Abakozi bakora mu ruganda rw’isukari rwa Kabuye Sugar Works SARL bemerewe kuzamurirwa umushahara bahembwaga ho 25%, nyuma y’ibiganiro bagiranye n’ubuyobozi bw’iki kigo gisanzwe gifitwe na Sosiyete yitwa Madhvani Group yo mu Buhindi.
Umunyarwanda Muvunyi Hermas Cliff w’imyaka 26 ufite umudari w’isi mu mukino wo kwiruka metro 800 mu bafite ubumuga, ubwo yari mu karere ka Ngoma kuri uyu wa 24/06/2014 yahamagariye abafite ubumuga kutigunga no gukunda sport.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi (RAB) cyatangije gahunda nshya y’iyamamazabuhinzi rishingiye ku bahinzi ubwabo bise “Twigire Extension Model” mu rwego rwo gufasha abahinzi n’aborozi kongera umusaruro bakigira.
Abasore bo mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze bashima ibikorwa ingabo z’igihugu zikorera Abanyarwanda none byabateye ubushake bwo kuzaba abasirikare ngo nabo bakorere abandi ibyiza nk’ibyo ingabo zabakoreye.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 rwibohoye, abaturage bo mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko muri iyi myaka 20 hari ingoyi nyinshi bigobotoye ugereranyije n’uko bari babayeho mbere yayo.
Ubuyobozi bw’umupaka muto uhuza Goma na Gisenyi ku ruhande rwa Kongo bwashyizeho amabwiriza yo kwaka amafaranga ya Viza Abanyarwanda bahanyura, amafaranga azajya atangwa n’abanyeshuri biga Kongo, abakorerayo ubucuruzi biciriritse hamwe n’abafiteyo amasezerano y’akazi.
Abanyekongo 10 bari batawe muri yombi barobera mu mazi y’u Rwanda batabyemerewe ndetse bakoresha inshundura zitemewe barekuwe taliki ya 23/6/2014 babanje kwigishwa kugira ngo bamenye aho bagomba kurobera batarengereye amazi y’u Rwanda.
Kesho ni umusozi uri mu kagari ka Mashya mu murenge wa Muhanda ho mu karere ka Ngororero. Ni umusozi ubereye ijisho kandi uhinzwe ho icyayi, kuko wegeranye n’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya ruri muri uwo murenge.
Bwa mbere, Ishuri rikuru ry’Amahoro rya Nyakinama (Rwanda Peace Academy) ryatangiye guhugura abakozi bafite mu nshingano zabo amagereza bava mu bihugu by’Umuryango w’Afurika y’Iburasizuba, ngo ibi bizabafasha kunoza akazi kabo.
Ikiraro gishya na One Stop Border Post biri kubakwa ku mupaka wa Rusumo ngo bizaba igisubizo ku mbogamizi zibangamiye ubwikorezi muri Afrika y’Uburasirazuba nk’uko byemejwe utsinda ryarimo Minisitiri w’ibikorwaremezo, Prof Silas Lwakabamba n’intumwa z’igihugu cy’ubuyapani ubwo basuraga uyu mupaka kuri uyu wa 24/06/2014.
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) hamwe n’Ikigo gishinzwe ibarurishamibare (NISR), byavuze ko abaturarwanda ngo bagenda barushaho kugera ku bukire, bitewe n’uko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2014, umusaruro w’imbere mu gihugu (GDP) wiyongereye kuri 7.4%, uruta kure ubwiyongere bw’abaturage buzamuka kuri 2.6%.
Abanyarwanda 33 batahutse kuri uyu wa kabiri tariki 24/06/2014 bava muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo bavuga ko kuba bataratahukiye ku gihe kandi igihugu cyabo kirimo umutekano ngo akenshi biterwa na bagenzi babo basize bakoze Jenoside mu Rwanda bababuza gutahuka bababwira ko ibyo bahunze bitararangira.
Babifashijwemo n’umuryango World Vision, mu mushinga « Inzozi nziza » watangijwe ku mugaragaro ku itariki ya 23/6/2014, abahinzi borozi bo mu turere twa Huye, Nyamagabe na Nyaruguru ngo bazagera ku iterambere kuko ubukungu bwabo buziyongera ku rugero rw’150%.
Urwunge rw’Amashuri rwa Camp Kanombe ryo mu karere ka Kicukiro (mu bahungu) ndetse n’Ishuri Ryisumbuye rya Rukara mu karere ka Kayonza (mu bakobwa) ni yo mashuri yegukanye ibikombe ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’umupira w’amaguru yo mu mashuri yisumbuye yitiriwe Umukuru w’igihugu “Schools Kagame Cup”.
Igikorwa abasirikare batangiye cyo gutanga amaraso muri iki cyumweru cyiswe “Army week,” barasabwa kugifata nk’umwe mu musanzu wabo wo guha amaraso igihugu, nk’uko babikoze mu rugamba rwo kwibohora.
