Niyomucunguzi Jean Baptiste ukomoka mu Karere ka Burera mu Murenge wa Gahunga avuga ko yagiye kurema isoko rya Kisoro muri Uganda, afatwa na Polisi yaho imushinja kutagira ibyangombwa ahita afungwa akaba arekuwe nyuma y’umwaka.
Inkongi y’Umuriro yibasiye inyubako y’Uwitwa Simbizi Joseph mu Mujyi wa Muhanga, amaduka atanu yacururizwagamo arakongoka ku buryo nta kintu na kimwe cyabashije kurokoka.
Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru n’Ubuyobozi bw’iyi Ntara baravuga barasaba abashoferi batwara imodoka zagenewe gutwara abagenzi, kujya bagenzura imizigo y’abagenzi batwaye no kuyigiraho amakenga kuko aribwo buryo bwo guca intege abatunda ibiyobyabwenge na magendu.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye arasaba abacungagereza kurushaho kunoza umwuga bakora, bagaharanira kugorora abagororwa kuburyo urangije igihano atongera kwishora mu byaha byakongera kumusubiza muri gereza.
Umunyarwanda witwa Ishimwe Moses avuga ko yatashye mu Rwanda nyuma yo gukubitwa, gukorerwa iyicarubozo n’ibindi bikorwa bibabaza umubiri.
Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Amajyaruguru iributsa abatwara ibinyabiziga kwirinda kunywa ibisindisha kuko mu mpanuka zihitana ubuzima bw’abantu harimo n’iziterwa n’uko hari abatwara ibinyabiziga basinze.
Abantu babiri bari kuri Moto bitabye Imana abandi batatu bakomerekera mu mpanuka y’ikamyo yavaga i Muhanga yerekeza i Kigali yabuze feri ikagonga Moto, ku wa 07 Kamena 2018.
Umukobwa witwa Kamuzizi Sumaya wo mu Karere ka Musanze wari umaze umwaka afungiye muri Uganda, avuga ko igihe cyose yamazeyo yakoreshwaga imirimo ivunanye, yavuga ko ananiwe agakubitwa.
Muri gahunda y’ubukangurambaga y’ibyumweru 52 yo kurwanya impanuka zo mu muhanda, Polisi n’abafatanyabikorwa bayo, kuri uyu wa gatanu tariki ya 07 Kamena 2019 bakanguriye abatwara abantu kuri moto kwirinda ibisindisha igihe bari mu kazi.
Police y’u Rwanda mu ntara y’Amajyaruguru, iragaragaza ikibazo cyugarije amashuri cy’ubujura bwa za mudasobwa, aho mu mezi atatu ashize, hibwe izigera kuri 136 mu bigo bitandukanye by’amashuri muri iyi ntara.
Mu Karere ka Nyarugenge, mu Kagari ka Nyabugogo mu Mudugudu wa Gakoni, ahitwa ku Gasharu, havumbuwe ubujura bwo gutanga umuriro mu buryo butemewe ,bukorwa n’abiyita abakozi b’Urwego rw’Ingufu mu Rwanda (REG), uwabikoraga aratoroka, hafatwa uwamufashaga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko hari abatekamutwe barimo gukoresha WhatsApp bagamije kwiba rubanda amafaranga, urwo rwego rugasaba abantu kuba maso.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 05 Kamena 2019, mu muhanda Rukomo-Gatuna wo mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi, habereye impanuka ya Moto ihitana umubikira witwa Terimbere Théopiste, wayoboraga ikigo nderabuzima cya Rushaki ihitana n’umumotari wari umutwaye.
Umugore yajijishije agaragara nk’uhetse umwana bamufashe basanga ni ibiyobyabwenge ahetse. Yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha(RIB), akaba ashinjwa gutunda ibiyobyabwenge nyuma yo kubifatanwa abihetse mu mugongo no kunda, ibindi abyikoreye ku mutwe.
Umugore witwa Nyirahabineza Jacqueline wo mu Kagari ka Nyamagana, Umudugudu wa Nyabihanga Akarere ka Ruhango, intara y’Amajyepfo amaze amezi umunani yishwe n’umugabo we ubyemera ariko bikaba bitari bizwi.
