Umuhanzikazi Dada Cross ubarizwa ku mugabane w’Amerika, mu mwaka w’2012 hagiye havugwa amakuru anyuranye ko azabana n’umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime Mugisha Frank uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Vd Frank, none kuri ubu atwite inda y’undi mugabo.
Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kashyizeho umudali witiriwe ubutwari budasanzwe umusilikare w’Umunyasenegali Captain Mbaye Diagne yagiriye mu Rwanda, aho yarokoye abantu benshi bahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Muhanga, mu murenge wa Nyarusange, Guverineri w’Itara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, yasabye abaturage guhagarara kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kuko ari inzira ifasha kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside n’amacakubiri.
Abaturage batuye muri sentere ya Ruhuha no mu nkengero zayo mu karere ka Bugesera, bavuga ko isuku nke ituruka ku kuba ibagiro ryo muri uyu mujyi ryarangiritse iteye inkeke abarya inyama z’amatungo aba yaribagiwemo.
Ku bufatanye na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, abaturage bahinga umuceri mu gishanga cya Nyaburiba giherereye hagati y’imirenge ya Ruhuha na Nyarugenge mu karere ka Bugesera barimo kugitunganya mu rwego rwo kukibyaza umusaruro wisumbuye.
Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite Ubumuga (National Paralyimpic Commity/ NPC) yatangiye umushinga wayo wo kugeza sport y’abafite ubumuga mu cyaro mu karere ka Ngororero kuri uyu wa 08 Gicurasi 2014.
Umugabo witwa Ntakarutinka afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba mu karere ka Gicumbi akekwaho gusambanya ku gahato umugore wo mu murenge wa Byumba utwite inda y’amezi umunani.
Abacunga mutungo w’ibigo by’imari biciriritse byo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa kujya bagaragaza inzitizi bahura nazo mu kazi ka bo ka buri munsi kugirango ibigo by’imari bahagarariye bitangwa mu gihombo.
Abaturage basaga 50 batuye mu murenge wa Ruharambuga bavuga ko babariwe guhabwa ingurane mu mwaka wa 1972, ubwo hari hagiye gushyirwa amashanyarazi muri uwo murenge bakabwirwa ko bazishyurwa ariko kugeza na n’ubu bakaba batarishyurwa.
Ubwo yatangizaga inama y’iminsi 2 ihuje abayobozi b’ibitaro n’abashinzwe imiyoborere mu bitaro byose bigize igihugu bahuriye mu bitaro bya Nyagatare, umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuzima rusange n’ubuvuzi bw’ibanze atangiza, Dr. Anita Asiimwe, yasabye abakora mu buvuzi kwita ku isuku.
Nyuma y’uko intego ya miliyari 782.5 z’amafaranga y’u Rwanda ngo itarimo kugerwaho kandi hasigaye amezi abiri gusa ngo umwaka urangire, Ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA), cyavuze ko kigiye gushyira imbaraga mu kugenzura no guhana abadashaka gutanga imisoro.
Nubwo abaturage baturiye ikiyaga gihangano cya Cyabayaga bishimira ko cyatumye banoza imirire kubera amafi akivamo barifuza ko cyazitirwa kuko bitabaye gishobora gusiba vuba.
Abaturage bakunda kurema isoko rya Cyabaga riba buri munsi mu masaha y’ikigoroba barifuza ko bahabwa umunsi umwe mu cyumweru ryajya riremeraho. Ubuyobozi bw’Akagali ka Cyabayaga bwo butangaza ko iki gitekerezo kigiye gushyirwa mu bikorwa mu minsi ya vuba.
Elisany Silva, umukobwa w’Umunya Bresil, ku myaka 14 gusa y’amavuko wari ufite uburebure bwa m 2,06, ubu ku myaka 18 akaba afite m 2,03 kubera ko bamubaze bakamugabanyirizaho gato, agiye kurushingana n’inshuti ye Francinaldo ufite uburebure bwa m 1,63.
Abaturage bo mu kadugudu gato ka Chilaw mu Burengerazuba bw’Igihugu cya Sri Lanka, kuri uyu wa 5 Gicurasi 2014 ngo bahuye n’ibitangaza ubwo bamanukirwaga na manu y’amafi.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi, ikoranabuhanga n’uburezi rya Kibungo (INATEK) iri mu karere ka Ngoma bavuga ko gusura inzibutso za Jenoside bibafasha mu myigire yabo no kuzaba abo igihugu kibatezeho.
Ikipe ya Manchester City yakomeje kwiyongerera ikizere cyo gutwara igikombe cya Shampiyona mu gihugu cy’ubwongereza kuko kugeza ubu irusha Liverpool iyikurikira amanota 2 n’ibitego bigera kuri 13 izigamye.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda rizashyira ahagaragara umutoza mushya mukuru w’ikipe y’igihugu amavubi ku wa gatanu tariki 9/5/2014, uzaba afite inshingano zo kugera kure hashoboka mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha, no gutegura neza igikombe cya CHAN kizabera mu Rwanda muri (…)
Mu gihe ibitaro bikuru by’akarere ka Ruhango biherereye mu murenge wa Kinazi biteganywa kuba ibitaro by’intara y’Amajyepfo, ubuyobozi bw’ibi bitaro buravuga ko bugifite ibikoresho bidahagije n’ikibazo cy’ibikorwa remezo birimo imihanda idatunganye ndetse no kutagira amacumbi y’abaganga.