Ikipe ya Brazil yagukanye umwanya wa mbere mu itsinda rya mbere mu gikombe cy’isi, muri 1/8 cy’irangiza izakina na Chili yabaye iya kabiri mu itsinda rya kabiri, naho Ubuholandi bwegukanye umwanya wa mbere mu itsinda rya kabiri bukazakina na Mexique yabaye iya kabiri mu itsinda rya mbere.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingufu n’amazi muri ministeri y’ibikorwa remezo Emma Francoise Isumbingabo, arizeza ko uruganda rwa nyiramugengeri ruri kubakwa mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi ruzaba rwuzuye bitarenze ukwezi kwa cumi uyu mwaka wa 2014.
Mu karere ka Bugesera hatangirijwe gahunda igamije gutoza abana umuco wo gukaraba intoki mu bihe bitanu, yiswe The School of five, igamije ko abana bazanabitoza abo mu miryango yabo.
Abaturage b’akarere ka Rwamagana, ku Cyumweru, tariki 22/06/2014, bibutse ku nshuro ya 20 jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bashyingura mu cyubahiro imibiri 38 mu rwibutso rwa jenoside rwa Sovu ruri mu kagari ka Sovu mu murenge wa Kigabiro.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango Rwanda Young Generation Forum, rwasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu karere ka Karongi rugamije kwigira ku butwari bwaranze Abasesero maze runaha abagizwe incike na Jenoside bo mu Bisesero inka ebyiri zifite agaciro k’amafaranga 600,000Rwf.
Umunyeshuri wigaga ku ishuri ryisumbuye rya APAKAPE riherereye mu murenge wa Mushonyi mu karere ka Rutsiro amaze icyumweru yirukanywe burundu kuri icyo kigo, mugenzi we ahabwa igihano cyo kumara icyumweru iwabo mu rugo, nyuma y’amakimbirane yabaye hagati yabo biturutse kuri telefoni igendanwa bombi bakoreshaga rwihishwa.
Igikombe cy’imiyoborere myiza cyari kimaze igihe gihatanirwa n’amakipe y’abagore ahagarariye uturere twose tw’igihugu cyegukanywe n’akarere ka Rutsiro nyuma yo gutsinda akarere ka Musanze ibitego bine ku busa.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba barashima ibikorwa bamaze kugeraho nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye.
Umugore wo muri Sudani wari warakatiwe igihano cyo kwicwa anyonzwe kubera icyaha yashinjwaga cyo gutatira idini ya Islam, yarekuwe nk’uko ushinzwe ku muburanira yabitangarije BBC kuri uyu wa mbere tariki 23/06/2014.
Icyumweru cyahariwe ibikorwa by’ikigo cy’Igihugu gishinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) cyatangijwe kuri uyu wa mbere tariki 23/06/2014 na gereza ya Nyanza ngo kizarangira hubakiwe abatishoboye amazu 10 yo kubamo nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’iyo gereza.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Prof Silas Lwakabamba na Minisitiri ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, Stella Ford Mugabo, bari kumwe n’abandi bayobozi bakuru muri Minisiteri y’ibikorwaremezo no muri EWSA basuye umushinga wa KivuWatt basaba ko utakomeza guhindura igihe cyagenwe mu masezerano yo kubyaza gaz methane mo (…)
Masengesho Ismael wari wasabwe kuba mwarimu mu rwunge rw’amashuri rwa Shangi nyuma yo gushinjwa imyitwarire mibi mu kazi, yasubijwe ku kazi ke ku bucungamutungo mu rwunge rw’amashuri rwa Nyamaugali.
Ibiyobyabwenge by’inzoga zo mu mashashi bifite agaciro ka miliyoni 3 zisaga byafatiwe mu murenge wa Rwimiyaga akarere ka Nyagatare mu ijoro ryo kuri uyu wa 22 Kamena 2014. Abaturage bakaba basabwe gukomeza kuba ijisho ry’umutekano hagamijwe guhashya abacuruza ibiyobyabwenge.
Mu gitondo cyo ku wa 22 Kamena 2014, ku cyicaro cy’akarere ka Muhanga, niho hatangirijwe igikorwa cyo gukora Sport kuri bose mu itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi muri Asosiyasiyo y’u Rwanda rwo hagati.
Mu mikino ihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona ya Volleyball, ikipe ya Rayon Sport Volleyball Club niyo yegukanye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda APR VC imikino ibiri kuri umwe ku cyumweru tariki 22/6/2014 kuri Stade ntoya i Remera.
Imiryango itegamiye kuri Leta igize sosiyete sivile mu Rwanda iratangaza ko yishimira uburyo Guverinoma yabashyiriyeho ikigega kizajya kibafasha kwiteza imbere bakazamura umuryango Nyarwanda, ariko bagasaba Leta kwita ku guhanga imirimo no gushakira urubyiruko icyo gukora.
Ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today Ltd. cyahaye ishimwe rya mudasobwa igendanwa umusore witwa Irankunda Honoré wabashije umusaruro amahugurwa ku itangazamakuru yahawe na Kigali Today Ltd agahita ashinga urubuga www.icyogajuru.com.
