Leta y’u Rwanda yashyikirije u Burundi abagabo babiri bafite ubwenegihugu bw’u Burundi bakekwaho kwiba amafaranga bagahungira mu Rwanda. Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwabashyikirije u Burundi ku mupaka wa Ruhwa mu Karere ka Rusizi butangaza ko bafatiwe ku butaka bw’u Rwanda bafite akayabo k’amafaranga.
Joseph Habineza wigeze kuba Minisitiri w’umuco na Siporo yitabye Imana ku myaka 57, amakuru atangwa n’abo mu muryango we aravuga ko yaguye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa 20 Kanama 2021, aho yari amaze igihe gito kuko yari mu nzira yerekeza i Burayi.
Abafundi n’abayede bakorera mu Mujyi wa Kigali baravuga ko bahangayikishijwe n’igihombo baterwa n’ubucuruzi bukorerwa ahakorerwa ibikorwa by’ubwubatsi (chantier) buzwi nka “Pourcent”.
Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali yerekanye abagabo batatu n’umugore umwe batawe muri yombi bakurikiranyweho gukoresha ibisubizo by’ibihimbano bya Covid-19.
Nsabimana Jean Damascène wo mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi, avuga ko hashize imyaka irindwi umugore bashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko, amutanye abana bane babyaranye amuziza ubumuga nyamara barashakanye abufite.
Umuhanzi nyarwanda Turatsinze Prosper wamamaye ku izina rya Mico The Best n’umukunzi we Clarisse, basezeranye imbere y’amategeko tariki 19 Kanama 2021 biyemeza kubana nk’umugabo n’umugore.
Kwizera Olivier ufatira ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, yamaze gusezererwa mu mwiherero w’Amavubi ashinjwa imyitwarire mibi
Ishami rw’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO) ryatangaje ko uretse icyorezo cya Covid-19, Afurika y’Iburengerazuba ubu ihanganye n’ibindi byorezo birimo icyitwa ’Marburg’ ndetse na ’Ebola’, ku buryo ngo bishobora kurenga ubushobozi bw’inzego z’ubuzima.
Abantu basaga 200, batwawe n’indege ya gisirikare y’Abafaransa, barimo Abanya Afghanistani n’Abafaransa 25, bageze ku kibuga cy’indege cya Roissy Charles-de-Gaulle ku wa Gatatu tariki 18 Kanama.
Umuyobozi mukuru wa Koperative Umwalimu Sacco, Laurence Uwambaje, avuga ko abanyamuryango bayo batazagabana inyungu (Ubwasisi) mu gihe abakeneye inguzanyo ari benshi kuko byatuma banki ihomba bityo ntikomeze gufasha abanyamuryango bayo.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda ryatangaje ko ryamaze kwemererwa kwakira abafana mu gikombe cya Afurika kizabera mu Rwanda
Mu kwezi kwa kane 2020, ni bwo urubyiruko rw’abakorerabushake rwinjiye mu rugamba rwo guhangana n’icyorezo cya COVID-19. Ni bwo abasore n’inkumi bambaye udukote tudasanzwe batangiye kugaragara bahagaze ahantu hahurira abantu benshi nko ku masoko, ku nsengero, aho abantu bategera imodoka n’ahandi hatandukanye.
Inzego za Uganda zishinzwe abinjira n’abasohoka zashyikirije u Rwanda abantu 26 bari bafungiye muri Uganda, icyo gikorwa kikaba cyabereye ku mupaka wa Kagitumba tariki 19 Kanama 2021 ahagana saa kumi n’imwe n’iminota 50 z’umugoroba.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kane tariki 19 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 496 bakaba babonetse mu bipimo 11,534.
Koperative yahombejwe n’inkongi y’umuriro mu Gakiriro ka Gisozi mu Karere ka Gasabo ku wa kabiri tariki 17 Kanama 2021, ivuga ko igiye gufata ingamba nk’izo ngenzi yayo yafashe ubwo yari ikimara guhisha ibintu bifite agaciro karenga miliyari ebyiri mu mwaka wa 2019.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Amavubi, y’abakina imbere mu gihugu, Jacques Tuyisenge, arakora ubukwe mu mpera z’iki Cyumweru.
