Mukandutiye Elina w’imyaka 52 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyamivumu A mu kagali ka Mushirarungu mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza yatwikiwe urugo rwe n’umuntu utazwi yifashishije lisansi.
Abantu bane bari mu maboko ya polisi y’igihugu kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka, bakekwaho kuba inyuma y’ubujura bw’ibendera ry’igihugu ryibwe ku biro by’akagari ka Bwama mu murenge wa Kamegeri mu ijoro rya tariki 25/05/2014 mu masaha ya saa yine.
Issa Boniface w’imyaka 26 y’amavuko ukomoka mu Gatenga mu karere ka Kicukiro, afungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 24/05/2014, azira kubeshya abaturage ko ari umukozi wa ESWA akabaka amafaranga kugirango abahe amashanyarazi.
Umurambo w’umugabo witwa Misago Augustin watoraguwe mu kiyaga cya Rweru n’abapolisi bashinzwe gucunga umutekano mu mazi ku mugoroba wa tariki 25/05/2014.
Utazirubanda Beza wari utuye mu kagari ka Nganzo mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro aherutse kwiyahurana n’umwana we wari umaze umwaka n’ukwezi kumwe avutse bikaba bikekwa ko yabitewe n’amakimbirane umugabo yari afitanye n’umugore we.
Mu muhanda uturuka mu mujyi rwagati umanuka i Nyabugogo, habereye impanuka ikomeye y’imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yabuze feri ikagonga imodoka zari mu nzira, zirimo bisi ya bwa Coaster n’ivatiri na moto nyinshi. Bikaba bivugwa ko abantu batari bacye bashobora kuba bahasize ubuzima.
Ubwo hatangizwaha icyumweru cyo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Ruhango byagaragaye ko iki kibazo kirimo kugenda gikemuka ariko ubuyobozi bw’akarere butunga agatoki inzego z’ibanze kugaragaza imbaraga nke mu kurwanya ibiyobyabwenge bicururizwa cyangwa bigakorerwa aho bayobora.
Umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko aragira inama abakobwa yo kujya babanza bagashishoza mbere yo gusanga abasore babasaba kubana kuko cyane cyane mu mijyi abasore babeshya abakobwa ko bakora akazi keza bagerayo bagasanga ahubwo abo basore ntibagira n’aho baba.
Mw’ijoro ryakeye ahagana mu masa Saba n’igice zo kuri uyu wa gatandatu tariki 24/5/2014, umurambo w’umusore witwa Adriano Mwizerwa watoraguwe mu muhanda rwagati mu mudugudu wa Murambi mu Kagari ka Rusagara mu Murenge wa Gakenke.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro bufatanyije na polisi icunga umutekano wo mu kiyaga cya Kivu bataye muri yombi abasore batanu, barobaga mu Kivu mu ijoro ryo kuwa kabiri rishyira kuwa gatatu tariki 21/5/2014 bakoresheje imitego itemewe yitwa kaningini.
Mu rukerera ry’ijoro rishyira kuri uyu wa 23/05/2014, itorero ry’ababyinnyi ryo ku Nkombo muri Rusizi, bakoreye impanuka i Ntendezi urenze gato aho bita ku Buhinga mu masangano y’umuhanda ujya i Rusizi na Nyamasheke, umwe ahita ahasiga ubuzima mu gihe abandi 18 bakomeretse harimo babiri bavunitse amaguru.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 28, ubana n’ubumuga bwo kutagira akaguru kuko kacitse, Bakunzibake Leonard afungiye kuri stasiyo ya polisi ya Kanjongo azira gufatanwa udupfunyika 104 tw’urumogi aho atuye mu rugo rwe mu mudugudu wa Kamukiza, akagari ka Kabuga mu murenge wa Karambi.
Habumugisha Osward utuye mu mudugudu wa Rwankamba, akagali ka Cyibare umurenge wa Mutendeli akarere ka Ngoma, ubwo yarimo yasa inkwi ku gushyitsi cy’igiti cy’umuvumu kuwa 15/05/2014 yaguye ku bisasu bibili bya grenade byari byarakuriweho n’iki giti.
Mu gihe hadashize n’iminsi ibiri hafashwe abajura batandatu bibye ibikoresho bitandukanye birimo na moto ya Paruwasi ya Nkanka mu karere ka Rusizi, kuri uyu wa 22/05/2014 hafashwe abandi bajura batandatu bafatanywe ibintu binyuranye bari baragiye biba bakabihisha mu nzu zabo.
