Abahinzi bo mu karere ka Burera batangaza ko bafite ikibazo cy’amabanki atabaha inguzanyo zo guteza imbere ubuhinzi bwabo bigatuma batabasha gukora ubwo buhinzi mu buryo bw’umwuga kandi bwa kijyambere.
Kuva kuwa kane tariki 22/5/2014, umukozi w’akarere ukora mu biro by’ubutaka ushinzwe ibipimo na GIS, ari mu maboko ya polisi mu mujyi wa Kigali aho akurikiranywe ho kwaka abaturage ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 400.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu mu mirenge ya Cyanzarwe na Busasamana bakoranye n’umushinga wa EMA Alexis, bavuga ko bamaze amezi arenga ane batishyurwa mu gihe bagombye gutungwa n’imirimo bakoze.
Mw’ijoro ryakeye ahagana mu masa Saba n’igice zo kuri uyu wa gatandatu tariki 24/5/2014, umurambo w’umusore witwa Adriano Mwizerwa watoraguwe mu muhanda rwagati mu mudugudu wa Murambi mu Kagari ka Rusagara mu Murenge wa Gakenke.
Abana bo mu karere ka Rusizi bakorewe umuhango wo kwibuka bagenzi babo baziza Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, baganirizwa ku mateka yaranze u Rwanda ari nayo yagejeje u Rwanda kuri Jenoside ariko banibutswa uruhare rwabo mu kwiyubaha.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro bufatanyije na polisi icunga umutekano wo mu kiyaga cya Kivu bataye muri yombi abasore batanu, barobaga mu Kivu mu ijoro ryo kuwa kabiri rishyira kuwa gatatu tariki 21/5/2014 bakoresheje imitego itemewe yitwa kaningini.
Bamwe mu bana bahoze baba ku nuhanda batangaza ko leta n’ababyeyi bafite uruhare mu gukura abana ku mihanda, kuko bajyanwamo n’ubukene mu miryango abandi bakoherezwa n’ababyeyi babo.
Aho umwami Mibambwe wa III Sentabyo yabaye i Mbilima na Matovu hagati yo mwaka wa 1741 na 1746, haracyagaragara bimwe mubiti yaba ibyari ku marembo n’ibindi byari uruzitiro.
Abakozi b’ibitaro bya Ruhengeri n’ibigo nderabuzima bibishamikiyeho bibukatse abakozi, abarwayi n’abarwaza 27 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu buhamya n’amagambo byavuzwe, byagarutse ku ruhare abakozi b’ibyo bitaro bagize, aho batanze bagenzi babo bakoranaga umunsi ku wundi bakicwa.
Urubyiruko rusoje amashuli yisumbuye ruri ku rugerero mu karere ka Gakenke baratangaza ko bishimiye ibikorwa bakorwa n’ubwo nta mafaranga bakuramo, kuko bari kwiyubakira igihugu nyuma yo gukora ibikorwa bifite agaciro ka miliyoni 49 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abayobozi n’impuguke mu by’amazi n’imiturire inoze bitabiriye inama ya Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) yasojwe kuri uyu wa gatanu tariki 23/05/2014 i Kigali basanga kubura amazi meza no kutanoza imiturire y’imijyi, ari imbogamizi kuri ejo hazaza h’umugabane w’Afurika.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutabera, Isabelle Kalihangabo, atangaza ko nta gitangaje ko imiryango itegamiye kuri Leta itavuga rumwe na Leta kuko itabibasaba ahubwo ngo iyo miryango igaragaraza ahari ikibazo igafasha Leta kugikemura.
Akarere ka Nyanza kegukanye itike yo kuzahagarira Intara y’Amajyepfo ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’imivugo n’indirimbo yateguwe mu rwego rwo kwitegura isabukuru y’imyaka 14 polisi y’igihugu imaze ishinzwe.
Itsinda ry’abanyeshuri biga ku kigo cya Collège de la Paix mu karere ka Rutsiro ryababajwe n’uko ritabashije gufashwa kwitabira amarushanwa ku miyoborere myiza yabaye ku rwego rw’intara tariki 22/05/2014 mu gihe nyamara bari bamaze ukwezi n’igice babonye itike yo gukomeza nyuma yo kuba aba mbere ku rwego rw’akarere.
Mu rukerera ry’ijoro rishyira kuri uyu wa 23/05/2014, itorero ry’ababyinnyi ryo ku Nkombo muri Rusizi, bakoreye impanuka i Ntendezi urenze gato aho bita ku Buhinga mu masangano y’umuhanda ujya i Rusizi na Nyamasheke, umwe ahita ahasiga ubuzima mu gihe abandi 18 bakomeretse harimo babiri bavunitse amaguru.
Minisitiri Hiroshi Yamamoto ushinzwe imari n’uubukungu muri Leta y’Ubuyapani arasanga isi yose ikwiye gushyigikira u Rwanda n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi nk’icyiru ko amahanga yarebereye akirengagiza gukumira no gutabara Abanyarwanda muri Jenoside.
Abatuye ku kirwa cya Bugarura giherereye rwagati mu kiyaga cya Kivu ku ruhande rw’akarere ka Rutsiro bavuga ko byababereye nk’igitangaza kuba Guverineri, umuyobozi ukomeye wo ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba, yabasuye kuri icyo kirwa bakabasha kuganira amaso ku maso.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 28, ubana n’ubumuga bwo kutagira akaguru kuko kacitse, Bakunzibake Leonard afungiye kuri stasiyo ya polisi ya Kanjongo azira gufatanwa udupfunyika 104 tw’urumogi aho atuye mu rugo rwe mu mudugudu wa Kamukiza, akagari ka Kabuga mu murenge wa Karambi.
Ubwo hasozwaga ku mugaragaro inama ngaruka mwaka ya 49 ya Banki ny’Afurika itsura amajyambere yari iteraniye i Kigali kuva tariki 19-23/05/2014, abayobozi batandukanye bayitabiriye batangaje bimwe mubyo bifuza ko byaranga uyu mugabane mu bihe bizaza.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu mudugudu wa Bumbogo mu kagari ka Nyamagana mu karere ka Ruhango, basuwe n’ibigo byamashuri bya EMERU Intwari na Lycee de Ruhango babaha inkunga igizwe n’amata n’ibiribwa bifite agaciro k’ibihumbi 450.
Ubwo mu karere ka Nyamasheke batangizaga ukwezi kwahariwe umuryango, tariki ya 22 Gicurasi 2014, biyemeje ko nyuma ya Kamena 2014 ngo nta mwana uzongera kurwara bwaki babikesheje kugira isuku no kugira imirire iboneye mu muryango.
Habumugisha Osward utuye mu mudugudu wa Rwankamba, akagali ka Cyibare umurenge wa Mutendeli akarere ka Ngoma, ubwo yarimo yasa inkwi ku gushyitsi cy’igiti cy’umuvumu kuwa 15/05/2014 yaguye ku bisasu bibili bya grenade byari byarakuriweho n’iki giti.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yujuje inzu igiye gukorerwamo n’ishami ryayo rya Musanze. Iyi nzu ijyanye n’icyerekerezo tuganamo yuzuye itwaye hafi miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda izatahwa ku mugaragaro kuri uyu wa gatandatu tariki 24/05/2014.
Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda batarengeje imyaka 20 n’umutoza wabo bizeye gutsindira iya Gabon iwayo i Libreville mu mukino uzaba ku wa gatandatu tariki 24/5/2014, bagakomeza mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Senegal umwaka utaha.
Mu gihe hadashize n’iminsi ibiri hafashwe abajura batandatu bibye ibikoresho bitandukanye birimo na moto ya Paruwasi ya Nkanka mu karere ka Rusizi, kuri uyu wa 22/05/2014 hafashwe abandi bajura batandatu bafatanywe ibintu binyuranye bari baragiye biba bakabihisha mu nzu zabo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba, Makombe Jean Marie Vianney arasaba abikorera kurushaho kubaka ibikorwa by’iterambere kandi bagatanga imisoro uko bikwiriye kuko ari bo iterambere ry’igihugu rishingiyeho.
Ubwo habaga amarushanwa ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba ku bijyanye n’imiyoborere myiza kuri uyu wa 22 Gicurasi 2014 mu karere ka Karongi, bamwe mu baturage bari bitabiriye icyo gikorwa batangaje ko basanga byinshi bigaragaza ko bayobowe neza mu Rwanda.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwakatiye abantu babiri gufungwa imyaka iri hagati y’itanu n’icumi, naho abandi bane bareganwaga muri uru rubanza bagirwa abere, urubanza rwabereye rukanasomerwa aho icyaha cyabereye mu murenge wa Muganza mu karere ka Nyaruguru.
Abaturage baturiye agasantere ya Rwara kari mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, batangaza ko babangamiwe n’ikibazo cy’ubusinzi, aho ngo bamwe mu baturage banywa bagasinda bagatangira abantu nijoro bakabagirira nabi ndetse ngo bakanateza amakimbirane mu ngo bakubita abagire babo.
Ikigega cy’Abanyamerika gitsura Amajyambere (USAID) na sosiyete ya TradeMark East Afrika byatangije uburyo bushya buzafasha kwihutisha ubwikorezi bw’ibicuruzwa muri aka karere u Rwanda ruherereyemo. Iyi gahunda yitezweho kugirira akamaro Rwanda nk’igihugu kidakora ku nyanja.
