Abatuye umudugudu wa Rugeshi Akagari ka Bukinanyama mu murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, barasaba kwimurwa bakagira ahandi batuzwa kuko ngo nta mutekano bafite bitewe no konerwa n’inka z’umuturanyi wabo ndetse n’abashumba be bakabakorera urugomo rurimo no kubakomeretsa.
Umuvunyi mukuru Anastase Murekezi arasaba abaturage guhagurukira ikibazo cy’akarengane na ruswa batangira amakuru ku gihe, kugira ngo haburizwemo umugambi w’abakomeje kubyimika, bigatuma gahunda zihindura ubuzima bw’abaturage zidasohozwa mu buryo buciye mu mucyo.
Umuyobozi w’ikigo cy’ikoranabuhanga cya Kaspersky Lab, Yevgeny Valentinovich Kaspersky, impuguke mu bwirinzi bujyanye n’Ikoranabuhanga wavumbuye Anti Virus yamwitiriwe avuga ko yugarijwe n’ibitero byifashisha ikoranabuhanga bigera ku bihumbi 350 buri munsi.
Rosemary Mbabazi, Minisitiri w’urubyiruko avuga ko iyo arebye urubyiruko ashinzwe asanga muri rusange rutekanye, aho rukomeje kugaragara mu bikorwa byo gusigasira umutekano w’igihugu. Gusa ngo iyo hagize abafatirwa mu bikorwa bihanwa n’amategeko avuga ko biba atari inkuru nziza kuri bo nk’abarebererera iki kiciro (…)
Umwe mu Banyarwanda bacurujwe hanze y’Igihugu (muri Koweit), araburira ababyeyi bohereza abana babo "kubahahira", nyamara ngo baba bajyanywe gukoreshwa ubucakara no gukurwaho ibice by’umubiri.
Polisi y’igihugu, ifatanyije n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo, ku wa mbere tariki 13 Gicurasi 2019 batangije ubukangurambaga bw’umutekano mu muhanda bw’igihe cy’umwaka bwiswe ‘Gerayo amahoro’ .
Umwe mu miryango ikorera ivugabutumwa mu magereza, ‘Prisons Fellowship’ uravuga ko abakoze Jenoside basoza ibihano bagafungurwa bagaragaza ibimenyetso byo kuzabana neza n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi babarirwa nko kuri 65%.
Angelique Uwamahoro, umukobwa wo mu kigero cy’imyaka nka 24 wari muri Gare ya Nyabubogo mu ma saa tanu kuri uyu wa 13 Gicurasi 2019, agiye gufata imodoka yerekeza i Muhanga, avuga ko mu cyumweru gishize yateze imodoka umushoferi akajya anyuzamo akigira ku mbuga nkoranyambaga muri telefone ye.
Abagabo babiri bo mu Murenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali n’undi umwe ukomoka muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, bakekwaho gutunda, gucuruza no gukwirakwiza ibiyobyabwenge.
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda burasaba abashinzwe gushyira ingengo y’imari ya Leta mu bigo bitandukanye bya Leta kurya bari menge, kuko ngo ibihano bijyanye n’ibyaha ku kwangiza umutungo wa rubanda byakajijwe bigakurwa mu makosa bigashyirwa mu byaha by’ubugome.
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko yakomereje mu Karere ka Musanze kuri uyu wa kane tariki ya 09 Gicurasi 2019, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yibukije abakomeza gutsimbarara ku bitekerezo byo gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda ko bazahura n’ibibazo bikomeye.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame aravuga ko ntawe u Rwanda rwakwingingira kuruha umutekano kuko ari uburenganzira bwarwo kuwubona, bityo uwo ari we wese akaba agomba kuwuruha byanze bikunze.
Munyabarenzi Justin avuga ko agaciro kahawe ibyangijwe n’amabuye aturuka mu kirombe cya STECOL ari make atayemera keretse hongeweho ibihumbi 100.
