Abandi Banyarwanda 6 bari bafungiye muri Uganda batahutse
Ku gicamunsi cyo ku wa 02 Mata 2019, Abanyarwanda batandatu bari bamaze amezi atatu bafungiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda.
Ku wa 17 Mutarama uyu mwaka nibwo aba Banyarwanda bambutse umupaka wa Kagitumba bahawe agapapuro k’inzira kagira agaciro k’umunsi umwe bita ‘Jeton’.
Maniragaba Tharcisse avuga ko bahise bafatwa bajyanwa gufungirwa muri Ntungamo na ho bahava bajya gufungirwa ahitwa Nyarushange nyuma yo gukatirwa igifungo cy’amezi atatu bashinjwa kwinjira muri Uganda mu buryo bunyuranije n’amategeko.
Aba bagabo n’abasore bavuga ko bakoreshwaga imirimo y’ubuhinzi n’ubuyedi inkoni zibari ku mugongo.
Ati “Kwicara ni ugukubitwa, gucira ni inkoni, kurya ni igiti, mbega kubona umunyarwanda hariya ni nko kubona shitani. Twirirwaga duhinga, duterura amatafari inkoni zituri ku mugongo twaziruhukaga turyamye mu ijoro.”
Izi nkoni babyukirizwagaho, bakaziririrwaho, bakaziruhuka baryamye ngo zituma bamwe bifuza gutoroka.
Nizeyimana Mupenzi yemeza ko ngo ufashwe agerageza gutoroka atwikwa mu birenge kandi ntibimubuze gukubitwa no gukora.
Agira ati “Nzi babiri, bashatse gutoroka twagiye gukora. Barabahize babafashe abasirikare bahise bacana umuriro bashyiramo imihoro imaze gushyuha neza bayibatwikisha munsi y’ibirenge kandi bukeye ntibyatuma batabakoresha, nta mpuhwe bagira.”
Maniragaba Tharcisse asaba abandi banywarwanda bajya gushakira imibereho muri Uganda kubicikaho bagakorera iwabo kandi bakanyurwa n’iby’iwabo.
Ati “Ni kenshi twakoreraga muri Uganda tugataha iwacu ku mugoroba, none aho baduhindukiye, ndasaba uwatekerezaga kujyayo kubireka agakorera iwacu akazi karahari naho ashobora kwirukankira byinshi akahaburira ubuzima.”
Abo bantu uko ari batandatu, bose bakomoka mu tugari dutandukanye tw’Umurenge wa Matimba twegereye umupaka nka Cyembogo, Kanyonza na Kagitumba.
Bose bafatiwe umunsi umwe kuko bakoraga akazi kamwe ko kubumba amatafari ahitwa Sofia, mu isantere yegereye umupaka wa Mirama hills na Kagitumba mu Rwanda.
Aba bemeza ko aho bari bafungiye i Ntungamo na Nyarushange basizeyo abandi banyarwanda bagera ku 100 uretse ko ngo hari n’abajyanwa gufungirwa i Mbarara.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
Bajya bavuga ngo iyo amazi akubwiye ngo winyuhagira, urayabwira ngo nta mbyiro nari mfite. Abagande n’ibyabo mwabihoreye. Wa mugani, bibane natwe twibane. Kujya ahantu ubunza imitima utazi ko uribugaruke amahoro? Dufiteyo imiryango, inshuti, n’abavandimwe. Reka tujye tuvugana kuri phone, ibindi ngo agakambye ugatega iminsi kandi ngo ntamvura idahita.
Umva mbese kwishongora kw’abanyarwanda. Mwibane mugira iki? Abantu tutagira n’amazi yo gukoresha aza rimwe mu cyumweru urumva duhagaze hehe! Nta hantu ku isi ibihugu bituranye bitagenderana. Abayobozi ni bakemure ibibazo biri hagati yabo ariko bareke abaturage bakomeze bagenderanire kandi bahahirane.
Naho wowe wumva ko wakwibana ubwo uri igifi kinini kuko uri umuturage uhahira mu masoko nkatwe watekereza ku tuntu duto tugenda duhenda kandi dukenerwa n’umutage wo hasi.
Ark c Koko Uganda idushakaho iki Koko yaduhaye amahoro ndumva bibabaje kbs