Perezida wa Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD), Donald Kaberuka yasabye ibihugu bitarashobora kwiyubaka kubera imvururu n’intambara zabibayemo nka Sudani y’epfo, Santrafurika (CAR), Somalia n’ibindi, gufatira amasomo ku mateka y’u Rwanda.
Abategarugori bo mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye bibumbiye muri koperative Terimbere Mutegarugori, bakaba bahinga inyanya mu ihema (Green House), ku itariki ya 22/5/2014 bagenderewe n’umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bagore, Dr. Phumzile Mlambo Ngcuka bamugaragariza ibyo bagezeho babikesha (…)
Ahantu nyaburanga, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’imicanga ndetse n’ubuhinzi bwa kijyambere bigaragara muri Kamonyi, ni bimwe mu byagaragajwe mu mahugurwa y’iminsi ibiri RALGA yokereye abayobozi mu nzego zitandukanye byabafasha gukurura bikorwa by’iishoramari no guharanira kwigira.
Umusaza w’imyaka 51 y’amavuko witwa Munyaneza wo mu murenge wa Gitambi mu kagari ka Gahungeri yabuze tariki 17/05/2014, ubwo ngo yari ahamagawe n’umuntu ngo naze basangire inzoga saa kenda z’ijoro , nyuma yubwo ngo ntabwo yongeye kugaruka ari nabwo umuryango we tangiye kumushakisha.
Mu gutangiza inama mpuzamahanga ya Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) kuri uyu wa kane tariki 22/5/2014, abakuru b’ibihugu bayitabiriye bashingira ku mutungo kamere wa Afurika bahamya ko uyu mugabane ufite ejo hazaza heza; ariko ko ibihugu bigomba gushyira hamwe bigakemura ikibazo cy’imvururu no kubura ibikorwaremezo.
Abaturiye inkunka z’ibishanga ndetse n’ibiyaga byo mu karere ka Bugesera barahishikarizwa gushoka ibyo bishanga kugirango bazibe icyuho cy’umusaruro wabaye muke cyane muri ako karere.
Umwarimu wigisha mu rwunge rw’amashuri rwa Nyaragiseke riri mu kagari ka Kintambwe mu murenge wa Rweru afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera akekwaho gutera inda umwana w’umukobwa yigishaga w’imyaka 16 y’amavuko.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 26, uvuka mu muduguduwa Karambi, akagari ka Karengera mu murenge wa Kirimbi, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kanjongo azira kwigira muganga agasiramura abagabo bikaba byarakurijemo umwe kujya mu bitaro akamara iminsi 4.
Ubwo hatahwaga icumbi ry’abarimu bigisha kuri G.S Cyabayaga mu murenge wa Mimulimu karere ka Nyagatare kuri uyu wa 21 Gicurasi, abarimu bizeje ko umusaruro w’amasomo uziyongera ndetse n’ayo bakoreshaga mu bukode yakoreshe indi mishinga yabateza imbere.
Ubushakashatsi ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) cyakoze ku bijyanye n’uko abaturage b’akarere ka Rusizi babona ibyo bakorerwa burasaba ko abayobozi b’inzego z’ibanze bo muri aka karere barushaho kwegera abaturage babaha serivisi zinoze kandi nabo baba bagizemo uruhare.
Muri iki cyumweru cyahariwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu bitaro bya Kibogora mu karere ka Nyamasheke, abakora muri ibi bitaro bari kugezwaho ibiganiro bitandukanye guhera mu gitondo mu isengesho bakora mbere yo gutangira akazi ndetse na nyuma ya saa sita bakabona ibindi biganiro.
Mary Robinson intumwa w’Umunyamabanga uhoraho w’Umuryango w’Abibumbye mu Karere k’Ibiyaga bigari yongeye gushimangira ko mu byo bashyize imbere mu minsi iri imbere ari uguhashya umutwe wa FDLR.
Amashuri makuru nderabarezi abiri, Kavumu College of Education na Rukara College of Education agiye guhurizwa hamwe ahinduke Rwanda Teachers College. Aya mashuri yombi asanzwe ategura abarezi bigisha mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye.
Abacuruzi bakoresha umupaka wa Cyanika, batangaza ko kuba bajya muri Uganda gukora ibijyanye n’ubucuruzi butandukanye bakoresheje indangamuntu gusa ku mupaka byaborohereje mu bucuruzi bwabo.
Mu gihe habura igihe gito ngo umwaka w’ubwisungane mu kwivuza wa 2013/2014 urangire, akarere ka Kayonza kageze ku gipimo cya 70,7 % mu bwitabire, mu gihe uwo mwaka ugitangira kari gafite intego yo kugeza ubwitabire ku gipimo cya 100 %.