y’abandura icyorezo cya Covid-19.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Mbere tariki 26 Nyakanga 2021 mu Rwanda abanduye Covid-19 ari 791 na ho mu minsi irindwi ishize abanduye ni 7,905. Abantu 15 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 757. Abitabye Imana ni abagore batatu (3) n’abagabo 12. Iyo Minisiteri itangaza (…)
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda n’umuyobozi mukuru wa Polisi ya Malawi ku wa Mbere tariki ya 26 Nyakanga 2021 bagiranye ibiganiro mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye buri hagati y’izi nzego zombi. Ni ubufatanye bwibanda ku kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka ndetse no guhanahana amahugurwa ku mpande zombi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) yatangaje ko imirenge imwe n’imwe isanzwe mu turere turi muri Guma mu Karere yashyizwe muri Guma mu Rugo mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Abantu 24 bafatiwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali ndetse no mu Karere ka Gicumbi, bakaba bakurikiranyweho kurenga ku mabwiriza anyuranye yo kwirinda Covid-19.
Umunyamuziki akaba n’umunyamideri Eudoxie Yao ukomoka muri Côte d’Ivoire yatangaje ko ubu ari wenyine (single) nyuma y’uko atandukanye n’umukunzi we Moussa Sandiana Kaba uzwi ku izina rya Grand P. Na we akaba ari umunyamuziki ukomoka muri Guinea.
Akarere ka Gakenke gakomeje ubukangurambaga kuri gahunda y’Ubumwe n’Ubwiyunge na Ndi Umunyarwanda, hifashishijwe inkuta Ntangabutumwa zikomeje kubakwa mu mirenge, zizwi ku izina ‛Ibicumbi by’amasibo’.
Polisi ikorera mu Karere ka Ruhango ku bufatanye n’abaturage yafashe uwitwa Masumbuko Laurent w’imyaka 33, ucyekwaho kwiba amatiyo 59 yo mu muyoboro w’amazi anyura mu Murenge wa Kinazi, Akagari ka Burima, Umudugudu wa Nyaruteja.
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi Nyiricyubahiro Musenyeri Smaragde Mbonyintege arasaba inzego zibishinzwe kumukuriraho imisoro y’ubutaka bwa Diyosezi ya Kabgayi ayobora bumwanditseho kuko atari ubwe ahubwo ari ubw’abakirisitu.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bakusanyije ibiribwa byo guha abaturanyi babo batishoboye, iyo nkunga ikaba yahawe imiryango 123.
Abaturanyi hamwe n’umugore w’uwitwa Tuyishimire Jean Claude utuye mu Mudugudu wa Rambura, Akagari ka Nyagasambu, Umurenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko uwo mugabo yiteye icyuma mu nda ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 25 Nyakanga 2021.
Nyuma y’aho Meddy asohoreye indirimbo ’My Vow’ yahimbiye umugore we baheruka kurushingana, indirimbo yakunzwe n’abantu benshi haba ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube na Instagram iranakunzwe ku mateleviziyo n’amaradiyo atandukanye. Icyakora hari abatayivugaho rumwe bayikekaho uburiganya bwaba bwarakoreshejwe kugira ngo (…)
Uwo ni umwanzuro wafashwe na Perezida wa Tunisia, Kais Saied, ku Cyumweru Tariki 25 Nyakanga 2021, aho yavuze ko ashingiye ku itegeko nshinga rya Tunisia ryo mu 2014, ahagaritse Minisitiri w’intebe Hichem Mechichi ku nshingano ze.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, aratangaza ko abatuye mu turere turi muri Guma mu Rugo ndetse n’Umujyi wa Kigali, bagiye kongera guhabwa ibiribwa kuko igihe cyo kuguma mu ngo cyongereweho iminsi itanu.
Mu mpera z’icyumweru gishize, abanyeshuri babiri bari mu bizamini bisoza amashuri yisumbuye bo mu Kigo cya Groupe Scolaire Kabare giherereye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Ngoma, bararwanye barakomeretsanya biturutse ku magambo yo guserereza yavuzwe n’umwe muri bo.
Louange Ora Izere, ufite imyaka itandatu, amaze gusohora indirimbo enye, harimo n’iyakunzwe cyane izwi ku izina rya ‘Papa-mama’.
Ikipe ya APR FC yamaze gutangaza ko yashyizeho umutoza mushya uzayifasha mu mwaka utaha w’imikino nk’umutoza wungirije ndetse ushinzwe no kongerera ingufu abakinnyi
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) kiratangaza ko hari uburyo bubiri (2) umuntu ku giti cye ashobora kwipimamo Covid-19 burimo kugeragezwa, ku buryo mu gihe cya vuba bushobora gutangira gukoreshwa.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku Cyumweru tariki 25 Nyakanga 2021 mu Rwanda hafashwe ibipimo 11,339 bibonekamo abanduye 618. Abantu 10 bashyizwe mu mitaro, mu gihe abasezerewe mu bitaro ari 14.
Ku wa Kabiri tariki 20 Nyakanga 2021 nibwo umuntu yagerageje kwica Perezida w’inzibacyuho muri Mali, colonel Assimi Goïta, akoresheje icyuma.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC), Dr. Sabin Nsanzimana, atangaza ko kuba umubare w’abahitanwa na Covid-19 ku munsi ushobora kugabanuka, utabishingiraho ngo uvuge ko icyorezo cyamanutse kuko haba hari impamvu nyinshi zitandukanye zidafite aho zihuriye no kugabanuka kw’icyorezo.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, avuga ko kuba hari abaturage bambukiranya imipaka mu buryo butemewe atari uko babuze ibyo bakeneye mu gihugu, ahubwo ari imyumvire bafite ikiri hasi.