Inka zirindwi z’uwitwa Sabiti James zakubiswe n’inkuba zihita zipfa. Byabereye mu Mudugudu wa Mugari, Akagari ka Rutaraka, mu Murenge wa Nyagatare. Byabaye mu mvura yumvikanyemo inkuba yaguye guhera saa munani n’igice z’amanywa ku cyumweru tariki 02 Kamena 2019.
Mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Mwendo mu Kagari ka Gafunzo habereye impanuka yabaye ahagana saa tatu n’igice ku cyumweru tariki 02 Kamena 2019, igwamo abantu batandatu.
Urubuga rwa twitter rw’urwego rw’ubugenzacyaha (RIB), ruravuga ko rwataye muri yombi umwe mu bayoboye Supermarketings Global Ltd, imwe muri sosiyete zikora ubucuruzi bw’amafaranga burimo uburiganya (Cripto-Currency scam); ubucuruzi butandukanye n’ubwo yasabiye ibyangombwa muri RDB.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Jean Damascene Bizimungu, Umugenzuzi w’Imari (Auditeur) w’Akarere ka Rutsiro ashinjwa kwakira ruswa ngo adashyira ku karubanda ubuyobozi bwa Koperative KOPAKAMA mu ikoreshwa nabi ry’umutungo w’iyi koperative.
Abakomiseri n’abakozi ba Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda ku wa mbere tariki ya 27 Gicurasi 2019 batangiye kwigishwa uko bakora iperereza, no gukora za raporo zinoze zirebana n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu.
Uyu muvugabutumwa wita Muhigirwa Paul wari umaze imyaka 10 mu gihugu cya Uganda hamwe n’uwitwa Mibungo Emmanuel wagiyeyo muri 2014, ni abandi Banyarwanda batashye iwabo nyuma yo kugirwa intere.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko Urwego rw’Igisirikare cya Uganda rushinzwe Ubutasi (CMI) rwashimuse Abanyarwanda babiri ari bo Samvura Pierre w’imyaka 47 na Habiyaremye Eric w’imyaka 25 y’amavuko.
Guverinoma y’u Rwanda, ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yagize icyo ivuga ku biherutse gutangazwa na Uganda by’ubushyamirane bwahitanye ubuzima bw’abantu babiri mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki 24 Gicurasi 2019.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki 24 Gicurasi 2019 mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare habayeho guhangana hagati y’abari bakurikiranyweho kwinjiza mu Rwanda imyenda ya caguwa mu buryo butemewe n’inzego z’umutekano, Polisi igahakana amakuru yatangajwe y’uko uko guhangana kwaba (…)
Ku wa 23 Gicurasi 2019 ,mu Mujyi wa Kigali abapolisi bakoze ubukangurambaga kuri gahunda ya Gerayo Amahoro , babwira abanyamaguru uko bakoresha umuhanda neza kugira ngo bagere iyo bagiye amahoro.
Mu mugezi wa Mukungwa uherereye mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru kuri uyu wa kane tariki 23 Gicurasi 2019 habonetse umurambo bivugwa ko ari uwa Ndahayo Jean de Dieu, bikekwa ko yiyahuye muri uwo mugezi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko impfu ziterwa no kwangiza ibidukikije ziruta kure impfu z’intambara imaze umwaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buravuga ko butazihanganira uwo ari we wese ushobora kugira uruhare mu bikorwa bihungabanya umutekano w’Abaturage. Ibi burabitangaza mu gihe abatuye muri Centre ya Gasiza iri mu murenge wa Rambura akarere ka Nyabihu bavuga ko hari insoresore ziyita “Abadida” zibakorera urugomo zikanabambura (…)
Abana babiri bagororerwaga muri gereza ya Nyagatare batorotse mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki 21 Gicurasi 2019.
Mu ijoro ryo ku wa mbere tariki ya 20 Gicurasi 2019 ahagana saa mbili z’ijoro nibwo hamenyekanye inkuru y’urupfu rw’uwitwa Ntakirutimana Eustachie wishwe atewe ibyuma. Harakekwa umugabo we witwa Ndahayo Jean de Dieu w’imyaka 45 y’amavuko.