Mu gihe Uzabakiriho asaba ubuyobozi kumurenganura kuko yirukanywe aho yari acumbitse akekwaho amarozi kubera akanyamasyo yari atunze mu rugo, ubuyobozi bwizeza ko buzakemura ikibazo cye ariko nanone atari akwiye gutunga inyamanswa yo mu ishyamba mu rugo.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umugabo wa gatatu mu bacyekwaho kwiba icyuma gipima indwara (microscope) mu kigo nderabuzima cya Gisakura mu karere ka Nyamasheke.
Abantu bane ni bo bamaze gupfa naho babiri barakomereka mu mpanuka ikomeye y’imodoka yo mu bwoko bwa SCANIA yavaga muri Tanzania yerekeza Kigali yagonganye na FUSO yavaga Kigali igana muri Rwamagana.
Ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa kabiri tariki 06/05/2014, umuntu ucyekwaho ubujura yarasiwe mu mujyi wa Kigali hafi ya banki ya Kigali ubwo polisi yamubonaga ashaka kwiba ibintu mu modoka yagerageza kumufata akiruka.
Nyuma y’igihe gito atangiye kuyobora intara y’uburengerazuba, Guverineri Mukandasira Caritas taliki ya 5/5/2014 yasuye abaturage batuye mu mirenge ya Busasamana, Bugeshi na Cyanzarwe na Mudende yegereye umupaka wa Kongo aho ashimira abaturage kugira uruhare mu gufatanya n’inzego z’umutekano.
Umusore witwa Ndikumana Bernard w’imyaka 30 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi mu karere ka Bugesera akurikiranyeho icyaha cyo gutera umumotari icyuma agamije kumwiba moto yari atwaye.
Habinshuti Jean de Dieu na Karimunda Jean Bosco bombi b’imyaka 26 bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu Karere ka Musanze kuva ku cyumweru tariki 04/05/2014 nyuma yo gufatanwa miliyoni zisaga gato 30 bari bibye umucuruzi wo mu Mujyi wa Kigali.
John Ngirababyeyi w’imyaka 35 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatwa aha umupolisi ushinzwe umutekano mu muhanda ruswa y’amafaranga ibihumbi bibiri.
Abatuye mu kagari ka Burunga mu murenge wa Gihundwe baravuga ko bamerewe nabi n’ubujura buciye icyuho bukomeje kubibasira ariko ikibabaje cyane ngo ni uko abana bato bakoreshwa n’abantu bakuru babatuma kujya kwiba bababwira ko bazajya babagurira ibyo bibye nabo bakabigurisha.
Umusore w’imyaka 19 y’amavuko witwa Mburenumwe utuye mu kagari ka Twabugezi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro yimanitse mu mugozi, tariki 3/04/2014 ashiramo umwuka, nyuma yo kuvuga ko yibwe telefoni ebyiri n’inkoko imwe yari yashoye mu isoko.
Vuzimpundu James uri mu kigero cy’imyaka 20 utuye mu Mudugudu wa Bisasu mu Kagari ka Gitovu mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi, kuva kuri uyu wa Gatanu tarki 2/5/2014 arashakishwa, nyuma yo gutwika inzu y’iwabo no kwica inka y’iwabo ayiciye igihanga abitewe n’uko iwabo batari bamuhaye amafaranga y’inka bari (…)
Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko witwa Uwineza Hasina, wo mu mudugudu wa Kimbazi mu kagari ka Ntunga mu murenge wa Mwurire wo mu karere ka Rwamagana, yishwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana, bamusanze mu nzu aho yari aryamye bakamuniga kugeza apfuye.
Ikamyo yari yikoreye mazutu yavaga Tanzaniya ijya i Kigali yahiriye mu murenge Gatore mu karere ka Kirehe ku mugoroba wa tariki 30/04/2014 yangiza n’imyaka yegereye ku muhanda ariko nta muntu wahasize ubuzima.
Imbwa z’inzererezi 150 zimaze kwicwa mu karere ka Bugesera mu rwego rwo gukumira indwara y’ibisazi by’imbwa, izo mbwa zatangiye kwicwa mu ijoro ryo kuwa 25/4/2014 mu mirenge itandukanye.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, arasaba abayobozi ndetse n’abaturage bo mu karere ka Burera gushishikariza Abarembetsi kuza ku buyobozi mu mirenge bakimenyekanisha kugira ngo bakore amakoperative bityo baterwe inkunga, bakore imishinga ibyara inyungu, ibateza imbere.
