Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba, yemeza ko abajyanama b’ubuzima ari inkingi ikomeye mu by’ubuzima ari na cyo gituma gahunda zo kuboneza urubyaro zikora neza.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, aributsa abatuye isi ko kuboneza imbyaro bitareba abagore gusa ahubwo ko buri wese bimureba, akabigiramo uruhare kugira ngo bigere ku ntego.
Madame Jeannette Kagame avuga ko kugira ngo igihugu gitere imbere bisaba ko abantu bumva akamaro ko kuboneza imbyaro, kuko bituma kigira abantu benshi bari mu myaka yo gukora.
Abagore bo mu Karere k’Ibiyaga bigari n’u Rwanda ruherereyemo bari mu myanya y’ubuyobozi bahamya ko hari bagenzi babo bagitinya imyanya imwe n’imwe y’akazi ngo n’iy’abagabo.
Inzobere mu by’indwara zidakira zivuga ko ari ngombwa gukomeza kwita ku muntu urwaye nk’imwe muri zo, arindwa kubabara no kwiheba (Palliative Care) aho kumuha akato.
Imwe mu miryango ya Sosoyete sivile yemeza ko kuba nta gahunda ihamye yo kugeza ku baturage amakuru ajyanye n’ihohoterwa bituma ridacika.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko harimo gukorwa ibishoboka byose kugira ngo buri kagari kabone poste de santé mu rwego rwo kwegereza abaturage ubuvuzi.
Abahinzi batandukanye bahamya ko batagira uruhare mu igenwa ry’ibiciro by’umusaruro wabo bigatuma bagurisha bahenzwe bikabahobya.
Urubyiruko rwibumbiye mu ihuriro ry’Abagide n’Abascout ruhamya ko abantu batumva Gender kimwe bigatuma hari abayifata uko itari bikabagiraho ingaruka mu buzima.
Kaminuza y’u Rwanda (UR) yahize izindi itwara igikombe mu marushanwa yazihuzaga y’abanyeshuri biga amategeko, aho bashyiraga mu ngiro ibyo biga.
Urubyiruko rwigishijwe kwihangira imirimo muri gahunda ya ‘Huguka dukore akazi kanoze’ rwemeza ko rwikuye mu bukene kubera imishinga iciriritse rukora rukinjiza amafaranga.
Ikigo cy’imari iciriritse, Umutanguha (UFC), kigiye gutangira gukorera mu nkambi z’impuzi kizigezeho ibikorwa bijyanye n’imari, zihabwe inguzanyo zikore imishinga bityo ziteze imbere.
Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi, avuga ko iyo umuntu akora umushinga ahanini yitekerezaho atagera kuri byinshi, ahubwo ko agomba gutekereza kure n’ubwo yahera kuri bike.
Kuva kera abafite ubumuga bwo kutabona bagorwaga no kugenda ngo bagere aho bashaka, kuko bifashishaga ikibando cyangwa igiti, bitaba ibyo bakabarandata ariko na byo ngo bikaba ikibazo kuko kubona umuntu ugendana n’utabona buri kanya ngo byari bigoye.
Abanyeshuri bashya muri IPRC Kigali bahamya ko icyumweru bamaze bamenyerezwa ikigo batannyuzuwe ahubwo bacyigiyemo byinshi mu ndangagaciro z’umunyarwanda.
Benshi mu barwaye kanseri bahamya ko imiti ikoreshwa mu kuyivura ihenda cyane ku buryo batabasha kuyigurira bagasaba Leta kubafasha kugira ngo iboneke kandi ihendutse.
Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée, avuga ko atumva urubyiruko rwiga ubuhinzi ariko rugashakira akazi i Kigali rusize ubutaka mu cyaro.
Abakuriye inganda zikora imyenda mu Rwanda bahamya ko kuba Leta yarabakuriyeho imisoro ku bigurwa hanze bifashisha byatumye igiciro cyayo kigabanuka.
Abafite ubumuga bwo kutabona bavuga ko inkoni yera ibayobora ari ijisho ryabo, bakifuza ko yashyirwa kuri mituweri kuko ihenze kandi bagasaba ko zajya ziboneka ahari ibikorwa by’ubuvuzi hose.
Ikigega cyo kwizigamira "Ejo Heza LTSS" cyashyizweho na Leta y’u Rwanda kigiye kujya cyakira abantu b’ingeri zose mu bushobozi bwabo, bizigamire bityo bateganyirize iza bukuru.
Abanyeshuri b’abahanga mu bigo by’imyuga n’ubumenyingiro (IPRC) biga imyuga itandukanye barimo kwitegura kugira ngo bazahatane mu marushanwa nyafurika y’imyuga azaba mu kwezi gutaha.
Ababaji 1000 bakoraga nta kigaragaza ko babizi bahawe impamyabumenyi (Certificat) zerekana ko babizi neza, ngo abakiriya babo bakazarushaho kubagirira ikizere.
Byatangajwe kuri uyu wa 17 Ukwakira 2018, ubwo hatahagwa ku mugaragaro sitasiyo nshya y’amashanyarazi ya ’Mont Kigali’, yubatswe ku nkunga y’Umuryango w’ibihugu byunze ubumwe bw’Uburayi (EU), ikaba yuzuye itwaye asaga miliyari 12Frw.
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ryiswe “sobanuzainkiko.org” rizafasha abaturage n’abakora mu butabera kumenya byihuse amakuru azafasha inkiko kurushaho gukora neza.
Abayobora utugari bavuga ko kuba urwo rwego rugira abakozi bake bituma abaturage binubira serivisi babaha kubera ko batababona buri gihe uko babashatse.
Abahanga mu buvuzi bw’indwara yo kuvura kw’amaraso (Blood Clots) bakangurira abantu kumenya ibimenyetso byayo kuko ari indwara yica vuba ariko inakira iyo imenyekanye kare.
Akarere ka Burera gakomeje kugira imibare iri hejuru y’abana bagwingira, ubuyobozi bwako bukavuga ko intandaro ari imyumvire y’ababyeyi ikiri hasi ku bijyanye n’imirire.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ihamya ko Abanyarwanda bafite virusi itera SIDA bose bamenyekanye bakajya ku miti igabanya ubukana bwayo, ubwandu bushya bwazacika burundu.
Umunyamakuru Robert Mugabe wari ukurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa babiri bava inda imwe, akanatera inda umwe muri bo, amaze gufungurwa by’agateganyo.
Umuhuzabikorwa wa gahunda y’igihugu mbonezamikurire mu bana bato, Dr Anita Asiimwe, yemeza ko umubyeyi atagurira igitabo umwana na we ubwe ataramenya agaciro kacyo.