Museveni yashyizeho Minisitiri w’Uburezi w’agateganyo
Yanditswe na
Ruzindana Janvier
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize bwana John Chrysostom Minisitiri ushinzwe Uburezi na Siporo w’agateganyo
Uyu mwanzuro wafashwe mu gihe uwo mwanya wari usanzwe ufitwe na Janet Museveni, umaze igihe atagaragara mu ruhame bitewe n’uburwayi.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane, rivuga ko Muyingo agiye kuyobora imwe muri minisiteri zikomeye kandi zifite uruhare runini mu iterambere ry’igihugu, mu gihe hategerejwe ko Janet Museveni akira neza agasubira mu mirimo ye.
Uyu mugabo usanzwe azwi mu buyobozi bw’uburezi bwa Uganda, bivugwa ko ari inkingi ya mwamba. Icyakora, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bavuze ko mu by’ukuri ari we umaze imyaka itanu ahetse iyi Minisiteri.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|