Abaturage baturiye agasantere ya Rwara kari mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, batangaza ko babangamiwe n’ikibazo cy’ubusinzi, aho ngo bamwe mu baturage banywa bagasinda bagatangira abantu nijoro bakabagirira nabi ndetse ngo bakanateza amakimbirane mu ngo bakubita abagire babo.
Umusaza w’imyaka 51 y’amavuko witwa Munyaneza wo mu murenge wa Gitambi mu kagari ka Gahungeri yabuze tariki 17/05/2014, ubwo ngo yari ahamagawe n’umuntu ngo naze basangire inzoga saa kenda z’ijoro , nyuma yubwo ngo ntabwo yongeye kugaruka ari nabwo umuryango we tangiye kumushakisha.
Umwarimu wigisha mu rwunge rw’amashuri rwa Nyaragiseke riri mu kagari ka Kintambwe mu murenge wa Rweru afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera akekwaho gutera inda umwana w’umukobwa yigishaga w’imyaka 16 y’amavuko.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 26, uvuka mu muduguduwa Karambi, akagari ka Karengera mu murenge wa Kirimbi, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kanjongo azira kwigira muganga agasiramura abagabo bikaba byarakurijemo umwe kujya mu bitaro akamara iminsi 4.
Umusore w’imyaka 23 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera akekwaho kwiba amafaranga miliyoni umunani mu rugo yakoragamo mu kagari ka Kibagabaga mu murenge wa Kimironko mu karere ka Gasabo.
Babiri mu batwara abagenzi kuri za moto bazwi ku izina ry’abamotari bakorera mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi bari mu maboko ya Polisi bakurikiranyweho gukomeretsa umushoferi utwara abagenzi mu modoka nto izwi ku izina rya taxi-voiture ikorera i Burundi bavugaga ko yabatwaraga abagenzi kandi adafite (…)
Ku mugoroba wa tariki ya 20 Gicurasi 2014 mu masaha ya saa kumi n’imwe, mu mudugudu wa Gasharu, mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano habeye impanuka, ikomeretsa abantu batatu n’umunyonzi wari utwaye igare ahetse ibitoki n’imbabura.
Kuri station ya Polisi ya Kamembe mu Karere ka Rusizi hafungiye abagabo 6 bakurikiranyweho ubujura bw’ibikoresho byo mu rugo hamwe na moto ya Paruwasi gatulika ya Nkanka yakundaga gutwarwa na Padiri mukuru w’iyo Paruwasi ari na we abaturage bayitirira.
Bagaragaza Venuste w’imyaka 23 y’amavuko yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 19/05/2014 nyuma yo gushyamirana nabo barimo gusangira bakamukubita inkoni mu musaya, ibyo bikaba byabereye mu mudugudu wa Gitego mu Kagari ka Kabeza mu murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera.
Samuel Ntakirutimana w’imyaka 26 y’amavuko ari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 19/05/2014 nyuma yo gufatanwa amafaranga y’amakorano ibihumbi 100 agizwe n’inote za 5000.
Abapolisi babiri bari mu bashinzwe umutekano wo mu muhanda bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera bazira kwaka ruswa umushoferi wari utwaye imodoka.
Rokodifensi (Local Defense Force) Hagenima Ildegard wari ushinzwe gucunga umutekano mu murenge wa Byumba mu kagari ka Nyamabuye mu mudugudu wa Nyiragasuruba mu karere ka Gicumbi yaturikanywe n’igisasu cyo mubwoko bwa gerenade ahita apfa.
Umwana w’umuhugu w’imyaka 14 wo mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi yurire igiti yitura hasi abanje umutwe hasi maze ahita ashiramo umwuka ku mugoroba wa tariki 18/05/2014.
Umugore uri mu kigero cy’imyaka hagati ya 25 na 30 yasanzwe mu muhanda yapfuye muri iki gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 19 Gicurasi 2014 bigaragara ko yagonzwe ariko kugeza ubu ikinyabiziga cyaba cyamugonze ntikiramenyekana.
Ayinkamiye Sesiliya wari utuye mu kagari ka Congo Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yitabye Imana ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki 17/05/2014 akubiswe n’inkuba.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP, Damas Gatare tariki 17/05/2014, yatangaje ko abantu basaga 35 bamaze gutabwa muri yombi bakurikiranweho kugambanira igihugu bakorana n’abanzi b’igihugu.