Gakenke: Kwibohora ngo ni uguhitamo gukunda igihugu no kwishakamo ibisubizo

Ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 20 ishize ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zibohoye u Rwanda ubutegetsi bw’igitugu bwagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Gakenke ho ngo kwibohora kwiza ni uguhitamo gukunda igihugu bishakamo ibisubizo.

Ibi byagarutsweho n’umuyobozi w’akarere ka Gakenke, Deogratias Nzamwita, mu ijambo yagejeje ku baturage batuye mu mirenge ya Nemba, Gakenke na Karambo mu muhango wabereye ku kibuga cy’umupira cya Nemba tariki 04/07/2014.

Abayobozi batandukanye mu karere ka Gakenke bitabiriye ibirori.
Abayobozi batandukanye mu karere ka Gakenke bitabiriye ibirori.

Nzamwita kandi yabwiye abaturage batuye muri iyo mirenge ko bidashoboka kwibohora mu gihe abantu bataragira ubumwe kuko kwibohora nyakuri ari ubumwe. Ati “nanone ariko ntitwakwibohora nyakuri nta bumwe dufite kuko ubumwe bw’Abanyarwanda ari wo musingi w’ibyo dukora byose, ukaba umusingi w’amahoro ndetse n’iterambere”.

Abaturage banabwiwe ko ntawabura gushimira ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi kubyo zaharaniye kandi bimwe bikaba bimaze no kugerwaho, kuko nk’akarere ka Gakenke by’umwihariko kafatwaga nka k’imisozi miremire katera cyane none bakaba bari mu turere dutatu tw’intangarugero mu gihugu ku bijyanye n’umusaruro ukomoka ku bigori n’ibishyimbo.

Abaturage baje ku bwinshi kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 20.
Abaturage baje ku bwinshi kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 20.

Uretse ibijyanye n’ubuhinzi abaturage baneretswe ibimaze kugerwaho nyuma y’imyaka 20 igihugu kibohowe aho bagaragarijwe uburyo iterambere ryakataje mu mashuri, nyuma y’iyo myaka kandi hakaba nta muntu ukirembera mu rugo hamwe n’ibindi byinshi birimo uburyo umuriro w’amashanyarazi wabegerejwe.

Gilberte Mukakarisa wo murenge wa Nemba avuga ko ntawabura kwishimira umutekano bamaze kugeraho mu murenge wabo hamwe n’iterambere aho abaturage muri rusange ubona bafite isuku kandi buri umwe wese akaba ashishikajwe no gutera imbere ava aho yarari ajya imbere.

Abana biga mu mashuri bishimiye ko igihugu cyabohowe.
Abana biga mu mashuri bishimiye ko igihugu cyabohowe.

Ati “by’umwihariko ku giti cyanjye ubundi Jenoside iba nari mfite amashuri y’icyiciro cya Secondaire ariko kubera ubuyobozi bwiza twagejejweho no guha abagore ijambo no kubafasha kwiteza imbere nabashije gukomeza amashuri kandi ndi umugore ubu mfite icyiciro cya kaminuza nka ndi umuyobozi w’ikigo cy’amashuri”.

Antoine Bavukiyehe wo mu Murenge wa Nemba yemeza ko mbere yuko igihugu kibohorwa ubuhinzi bwari mu kajagari kuko abantu bahingaga nka bakurambere babo.

Ikiraro cyubatswe ku bufatanye n'abaturage b'umurenge wa Nemba cyari gutwara miriyoni 6 cyikaba cyaratwaye ibihumbi 400.
Ikiraro cyubatswe ku bufatanye n’abaturage b’umurenge wa Nemba cyari gutwara miriyoni 6 cyikaba cyaratwaye ibihumbi 400.

Ati “umusaruro wariyongereye kuko mbere twezaga agatoki katageze no ku biro cumi, tugahambiranya ibitoki bigeze kuri makumyabiri umuntu agashira ku mutwe, ariko uyu munsi no kwikorera kimwe ntibishoboka kuko gifite uburemere bugera hafi ku biro ijana umuntu umwe akaba atacyikorera ngo agishobore”.

Umuhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rubohowe wabimburiwe no gutaha ikiraro gihuza umurenge wa Nemba n’akagari ka Buranga cyagombaga gutwara amafaranga miliyoni 6 ariko ku bufatanye bw’abaturage ba Nemba cyuzuye gitwaye ibihumbi 400 gusa.

Abdul Tarib

Ibitekerezo   ( 1 )

twaribihoye koko banyarwanda banyarwandakazi kandi ntawuzogera kutuzanamo amacakubiri kuko dufite ubuyobozi bwiza

mashirika yanditse ku itariki ya: 6-07-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka