Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, avuga ko iyo uburezi bukora akazi kabwo uko bikwiye, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itari gushobora kuba.
Abari mu ruhererekane rwo kongerera agaciro impu n’ibizikomokaho, basanga gukorera hamwe bizatuma banoza ibyo bakora, kuko kuba ba nyamwigendaho byatumaga batunguka kuko hari impu zangirikaga kubera kubura isoko.
Perezida Kagame yihanganishije Kiliziya Gatolika n’Abagatulika bo ku Isi yose, nyuma y’urupfu rwa Papa Francis rwabaye kuri uyu wa 21 Mata 2025, aho yavuze ko yari ikimenyetso cy’imbabazi, kwicisha bugufi no kwifatanya n’abandi ku Isi yose.
Umushumba Mukuru w’Itorero Anglicane mu Rwanda, Musenyeri Dr Laurent Mbanda, avuga ko umuyobozi wese ari umuntu nk’abandi, bityo ko akoze amakosa runaka bikaba ngombwa ko akurikiranwa n’ubutabera nta kidasanzwe kirimo.
Urubyiruko rwabonye amahirwe yo kujya ku rutonde rw’abagomba guhugurwa ku ikoranabuhanga, cyane cyane iry’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence/AI), rurahamya ko nta shiti ubwo bumenyi buzaruhesha akazi, haba mu kwikorera cyangwa gukorera abandi.
Musenyeri Kabayiza Louis Pasteur, watorewe kuyobora Itorero ry’Abangilikani (EAR) Diyoseze ya Shyogwe, yahawe inkoni y’Ubushumba nk’umuyobozi mushya w’iyi Diyoseze, akaba yasimbuye kuri uwo mwanya Musenyeri Jeredi Kalimba ucyuye umugisha (igihe), ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
Perezida wa Tunisia Kaïs Saïed, yirukanye Minisitiri w’Intebe w’iki guhugu, Kamel Madouri, wari umaze kuri uwo mwanya amezi atageze ku munani, ahita anashyiraho umusimbura.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasinye itegeko rikuraho Minisiteri y’Uburezi muri icyo gihugu, ashinja kudakora neza inshingano zayo.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame ni bamwe mu babarirwa mu bihumbi bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye i Kigali muri BK Arena, mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025.
Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije imiryango yaburiye abayo mu mpanuka ya bisi itwara abangenzi, yahitanye abantu 20 abandi bagakomereka, impanuka yabereye mu Murenge wa Rusiga mu Karere ka Rulindo, kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Gashyantare 2025.
Ku wa Gatandatu tariki ya 01 Gashyantare 2025, Abanyarwanda baba muri Nigeria n’inshuti zabo bizihije umunsi w’Intwari z’Igihugu ku nshuro yawo ya 31, mu ndangagaciro z’umuco w’u Rwanda.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa X, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Angola, João Lourenço, byabaye mu ijoro ryakeye rya tariki 30 rishyira 31 Mutarama 2025.
Ubwo hasozwaga amahugurwa yahawe aba Ofisiye 45, agamije kongerera ubumenyi abapolisi mu bijyanye n’imikorere ya kinyamwuga n’ubuyobozi (Police Tactical Command Course), basabwe ko bayifashisha mu kunoza akazi kabo ko gucunga umutekano.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 8 Mutarama 2025, abitwaje intwaro bagabye igitero ku biro by’Umukuru w’igihugu i N’Djamena habaho kurasana n’abaharinda, amakuru akavuga ko mu bateye 18 bahaguye ndetse n’umusirikare umwe w’igihugu.
Byiringiro Lague watandukanye n’ikipe ya Sandviken IF yo muri Suwede, yageze i Kigali yanga gusinyira Rayon Sports mu gihe ari yo yari yavuganye na we bwa mbere, ahubwo ahita asinyira Police FC umwaka n’igice.
Uko abatuye muri Kigali bagenda biyongera, ni ko umwuka mwiza wo guhumeka ugenda ugabanuka bitewe n’uko imyubakire n’ibindi bikorwa remezo bituma amashyamba atemwa, icyo kibazo kikaba kiri mu bituma inzego z’ubuvuzi zakira abarwaye indwara z’ubuhumekero benshi, kikanateza imyuzure ihombya benshi n’Igihugu muri rusange.