Hakainde Hichilema, wabanje kuba umushumba w’inka nk’uko abyivugira, ubu ni Perezida mushya wa Zambia, akaba ageze ku butegetsi nyuma yo kugerageza inshuro esheshatu zose.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko Umunyezamu Kimenyi Yves yafashwe na Polisi nyuma y’uko hari amafoto yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ibirori byabereye iwe nyuma yo gusakara kw’amafoto y’ibirori byabereye iwe bizwi nka ‘Baby shower’ ni ukuvuga ibirori byo kwitegura umwana.
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Abarimu mu Kigo cy’Igihugu cy’Uburezi (REB), Mugenzi Ntawukuriryayo Leon, avuga ko uyu munsi mwarimu abayeho mu buzima yishimiye, kubera impinduka zigenda zikorwa hagamijwe kuzamura imibereho ye, gusa ngo izakomeza ubuvugizi kugira ngo ubuzima bwa mwarimu burusheho kuba bwiza.
Kuri uyu wa Kane tariki 19 Kanama 2021, nibwo doze ibihumbi 200 z’inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa Sinopharm, igihugu cy’u Bushinwa cyageneye u Rwanda zagezwaga ku kibuga cy’indenge mpuzamahanga cya Kigali.
Muri Mozambique abayobozi babiri birukanwe ku mirimo nyuma y’iminsi 12 gusa bahawe inshingano zo kuyobora za gereza, bikaba byatewe n’ibibazo bitandukanye.
Bamwe mu bitandukanyije n’ibikorwa byo gutunda magendu n’ibiyobyabwenge, baraburira abakibyishoramo guca ukubiri na byo, kugira ngo bibarinde guhora bahanganye n’inzego z’umutekano, amakimbirane n’ihohoterwa mu miryango.
Umuhanzi wo hambere witwaga Bizimana Loti, uzwi mu ndirimbo zikubiyemo urwenya n’inyigisho nka Patoro, Nta Munoza, Gera ku isonga n’izindi, burya ngo yari agiye kwicwa akivuka, nyuma y’uko avukanye na Mushiki we ari impanga, arokorwa n’uko umubyeyi we yarenze ku mico ya gipagani ari n’umuvugabutumwa.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe Nsabimana Alphonse na Kwizera Adams bakurikiranyweho gutangaza amakuru y’ibihuha ku mbuga nkoranyambaga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwashyizeho amarushanwa mu mirenge y’icyaro n’iy’umujyi yo kurwanya umwanda kandi abazahiga abandi bashyiriweho igihembo cy’imodoka.
Ku itariki 17 Kanama 2021, ahagana saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abayobozi mu nzego z’ibanze bafashe abantu 17 bari mu gikorwa cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranijwe n’amategeko, bafatiwe mu mirenge ya Murambi na Masoro yo mu Karere ka Rulindo.
Ikipe y’igihugu ya Tunisia yabaye igihugu cya gatanu kigeze mu Rwanda, mu guhatanira igikombe cya AfroBasket 2021 igiye kubera mu Rwanda
Umunye-Congo Héritier Luvumbu Nzinga wakiniraga ikipe ya Rayon Sports, yamaze kwerekeza muri Clube Desportivo Primeiro de Agosto aho yasinye amasezerano y’umwaka umwe
Ubusanzwe gahunda yari uko iyo Pariki izaba yamaze kubakwa ndetse igatahwa bitarenze ukwezi kwa Nyakanga 2021 ariko ntibyakunda, abifuza gusura iyo Pariki bagasabwa kuba bategereje gato, cyane ko ababishinzwe bavuga ko kubaka byarangiye harimo gutegurwa igikorwa cyo kuyitaha ku mugaragaro.
Federation ya Basket mu Rwanda (FERWABA) ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, baramenyesha Abanyarwanda ko mu mikino ya Afrobasket 2021 izabera mu Rwanda muri Kigali Arena, abafana bazaba bemewe.
Kaminuza yigisha Ubukerarugendo, Amahoteli n’Ikoranabuhanga mu by’ubucuruzi(UTB), itangaza ko yashyize ku isoko ry’umurimo abagera ku 1,406 barangije kuyigamo mu mwaka wa 2019 na 2020.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Murenzi Jean Claude, avuga ko urujya n’uruza rw’abantu mu bikorwa byemerewe gukomeza mu gihe abantu bari muri Guma mu Rugo, biri ku isonga mu gutuma COVID-19 yiyongera cyane cyane mu mirenge irangwamo ubworozi bwinshi.
