Undi Munyarwanda warekuwe na Uganda nyuma y’umwaka urenga yari amaze muri gereza anakoreshwa uburetwa, aravuga ko yageze ubwo yikorezwa inkono ishyushye.
Mu muhanda Kigali - Musanze, ikamyo ya BRALIRWA ifashwe n’inkongi y’umuriro ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 25 Kanama 2019, Polisi y’igihugu ishami rishinzwe kuzimya inkongi yihutira gutabara.
Kamali Sylver w’imyaka 27 ukora ibijyanye na fotokopi y’inyandiko zitandukanye, afunganywe n’uwitwa Mutungirehe Emmanuel kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimironko kuva tariki 23/8/2019.
Ubukangurambaga buzwi ku izina rya ‘Gerayo Amahoro’ ku wa gatanu tariki 23 Kanama 2019 bwakomereje mu ishuri ryisumbuye rya Lycée Notre Dame de Cîteaux riherereye mu Mujyi wa Kigali.
Kuri uyu wa kane, urukiko rwategetse ko abagabo bane barimo abanya – Kenya bane n’umunyarwanda umwe baregwa ubushukanyi no gukoresha inama itemewe bakomeza gufungwa kuko impamvu batanze basaba gufungurwa bakaburana bari hanze zitabashije kunyura urukiko.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko iperereza ry’ibanze ku murambo wasanzwe mu modoka mu Mudugudu wa Rubingo, Akagari ka Kagugu, Umurenge wa Kinyinya, rimaze kugaragaza ko ari uwa Callixte Ndahimana.
Ikigo cy’igihugu cy’Amahoro (RPA), giherereye mu karere ka Musanze cyakiriye Ingabo, Polisi n’Abasivire 23 baje guhugurirwa uburyo bwo kurinda abasivire mu bihugu byugarijwe n’intambara.
Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako ikoreramo uruganda RWACOM, rukora ibikoresho bya plastic.
Polisi y’u Rwanda n’Akarere ka Kicukiro batangaje ko barimo gukurikirana abashinzwe umutekano bavugwaho guhohotera umuntu bari bafashe bamutwaye mu modoka.
Tuyishimire Dismas, umusore w’umunyarwanda umaze umwaka afungiye muri Uganda, avuga ko Umunyarwanda uhafungiye asabwa kwishyura amafaranga akarekurwa, yayabura akabyishyura gukoreshwa imirimo y’uburetwa no gukubitwa buri munsi.
Umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu DCGP Marizamunda Juvenal aratangaza ko ibikorwa byinshi byakozwe mu kwezi kw’ibikorwa bya Polisi y’Igihugu bigaragaza akamaro k’ubufatanye mu kwihutisha iterambere.
Polisi y’Igihugu yibukije abaturiye umupaka ko mu bihano bihabwa abafatwa bambukana magendu n’ibiyobyabwenge harimo no gutakaza ubuzima.
Abakozi 25 b’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), basoje amahugurwa yaberaga mu Ishuri Rikuru rya Polisi riherereye i Musanze, aho bamaze icyumweru bakarishya ubumenyi bujyanye n’uburyo bwo gukora iperereza no kugenza ibyaha.
Mu Gushyingo 2018 ubwo yagezaga ijambo ku bari bitabiriye ibiganiro byahuje abanyamakuru n’abapolisi, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yatangaje ko Leta irimo gutegura ibihano bikomeye ku batwara ibinyabiziga batubahiriza uburyo bwo kugenda mu muhanda.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda General Patrick Nyamvumba avuga ko umubare munini w’abagore mu kubungabunga amahoro bizatuma ibibazo bya bagenzi babo bimenyekana.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, aragaya bamwe mu bakorera Ubugenzacyaha barenze ku masengesho bakarya ruswa.
Abanyeshuri 133 barimo Abapolisi 20, basoje amahugurwa bamazemo amezi ane bahabwa ubumenyi buhanitse mu gutahura ibyaha no kubigenza, mu gihe bane muri bobasezewe kubera imyitwarire mibi.
Si Kampala gusa irimo gutoterezwamo Abanyarwanda, kuko no mu magereza y’uduce twegereye u Rwanda ngo barimo.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Umutesi Marie Goretti, yasabye abamotari kwitwararika, bubahiriza amategeko yo mu muhanda ndetse barangwa n’imyitwarire myiza kugira ngo babashe gukora akazi kabo neza, batanga serivisi nziza ku babagana.
Uwizeyimana Immaculée wacururizaga muri Nyabugogo ahitwa ku Mashyirahamwe mu murenge wa Kimisagara, ibintu bye byose bikaba byahiriye mu nkongi yadutse muri iyo nyubako ahagana saa sita z’ijoro ryakeye, avuga ko yamuhombeje asaga miliyoni 10.
Polisi y’igihugu irashishikariza abaturage bagenda ku binyabiziga gutinyuka bakagaragariza inzego z’ibishinzwe amakosa akorwa n’abatwara ibinyabiziga, akaba yateza impanuka zihitana ubuzima bwabo.
Jean d’Amour Nizeyimana na bagenzi be bane, bamaze amezi 16 bafungiye muri Uganda, baratangaza ko bakoreshwaga imirimo y’uburetwa kandi ku gahato, ku munsi buri wese akabarirwa amashiringi 100 ya Uganda, ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda 22.
Abapolisi 140 bagize icyiciro cya cyenda ari nacyo cya nyuma cya Polisi y’igihugu y’u Rwanda yakoreraga ubutumwa bw’amahoro mu gihugu cya Haiti bageze mu Rwanda kuri iki cyumweru 04 Kanama 2019.
Umuyobozi w’Inkeragutabara mu karere ka Gasabo asaba abaturage kwirinda amakuru y’ibihuha bagenda bumvira ku matelefone cyangwa ku mbuga nkoranyambaga.
Mu ruzinduko rw’iminsi ine yagiriraga mu gihugu cya Sudani y’Epfo, Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Dan Munyuza, ku wa gatatu tariki 31 Nyakanga, yanasuye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri iki gihugu.
Mu karere ka Musanze mu murenge wa Musanze, haravugwa urupfu rw’umusore w’imyaka 32 witwa Kaneza Innocent, ukomoka mu Murenge wa Nyange mu karere ka Musanze aho basanze umurambo we ufite uruguma mu mutwe.
Kuri uyu wa mbere tariki 29 Nyakanga 2019 umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza n’intumwa ayoboye batangiye uruzinduko rw’akazi muri Sudani y’Epfo aho bitabiriye umuhango wo gusoza amasomo akomatanyije yahabwaga abapolisi 420 bo mu gihugu cya Sudani y’Epfo.
Kuri uyu wa mbere tariki 29 Nyakanga 2019 ahagana saa yine z’igitondo, umugabo wari utwaye imodoka ya Toyota RAC 785 B, yakoze impanuka ikomeye ahunga Polisi yari imukurikiye kuko yari imaze kumenya amakuru y’uko atwaye magendu.
Umusore witwa Nzabonimpa Joseph w’imyaka 25 wari umaze amezi atanu afungiye muri Uganda, avuga ko yagombye kwihindura umurwayi wo mu mutwe, kugira ngo adakubitirwa aho yari afungiye.
Polisi y’igihugu irasaba abayobozi b’ibigo bitwara abagenzi mu modoka, ab’ibigo bitwara imizigo mu makamyo no mu zindi modoka kugira inama abashoferi babakorera, bakajya bitwara neza kugira ngo birinde impanuka.