Ikibazo cy’amashyamba yagiye agabanuka mu Mujyi wa Kigali giteye inkeke, mu gihe abawutuye biyongera umunsi ku wundi kandi bakeneye umwuka mwiza wo guhumeka, icyakora ubuyobozi by’uyu mujyi bukomeje kongera imbaraga mu gutera ibiti mu guhangana n’icyo kibazo.
Muri iki gihe cy’iminsi mikuru yo gusoza umwaka no gutangira undi, imijyi itandukanye yo mu gihugu irarimbishwa cyane, ari na ko byagenze ku mujyi wa Musanze, ukurura ba mukerarugendo b’imihingo yose.
Abahanga mu buvuzi n’abo mu bijyanye n’uruhererekane rutuma imiti igera ku bayikeneye, bemeza ko iyo idatanzwe mu buryo bwagenwe, bigira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu kuko igera aho ikananirwa kubavura.
Ndagijimana Emmanuel wize ikoranabuhanga mu bya mudasobwa (Networking), ahamya ko ibyo yize byatumye aba rwiyemezamirimo ndetse bikaba bimugejeje ku iterambere, ku buryo ashishikariza urubyiruko kurijyamo kuko ririmo akazi kenshi.
Umusore ufite imyaka 25 y’amavuko ufite virusi itera SIDA, avuga ko yagowe no kwiga amashuri yisumbuye, kuko yayize mu bigo bitanu bitandukanye, kubera kugorwa no gufata imiti.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’ibanze (REB), cyungutse ibitabo bibiri bikubiyemo indangagaciro ziranga Umunyarwanda, bizafasha abanyeshuri mu myitwarire yabo, bityo bakazakura ari Abanyarwanda bizihiye Igihugu.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Afro Beat, Iyamuremye Jean Claude wamenyekanye nka Dr Claude, avuga ko nta gahunda afite yo kureka umuziki nk’uko hari abari batangiye kuvuga ko yawuretse, kuko yaherukaga gusohora indirimbo muri 2014.
Ikigo mpuzamahanga cyita ku mashyamba (FSC) cyiyemeje gushyigikira u Rwanda mu kongera ubukangurambaga, kugira ngo abaturage bumve banamenye amahame mpuzamahanga, mu guteza imbere imicungire irambye y’amashyamba bityo ibikoresho bikomoka ku biti by’u Rwanda bibe byajya ku isoko mpuzamahanga ari byinshi.
U Rwanda rugiye kwakira inama mpuzamahanga iziga ku ikoranabuhanga ritandukanye ryifashishwa mu buhinzi, hagamijwe kongera umusaruro wabwo bityo ikibazo cy’inzara yugarije abatari bake ku Isi kikaba cyakemuka.
Olive Namahoro ni umugore wo mu Kagari ka Murehe, Umurenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, ufite umugabo wakoraga akazi k’ubufundi katinjirizaga ikintu kigaragara uyu muryango bigatuma uhora mu bukene, ariko amahugurwa yahawe mu buhinzi yaje kumuhindurira ubuzima bituma n’umugabo we amugarukira, kuko mbere yabonaga ntacyo (…)
Ku wa Gatandatu tariki 6 Nyakanga 2024, Abanyarwanda baba mu gihugu cya Nigeria n’inshuti zabo, abayobozi mu nzego za Leta y’iki gihugu n’abahagarariye ibihugu byabo, bizihije umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 30. Ni mu birori byuzuye akanyamuneza byabereye mu murwa mukuru wa Nigeria, Abuja, ku nsangamatsiko igira iti (…)
Ambasaderi Christophe Bazivamo yashyikirije Perezida wa Burkina Faso, Capitaine Ibrahim Traoré, impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu, nka Ambasaderi ufite icyicaro i Abuja muri Nigeria.
Ku wa Gatandatu tariki ya 15 Kamena 2024, Abanyarwanda baba muri Burkina Faso, abayobozi mu nzego zinyuranye za Leta, abahagariye ibihugu byabo, abakozi b’imiryango mpuzamahanga n’inshuti bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabereye mu murwa mukuru wa Burkina Faso, Ouagadougou, ku (…)
Ku wa Gatandatu tariki 08 Kamena 2024, Abanyarwanda baba mu gihugu cya Niger n’inshuti zabo, abahagariye ibihugu byabo, abakozi b’imiryango mpuzamahanga n’abandi, bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabereye mu murwa mukuru wa Niger, Niamey, ku nsangamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Kwibuka (…)