Rusizi: Abantu 2 barohamiye mu kiyaga cya kivu

Ubwato bwari butwaye abantu 4 bwahuye n’umuyaga mwinshi mu kivu kuri uyu wa kabiri tariki 21/01/2014, bituma bukora impanuka babiri (Nyirajyambere Anasitasie na Mariya Eugenie) baburirwa irengero.

Ubu bwato buto bwavaga muri Congo bwari bupakiye ibitenge bivuye muri icyo gihugu byambutswa mu buryo butemewe n’amategeko bita magendu cyangwa forode kubera gukwepa imisoro. Ibyo ngo bifitanye isano niyo mpanuka kuko aba bantu barohamye bapakiye ibitenge byinshi bidasoze , aho babijyanaga mu karere ka Nyamasheke.

Ubu bwato bwarohamye saa kumi nebyiri z’umugoroba zo kuwa 21/01/2014, ari nabwo abarobyi bakorera muri ayo mazi bahuruzaga abaturage n’inzego z’umutekano kugirango bakorerwe ubutabazi bwihuse, icyakora muri ubwo butabazi babashije kurokora 2 abandi 2 baburirwa irengero.

Akenshi iyo urebye usanga impanuka zibera mu kiyaga cya Kivu ziva ku burangare bwo kutamenya gukoresha amazi neza kuko baba batambaye umwambaro ukoreshwa mu kwikingira impanuka z’amazi.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

imana ibakire mubayo

venant.kalisa yanditse ku itariki ya: 23-01-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka