Perezida Paul Kagame yavuze ko ikibazo cy’amafaranga y’inguzanyo azwi nka “Buruse”, agenerwa abanyeshuri ba za kaminuza, agitinda kubageraho, agiye kukigira icye kugeza gikemutse.
Mu Rwanda hatangijwe gahunda y’imyaka itanu yo guhashya indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa C (Hep C), ngo bikazatwara miliyoni 113 USD, angana na miliyari zisaga 100 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Mukamwiza Jeanne (amazina yahawe) watewe inda na se wabo amufashe ku ngufu afite imya 16, avuga ko asigaye atinya umugabo wese ataretse na se n’ubwo ari umubyeyi we.
Ubushakashatsi bwerekanye ko Abanyafurike barenga miliyoni 33 bapfuye biturutse ku gukoresha imiti igabanya ubukana bwa SIDA itari umwimerere, ikibazo cyahurije inzego zitandukanye i Kigali ngo higwe uko ikoreshwa ry’iyi miti ryacika.
Hafashimana Alexandre, umwana wo mu karere ka Rutsiro, yabwiye Madame Jeannette Kagame ko arangije amashuri abanza ariko ko atizeye kujya mu yisumbuye kubera ubukene, ahita yemererwa ko azishyurirwa.
Madame Jeannette Kagame yahaye umukoro abana wo kwandika intego bifuza kugeraho buri kwezi bakazanasuzuma ko zagezweho.
Abagore n’abakobwa bafite ubumuga butandukanye bavuga ko bakunze guhura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko nta mbaraga baba bafite nibura ngo birwanirire cyangwa batabaze.
Abatuye muri Kamonyi bahinga soya ikanera neza ariko bakagira ikibazo cyo kubona imbuto ku gihe, bakaba bakangurirwa kwishakamo abatubuzi b’iyo mbuto ngo bikemurire icyo kibazo.
Ikigo cy’igihugu cyita ku bidukikije (REMA) gitangaza ko 2% gusa by’imyanda yo muri Kigari ari yo ibyazwamo ibindi bintu bikenerwa mu buzima, uwo mubare ngo ukaba ukiri hasi.
Kuri uyu wa 5 Ukuboza 2018, Perezida wa Repuburika Paul Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi 9 bashya zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Abagize Unity Club Intwararumuri barakangurira Abanyarwanda kugura ibikorerwa iwabo (Made in Rwanda) kuko ari ko kubiha agaciro bigatuma n’ubukungu bw’igihugu buzamuka.
Minisiteri y’Uburezi yatangije gahunda yo guha mudasobwa nshya abanyeshuri ba za kaminuza mu buryo bw’inguzanyo bazishyura barangije kwiga, bikaba biteganyijwe ko hazatangwa izingana n’ 14,000.
Bwa mbere mu Rwanda abavuzi b’amatungo barahiriye kuzuza inshingano zabo, kikaba ari igikorwa giteganywa n’itegeko rigenga urugaga rw’abaveterineri n’ubwo bitakorwaga.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemerewe kumugaragaro kuba umunyamuryango mushya wa Zigama CSS.
Hashize igihe bamwe mu rubyiruko rwiga ubuhinzi muri za kaminuza rwiyemeje kwegera abahinzi-borozi mu cyaro ngo rubafashe kunoza ibyo bakora, bituma umukamo wiyongera.
Byatangajwe kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2018, ubwo ubuyobozi bw’iyo Banki bwagaragazaga ibyo yagezeho muri ayo mezi, ngo inyungu ikaba yiyongereyeho 11.1% ugereranyije n’igihe nk’icyo cy’umwaka ushize.
Abarezi mu mashuri abanza bemeza ko iyo ibitekerezo by’abana bihawe agaciro, bituma bakunda ishuri ndetse bikanagira ingaruka nziza ku myigire yabo.
Minisitiri w’Umurimo n’abakozi ba Leta, Fanfan Rwanyindo Kayirangwa, arasaba urubyiruko ruri mu buhinzi gukora kinyamwuga bagashyira ku isoko ibicuruzwa binoze, kuko ikibazo cyo kutabona aho bagaragariza ibicuruzwa byabo kibonewe umuti.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, General Patrick Nyamvumba, ahamya ko hatabayeho kurinda ubuzima bw’abasiviri ntacyo ibikorwa byo kubungabunga amahoro byaba bimaze.
Niyidukunda Mugeni Euphrosine wo mu karere ka Huye yatangiye gukora amavuta atandukanye muri avoka, azihesha agaciro mbere zarapfaga ubusa none biragenda bimuteza imbere.
Inararibonye mu burezi zo mu bihugu bya Afurika ziri mu nama igamije kureba icyakorwa ngo uburezi kuri uyo mugabane burusheho kuzamuka butange ubuhanga bukenewe ku bana.
Polisi y’u Rwanda, Ingabo n’abaturage bo mu murenge wa Jali muri Gasabo bateye ibiti bisaga ibihumbi 12 birimo iby’ishyamba n’iby’imbuto ziribwa, muri gahunda y’umuganda rusange.
Imibare itangwa n’inkiko mu gihugu cyose igaragaza ko imanza za gatanya zaciwe zigenda ziyongera uko umwaka utashye kuko zikubye inshuro 60 mu myaka itatu ishize.
Umushinga wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu ugamije kuzamura iterambere ry’ubukungu (LED) mu baturage bafite imishinga iciriritse ugiye kongeramo miliyari 7.5Frw mu myaka 6 iri imbere.
Abaturage bo mu karere ka Gasabo bemeza ko mu cyumweru cy’ubutaka serivisi bashaka zihuta, na byinshi mu byari byarananiranye bigahita bibonerwa ibisubizo ntibongere gusiragira.
Minisitiri Sezibera avuga ko hari imishinga myinshi y’umuryango wa EAC yadindiye irimo uwa Gariyamoshi, uw’amashanyarazi n’iyindi bigatuma ibihugu biwugize bitihuta mu iterambere kubera ibyo bitumvikanaho.
Umuryango uharanira uburenganzira bw’umuguzi (ADECOR) uhamya ko hakiri icyuho mu ikorwa ry’ibiryo byongewemo intungamubiri bigatuma bitaboneka ku isoko n’aho biri bigahenda.
Abitabiriye inama mpuzamahanga ku kuboneza urubyaro (ICFP 2018) bifuje ko serivisi zo kuboneza urubyaro zanozwa, zigatangwa neza kurushaho kugira ngo zigere ku ntego.
Umuryango Imbuto Foundation ntiwemeranya n’abavuga ko kwigisha abakiri bato ibyo kuboneza urubyaro ari ukubagabiza ubusambanyi ahubwo ko hari ibibazo byinshi bibarinda.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba, yemeza ko abajyanama b’ubuzima ari inkingi ikomeye mu by’ubuzima ari na cyo gituma gahunda zo kuboneza urubyaro zikora neza.