Mu gihe Akarere ka Musanze kari mu turere umunani twashyizwe muri Guma mu rugo kimwe n’Umujyi wa Kigali, ubuyobozi bw’ako karere buremeza ko bwishatsemo ibisubizo bushyiraho gahunda bise Ntuburare mpari, aho ifasha abaturage batishoboye mu kubona ibyo kurya, bityo yunganira Leta.
Ku wa Gatandatu tariki ya 24 Nyakanga 2021, Polisi y’u Rwanda yafashe Ndaberetse Thadée w’imyaka 50 utuye i Kigali, akaba yarafashwe akuye umukozi we mu rugo urwaye Covid-19, amujyanye mu Karere ka Huye aho uwo mukozi avuka.
Muri iki gihe imibare y’abandura Covid-19 yiyongereye cyane, hari ingo usanga ababyeyi bandura icyo cyorezo bakishyira mu kato. Ibi bihungabanya imibereho y’abana babo kuko batongera kwisanzura, ntibabone ibyo bakeneye nk’uko bisanzwe. Abana bagombye kubonerwa uko bitabwaho byihariye kugira ngo uburenganzira bwabo budahungabana.
Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, rirebana n’ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19, rivuga ko gahunda ya Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kigali no mu turere umunani twari tuyirimo, ndetse na Guma mu Karere ahasigaye byongerewe iminsi itanu (5), ni ukuvuga guhera ku itariki 27 kugeza ku itariki 31 Nyakanga 2021.
Ku wa Gatandatu tariki ya 24 Nyakanga 2021, ku kicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera Polisi yeretse itangazamakuru uwakoreshaga uruhushya yahawe na Polisi avana abantu mu Mujyi wa Kigali akabajyana mu Karere ka Bugesera.
Abadiyakoni bane bahawe isakaramentu ry’Ubupadiri maze batumwa kujya mu bakirisitu, kumva ububabare bwabo n’agahinda kabo bakabahumuriza ngo batiheba, muri ibi bihe bitoroshye barimo byatewe n’icyorezo cya Covid-19.
Umurambo w’umusaza w’imyaka 70 witwa Ngirente Bihizi, bawusanze mu Kagari ka Rwebeya, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, inyuma ya butike yarariraga.
Komosiyo y’Igihugu y’ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) irasaba buri wese n’ubumenyi afite, gukora ibishoboka akarwanya kandi agakumira amacakubiri mu nzira zose agaragaramo, hagamijwe gukomeza kubaka Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 24 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 9 bishwe na Covid-19, na ho mu minsi irindwi ishize (7) icyo cyorezo kikaba kimaze guhitana abantu 90. Iyo Minisiteri itangaza kandi ko kuri uwo munsi abantu 35 binjiye ibitaro, mu gihe mu minsi irindwi ishize abinjiye (…)
Abantu 19 bavuga ko ari abagorozi bafashwe bamaze umwaka n’igice bari mu rwuri rwa Bayingana David bakamubwira ko atari urwe ari uw’Imana, ubwo bafatwaga babwiwe ko bagomba gupimwa Covid-19 barabyanga, ariko nyuma baza kubyemera ariko banga udupfukamunwa.
Abagabo bane bakurikiranywe bakekwaho kwiba moto mu Mujyi wa Kigali bakazitwara kuzibagira (kuzikuramo ibyuma) mu igaraje ryitwa Niyomana Spare parts ryo mu Karere ka Muhanga ari na ho zahindurirwaga ibyuma.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Nyakanga 2021, igihugu cya Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) cyahaye u Rwanda impano y’ubushuti’ igizwe n’ibikoresho byo kwa muganga bifite uburemere bwa toni icyenda, harimo n’inkingo zitavuzwe umubare.
Ayo ni amakuru yatangajwe ku mugaragaro tariki 22 Nyakanga 2021, binyuze mu itangazo ryasohowe na Afurika yunze Ubumwe ndetse n’abashinzwe iby’ububanyi n’amahanga bwa Israël.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abayobozi b’amasibo n’abaturage muri rusange gutanga amakuru y’ahakorerwa inzoga zitemewe kuko zangiza ubuzima bw’abaturage kandi bigahombya abazikora iyo bafashwe.
Urwego rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Ruhango rwatangaje ko buri mucuruzi agomba nibura kwishyura amafaranga 2000 yo kongerera ubushobozi abakorerabushake bafasha abantu mu kurwanya Covid-19.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), rigira inama ababyeyi gukomeza konsa abana babo no mu gihe baba banduye Covid-19, kuko konsa umwana ngo bimurinda kurwaragurika ndetse bikamurinda mu gihe cyose akiri muto.
Abantu 19 barimo abagabo barindwi bafatiwe mu rwuri rw’umworozi mu Murenge wa Karangazi aho bamaze umwaka n’igice basenga.
Aborozi b’inka bagenda bigishwa uburyo bwo guhunika ubwatsi bw’amatungo, bavuga ko babonye kubikora bifitiye akamaro amatungo mu mpeshyi, ariko ko basanze kubigeraho bihenze.