Abaturage bo mu Murenge wa Mubuga mu karere ka Karongi bihangiye umunda mushya ufite uburebure bubarirwa muri birometero bitatu n’igice mu Mududugudu wa Rwamiko mu Kagari ka Ryamuhanga mu rwego rwo kunoza imiturire no kugira uruhare mu kwiyegereza no kongerezwa ibikorwa remezo.
Ubwo hatangizwaga ukwezi k’urubyiruko ku rwego rw’akarere ka Karongi, tariki 07/05/2014, urubyiruko rwasabwe kurushaho kwigira binyuze mu bikorwa biruteza imbere mu bukungu no kurushaho gukoresha ikoranabuhanga mu kuzamura imibereho myiza yabo no kubungabunga umutekano w’ibyo bamaze kugeraho.
Kwihangana Viateur, mwene Ndagijimana na Souzana, akaba afite mukuru we witwa Nzavuga Pierre, aravuga ko yabuze iwabo afite imyaka irindwi, akaba amaze imyaka isaga 12 acumbikirwa n’abaturage batandukanye.
Ubuyobozi n’abakozi b’umuryango World Vision bakoze igikorwa cyo kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside yo mu 1994, igikorwa cyabanjirijwe no gusura urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mbere yo kumva ibiganiro bitandukanye, kuri uyu wa Gatatu tariki 7/5/2014.
Abaturage bo mu karere ka Burera bibumbiye muri Koperative CAEG-Umugende, ikora imigina y’ibihumyo, baratangaza ko kwibumbira hamwe byabafashije kwikura mu bukene ndetse no kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.
Bamwe mu baturage basiragiraga ku karere ka Nyamasheke basaba kwishyurwa amafaranga yabo ku bikorwa byabo byangijwe n’ikorwa ry’umuhanda mu murenge wa Ruharambuga baratangarizwa n’ababishinzwe ko mu minsi ya vuba nabo bazaba bishyuwe amafaranga yabo nk’uko abandi baturage nabo amaze kwishyurwa.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama kuri uyu wa gatatu tariki ya 07/05/2014, minisitiri James Kabarebe ushinzwe Ingabo z’u Rwanda yagaragaje ko ibibazo byinshi biri mu bihugu bitandukanye by’Afurika byatewe n’abakoloni.
Itorero rya EDAR (Eglise de Dieu en Afrique au Rwanda) ryateguye igiterane cyo guhimbaza Imana taliki ya 3/5/2014 mu karere ka Rubavu maze abacyitabiriye batunguwe no kubona ari icyo gutangiza itorero ry’abatinganyi, bitumwa bamwe mubacyitabiriye basohoka bacyamagana.
Minisitiri w’Iterambere mpuzamahanga w’Igihugu cy’Ubuholandi, Lilianne Ploumen yatangaje ko igihugu cye cyarekuye inkunga cyari cyarahagarikiye u Rwanda.
Mu kagali ka Musenyi umurenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare hadutse inzoga yitwa “Kwete” ikorwa mu ifu y’ibigori n’uburo nta wundi musemburo uyishyirwamo ariko bamwe ntibayishira amakenga kubera ko ishobora kubakururira indwara zikomoka ku isuku nke.
Bwa mbere mu mateka amashanyarazi agera mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke, umugabo w’imyaka 29 Nzigiyimfura Esron byamugoye kwemera ko amashanyarazi ashobora kugera iwabo niko gusimbuka yinaganika ku nsinga z’amashanyarazi ahita yitaba Imana, nk’uko ababirebaga babyemeza.
Ubuyobozi bw’ikigega cy’ingoboka ku mpanuka ziterwa n’ibinyabiziga cyangwa inyamanswa burizeza abaturage b’umurenge wa Karangazi bangirijwe imitungo yabo cyangwa bakomerekejwe n’inyamanswa ko bitarenze ibyumweru 2 gusa ibibazo byabo bazaza kubiganiraho.
Inkunga y’amabati 340 yahawe bamwe mu baturage bo mu mirenge ya Gihundwe, Giheke na Nkanka basenyewe n’imvura nyinshi yari irimo unkubi y’umuyaga ivanze n’urubura yaguye mu mpera z’umwaka wa 2013; iyo nkunga bayihawe na Caritas ya Diyoseze gatulika ya Cyangugu.
Umushumba w’Itorero “Umusozi w’ibyiringiro” rifite urusengero mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi, acumbikiwe kuri Sitatiyo ya Polisi ya Runda, akurikiranyweho kwaka amafranga abakristo b’itorero ayoboye kugira ngo abashakire abaterankunga mu mushinga Compassion Internationale.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze Abuja muri Nigeria aho agiye kwitabira Inama ngaruka mwaka ya 24 yiga ku bukungu bwa Afurika yateguwe n’umuryango World Economic Forum.