Polisi y’u Rwanda iramara impungenge abatwara ibinyabiziga bakemanga isuku n’ubuzirangenge bw’akuma gapima ingano y’inzoga iba iri mu maraso kazwi nka Alcotest.
Inkongi y’umuriro yafashe igice cyo hanze y’isoko ryo mu Gahoromani, ahantu haba ibyuma bisya imyumbati, hatikirira ibitari bike.
Urugendo rutangiza ubwo bukangurambaga rwatangiriye ku Gishushu kuri RDB, abarwitabiriye berekeza kuri stade Amahoro, bwitabirwa cyane cyane n’abakoresha ibinyabiziga biganjemo abamotari.
Ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 05 Gicurasi 2019, mu muhanda Musanze-Cyanika mu Kagari ka Kabyiniro, mu Murenge wa Cyanika, habereye impanuka ikomeye aho imodoka yataye umuhanda igonga igiti ihitana uwari uyitwaye.
Polisi ikorera muri Rwamagana yataye muri yombi uwitwa Jean Pierre Nshimiyimana, utuye mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Gitega, ibasha kugaruza amafaranga ibihumbi 800 y’amanyarwanda, telefone igendwanwa ya smart phone n’ibindi bikoresho bifite agaciro k’ibihumbi 400.
Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda, Hon Harerimana Fatou, aravuga ko bagiye gukora ubuvugizi ku kibazo cy’amazi ava mu birunga akangiza imyaka y’abaturage bo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, atangaza ko nyuma yo gutangiza Itorero mu midugudu, imyumvire y’abaturage igenda ihinduka, bikaba bitanga icyizere ko ikibazo cy’ubujura kivugwa mu Murenge wa Gitega buzacika burundu.
Abaturage b’Akagari k’Akabahizi mu Murenge wa Gitega mu Karere Ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali barashimirwa uruhare rwabo mu kwishakamo ibisubizo by’ibibazo.
Mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal biherereye ku Kacyiru mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki 27 Mata 2019 havutse ibibazo by’amashanyarazi byasaga n’ibishaka guteza inkongi, ariko ku bw’amahirwe ubutabazi burahagoboka buhosha ibyo bibazo.
Mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro haruguru ya Nyabarongo, habereye impanuka, abari hafi aho bavuga ko yaguyemo umuntu abandi bagakomereka.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga buravuga ko abagabo babiri bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’Agaciro, batazakurwamo.
Nyiraminani Jane w’imyaka 30 atemye Mukantwari Annualite aramukomeretsa bikomeye.
Abatuye ndetse n’abanyura mu Kagari k’Akabahizi mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge bagaragaza ko bugarijwe n’ikibazo cy’ubujura bukorwa mu masaha y’amanywa ndetse n’ay’umugoroba, aho abaca muri ako gace bagera kuri batanu buri munsi bavuga ko bamburwa ibyabo, amabandi akarengera ahitwa dobandi(de bandits),no kuri (…)
Ahagana saa kumi n’imwe z’igicamunsi kuri uyu wa 22 Mata, umwana w’uruhinja rwari rukivuka yakuwe mu musarane akiri muzima.
Abantu bataramenyekana batemye inka y’uwitwa Dusengimana Emmanuel wo mu Karere ka Rubavu, nyirayo agahamya ko byakozwe na baramu be.
Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije ku rukuta rwa Twitter rwa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, yihanganishije abaturage ba Sri Lanka, nyuma y’uko kuri Pasika bibasiwe n’ibitero by’iterabwoba bigahitana abarenga 290.
Ubuyobozi bw’Impuzamashyirahamwe y’Abamotari mu Rwanda (FERWACOTAMO) buravuga ko bwamaze kuganiriza abamotari ku buryo bitarenze Kamena 2019 abatwara abagenzi kuri moto bose bazaba bafite utwuma tubara ibilometero watwaye umugenzi kandi tukagena igiciro akwishyura.