Mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro haruguru ya Nyabarongo, habereye impanuka, abari hafi aho bavuga ko yaguyemo umuntu abandi bagakomereka.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga buravuga ko abagabo babiri bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’Agaciro, batazakurwamo.
Nyiraminani Jane w’imyaka 30 atemye Mukantwari Annualite aramukomeretsa bikomeye.
Abatuye ndetse n’abanyura mu Kagari k’Akabahizi mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge bagaragaza ko bugarijwe n’ikibazo cy’ubujura bukorwa mu masaha y’amanywa ndetse n’ay’umugoroba, aho abaca muri ako gace bagera kuri batanu buri munsi bavuga ko bamburwa ibyabo, amabandi akarengera ahitwa dobandi(de bandits),no kuri (…)
Ahagana saa kumi n’imwe z’igicamunsi kuri uyu wa 22 Mata, umwana w’uruhinja rwari rukivuka yakuwe mu musarane akiri muzima.
Abantu bataramenyekana batemye inka y’uwitwa Dusengimana Emmanuel wo mu Karere ka Rubavu, nyirayo agahamya ko byakozwe na baramu be.
Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije ku rukuta rwa Twitter rwa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, yihanganishije abaturage ba Sri Lanka, nyuma y’uko kuri Pasika bibasiwe n’ibitero by’iterabwoba bigahitana abarenga 290.
Ubuyobozi bw’Impuzamashyirahamwe y’Abamotari mu Rwanda (FERWACOTAMO) buravuga ko bwamaze kuganiriza abamotari ku buryo bitarenze Kamena 2019 abatwara abagenzi kuri moto bose bazaba bafite utwuma tubara ibilometero watwaye umugenzi kandi tukagena igiciro akwishyura.
Mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Cyanzarwe uwitwa Nyabyenda JMV ufite imyaka 49 wari umusirikare mu ngabo zatsinzwe "Ex FAR" yagiye mu kabari k’uwitwa Mateso Mussa kuri uyu wa kane tariki 18 Mata 2019 acuranga kuri telefone ye indirimbo za Bikindi Simon.
Ubuyobozi bw’Ikigega cy’u Rwanda cy’Ingoboka (Special Guarantee Fund) buravuga ko kuva muri Nyakanga 2018 kugeza muri Werurwe 2019 kishyuye miliyoni 530FW kubera abantu basabye indishyi kubera guhohoterwa n’ibinyabiziga bidafite ubwishingizi.
Umuntu umwe yapfuye akubiswe n’inkuba, inzu 15 zivaho ibisenge ubwo hagwaga imvura ivanze n’umuyaga ku gicamunsi cyo ku wa 16 Mata 2019.
Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira, avuga ko Ingabo z’Igihugu nta kibazo kijyanye n’umutekano zifite nk’ikijyanye n’iterambere ry’abaturage.
Ikigega cya Leta cyihariye gishinzwe gutanga indishyi (Special Guarantee Fund) kiratangaza ko kuva mu kwezi kwa Nyakanga 2018, kugera mu mpera z’ukwezi kwa Werurwe 2019, abakoze cyangwa bagateza impanuka bakiruka ari abatwara abagenzi kuri moto.
Umunyarwanda witwa Mucyo Jean Claude uzwi ku izina rya Mandela amaze iminsi mike atashye mu Rwanda, nyuma y’uko yari amaze amezi atatu n’indi minsi afunzwe n’urwego rw’iperereza rwa Gisirikare muri Uganda, CMI(Chieftaincy of Military Intelligence).
Aborozi bo mu Karere ka Rwamagana bashyikirije Kabera Ndabarinze inka zo kumushumbusha.
Abafite ubumuga butandukanye cyane cyane ab’igitsina gore bavuga ko bahohoterwa bikabagora kubona ubufasha kuko akenshi batumvikana ku rurimi bakoresha bikabagiraho ingaruka.
Abafite aho bahuriye na Pariki y’Igihugu ya Nyungwe basabwe kutarangara, ahubwo bibutswa ko na bo bafite uruhare mu kwicungira umutekano.
Ku gicamunsi cyo ku wa 02 Mata 2019, Abanyarwanda batandatu bari bamaze amezi atatu bafungiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Nyagatare bavuga ko inzoga bahimbye Icyuma “Speranza waragi” ibahangayikishije kuko isindisha cyane kurusha izifatwa nk’ibiyobyabwenge.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyinjije mu ngabo abasirikare bashya nyuma y’umwaka bari bamaze bahabwa amasomo y’ibanze ya gisirikare.
Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, hamwe n’abayobozi b’uturere tw’Intara y’Uburengerazuba, Guverineri Munyantwari Alphonse yavuze ko abatekereza guhungabanya umutekano rw’u Rwanda banyuze mu Ntara y’Uburengerazuba bagomba gukurayo amaso.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare hemenewe ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni mirongo itatu n’ebyiri n’ibihumbi magana atanu na mirongo itatu n’umunani n’amafaranga mirongo itanu (32,538,050 Frw) byafashwe mu mezi atatu ashize.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe abana (NCC), iraburira abantu banyuranya n’amategeko, bakorera ibikorwa binyuranye ku bana bafata nk’ibyoroheje kandi amategeko abihana.
Karabayinga Jacques w’imyaka 39 utuye mu nkambi ya Kiziba mu karere ka Karongi, ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yo kwica inka 10 agakomeretsa bikabije izindi ebyiri azitemaguye, icyakora ngo yari agambiriye kwica nyirazo.
Mu murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza, umuyaga udasanzwe wasanze abana mu ishuri bakora ibizamini utwara ibisenge by’amashuri, abana batanu barakomereka.
Ndabarinze Kabera wo mu murenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu, mu ijoro ryo kuwa 23 rishyira 24 werurwe 2019 yatemewe inka n’abantu bataramenyekana.
Abakobwa bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera batewe inda bakabyara bakiri bato bavuga ko ubukene mu miryango n’amakimbirane bikigaragara bituma hari abananirwa kubyihanganira, bikabatera kugwa mu bishuko.
Nyuma y’uko sosiyete zikora umuhanda Kayonza – Rusumo zakomeje kwibwa ariko ntihamenyekane ababiba ndetse n’ibyibwa aho bijya, urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza none hamaze gufatwa abagera ku icumi.
Ubuyobozi bw’ishuri ryigisha imyuga Nyanza Technical School (NTS) ryo mu Karere ka Nyanza buravuga ko Leta ikwiye gutera inkunga ibigo mu bwishingizi bw’inkongi y’umuriro.
Umunyamabanga mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB (Rwanda Investigation Bureau), Col Ruhunga Jeannot yatangaje ko umunyamakuru Phocas Ndayizera wahoze akorera Radio BBC y’Abongereza, ubu uri mu maboko y’ubutabera, we n’abo bari bafatanyije bari bafite umugambi wo gutwika Umujyi wa Kigali.