Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ikangurira abahinzi nyarwanda kugira umuco wo kuhira, aho kwiringira ko imyaka yezwa iteka n’imvura, cyane ko n’ibihe byahindutse.
Ba Veterineri bigenga iyo bagiye kuvura amatungo y’aborozi ngo baca amafaranga bishakiye kandi hari iteka rigena ibiciro by’ubuvuzi bw’amatungo, bakaba bahagurukiwe kugira ngo ryubahizwe harengerwa inyungu z’umworozi.
Hashize imyaka igera kuri ibiri (guhera muri Mata 2017) ururimi rw’Igiswahili rwemejwe nk’urwa kane mu ndimi zemewe n’amategeko zikoreshwa mu nzego z’ubutegetsi mu Rwanda, ariko imikoreshereze yacyo ikaba igicumbagira.
Umukozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye wita ku Buzima (OMS) mu Rwanda, Rusanganwa André, avuga ko ibibazo bya Politiki biri hagati y’ibihugu bitabuza indwara kubyambukiranya bityo ko bigomba gufatanya mu kuzikumira.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rwatangije amasomo y’ikoranabuhanga (IT) rishingiye kuri mudasobwa, agenewe abagore n’abakobwa kugira ngo biyongere ku isoko ry’umurimo.
Umuryango Imbuto Foundation ukangurira abantu bose kongera ingufu mu kwitabira gahunda zo kuboneza urubyaro kugira ngo bagire imiryango ibayeho neza.
Ikigo cy’Abanyasuwede kitwa ‘Addressya’ cyatangije mu Rwanda ikoranabuhanga ryo kuranga aho umuntu atuye hose mu gihugu cyangwa akorera, hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefone.
Banki ya Kigali (BK) yasinyanye amasezerano n’Ikigo nyafurika cyita ku buhinzi n’ubworozi (AGRA), azatuma abahinzi bahabwa inguzanyo n’iyo Banki badasabwe ingwate.
Banki ya Kigali (BK) yateye inkunga ya miliyoni 45frw abategura irushanwa ngarukamwaka ryo kwiruka n’amaguru ‘Kigali International Peace Marathon’ mu rwego rwo kurishyigikira.
Ubushakashatsi buherutse gukorwa n’imiryango inyuranye ikorera ubuvugizi abo amateka byagaragaye ko yabasigaje inyuma, bwerekana ko hagikenewe ingufu ngo abo amateka yasigaje inyuma na bo bige.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA) buvuga ko bwashyize ingufu mu kugenzura imiti yinjira mu gihugu ku buryo iyinjiye itujuje ubuziranenge idacuruzwa ku isoko ry’u Rwanda.
Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Karere ka Kicukiro, ku bufatanye n’ubuyobozi bw’ako karere, yatangije imikino y’umupira w’amaguru ihuza urubyiruko, hakanatangirwa ubutumwa bwo gukunda igihugu.
Abahanga mu by’imibanire y’abantu bemeza ko iyo ababyeyi bataganira byimbitse ku buzima bwabo n’ubw’urugo bitaborohera kuganiriza abana, cyane cyane ku buzima bw’imyororokere.
I Kigali hagiye gutangizwa umushinga w’ikitegererezo wo kubaka umujyi utangiza ibidukikije, ukazubakwa mu murenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo ku butaka bwa hegitari 620.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kibagabaga biherereye mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali buvuga ko bihomba miliyoni eshanu buri kwezi kubera abivuza bakananirwa kwishyura.
Madame Jeannette Kagame avuga ko mu mashuri n’ahandi hahurira abantu benshi hakwiye gushyirwa abantu bashinzwe ihungabana kuko rigihari bitewe n’ibikomere bitandukanye abantu bafite.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko impfu z’ababyeyi zagabanutse mu buryo bugaragara kubera ababyaza b’umwuga biyongereye ku buryo buri vuriro nibura rifite umwe.
Abafite ubumuga butandukanye binubira ko iyo bagiye gusaba serivisi runaka bitwaje amakarita aranga ibyiciro by’ubumuga bafite, batakirwa uko bikwiye kuko benshi batazi agaciro k’ayo makarita.
Minisitiri w’Ibidukikije n’umutungo kamere, Dr Vincent Biruta, yemeza ko ntawuzahesha agaciro umwuga w’abagenagaciro b’umutungo utimukanwa uretse bo ubwabo.
Hari abantu benshi bavuga ko bazi indwara y’umwijima (Hépatite) ariko bakagorwa no gutandukanya iyo mu bwoko bwa B n’iyo mu bwoko bwa C zikunze gufata abantu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangije ikinyamakuru (magazine) kizaba gikubiyemo amakuru y’ubuzima asesenguye kuko azaba yanditswe n’inzobere muri urwo rwego kikazafasha abayakeneraga kuyabona bitabagoye.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangije umushinga wo gupima ubutaka (Mobile Laboratory) kugira ngo bamenye ibibugize bityo buhuzwe n’imbuto hagamijwe kongera umusaruro.
Abayobozi batandukanye bakurikirana iby’abanyeshuri bimenyereza umurimo mu bigo binyuranye bahamya ko guha umunyeshuri amanota atakoreye ari ukumoroga.
Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 cyabereye mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Kigali (IPRC Kigali), urubyiruko rwasabwe kwima icyuho abayipfobya ahubwo bagahangana na bo.
Inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) itangaza ko inkunga ndetse n’inguzanyo zigenerwa abafite ubumuga byatumye abasaga 1500 bihangira imirimo ibafasha kwitunga ntibasabirize.
Abarokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi mu 1994 bo mu karere ka Nyarugenge, by’umwihariko abo mu murenge wa Nyarugenge, bifuza ko muri Camp Kigali hubakwa urukuta ruzandikwaho amazina y’abahiciwe.
Madame Jeannette Kagame yifatanyije n’Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda mu muhango wo gutangiza icyiciro cya mbere cyo kubaka ubusitani bwo kwibuka (Jardin de la Mémoire), burimo kubakwa iruhande y’urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro, bukaba bugizwe n’ibice bitandukanye.
Mukarusanga Consolée warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ahamya ko nyuma y’ibihe bigoye yaciyemo ataheranwe n’agahinda ahubwo yahagurukiye umurimo agamije kwigira kandi yabigezeho.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko abakora mu nzego z’ubuvuzi bo ku mipaka u Rwanda ruhana na Repuburika ya Demokarasi ya Congo (RDC) bagiye gukingirwa bwa mbere Ebola.
Abafite ubumuga butandukanye cyane cyane ab’igitsina gore bavuga ko bahohoterwa bikabagora kubona ubufasha kuko akenshi batumvikana ku rurimi bakoresha bikabagiraho ingaruka.