Umutoza w’Amavubi Carlos Ferrer avuga ko n’ubwo umukino bafitanye na Benin kuri uyu wa Gatatu kuri Kigali Pelé Stadium ukomeye ariko bazakora ibishoboka byose.
Ku wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, hasojwe imikino yahuzaga abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba, aho u Rwanda ari rwo rwihariye ibihembo.
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda mu mukino wa Handball, yisubije igikombe cy’imikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba yaberaga mu Rwanda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere abakinnyi b’ikipe ya Etincelles FC, banze gukora imyitozo kubera kudahembwa.
Amarushanwa yo kurasa yahuzaga abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO 2023) amaze gusozwa, abagore n’abagabo ba Polisi y’u Rwanda akaba aribo beguganye ibikombe.
Amarushanwa ahuza abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO 2023) agana ku musozo, ku wa Gatandatu tariki 25 Werurwe 2023, yibanze ku kurushanwa kurasa bakoresheje imbunda zitandukanye, bagahamya intego, ababishinzwe bakabaha amanota.
Mu gihe amarushanwa ahuza abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba arimbanyije, ku wa Gatanu tariki 26 Werurwe 2023, ikipe ya Volleyball ya Polisi y’u Rwanda mu bagabo, yegukanye igikombe ihigitse Polisi yo muri Kenya, iyitsinze amaseti 3-1.
Ikipe ya Police FC y’u Rwanda yatsinze Police y’u Burundi kuri penaliti yegukana igikombe cya EAPCCO kiri kubera mu Rwanda
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), yemeje ko umukino uzahuza u Rwanda na Benin uzabera kuri Kigali Pelé Stadium, tariki 29 Werurwe 2023.
Nyuma yo kubwirwa na FERWAFA gushaka umutoza wujuje ibyangombwa, ikipe ya Kiyovu Sports izagarura Alain-André Landeut nk’umutoza mukuru wakuwe muri uyu mwanya mu Ukuboza 2022.
Uwo mukinnyi mpuzamahanga wamenyekanye mu makipe atandukanye, ndetse akanitwara neza cyane mu gikombe cy’Isi cya 2014, ibyatumye izina rye rirushaho kwamamara, yafashe uwo mwanzuro ukomeye nyuma yo gukomereka inshuro zitandukanye.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda (AMAVUBI) igarutse mu Rwanda aho ije gutegura umukino wo kwsihyura ugomba kuyihuza na Benin ku kibuga kitaramenyekana kugeza ubu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yanganyije na Benin 1-1 mu mikino w’umunsi wa gatatu w’amatsinda yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023 wabereye muri Benin.
Mu nama nyunguranabitekerezo yahuje Sena y’u Rwanda n’inzego za Siporo, Senateri Mureshyankwano Marie Rose yasabye ko hagira igikorwa mu kurwanya uburiganya buvugwa mu gushaka intsinzi mu mikino mu Rwanda.
Ku wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe 2023, hatangiye imikino ihuza abapolice bo muri Afurika y’Iburasirazuba, EAPCCO, aho Polisi y’u Rwanda yatangiye neza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ntabwo izakirira Benin kuri Sitade Huye mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023 kubera hoteli zitari ku rwego rwifuzwa.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Félix Namuhoranye, yatunguye benshi ubwo yagaragazaga ubuhanga afite mu gukina umupira w’amaguru.
Mu mukino wabimburiye indi mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba, Police y’u Rwanda yatsinze u Burundi ibitego 3-1
Imikino ihuza abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba yatangijwe ku mugaragaro kuri Kigali Pelé Stadium, mu birori byasusurukijwe n’Itorero Inganzo Ngari.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, ku wa Mbere tariki ya 20 Werurwe 2023, rwasinyanye amasezerano n’Ikipe y’Umupira w’amaguru y’abakanyujijeho ku Isi, azatuma u Rwanda rwakira amarushanwa 3 y’abakanyujijeho muri (...)
Rutahizamu wa PSG Kylian Mbappé yagizwe kapiteni mushya w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa asimbuye Hugo Lloris wasezeye.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2023, REG BBC, yatsinzwe na US Monastir yo muri Tunisia amanota 82 kuri 76.
Mu mukino wa gicuti wahuje ikipe y’abanyamakuru ba Siporo mu Rwanda “AJSPOR” n’abayobozi ndetse n’abatoza ba Rayon Sports, byarangiye AJSPOR yegukanye intsinzi
Kuri iki Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023 kuri sitade ya Adama STU muri Ethiopia, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yakinnye na Ethiopia umukino wa gicuti, ihatsindirwa igitego 1-0.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/03 Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda bakoze inteko rusange idasanzwe isiga Geoffrey Zawadi agizwe Visi-Perezida wa wa kabiri asimbura Bagirishya Jean de Dieu.
U Rwanda rugiye kwakira imikino ihuza abapolisi yo mu bihugu bya Afurika y’I Burasirazuba, izahuriza hamwe amakipe 83 mu mikino itandukanye
Inama ya FIFA yabereye mu Rwanda kuwa 14 Werurwe 2023 yafatiwemo imyanzuro yasize impinduka mu igikombe cy’isi ku makipe kizaba muri 2025 ndetse ni cy’ibihugu kizaba muri 2026.
Nyuma yo gutorerwa manda ya gatatu yo kuyobora impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), Gianni Infantino ari kumwe na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Madamu Munyangaju Aurore Mimosa, umuyobozi w’ishyirahamwe mpuzamahanga ry’umupira w’amaguru w’abantu bafite ubumuga ku Isi (WAFF), Georg Schlachtenberger (...)
Kuri uyu wa Gatanu i Nyon mu Busuwisi habereye tombola ya 1/4 na 1/2 cya UEFA Champions League 2022-2023, isiga Real Madrid itomboye Chelsea. Ni tombola yari iyo kugaragaza uko amakipe umunani asigaye muri iri rushanwa ry’uyu mwaka azahura muri 1/4 cy’irangiza ariko hagahita hanagaragazwa uko azahura muri (...)