Niyonzima Jeovan ufite imyaka 18 wigaga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rizwi ku izina rya NDABUC riri mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma, ku mugoroba wo kuwa 21/07/2014 yasanzwe mu cyumba yifungiranye yapfuye ari mu kagozi.
Mu mudugudu wa Rushikiri, akagari ka Murehe, mu murenge wa Rukoma, umugore witwa Mukakibibi Julienne n’abana be babiri baracyekwa ko bivuganye umugabo we akaba na se w’abo bana Hagumamasaziro Emmanuel; bamutemesheje umuhoro.
Abantu 15 barimo ab’igitsina gabo 8 n’ab’igitsina gore 7, nibo baguye mu mpanuka y’imodoka yabereye mu Kagali ka Ndatemwa, Umurenge wa Kiziguro mu karere aka Gatsibo, mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 22/7/2014 ahagana saa moya.
Mu murenge wa Rubaya mu mudugudu wa Kagogo akagari ka Gashari mu karere ka Gicumbi hafi y’akayira kajya mu gihgu cya Uganda hatoraguwe umurambwo w’umugore witwa Zaninka Beatrice yapfuye.
Inzu y’uwitwa Iryamukuru Corneille iherereye mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Mushubati mu kagari ka Bumba yafashwe n’inkongi y’umuriro mu ma saa tanu z’ijoro rishyira ku wa mbere tariki 21/07/2014 ntihagira umuntu uhiramo, ariko ibyarimo hafi ya byose birakongoka.
Bayavuge Leonidas uri mu kigero cy’imyaka 32 y’amavuko yanyweye umuti wica udukoko two mu myaka witwa Kiyoda ajyanwa kwa muganga, ariko ntiyabasha kubaho.
Umukobwa witwa Uwimana Asha w’imyaka 36 afungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi akurikiranweho icyaha cyo gutwika amazu abiri mu rukerera rwo ku cyumweru tariki ya 20/07/2014.
Umunyeshuri witwa Tuyishimire Emmanuel w’imyaka 19 y’amavuko, yasanzwe mu nzu yararagamo yapfuye nyuma yo kwimanika mu mugozi. Byarabereye mu mudugudu wa Gitega, mu kagali ka Bushenyi mu Murenge wa Mareba mu karere ka Bugesera.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze barema isoko rya Byangabo riri mu Murenge wa Busogo bavuga ko babangamiwe n’umukono w’urusimbi bakunda kwita kazungunarara ukinirwa inyuma y’iryo soko, abana n’abagore bajya bashukwa bagakina uwo mukino bataha imbokoboko kandi baba baje guhaha ibintu bitandukanye.
Ubwo kuri uyu wa 17 Nyakanga 2014 ikirombe cya Koperative COMIKAG cyagwiraga abacukuzi barindwi b’iyi koperative mu Kagari ka Gikingo mu Murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke, mu gitondo cyo kuri uyu wa 18 Nyakanga 2014 nibwo babashije kuvamo bose ari bazima.
Umwalimu wigishaga ku rwunge rw’amashuri rwa Rusororo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yataye akazi kuva mu ntangiriro z’iki gihembwe cy’amashuri nyuma yo gukekwaho kurarana umunyeshuri w’umukobwa wigaga kuri icyo kigo.
Abayobozi b’imidugudu 473 igize akarere ka Ngoma kose nyuma yo guhabwa telephone zo gukoresha mu kazi kabo batangaje ko zigiye gutuma imikorere yabo izarushaho kunoga kuko ikibazo cy’itumanaho ari kimwe mu byari bibangamiye imitangirwe ya service kuri uru rwego.
Hussein Hadji, umushoferi w’ikamyo ya Scania hamwe na bagenzi be babili bari kumwe mu modoka, bafungiye kuri station ya police ya Kirehe nyuma yo gufatira urumogi rupima ibiro 70 mu ikamyo barimo.
Mu duce dutandukanye tw’umurenge wa Runda ahari igice kinini cy’umujyi wa Kamonyi; abakora umwuga w’ubucuruzi bagenda biyongera. Bamwe mu bakora uwo mwuga bawukorera mu muhanda cyangwa mu mazu batuyemo. Ubuyobozi buvuga ko babangamira abo bakora bimwe ndetse bagatera n’impungenge ku mutekano.
Abatuye akarere ka Rusizi by’umwihariko abo mu mujyi wa Kamembe barifuza ko Polisi ikorera muri aka karere yajya ihana by’intagarugero abahungabanya umutekano muri uyu mujyi kuko hari bamwe mu bahungabanya umutekano bafatwa na polisi nyuma y’igihe gito bakarekurwa.
