Karambizi Vincent na Niyonzima Ephrem tariki 09/07/2014 bafatiwe mu murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera bafite amakaziye y’inzoga za Amstel Bock nini n’into zifite agaciro k’amafaranga angana n’ibihumbi 245.
Nyuma yaho Gereza ya Muhanga na Rubavu byibasiwe n’inkongi y’umuriro, mu karere ka Rusizi kuri uyu wa 09/07/2014 bazindukiye muri gereza ya Cyangugu bashakisha ikintu cyose gishobora guteza impanuka y’inkongi y’umuriro.
Niyomubyeyi Claire w’imyaka 22 y’amavuko, yitabye Imana tariki ya 07/07/2014 mu bitaro bya Butare, nyuma yo gutwikwa na Kanyanga akabanza kubiceceka.
Ahitwa mu Rushakamba mu mujyi rwagati w’akarere ka Rusizi hafatwa nk’indiri y’abajura, kuko iyo umujura ashikuje umuturage amafaranga cyangwa ikindi kintu ariruka akaruhukira mu Rushakamba abaturage bagatinya kumusangayo kuko abajura bahabakubitira.
Abari bagize urwego rwa “Local defense force” mu karere ka Nyamagabe baributswa ko n’ubwo uru rwego rwavuyeho abari barugize bagifite inshingano zo kubungabunga umutekano w’igihugu cyabo nk’Abanyarwanda.
Umwana w’imyaka 10 witwa Zobe Gentille na murumuna we Nshuti Fille w’imyaka 7 barohamye mu mugezi wa Rusizi ya mbere mu kagali Gahinga mu murenge wa Mururu ho mu karere ka Rusizi bahita bitaba Imana ahagana saa tanu n’igice zo kuwa 06/07/2014.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka yo mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe hafungiye umusore witwa Niyonzima Dominique usanzwe akora ku bitaro bya Kigeme muri serivisi yo gupima ibizamini (laboratoire), akekwaho kwiba ibikoresho n’imiti byifashishwa mu gukora ibizamini binyuranye ku barwayi bagana ibyo bitaro.
Abaturage bo mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera, barasabwa kutazatatira igihango bagiranye n’ingazo zari iza RPA/RPF Inkotanyi ngo babe bakorana n’abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu.
Umukozi w’umurenge wa Kinazi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Musa Bonfils Robert na Ndatemungu Reverie umucungamutungu wa sacco “imboni y’amajyambere” y’umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango, bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana bakurikiranyweho kunyereza amafaranga angana na miliyoni 5 n’ibihimbi 750 (…)
Ikamyo yo mu bwoko bwa Volvo ifite plake za T257BRX yavaga mu gihugu cya Tanzania yerekeza mu murwa mukuru w’u Rwanda Kigali,yatahuwemo imifuka ine y’urumogi ipima hagati y’ibiro 150 na 200 ubwo yari igeze mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe kuri uyu wa gatanu tariki 4/7/2014.
Mugitondo cyo kuwa 4/7/2014 mu masaha ya saa kumi nebyiri za mu gitondo, mu gishanga cy’umwesa kiri mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera, hatoraguwe umurambo w’umwana witwa Ndayambaje Jean de Dieu ufite imyaka 20 y’amavuko.
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi barishimira ibyo bamaze kugeraho mu myaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye ariko by’umwihariko bagashima uburyo umutekano w’u Rwanda ucungwa kuko usanga nta muturage ukorerwa ihohoterwa iryo ariryo ryose.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarucyamo ya gatatu mu kagali ka Gahogo mu murenge wa Nyamabuye ho mu karere ka Muhanga binubira urusako rw’imashini ziswa ibigori rubabuza gusinzira ibi bikaba bimaze igihe kinini.
Abantu barindwi bakekwaho gutera mu ngo bakiba bakica n’abantu mu karere ka Muhanga batawe muri yombi kuri uyu wa 02/07/2014 bakaba beretswe abanyamakuru kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhanga.
Abaturage bo mu mudugudu wa Kaboshya mu kagari ka Rurenge mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera, batoraguye igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade ubwo barimo gucukura itaka ryo kubumbamo amatafari.
Tuyisenge Jean d’Amour w’imyaka 31 y’amavuko ari mu bitaro bya Gitwe guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 02/07/2014, nyuma yo guturikanwa na Kanyanga yari atetse rwihishwa.
Akimananimpaye Nadia w’imya 7 wo mu murenge wa Mururu mu kagari ka Gahinga yatumwe kuvoma mu masaha ya saa moya zijoro ageze ku mugezi wa Kagezi ahasanga inzoka nini cyane igwa igihumura yitaba Imana.
Urwego ruzwi ku izina rya Local defense rwacungaga umutekano rwamaze gukurwaho n’itegeko, rukaba rugiye gusimbuzwa abo bita DASSO (District Administration Security Support Organ).
Ubwo abacuruza, abatunda ndetse n’abanywa ikiyobyabwenge cya kanyanga bo mu murenge wa Kamubuga mu karere ka Gakenke bazwi ku izina ry’Abarembetsi barahiriraga kureka ibyo bikorwa, basobanuriwe ko ubuyobozi w’u Rwanda bufunga uwanze kumva kuko bushyize imbere kwigisha no guhanura.
Umugabo witwa Mutangana Evariste Bakunze kwita Pangarasi w’imyaka 34 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gasaka iri mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe akekwaho kwica umuntu mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki ya 27/06/2014.
Polisi y’Igihugu mu karere ka Rwamagana yangije ibiyobyabwenge birimo litiro 144.5 za kanyanga, ibiro 33 by’urumogi ndetse hatwikwa ku mugaragaro toni 13 z’ibiti by’imishikiri (Kabaruka) byafatanywe ababikoreshaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Nyuma yo kurasana hagati y’ingabo z’u Rwanda n’ingabo za Congo bitewe n’ingabo za Congo zinjiye ku butaka bw’u Rwanda mu bikorwa zisanzwemo byo kwiba amatungo y’abaturage, ariko zigatangariza itsinda rya EJVM ko batewe n’ingabo z’u Rwanda zabasanze ku gasozi ka Kanyesheja II bita ko ari iya Congo.
Minisitiri ushinzwe umutekano mu Rwanda Musa Fazil atangaza ko Abanyarwanda bagomba guhagurukira abatunda, abacuruza n’abakoresha ibiyobyabwenge kuko bakomeje kuba umuzigo ku miryango yabo n’igihugu, bikangiza amafaranga abigura kimwe n’abagendo mu kubitaho mu gihe bamaze gusarikwa nabyo.
Umugabo w’imyaka 46 yitabye Imana ahitanywe n’imodoka yo mu bwoko bw’ikamyo yari imutwaye, mu kagari ka Site, mu murenge wa Nyakabuye ho mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 25/06/2014.
Umugabo wo mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana, wakekwagaho ubushimusi (ubujura) bw’inka, yatawe muri yombi na Polisi ku wa Kabiri, tariki ya 24/06/2014, nyuma y’amakuru yari yatanzwe n’abaturage bamufatanye inka yibye akayica amahembe kugira ngo ayiyoberanye.
Niwenshuti Anastasie wari mu kigero cy’imyaka 12 yagonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa minibus ahita yitaba Imana, byabereye mu mudugudu wa Nkero mu kagari ka Kigoya mu murenge wa Kanjongo tariki ya 25 Kamena 2014.
Ngendahimana Samuel w’imyaka 23 wo mu mudugudu wa Kigabiro mu kagari ka Mwurire mu murenge wa Mwurire ho mu karere ka Rwamagana, yapfuyeku mugoroba wa tariki 24/06/2014, nyuma y’uko yari amaze gutemwa mu mutwe na mubyara we, bapfuye ko ngo uyu nyakwigendera yari yamukubitiye imbwa.
Abanyekongo 10 bari batawe muri yombi barobera mu mazi y’u Rwanda batabyemerewe ndetse bakoresha inshundura zitemewe barekuwe taliki ya 23/6/2014 babanje kwigishwa kugira ngo bamenye aho bagomba kurobera batarengereye amazi y’u Rwanda.
Ibiyobyabwenge by’inzoga zo mu mashashi bifite agaciro ka miliyoni 3 zisaga byafatiwe mu murenge wa Rwimiyaga akarere ka Nyagatare mu ijoro ryo kuri uyu wa 22 Kamena 2014. Abaturage bakaba basabwe gukomeza kuba ijisho ry’umutekano hagamijwe guhashya abacuruza ibiyobyabwenge.
Mukandekezi Laurence w’imyaka 42 wari utuye kagari ka Rugari mu murenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke, yitabye Imana mu buryo budasobanutse kuwa gatanu tariki ya 20 kamena 2014 mu masaha y’igicamunsi.