Abanyarwanda n’inshuti zabo baba mu gihugu cya New Zealand (Nouvelle Zelande), ku wa Gatandatu, tariki 21/06/2014 bifatanyije mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994, bagaya ubwicanyi bwakorewe Abatutsi ariko bishimira intambwe u Rwanda rugezeho rwiyubaka nyuma y’ibihe (…)
Umusore w’imyaka 20 y’amavuko witwa Mukotanyi Innocent uvuka mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Gihango ashima Imana yamurinze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko abicanyi bahoraga bategereje ko nyina utarahigwaga amara kumubyara bagahita bamwica akiri uruhinja, ariko nyina agerageza kumurwanaho abasha kurokoka.
Abagize ihuriro ry’abahadj mu karere ka Rubavu n’umujyi wa Kigali bageneye abaturage babiri bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi 1994 mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rubavu ibikorwa bifite agaciro k’amafaranga arenga miliyoni 2 bakora n’umuganda wo kububakira.
Algeria yatsinze Koreya y’Epfo 4-2 na Portugal yanganyije na Reta zunze ubumwe za Amerika bigoranye, ziyongereye amahirwe yo gukomeza guhatanira gukomeza mu irushanwa ry’igikombe cy’isi, mu gihe Ububiligi bwo bwamaze kwizera gukomeza muri 1/8 cy’irangiza ubwo bwatsindaga Uburusiya igitego 1-0.
Mukandekezi Laurence w’imyaka 42 wari utuye kagari ka Rugari mu murenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke, yitabye Imana mu buryo budasobanutse kuwa gatanu tariki ya 20 kamena 2014 mu masaha y’igicamunsi.
Itorero Methodiste Paruwasi ya Kicukiro ryateguye igiterane mpuzamahanga cy’iminsi itatu kigamije gukangurira abakristu n’Abanyarwanda muri rusange uruhare rw’amadini mu kugarura amahoro mu karere.
Abatutsi barokokeye ku musozi wa Nyarushishi uherereye mu murenge wa Nkungu mu karere ka Rusizi, kuri uyu wa 22/06/2014, bakoze igikorwa cyo kwibuka ababo bazize Jenoside bamagana Abafaransa barebereye ubwicanyi bwahakorewe mu gihe cya Jenoside ndetse ngo bakagira n’uruhare mu bikorwa bya mfura mbi.
Inka ebyiri z’uwitwa Twagiramungu Damascene zatwikiwe mu ikiraro zari zirimo mu kagari ka Shara mu murenge wa Muganza ho mu karere ka Rusizi kugeza ubu abakoze ayo mahano ntibaramenyekana icyakora abaturage bemeza ko byakozwe n’abagome batifuza amahoro y’abaturanyi babo.
Nubwo ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwashyizeho ingamba zitandukanye zo kurwanya imirire mibi mu bana ngo muri ako karere hari ikibazo cy’abana bagwingiye dore ngo nta n’umubare wabo uzwi.
Ikipe ya Police FC, mu rwego rwo kwiyubaka yitegura shampiyona izatangira muri Nzeri uyu mwaka, imaze kugura abakinnyi bane bakina ku myanya itandukanye, muri bo batatu bakaba bavuye mu ikipe ya AS Kigali.
Kaminuza ya INILAK yatangije igikorwa cy’itorero ry’igihugu ku banyeshuri bose bahiga. Itorero ry’iyi kaminuza ryiswe “INTAGAMBURUZWA ZA INILAK,” rigamije kugarura indangagaciro z’Ubunyarwanda n’ubunyangamugayo mu banyeshuri.
Abagize inama njyanama y’akarere ka Rusizi hamwe n’abavuga rikijyana barasabwa kwegera ababatoye babakemurira ibibazo bafite kuko rimwe na rimwe abaturage bavuga ko abajyanama batajya babegera ngo babagezeho ibibazo byabo.
Abagana ikigo nderabuzima cya Kamabuye mu karere ka Bugesera basaba ko iki kigo cyasanwa mu rwego rwo kubona service nziza kandi nyinshi.
Nyuma y’imyaka 20 akarere ka Rubavu kashyinguye mu cyubahiro imibiri 4613 y’Abatutsi n’abandi batavugaga rumwe na Leta yariho mu gihe Cya Jenoside yakorewe Abatusti 1994 bishwe bakajugunywa cyobo kiswe Komini Rouge.
Serusago Binestor wari utuye mu mudugudu wa Nteko, akagari ka Nyagahinika, mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro yishwe n’inkuba tariki 20/06/2014, mugenzi we bari kumwe imutwika ku mutwe arahungabana, ariko ku bw’amahirwe we ntiyamuhitana.
Muri gahunda yo gusoza ukwezi kwahariwe kwita ku mirire iboneye no kugira isuku ku rwego rw’akarere ka Rutsiro, intumwa ya minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) yashimiye abaturage bo mu murenge wa Mukura kubera ko bafite uturima tw’igikoni na rondereza, ariko abasaba kubaka imisarane isobanutse.