#COVID19: Nta muntu witabye Imana, i Kigali habonetse umuntu umwe wanduye

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 20 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 39, bakaba babonetse mu bipimo 5,971.

Nta muntu witabye Imana azize COVID-19, abantu babiri bakaba ari bo bishwe n’icyo cyorezo mu minsi irindwi. Ni mu gihe abamaze kwicwa n’icyo cyorezo bose hamwe mu Rwanda ari 1314.

Ahabonetse abanduye benshi ni muri Ngororero 19, Burera 5, Gicumbi 3, Musanze 3, Rubavu 2, i Kigali habonetse umuntu umwe, kimwe no mu turere twa Gakenke, Muhanga, Nyabihu, Nyaruguru, Rulindo, Rwamagana habonetse umuntu umwe muri buri Karere, ahandi nta muntu wanduye wahabonetse, nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka