RAPID SMS ni uburyo bwashyizweho na minisiteri y’ubuzima mu guhana amakuru agamije kurengera ubuzima bw’umubyeyi n’ubw’umwana. Iyi gahunda ikaba ari imwe mu ntego umunani z’ikinyagihumbi, leta y’u Rwanda ifatanyije mo n’isi yose.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Gakenke barangije amashuri yisumbuye batangiye ibikorwa by’itorero, baratangaza ko gahunda y’itorero uretse kuba ngombwa kuri buri Munyarwanda inatuma basobanukirwa byinshi batari bazi ku Bunyarwanda n’indangagaciro zabwo.
Madame wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yasabye ababyeyi ko batagomba kwibuka igihe cyarenze gusengera abana no kubafasha kwirinda icyorezo cya SIDA. Bibi yabitangaje ubwo yari mu gikorwa cyo gukusanya inkunga izagenerwa bamwe mu babana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA, cyateguwe n’umuryango wa gikirisitu wa CVX.
Mu gice cyemejwe nk’umujyi wa Kamonyi no mu midugudu yagenewe kubakwamo, hagaragara inyubako ziyongera umunsi ku munsi. N’ubwo abagurisha ibibanza byo kubaka bishimira ko bahabwa amafaranga, hari abagaragaza impungenge z’uko amazu ari kubakwa abatwara umwanya wo guhinga.
Abayobozi munzego zibanze barasabwa kujya bajya inama n’abaturage igihe hari gahunda y’iterambere bashaka gushyira mu bikorwa kuko iyo bagiye inama aribwo iyo gahunda igerwaho vuba kandi neza.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye abakinnyi bagize ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, baheruka kwitwara neza muri Tour du Rwanda bakayitsindira, abemerera kubafasha mu bibazo ikipe y’igihugu ihura nabyo byatumaga ititegura neza.
Abitabiriye inama mpuzamahanga y’iminsi itatu yigaga ku bushakashatsi bukorwa kuri virusi itera Sida bashoje bifuza ko hakongerwa ingufu mu ngamba zihora zifatwa zigamije kurwanya Sida.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bugaragaza ko abantu ibuhumbi 173 bangana na 51% by’abatuye akarere bakiri mu bukene. Aba baturage bose biteganyijwe ko bazafashwa kubuvamo mu gihe gito, nkuko bivugwa n’umukozi wako ushinzwe igenamigambi.
Mu ntangiro z’umwaka utaha wa 2015 Kaminuza ya Mount Kenya University izafungura ishami rizigisha ibijyanye n’ishoramari hamwe n’uburezi mu karere ka Ngororero.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare bakora muri gahunda ya VUP bavuga ko bafite icyizere cyo kwikura mu bukene, dore ko mu gihe bamaze bakorana nayo babashije kwigurira amatungo magufi.
Nyuma y’aho hagiriyeho urugaga rw’abakora imirimo ishamikiye ku buvuzi, abakora iyi mirimo mu karere ka Ruhango na Nyanza baravuga ko akazi kabo kagiye kugira agaciro ndetse nabo banakora akazi bizeye ko bazwi, bityo service baha abarwayi zirusheho kugenda neza.
Imiryango 200 yo mu Murenge wa Bungwe, mu Karere ka Burera, imaze umwaka wose ifashwa kwikura mu bukene ndetse no kwihaza mu biribwa, ihamya ko ubu yamaze kwikura mu bukene ku buryo igambiriye gukomeza kugera ku iterambere.
Muri iki cyumweru ubujura buciye icyuho bwibasiye Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga aho abantu bagera muri bane ubu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhanga bakekwaho kwiba amagare, abibaga bagiye batobora amazu y’abaturage bagatwara ibikoresho byo mu nzu birimo nyine n’amagare.
Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bo mu karere ka Nyabihu barasaba ko ururimi rw’amarenga rwakwigishwa henshi mu Rwanda kuko rubafasha gusobanukirwa no kumva ubutumwa bubagenewe nabo bakaba bagira uruhare mu gushyira mu bikorwa ibivuzwe.
Urubyiruko rumaze umwaka rwiga ubugeni n’ubukorikori mu ishuri rya Coin d’Art mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, ruravuga ko ubumenyi ruhakuye rugiye kubukoresha rwiteza imbere ndetse rukanafasha bagenzi barwo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru burasaba abaturage guhindura imyumvire bakumva ko amafaranga y’inkunga y’ingoboka ya VUP atari ay’abasaza n’abakecuru ahubwo ari ay’abantu batishoboye.