Mu ijoro rishyira tariki 30/4/2014, umugore witwa Barakagwira Maria; bamusanze yapfiriye mu kabari ka Tereraho Oreste gaherere ye mu mudugudu wa Nyarubuye, akagari ka Mpushi, mu murenge wa Musambira.
Abagabo bane bivugwa ko ari abo mu Murenge wa Kabarore Akarere ka Gatsibo, barashakishwa n’inzego z’umutekano bakurikiranyweho gusambanya ku ngufu umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko.
Kuri stasiyo ya Polisi ya Gisagara, hafungiwe abasore bane bakekwaho gucuruza no gukoresha amafaranga y’amahimbano, bakavuga ko bayahabwa n’umugabo witwa Ngiruwonsanga Felix uzwi ku izina rya Rukara, aho bamuha amafaranga mazima akabaha amafaranga y’amakorano akubye kabiri ayo baba bamuhaye.
Minisitiri w’ubutegetsi w’igihigu, Musoni James, arasaba abayobozi ndetse n’abandi baturage bo mu karere ka Burera baba baravuganye n’umwanzi w’u Rwanda ko bajya kubimenyesha ubuyobozi cyangwa abashinzwe kubungabunga umutekano kuko nta nkurikizi bazagira.
Mu kagari ka Ruyenzi, mu murenge wa Runda, ahitwa Kamuhanda, umugore witwa Nsekambabaye Solange, yasanze ibintu byo mu nzu ye byatwitswe n’abantu batazwi. Bitewe n’uko yari amaze gutongana n’inshuti ye akaba ari nawe wari uzi aho abika urufunguzo, arakeka ko ariwe wabitwitse.
Umwana w’umukobwa witwa Byukusenge Divine wari ufite imyaka umunani y’amavuko yapfuye arohamye mu mugezi w’Akanyaru umurambo we uburirwa irengero.
Mu rugo rwa Mbarushimana Felix wo mu mudugudu wa Nyabisindu mu kagari ka Musumba mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza inzego z’umutekano zahafatiye litiro 12 za Kanyanga n’ibidomoro bibiri hanamenwa izindi nzoga z’inkorano basanze mu rugo rwe.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania yagongeye umwana w’umunyeshuri mu mudugudu wa Rutagara mu kagari ka Cyabajwa mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza, tariki 28/04/2014, umushoferi wari uyitwaye arayiparika ahita yiruka ku buryo kugeza ubu ataramenyekana.
Icyegereranyo cy’ibyaha byakozwe mu karere ka Nyanza muri uku kwezi kwa Mata 2014 cyerekana ko ibyahungabanyije umutekano ari 17 harimo bine birebana n’ingengabitekerezo ya Jenoside byakozwe mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon, arasaba abayobozi b’imirenge n’utugari guhora bita ku baturage, bakabahora hafi babafasha gukemura ibibazo bahura nabyo. Kuko nta wahungabanya umutekano w’abaturage igihe bibona mu buyobozi bubahora hafi.
Hashize iminsi itatu uwitwa Kuradusenge Japhet wari utuye mu kagalika ka Ruganda umurenge wa Kamembe aburiwe irengero, umurambo we ukaba waraje gutorwa mu kiyaga cya Kivu ku cyumweru taliki ya 27 Mata 2014.
Abaturage bo mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu baravuga ko abasirikare ba Kongo bakorera ku mupaka w’u Rwanda na Kongo babyutse babakurira ibirayi.
Umwana w’imyaka 13 wo mu kagari ka Gihundwe mu murenge wa Kamembe yatwikiwe mu rugo rw’umuturage azira ko yari yagiye kwiba ibiryo kuwa kane tariki 24/04/2014.
Umugabo witwa Uwamahoro Deogratias w’imyaka 38 y’amavuko yafatiwe mu cyuho aha ruswa umupolisi y’amafaranga ibihumbi 120, kugira ngo arekure imodoka ye ifungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera.
Umusore witwa Kwihangana Eric afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera azira guha umupolisi ruswa y’amafaranga ibihumbi bitanu nyuma yo gusanga imodoka yari atwaye idafite controle technique.