Ku mugoroba wo ku itariki 18 Kanama 2021, ni bwo u Rwanda rwakiriye inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa Pfizer zisaga gato ibihumbi 188, Perezida wa America Joe Baiden, yemeye muri gahunda ya Covax.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 635 bakaba babonetse mu bipimo 10,299.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko abagize Guverinoma bagiye gutangira ikiruhuko kizarangira tariki 31 Kanama 2021.
Ikigo cy’igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko cyavuguruye amasezerano u Rwanda rufitanye n’ikipe ya Arsenal yo mu gihugu cy’u Bwongereza.
Abakunze kumva indirimbo za Orchestre Impala mwumva na n’ubu, bavuga amazina bakongeraho akazina Njenje, uwo akaba ari Sekuru wa Soso Mado, Maitre Rubangi na Karimunda (cyangwa se Kari) bose bakaba barongeragaho Njenje, ari we Sekuru akaba se wa Ntakavuro na we wagacishijeho mu njyana y’Inanga mu Rwanda.
“Igira ku murimo” (Workplace learning) ni gahunda y’igihugu igamije guteza imbere ubumenyingiro bw’urubyiruko rudafite akazi mu mashami y’ubwubatsi akubiyemo ibijyanye n’ububaji (Carpentry), ubucuzi (Welding), ikwirakwizwa ry’amazi (Plumbing), amashanyarazi (Electricity) ndetse no kubaka amazu (Masonry) hibandwa cyane cyane (…)
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko ku wa kabiri tariki 17 Kana 2021, muri Côte d’Ivoire habonetse umurwayi wa kabiri wa Ebola hamwe n’abantu icyenda bahuye na we, nyuma y’uko hagaragaye umuntu wa mbere wemejwe ko afite Ebola mu mpera z’icyumweru gishize i Abidjan.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yayoboye inama idasanzwe y’Abaminisitiri igamije kurebera hamwe aho igikorwa cyo gukingira abantu Covid-19 kigeze.
Amakuru Kigali Today yahawe n’umucuruzi ukorera aho muri Nyabugogo, avuga ko kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021, hari umugabo cyangwa umusore uhanutse avuye hejuru mu igorofa y’isoko ry’Inkundamahoro, bigakekwa ko yaba yiyahuye.
Ikipe y’igihugu ikomeje imyitozo yo gutegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, aho bamwe mu bakina hanze bamaze gutangira imyitozo hamwe n’abandi
Mu mukwabu wo kurwanya ubujura bw’amashanyarazi ukorwa buri gihe na Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) ifatanyije n’Inzego z’umutekano ndetse n’abaturage, mu ntangiriro z’ukwezi kwa Kanama 2021 ingo zigera kuri zirindwi zarafashwe zikekwaho gukoresha amashanyarazi atishyurwa.
N’ubwo ubucuruzi butandukanye muri rusange bwasubijwe inyuma n’icyorezo cya Covid-19, ubw’indabo bwo bwarazamutse.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, François Habitegeko, avuga ko umuceri weze mu Karere ka Rusizi utabuze isoko nk’uko bamwe babivuga, ahubwo habaye ikibazo mu bayobozi bagomba kuwushakira isoko.
Umunyarwanda Kevin Monnet-Paquet uheruka kurekurwa n’ikipe ya Saint-Etienne, yasinye amasezerano mu ikipe ya Aris Limassol yo muri Chypre
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 17 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 557 bakaba babonetse mu bipimo 8,435.
Imibare ituruka mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) yerekana ko abagabo bamaze kuboneza urubyaro bakiri bake cyane kuko babarirwa mu 3,500 gusa mu gihugu hose.
Komisiyo y’u Rwanda ikorana na UNESCO(CNRU) irimo kwigisha ikoranabuhanga ry’Abayapani ryitwa Line, rifasha urifite wese muri telefone kugaragaza ahantu hateye ibiza, kugira ngo nibiba ngombwa inzego zibishinzwe zohereze ubutabazi bwihuse.