Ikipe ya Gicumbi FC yiteguye guhura na Espoir kuwa gatandatu tariki 06/12/2014 ya nyuma yo gutangaza mbere ko itazakina uyu mukino FERWAFA itayemereye ibyo yari yayisabye.
Abakinnyi 30 bari mu mamodoka 15, ni bo bamaze kwemezwa kuzitabira isiganwa rizwi nka Rally des Milles Collines rizakinirwa mu ntara y’iburasirazuba tariki 12-13/12/2014.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko ikibazo cya ba rwiyemezamirimo bakoresha abaturage bakagenda batabahembye ubu cyakemutse, kuko umuturage wese azajya ajya gukorera rwiyemezamirimo ari uko babanje kugirana amasezerano y’akazi.
Ibiro ntaramakuru by’abafaransa AFP bivuga ko kuwa 3 Ukuboza 2014, tereviziyo yo muri Koreya y’Amajyepfo yasohoye inkuru ivuga ko mu gihugu gituranyi cya Koreya ya Ruguru, abantu bose bafite izina rya Kim Jong Un, izina rya perezida w’icyo gihugu basabwa kuyahindura.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyasinyanye amasezerano agamije kunoza imikoranire hagati yacyo n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA), ndetse n’urugaga nyarwanda rw’Amakoperative (NCCR).
Rwiyemezamirimo witwa Shingiro Eraste w’imyaka 32 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera akurikiranyweho kutanga sheki ebyiri zitazigamiwe zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 11.169.000.
Bamwe mu batuye mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Gakenke bemeza ko bamaze gusobanukirwa n’akamaro ko kwigira kuko bituma umuntu ashobora kwikemurira bimwe mu bibazo bye ntawe ategeye amaboko.
Bamwe mu bahinzi b’ibijumba by’umuhondo bikungahaye kuri Vitamini A bo mu Karere ka Rulindo baratangaza ko ubu buhinzi bumaze kubageza kuri byinshi mu rwego rw’imibereho myiza n’iterambere mu bukungu bw’ingo zabo.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) yatangiye ubukangurambaga ku batuye umujyi wa Kigali mu rwego rwo kubereka ibyiza bya internet inyaruka ya 4G LTE, nyuma y’iminsi mike iyi internet iri hake ku isi igejejwe no mu Rwanda.
Mu gihe abaturage b’akarere ka Ngororero basabwa kongera isuku ndetse no kwirinda indwara ziterwa n’umwanda, abagera kuri 64% nibo babona amazi meza nkuko bigaragazwa n’imibare y’akarere ka Ngororero.
Minisitere y’uburezi, Minisitere y’urubyiruko n’ikoranabuhanga hamwe n’impugucye mu kigo cya Intel barimo gukora igenamigambi ry’uburezi mu Rwanda ritegenya ko mu myaka ibiri abanyeshuri bose mu Rwanda bagomba ku bakoresha mudasobwa.
Abagenerwabikorwa b’umuryango Mpuzamahanga w’Abavuga ururimi rw’Igifaransa (OIF), ubinyujije mu mushinga wa PROFADEL (Programme de francophonie d’appui au développement local) baravuga ko inkunga n’ubumenyi bahawe byagize uruhare mu iterambere ryabo.
Inkeragutabara zo mu Karere ka Nyamasheke zasabwe kuba umusemburo w’iterambere, zibumbira mu makoperative hagamijwe kuba indashyikirwa mu iterambere kandi zubaka igihugu.
Inzego zirengera uburenganzira bw’abafite ubumuga mu karere ka Kayonza ziratabariza abafite ubumuga bw’uruhu bakunze kwitwa ba “nyamweru” kuko ngo bakomerewe n’ikibazo cy’izuba ribangiriza uruhu.
Bamwe mu bafite ubumuga bavuga ko barimo abanduzwa agakoko gatera SIDA bitewe n’intege nke za zimwe mu ngingo za bo. Ngo ntibabasha gukurikira ubukangurambaga bukorwa kuri icyo cyorezo cyangwa bakazingitiranwa kubera imyumvire iri hasi.
Abasore bashaka kurushinga bo mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Jarama, baravuga ko inkwano ziri mu bituma bakoresha amafaranga menshi bitewe n’igisa nk’ibiciro byashyizweho ku bakobwa hashingiwe ku mashuri bafite.
Bamwe mu bakinnyi ba filime mu Rwanda baravuga ko bamwe mu bategura bakanakora filime (Producers) bajya bambura abakinnyi, abategura aya mafilime nabo bakavuga ko abakinnyi nabo kenshi babahemukira.
Umwana w’imyaka 17 witwa Higaniro Jules aravuga ko uwamufasha akamujyana mu kigo ngororamuco giteza imbere imyuga cya Iwawa ubuzima bwe bwahinduka.
Abagabo bagera kuri 17 biganjemo abashoferi bafatiwe mu cyuho bagerageza guha ruswa abapolisi ahantu hatandukanye mu gihugu.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Algeria Christian Gourcuff yatangaje ko nta gihugu na kimwe cyakwizera kuzazamuka mu makipe ane ari mu itsinda C ryo mu gikombe cya Afurika kizabera muri Guinee Equatorial umwaka utaha.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) n’Ikigega mpuzamahanga cy’u Bwongereza (DFID), bagiranye amasezerano y’imyaka ine y’inkunga ingana n’amapawundi miliyoni 34 (£) ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda miliyari 36.3, mu rwego rwo kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi, kuwutunganya no kunoza icuruzwa ryawo.
Abaturage bo mu kagari ka Bihari mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera baravuga ko igikorwa cyo gucukura imirwanyasuri mu masambu; bakitezeho kubongerera umusaruro, dore ko ngo batagiraga umusaruro mwiza biturutse ku isuri yatwaraga ibihingwa mu mirima.
Umukinnyi w’ikipe ya APR FC Tibingana Charles Mwesigye ari ku rutonde rw’abakinnyi bifuzwa cyane n’ikipe ya Gor Mahia na AFC Leopards zo mu gihugu cya Kenya.
Mu gihe kuri uyu wa 04 Ukuboza hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, bamwe mu bakora kano kazi mu murenge wa Minazi mu karere ka Gakenke barishimira itarambere bamaze kugeraho barikesha gucukura amabuye y’agaciro.
Akarere ka Kicukiro kashyikirije uwitwa Niyotwizera Maurice wo mu Murenge wa Niboye igihembo cy’ibihumbi 100 by’amafaranga y’u Rwanda, ashimirwa amakuru yatanze y’umuntu wagendaga asoresha abacuruzi atabyemerewe abandi akabaka ruswa.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Ngoma bavuga ko hari amagambo yo muri bibiliya usanga afobya abafite ubumuga ndetse ngo bamwe bikabakomeretsa igihe bagiye gusenga bagasoma ayo magambo.
Mu gihe bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bavuga ko abaturage banga kwitabira inama, umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru habitegeko Francois we aratangaza ko nta muturage mubi utumva ubaho, ahubwo ko habaho umuyobozi utumva wananiranye.
Bamwe mu bahesha b’inkiko bakorera mu karere ka Gicumbi bagaragarije komisiyo ya sena ishinzwe imiyoborere myiza n’ubutabera ko ibibazo by’amasambu aribyo byiganjemo ibibazo bidakunze kurangira.
Kuwa gatatu tariki ya 03/12/2014 nibwo ubuyobozi bw’Umurenge wa Mushonyi wo mu Karere ka Rutsiro bwemeje ko umugabo witwa Segashari Saleh yiyemereye ko inyama y’injangwe ariyo nyama imuryohera kurusha izindi.
Mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo haracyaboneka abasora badatanga umusoro uko bikwiye, ibi ngo bikaba biterwa n’uko inzego zishinzwe kwakira imisoro zitabegera ngo zibashishikarize gusorera igihe no kwitabira gutanga inyemezabuguzi (facture).
Abafite ubumuga bwo kutumva bo mu karere ka Burera batangaza ko bafite ikibazo cyo kuba muri ako karere nta bantu bahari bazi ururimi rw’amarenga bajya babasemurira ibyo abandi bavuze haba mu biganiro cyangwa mu nama zitandukanye zibera muri ako karere.
Abafite ubumuga baratangaza ko zimwe mu mbogamizi zibazitira mu iterambere ari uko ibikoresho by’ikoranabuhanga biba bitarimo porogaramu ziborohereza kubikoresha.
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko kugera ku ikoranabuhanga babifitemo imbogamizi kubera ubukene kandi nta n’ubumenyi barifitemo.
Visi perezida wa kabiri ushinzwe amashyirahamwe y’imikino muri komite olimpike, Elie Manirarora ni we ugiye gukora imirimo umunyamabanga mukuru yakoraga nyuma yaho Ahmed Habimana wari usanzwe kuri iyi mirimo yeguye ku mpamvu ze bwite.