Polisi y’igihugu irashimira abaturage uruhare bakomeje kugaragara mu kurwanya ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga zitemewe mu Rwanda, ariko igatangaza ko urugamba rugikomeze abaturage bakwiye gukomeza kuba maso.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka iri mu mujyi wa Nyamagabe hafungiye umushoferi witwa Nkundimana Aloys w’imyaka 28 akurikiranyweho gutwara forode amakarito y’amata y’ifu 40 yo mu bwoko bwa NAN adafite ibyangombwa byerekana ko yasorewe.
Gahutu Jean wari utuye mu kagari ka Buhaza umudugudu wa Dufatanye umurenge wa Rubavu taliki ya 13/7/2014 yitabye Imana azize kunywa inzoga yitwa Blue Sky ikorerwa mu gihugu cya Uganda.
Kuri uyu wa kabiri tariki 15/7/2014, ahagana saa tanu n’iminota 20 za mu gitondo, inzu y’amagorofa abiri y’uwitwaga Mudahemuka Felicien (witabye Imana), ikaba iri iruhande yo kwa Mutangana (i Nyabugogo), yafashwe n’inkongi y’umuriro, amaduka ari mu gice cyayo cyo hagati cy’igorofa yo hejuru arakongoka.
Bakundukize Theoneste w’imyaka 52 wari utuye mu mudugudu wa Gatovu, akagali ka Gatonde umurenge wa Kibungo, yakubiswe umuhini mu mutwe bimuvuramo urupfu ubwo yari yagiye ku muturanyi we gushaka inkweto ze yakekaga ko umuhungu waho yazibye.
Ndikuryayo Samuel w’imyaka 26 y’amavuko uvuka mu mudugudu wa Sholi mu Kagali ka Gasoro mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza kuri iki cyumweru tariki 13/07/2014 saa moya n’igice z’umugoroba yishe se umubyara amuteye umusumali mu rubavu bitewe n’amakimbirane bari bamaranye iminsi ashingiye ku nzu bari batuyemo.
Aba local defense 260 bo mu Karere ka Musanze basezerewe tariki 11/07/2014 batangaza ko batanze umwambaro w’akazi nk’uko biteganwa n’amategeko ariko nk’Abanyarwanda bakunda igihugu barakomeza gufatanya n’inzego zishinzwe umutekano mu kwicungira umutekano nk’uko byari bisanzwe.
Kubwimana Vedaste w’imyaka 59 afungiye kuri Station ya police mu karere ka Ngoma ukurikiranweho icyaha cyo kwica umugore we bashakanye byemewe n’amategeko umurambo akawujugunya mu kiyaga cya Mugesera cyiri mubmurenge wa Mugesera.
Ntamugabumwe uzwi ku izina rya Kiwi wo mu kagari ka Bumba mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yashatse gutema abaturanyi be ahereye ku mugore we mu ijoro rishyira ku wa gatanu tariki 11/07/2014, ariko abanyerondo babasha kuhagoboka bamwambura umupanga, inkoni n’icyuma yari afite ataragira uwo akomeretsa.
Umwana w’imyaka ine na nyina witwa Uwimbabazi Louise bajyanwe mu bitaro bya ADEPR Nyamata, nyuma yo guterwa icyuma n’umugabo washakanye na nyina witwa Ndayizeye Jean De Dieu mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 11/7/2014.
Mu gihe bamwe mu Nkeragutabara zo mu murenge wa Rwempasha bifuza ko inzego z’umutekano zabafasha mu guhashya abanzi b’ibidukikije, ubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha buvuga ko bwashyizeho moto y’umutekano izajya ihurura ahabaye ikibazo kijyanye no guhungabanya umutekano cyangwa kwangiza ibidukikije.
Mu mpanuka y’imodoka yabaye tariki 10/07/2014 ahagana saa tatu n’igice z’ijoro mu mudugudu wa Runyanzige mu kagali ka Gasoro mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza umwe yahise yitaba Imana abandi batanu barahakomerekera ku buryo bukabije.
Umwana w’imyaka 7 uvuka mu mudugudu Kankima mu kagali ka Cyotamakara mu murenge Ntyazo mu karere ka Nyanza yarumwe n’imbwa imukomeretsa ku itama, ku bibero ndetse no ku maboko ye yombi nyirayo arangije aratoroka.
Umumotari witwa Ntivuguruzwa Amiel yanyweye umutobe (jus) yari ahawe n’umugenzi yari agiye gutwara ahita asinzira, akangutse asanga uwo mugenzi, moto ndetse na telefoni ye ntabihari.
Kanyanduga Serge w’imyaka 38 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanywa amabuye y’agaciro apima ibiro 347 mu mudoka yari atwaye agiye kuyagurisha mu mujyi wa Kigali.