Abiga n’abize mu ishami ry’abaganga b’impuguke mu buvuzi rusange, Clinical Medicine, ngo ntibumva impamvu batagaragara ku mbonerahamwe y’imirimo kandi ari ishami rya kaminuza y’u Rwanda.
Urubyiruko 280 barangije kwiga imyuga mu kigo cya Easter’s Aid bemeza ko ntaho bazongera guhurira n’ubushomeri, cyane ko benshi muri bo ubu bafite imirimo abandi bakaba biteguye kuyihanga.
Ikibazo cy’ibyo gupfunyikamo (Emballages) ibikorerwa mu nganda zo mu Rwanda gikomeje guhangayikisha ba nyirazo kuko ngo babibona bibahenze kandi akenshi bitumijwe hanze.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, avuga ko nta bufatanye hagati y’umugabo n’umugore cyangwa hagati y’umuhungu n’umukobwa, ibibazo igihugu gifite bitakemuka.
Itorero ry’aba Anglican mu Rwanda ryubatse kaminuza i Masaka mu karere ka Kicukiro, izakira aba Pasiteri n’abandi bavugabutumwa kugira ngo bongere ubumenyi bityo bakore imirimo yabo neza.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko u Rwanda rwageze ku ntego y’isi ya 90-90-90 mu kurwanya SIDA, iyo ntego ikaba yagombaga kugerwaho bitarenze umwaka wa 2020.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA), uramagana abakomeje gupfobya Jenoside n’abibasira imitungo y’abayirokotse.
Abaturage bo mu karere ka Kamonyi bari bafite indwara bamaranye igihe kinini zirimo izifata igitsina gabo, udusabo tw’intanga n’izindi barishimira ko bazivuwe nyuma y’uko haje abaganga b’inzobere bakanabavura ku buntu.
Abana b’Abarundi bahungiye mu Rwanda kubera umutekano muke mu gihugu cyabo, bashima uko bakiriwe mu Rwanda kuko bakomeje kwiga bakaba bararangije amashuri yisumbuye.
Umuryango Rwanda Legacy of Hope wazanye abaganga b’inzobere bazavura ibibyimba byo ku bwonko ahanini bya kanseri ndetse n’izindi ndwara zananiranye, bakabikora ku buntu.
Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bwitwa ‘Autisme’ bashima amahugurwa bahawe yo kubitaho mu rugo buri munsi iyo bavuye ku ishuri ribafasha muri icyo kibazo.
Minisitiri w’Intebe wungirije wa Qatar akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Sheikh Mohamed bin Abdulrahman Ali Tani, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, aho yaje gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Abahanga mu buvuzi bw’amenyo n’izindi ndwara zo mu kanwa bemeza ko kutita ku isuku y’amenyo bishobora guteza umuntu uburwayi bw’umutima n’izindi ndwara zitandukanye.
Ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha mu by’amategeko (LAF) ryatangije uburyo bushya bwo gufasha abaturage mu by’amategeko hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefone, haba kukugira inama, kugufasha gushyira ku murongo ikirego cyawe cyangwa se kukubonera umunyamategeko ukunganira kandi ku buntu.
Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye yasabye abakora mu by’amategeko hirya no hino mu gihugu gukumira amakimbiranye mu miryango kuko ngo ari yo nkomoko y’ibindi bibazo bikomeye.
Umwana w’umunyamerika w’imyaka 10 witwa Ava Holtzman, yahaye inkunga umuryango ‘Ubumwe Community Center’ wita ku bana bo mu miryango ikennye n’abafite ubumuga ngo ibafashe mu mibereho yabo.
Sosiyete SANLAM yo muri Afurika y’Epfo yaguze imigabane 100% y’ibigo bikomeye by’ubwishingizi bisanzwe bikorera mu Rwanda bya SORAS na SAHAM, ikizeza Abanyarwanda serivisi nziza.
Abarimu 12 bafashwe kubera bakopeje abana mu kizamini gisoza amashuri abanza mu mwaka wa 2018, bahanishijwe gukurwa ku rutonde rw’abacunga abakora ibizamini ndetse banagezwa mu nkiko.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Amb. Olivier Nduhungirehe, aravuga ko abatekereje ko Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta yagenzwaga no guhuza u Rwanda na Uganda bibeshya kuko atari umuhuza muri kibazo hagati y’ibihugu byombi.
Ibigo byahawe iyo nkunga ni Collège de Bethel (APARUDE) ryo mu Ruhango na Samaritan International School ryo mu karere ka Nyagatare akazabifasha kongera inyubako zinyuranye byari bikeneye.
Itegeko rishya rigena imisoro y’inzego z’ibanze ryemerera abatangira imishinga mito n’iciriritse yo kwiteza imbere, gusonerwa umusoro w’ipatante mu gihe cy’imyaka ibiri.
Urubanza rumaze iminsi hagati y’uruganda rukora Kanta rwo mu Buhinde n’umunyemari w’umunyarwandakazi ucuruza iyitwa Kanto bimeze kimwe ikorerwa mu Bushinwa rwongeye kuburanishwa.
Ishami rishinzwe gufata neza umusaruro muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) rikangurira abahinzi guhunika imyaka beza mu mifuka igezweho idasaba gushyiramo imiti kandi umusaruro ntiwangirike.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko inama ku by’ubuzima yaberaga i Kigali isize hari abafatanyabikorwa bari basanzwe n’abashya biyemeje kugira ibyo bateramo inkunga u Rwanda muri urwo rwego.
Abagabo babiri bakomoka mu Karere ka Rutsiro bamaze umwaka muri Uganda aho bafashwe bagiyeyo gushaka imirimo, bagahabwa igihano cyo gukora imirimo nsimburagifungo mu gihe cy’amezi 12.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, yakiriye igihembo cyagenewe Perezida Paul Kagame nk’umuyobozi mukuru ushyigikira urwego rw’ubuvuzi kugira ngo bugere kuri bose (Universal Health Coverage Presidential Champion Award).
Mu Rwanda hagiye gutangira uruganda ruzakora inzitiramibu, uyu mwaka ukazarangira rukoze izigera kuri miliyoni umunani, ngo rukazagabanyiriza igihugu umutwaro wo kuzigura hanze.
Amafaranga y’u Rwanda angana na miliyari ebyiri na miliyoni 700 agiye gushyirwa mu bigo cyangwa inganda zikora ibintu bitandukanye kugira ngo byakire urubyiruko na rwo rwige imyuga ijyanye n’ibihakorerwa kugira ngo ruzabashe kwikorera cyangwa rubone akazi.
Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko mu myaka ibiri ishize abarwaraga malariya y’igikatu bagabanutseho 50% kubera ingamba zafashwe zo kuyirwanya ndetse n’uruhare rukomeye rw’abajyanama b’ubuzima.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aravuga ko muri Afurika hari ibihugu bigera kuri 16 bidakora ku nyanja, ariko byose bikagira amahirwe angana yo kugira ikirere kimwe, bityo kudakora ku nyanja bikaba bidakwiye kuba urwitwazo rwo gusigara inyuma.