Ubwo yatangizaga internet ikoresha amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, muri GS Kamabare mu murenge wa Nyarugenge mu karere ka Bugesera, Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, yasabye Abanyarwanda kubyaza umusaruro ibikorwa by’ikoranabuhanga bigenda bibegerezwa.
Abanyarwanda n’Abanyekongo baza kurangura mu Rwanda bavuga ko kuva mu kwezi kwa Werurwe bakwa amafaranga y’umurengera n’abakozi bo ku mupaka wa Congo atandikwa mu bitabo mu gihe ubajije impamvu akamburwa ibicuruzwa bikajya kubikwa.
Uwari kapiteni wa Manchester United, umunya Serbia Nemanja Vidic yasezeye ku mugaragaro mu ikipe ya Manchester United ubwo yari imaze gutsinda Hull City ibitego 3-1 mu mukino we wa nyuma kuri Stade Old Trafford wabaye ku wa kabiri tariki 6/5/2014.
Nyiramondo Joseline w’imyaka 30 y’amavuko ukora akazi k’ubukarani ku Ntenyo mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhnago, arishimira akazi ke akora kuko kamurinda guhora ateze amaboko umugabo agirango amuhe ibimutunga.
Koperative y’abahinzi b’icyayi bakorera mu Gisakura bazwi ku izina rya Coopthe bari barafashe icyemezo cyo guhagarika amasezerano bari bafitanye n’uruganda rutunganya icyayi rwa Gisakura, kubera ko bavugaga ko kuva bagirana amasezerano, abahinzi b’icyayi bamaze guhomba amafaranga asaga miliyoni 100.
Mbarushimana Jean Pierre w’imyaka 44, utuye mu murenge wa Kibungo, akagari ka Cyasemakamba, umudugudu w’Amarembo,Akarere ka Ngoma, arahakana amakuru yari yamuvuzweho ko yari yiyahuye kubera ko umugore we amuca inyuma.
Umugabo witwa Nsigayehe Jean Bosco w’imyaka 32 wo mu murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya polisi azira gusambanya umukobwa w’imyaka 17.
Mu nama Abayobozi ba Polisi n’ab’Umujyi wa Kigali bagiranye n’abamotari kuri uyu wa kabiri tariki 06/7/2014, abamotari bagaragaje ko impamvu biruka bahunga abapolisi ku mihanda, ngo ari uko babahahamuye maze Polisi ibasaba kujya berekana ababahohotera, kugirango bajye babihanirwa.
Casa Mbungo André usanzwe ari umutoza w’ikipe ya AS Kigali, yahawe akazi k’umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu Amavubi, ahita anagatangira ubwo yashyiraga ahagaragara abakinnyi bagomba gutangira kwitegura gukina na Libya mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Itorero ADEPR, ribifashijwemo n’umushinga USAID Ejo heza, ryatangije igikorwa cyo kwigisha abantu bakuru kwandika, gusoma no kubara hifashishijwe telephone zigendanwa. Iki gikorwa cyatangijwe tariki 6/5/2014 nyuma y’amezi atatu kigeragejwe bagasanga bitanga umusaruro ufatika.
Ndagijimana Yuvenali, utuye mu murenge Gahunga, mu karere ka Burera, yiyeje kurwanya Abarembetsi ndetse n’abanywa ikiyobyabwenge cya kanyanga, abinyujije mu bigangano bye by’indirimbo maze umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Gasana Emmanuel, amwemerera moto nshya.
Bamwe mu bashoferi batwara imodoka za minibus zizwi ku izina rya twegerane, bavuga ko hatagize igikorwa ngo hagire ikigabanuka ku misoro bavuga ko ari myinshi bashobora kuva mu muhanda bagasubira ku isuka kuko ntacyo bacyunguka.
Mu gihe Uzabakiriho asaba ubuyobozi kumurenganura kuko yirukanywe aho yari acumbitse akekwaho amarozi kubera akanyamasyo yari atunze mu rugo, ubuyobozi bwizeza ko buzakemura ikibazo cye ariko nanone atari akwiye gutunga inyamanswa yo mu ishyamba mu rugo.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umugabo wa gatatu mu bacyekwaho kwiba icyuma gipima indwara (microscope) mu kigo nderabuzima cya Gisakura mu karere ka Nyamasheke.
Umubare mucye w’ababyaza mu Rwanda utuma byibura buri mubyeyi atagira umubyaza w’umwuga umwe cyangwa bakiyongera kugera kuri babiri mu gihe ari kubyara, nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumye ryita ku Buzima (OMS).
Lord George Leonard Carey wahoze ari umushumba mukuru w’itorero rya Canterbury ry’Abaporotesitanti b’Ababangilikani ku isi arasanga ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 20 ari ibyo kwishimira kuko bitangaje.